Muri Yesaya 45:3, hagira hati: “[3]Nzaguha ubutunzi buri mu mwijima n’ibintu bihishwe ahantu hiherereye, kugira ngo umenye ko ari jye Uwiteka uguhamagara mu izina ryawe, ari jyewe Mana ya Isirayeli.”
Hari abantu muri iyi minsi bafite ikibazo cy’amafaranga; Amazu; Imodoka; ubutaka …
Menya ko hari ubutunzi buhishe ahantu ugomba kubohoza kugira ngo bukugereho
HARI UBUTUNZI BWACU SATANI YAFATIRIYE.
Umuntu wese abaho Imana yarateguye ibiganza byiza bizamwakira; Ibyo azarya; Inzu azabamo…. bikenerwa mu buzima.
IBYO URI KUBURA BYOSE NI SATANI UBA WABIFATIRIYE
Muri gahunda y’Imana, ugomba guhora wishimye kandi umeze neza kugira ngo uramye Imana n’umutima wose. Impamvu utari kubikora ni ukubera ibibazo uhoramo by’ubuzima; Kwigunga; Kubura ibyiringiro; Kwitekerezaho cyane bitewe n’ibibazo duterwa na satani.
UBUTUNZI BURI MU MWIJIMA N’IBINTU BIRI AHIHEREREYE NTIWABIBONA UDAKORESHEJE AMASENGESHO.
Isengesho rimanura ijuru rikakwegera, kandi iyo ryakwegereye nibwo usaba ikintu cyose Imana ikakiguha. Mu mwinjima n’ahantu hiherereye hariyo ibiryo byawe; Hariyo inzu yawe; Hariyo imodoka yawe; Hariyo akazi kawe; Hariyo urugo rwawe; Hariyo ubutunzi bwawe; Hariyo urubyaro rwawe n’ibindi byiza byanezeza umutima wawe. Niba ushaka kubibona yoborayo igitero cy’amasengesho kugira ngo ibiganza bifashe ibyawe bibirekure mu izina rya Yesu.
Imana iguhe umugisha, ndagukunda!
Yari Pasteur Alphonse HABYARIMANA.

