Author: MANIRAGUHA Ladisilas

Semuhungu Eric uri mu bagezweho ku mbuga nkoranyambaga, yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda nyuma yo gufatwa mu mpera z’iki cyumweru gishize atwaye imodoka yanyweye ibisindisha. Amakuru yizewe IGIHE ifite ni uko Semuhungu agitabwa muri yombi yahise ajya gucumbikirwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Kimironko ari naho agomba kumara iminsi itanu igenwa nka kimwe mu bihano bihabwa umuntu wafashwe atwaye ikinyabiziga yanyweye ibisindisha. Ibi bihabanye n’ibyakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga bivuga ko yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya abana b’abahungu. Umwe mu bantu bazi neza iby’itabwa muri yombi rya Semuhungu twaganiriye, yavuze ko ibi byakwirakwijwe n’abakoresha imbuga nkoranyambaga ari ibyari…

Read More

Itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, rivuga ko kwanduza undi indwara ku bushake bihanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 20. Umuntu wese abishaka wanduza undi indwara ishobora gutera ubumuga aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atatu (300,000Frw), ariko atarenze ibihumbi magana atanu (500,000Frw). Iyo indwara yandujwe ari indwara idakira, igihano kiba igifungo kitari munsi y’imyaka makumyabiri (20) ariko kitarenze imyaka makumyabiri n’itanu (25) n’ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda arenze ibihumbi magana atanu (500,000Frw) ariko atarenze…

Read More

Ubuhuza ni bumwe mu buryo bwemewe mu Rwanda bwifashishwa mu gukemura amakimbirane n’ibindi bibazo bivuka hagati y’abantu cyangwa hagati y’amatsinda atandukanye hatisunzwe inkiko. Abahuza bagira uruhare mu gukemura amakimbirane yo mu miryango, ayo mu bucuruzi, ibibazo by’amasambu, ibibazo by’abashakanye, n’ibindi. Mu rwego rwo kunoza iyo mikorere, abahuza bigenga babikora kinyamwuga, bashyizeho urugaga bahuriramo ruzwi nka ‘Rwanda Institute of Mediators – RIM’ kugira ngo bagire imikorere ifite umurongo uhamye. Umuvugizi w’Inkiko, Harrison Mutabazi, ashima uru rugaga rw’abahuza b’umwuga. Yagize ati “Ihuriro nk’iri ry’abahuza bigenga ariko bafite intego yo guhuza abafitanye amakimbirane batisunze inkiko, biradufasha kandi bikadushimisha cyane kubera ko ni…

Read More

Muri Kamena 2025 habaye igisa nk’igitangaza, ubwo ku manywa y’ihangu mu kirere cy’Umujyi wa McDonough muri leta ya Georgia hagaragaye ibuye riturutse mu isanzure rimanuka ku Isi, rigendera ku muvuduko wo hejuru cyane ryaka n’umuriro. Iri buye ryaje kugwa humvikana urusaku rukomeye rumeze nk’urw’ibiturika, bimwe mu bice byaryo bigwa ku gisenge cy’inzu imwe mu gace ka Henry. Abashakashatsi bo muri Kaminuza ya Georgia basuzumye bimwe mu bice by’iri buye, basanga ari iry’ubwoko bwa ‘Meteorites’ ryo mu cyiciro cya ‘Chondrite’. Meteorites ni ibice by’amabuye agwa avuye mu isanzure, akanyura mu kirere cy’Isi atahangirikiye, akagwa ku butaka. Bakoresheje ikoranabuhanga rigezweho mu…

Read More

Musanze FC yasezereye abakinnyi batandatu barimo umunyezamu Ntaribi Steven na Nduwayo Valeur ukina hagati mu kibuga, mu rwego rwo kugabanya umubare w’abo izakoresha mu mwaka utaha w’imikino. Musanze FC yasezereye abakinnyi batandatu barimo umunyezamu Ntaribi Steven na Nduwayo Valeur ukina hagati mu kibuga, mu rwego rwo kugabanya umubare w’abo izakoresha mu mwaka utaha w’imikino. Iyi Kipe y’Akarere ka Musanze ni imwe mu makipe ataritwaye neza mu mwaka w’imikino uheruka, dore ko mu minsi ya nyuma yari mu makipe ahanganye no kutamanuka. Nyuma yo kugira amahirwe ntijye mu Cyiciro cya kabiri, yihaye intego zo gukora impinduka muri uyu mwaka wa…

