- Ahabanza
- Amakuru
- Imyidagaduro
- Imikino
- Uburezi
- Ubuzima
Kinyarwanda
Français
Kiswahili
English
- BURERA: Ihurizo! Ngo ni Igitutu cy’Umunyamategeko n’Umunyamakuru, bitumye Umuturage arengana
- BURERA: Umujura ruharwa yatawe muri yombi
Subscribe to Updates
Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.
- Menya ibigwi by’umugore wubatse izina, Louise MUSHIKIWABO
- BURERA: Ku bufatanye bw’inzego n’irondo ry’umwuga, abanyabyaha barafatwa umusubirizo
- RUBAVU: Abanyeshuri ba NEW HOPE GRAMMAR SCHOOL bagera ku 100 bagiranye ikiganiro mpaka (Debate) n’aba MARANATHA SCHOOL ivumbi riratumuka
- Musanze: Abanyeshuri n’abarezi basaga 1000 bahuguriwe gukumira inkongi
- IBINTU 10 DUKORA BYANGIZA UBWONKO BWACU:
- UGANDA: Polisi ya Uganda yafatiriye imodoka ebyiri z’uwahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko
- BURERA: Ku bw’irondo ry’umwuga CYIMPAYE Genest yasubijwe inka ye yari yibwe na benengango
- Urwango iyo rukuri ku mutima rurakumunga_ Minisitiri Bizimana
Author: MANIRAGUHA Ladisilas
Isabukuru nziza kuri Honorable Louise Mushikiwabo, umwe mu bagore b’abanyarwanda bakoze amateka akomeye muri dipolomasi, ubuyobozi ndetse no guteza imbere isura y’u Rwanda ku rwego mpuzamahanga. Ni umugore wagaragaje ko ubushobozi, ubwenge n’ubwitange bishobora guhindura amateka no kubera abandi icyitegererezo. Uruhare rwe mu kubaka igihugu nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi no kugihagararira neza ku isi ni imwe mu nkingi zatumye izina rye rihora ryubahwa. Hon. Louise Mushikiwabo yavukiye i Jabana mu karere ka Gasabo tariki ya 22 Gicurasi 1961. Ni bucura mu bana icyenda bo mu muryango wa Bitsindinkumi bya Nyarugabo na Nyina Nyiratulira. Yakuriye mu muryango ukunda ubumenyi n’umuco…
Mu ijoro ryakeye ry’iya 20/05 rishyira iya 21/05/2026 ahagana saa munani z’ijoro na saa kumi n’ebyiri za mu gitondo (02h00’_ 06h00′) mu murenge wa Gahunga mu karere ka Burera, hakozwe umukwabu (Operation) wo gushakisha no gufata abajura b’amatungo; Abacuruza Kanyanga n’abazitunda bazivana mu gihugu cya Uganda ndetse n’abenga n’abacuruza ibigage bitujuje ubuziranenge bizwi nk’ “Umunini.” Ni igikorwa cyakorewe mu midugudu ya Ntenyo; Remera; Gasagara; Mubuga; Nyangwe na Gafatangwe yo mu kagari ka Nyangwe; Buramba na Kidakama mu murenge wa Gahunga mu karere ka Burera, aho ku bufatanye bwa Polisi/ Sitasiyo ya Gahunga, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Gahunga, Butoyi Louis; Dasso;…
Abanyeshuri bagera ku 100 bo mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza (P6) ba New Hope Grammar School bagiranye ikiganiro mpaka (Debate) n’aba Maranatha School ivumbi riratumuka ndetse babazanya n’ibibazo byerekeranye n’amasomo mu rwego rwo kwipima mu bumenyi bafite. Ni umwitozo mwiza washimishije abana ubwabo ndetse n’abarezi babo kuko babonye uburyo abana bashoboye kandi bibaha n’icyizere gikomeye ko aba bana bazitwara neza mu bizamini bya Leta bisoza umwaka wa gatandatu w’amashuri abanza. Aganira n’Umunyamakuru wa Karibumedia.rw, Umuyobozi wa New Hope Grammar School, Vian RUGIMBABAHIZI yavuze ko gutegura ikiganiro mpaka (Debate) ku bana ari kimwe mu bikorwa bifasha abana kwigirira icyizere, gutinyuka…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 20 Gicurasi 2026, ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe gukumira no kuzimya inkongi n’ubutabazi, mu Ntara y’Amajyaruguru bahungoye abanyeshuri n’abarezi basaga 1000 bo mu Ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro rya Diyosezi ya Ruhengeri. ETEFOP TSS RUHENGERI, rihereye mu murenge wa Musanze; Akagari ka Cyabagarura muri gahunda igamije kubasangiza ubumenyi bugamije gukumira no kwirinda inkongi n’ibindi byaha. Abahuguwe bibukijwe uruhare rwabo mu gukumira no kwirinda inkongi ndetse banagaragarizwa uko bakwitwara igihe ingongi ivutse, by’umwihariko bigishijwe imikoresherezwe y’ikizimyamuriro ndetse n’uko bakwirinda inkongi ishobora guturuka kuri gaz itekeshwa no kuyirwanya igihe yavutse, dore ko bamwe mu…
Hari abantu benshi batagikunda kujya hanze. Bamwe bakunda kumara igihe cyabo kinini baruhutse cyangwa se baryamye mu cyumba cyijimye cyangwa bumva umuziki mwinshi kuri ‘ecouteurs’. Ariko ubushakashatsi bwagaragaje ko hari imyitwarire itandukanye nk’iyi igira ingaruka mbi ku bwonko. Muri iyi nkuru, turavuga imigirire 10 nk’iyo yangiza ubwonko bwawe. Hamwe n’ibyo, turiga uburyo bwo kuyireka. Amakuru ari muri iyi nkuru yakusanyijwe mu bushakashatsi butandukanye, harimo n’ubwavuye mu Ishuri ry’Ubuganga rya Harvard n’Ikigo cy’Igihugu cya Amerika gishinzwe Indwara z’Imitsi n’Imitsi yo mu Mutwe. 1. Kudasinzira bihagije; Nk’uko Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe ubuvuzi bw’imitsi kibitangaza, kwangirika gukomeye k’ubwonko bwacu guterwa no kudasinzira bihagije. Gusinzira…
UGANDA: Polisi ya Uganda yafatiriye imodoka ebyiri z’uwahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko
Anita Annet Among, yahoze mu nteko ishinga Amategeko ya Uganda, Polisi ya Uganda imukurikiranyeho kunyereza umutungo. Polisi yafatiriye imodoka ze zirimo iya Rolls-Royce Cullinan ifite agaciro k’ibihumbi 440 by’Amayero, asaga miliyoni 749 Frw, ndetse n’indi ya Range Rover yari yanditseho ibirango by’amazina ye. Aya makuru yakomeje kuvugisha benshi muri Uganda, aho bivugwa ko ifatirwa ry’izi modoka rifitanye isano n’iperereza riri gukorwa ku mitungo n’imikoreshereze y’umutungo w’abayobozi bakuru muri iki gihugu. Polisi ntiyahise itangaza impamvu zirambuye z’ifatirwa ry’izi modoka, gusa yavuze ko iperereza rikomeje. Karibumedia
Ni igikorwa cyabaye k’ubufatanye bw’inzego z’ibanze n’Irondo ry’Umwuga ryo mu mudugudu wa Muturirwa; Akagari ka Gafumba; Umurenge wa Rugarama, maze hafatwa inka benengango bari bibye uwitwa CYIMPAYE Genest wo mu mudugudu wa Ntarama; Akagari ka Kagitega mu murenge wa Cyanika; Akarere ka Burera. Ifatwa ry’iyi nka ryabaye mu ijoro ry’iya 15/05/2026 ubwo irondo ry’umwuga ryo mu mudugudu wa Muturirwa ; Akagari ka Gafumba; Umurenge wa Rugarama ryahuye na benengango (Abajura) bari bitwikiriye ijoro bashoreye inka, bagikubita amaso irondo ry’umwuga, amaguru bayabangira ingata (Barirukanka) bihina mu itumba ryamasaka, ibishyimbo nk’ibigori, ubundi baburirwa irengero ariko inka yo irasigara ishyikirizwa ubuyobozi bw’umudugudu ngo…
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yavuze ko abajenosideri barimo Akayesu Jean Paul wayoboraga Komini Taba mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, wabaye Umunyafurika wa mbere wahamijwe icyaha cya Jenoside, amateka azahora abibuka nk’umurage mubi basize, asaba abantu kwimakaza urukundo n’ubunyarwanda kuko ari byo u Rwanda rwahisemo. Ni ubutumwa yatanze kuri iki Cyumweru, tariki ya 17 Gicurasi 2026, ubwo yari ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kamonyi ruruhukiyemo imibiri irenga ibihumbi 47, mu Murenge wa Gacurabwenge, ahaberaga igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Muri iki gikorwa hashyinguwe mu cyubahiro imibiri 30 y’abazize…
MUSANZE: Nyirakanama Vénantie yasubijwe uburenganzira ku butaka bwe kubera igitutu cy’itangazamakuru
Umukecuru Nyirakanama Vénantie wo mu mudugudu wa Kabere; Akagari ka Cyogo; Umurenge wa Muko, arashimira itangazamakuru ryatumye asubizwa uburenganzira ku butaka bwe yari amaze amezi agera muri atatu abwambuwe mu buryo budasobanutse kandi abufitiye icyangombwa. Ni uburenganzira ku butaka yari yarambuwe n’inzego z’ibanze, aho yasabwe n’ubuyobozi kuzibura ubuvumo (Grotte) buherereye aho yari atuye atarahakurwa n’ibiza kuko kutahazibura biteza umutekano muke mu baturage. Ayo mazi yaburaga inzira, agasendera mu ngo z’abaturage no mu myaka yabo. Ubuyobozi bubonye ko Nyirakanama Vénantie byamunaniye gukura icyo gitaka cyazanwe n’amazi y’isuri mu isambu ye, bwafashe icyemezo cyo guha buri muturage wese ubishoboye uburenganzira bwo kuza…
Umunyamakuru akaba n’umujyanama w’abahanzi, Murindahabi Irene yatangaje ko agiye gukora ubukwe n’umukunzi we Nishimwe Liliane bari bamaze igihe kinini bakundana, nyuma yo kumwambika impeta y’urukundo mu gihugu cy’u Bubiligi. Benshi batunguwe no kubona inkuru ya Irene yemeze ko agiye gukora ubukwe, dore ko nta mukunzi we uzwi mu itangazamakuru byageze naho bamwe batangira kumushyingira ibyamamare yakira mu biganiro akora. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, M. Iréné yateguje ko ubukwe bwe buzaba ku wa 15 Kanama 2026. Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga Irene yagaragarije abamukurikira urwo akunda umukunzi we yandika agira ati: “Ndagukunda cyane!” Nta makuru menshi aratangazwa ku bukwe bwa…