Read More

Sempundu Thadée, Umukuru w’Umudugudu wa Murambi, Akagari ka Kanyundo, Umurenge wa Mudende mu Karere ka Rubavu, afunganywe na Ifitimbaraga Eric na Sebunani Paul Martin ugishakishwa, bakurikiranyweho icyaha cyo gukubita Boningi Janvier w’imyaka 25bikamuviramo urupfu. Ifitimbaraga Eric ni we ukekwaho gukubita inkoni Boningi Janvier zikamuviramo urupfu, hanyuma Umuyobozi w’Umudugudu Sempundu we akaba afungiwe kudatanga ayo makuru no kurangarana uwakubiswe akarinda apfira mu rugo. Uwahaye aya makuru Imvaho Nshya, yavuze ko Boningi Janvier yavuye mu kabari k’ahitwa mu Gaferege ataha nijoro, anyura ku murima w’ibirayi byari birinzwe na Sebunani Paul Martin na Ifitimbaraga Eric, baramufata baramukubita ngo bamubonanye ibilo 2 by’ibirayi bakeka…

Read More

Joshua Baraka uri mu bahanzi bakomeye muri Uganda yatumiwe mu gitaramo cyo kwizihiza imyaka 15 DJ Pius amaze mu byo kuvanga imiziki, kizabera muri Kigali Universe ku wa 16 Kanama 2025. Uretse Joshua Baraka, DJ Pius yatumiye muri ibi birori abarimo Ruti Joel, Mike Kayihura, Alyn Sano, Kivumbi King na DJ Marnaud. Joshua Baraka agiye kongera gutaramira i Kigali nyuma y’imyaka ibiri kuko yahaherukaga muri Kamena 2023 mu gitaramo cyabereye muri Mundi Center. Mu kiganiro na IGIHE, DJ Pius yavuze ko imyaka 15 agiye kwizihiza ari iyo amaze avanga imiziki atabariyemo ibyo kuririmba. DJ Pius agiye kwizihiza imyaka 15…

Read More

Umudepite mu Inteko Ishinga Amategeko ya Ukraine, Anna Skorokhod, yavuze ko abasirikare b’iki gihugu bagera ku bihumbi 400 batorotse ndetse benshi muri bo barimo n’abiyemeje kujya ku rugamba ku bushake bavuga ko nta gahunda bafite yo kugaruka kubera kwitabwaho nabi n’ababakuriye. Uyu mudepite yavuze ko nubwo hari abatorotse bagaruka, abenshi batifuza kugaruka kuko bafatwa nabi kandi baragiye gutanga umusanzu mu kurengera ubusugire bwa Ukraine nk’abakorerabushake. Ati “Hari benshi batazagaruka na rimwe kuko ntabwo ushobora gufata abantu nk’inyamaswa kandi bariyemeje kujya ku rugamba ku bushake, bakamara imyaka itatu batabonye imiryango yabo.” Anna Skorokhod yavuze ko abasirikare bafite uburenganzira bwo gusura…

Read More

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Gicumbi ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano yafashe abagabo umunani (8) bikekwa ko bari mu itsinda ry’abiyitaga abaparakomando, bakaba barimo gukora ubucukuzi butemewe bw’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa zahabu, mu mugezi wa Gateke uherereye mu murenge wa Bwisige, akagari ka Mukono. Aba bagabo bafatiwe mu bikorwa byo gucukura zahabu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aho bangizaga imirima y’abaturage n’ibidukikije bikikije uwo mugezi. Ibikorwa byabo byatezaga umutekano muke n’ubushyamirane hagati yabo n’abaturage bafite ibikorwa byangizwa n’ubucukuzi bwabo. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru  IP Ignace NGIRABAKUNZI yatangaje ko ubucukuzi butemewe nk’ubu bufite ingaruka…

Read More

Ishuri ry’inshuke Morning Stars Academy, riherereye mu kagari ka Buramba, Umurenge wa Gahunga mu Karere ka Burera, ryanditse amateka adasanzwe mu burezi bw’ako gace, ubwo ryizihizaga ku nshuro ya mbere ibirori byo gusoza icyiciro cya gatatu cy’inshuke (Top Class), abana bagera kuri 40 bakaba ari bo babirangije. Ni ibirori byari byiza kandi byateye ishema abatuye aka gace, byitabirwa n’ababyeyi b’abana, abayobozi b’inzego z’ibanze, abarimu ndetse n’abaturage benshi. Uyu muhango wabimburiwe n’urugendo rwakozwe n’abana n’abarezi kuva ku ishuri riherereye muri Santeri ya Kanyirarebe berekeza muri Santeri ya Gitesanyi, barinzwe umutekano na Polisi y’Igihugu ikorera mu Murenge wa Gahunga. Ababyeyi bishimiye ishuri…

Read More