Author: MANIRAGUHA Ladisilas

Amakuru Karibumedia.rw ikesha RBA nuko Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere mu Rwanda(RDB) rwatangaje ko ku itariki ya 04/09/2026 hateganijwe umuhango wo kwita amazina abana b’ingagi 22 bavutse. Uyu muhango uzaba ubaye ku nshuro ya 21, ukazabera aho usanzwe ubera mu murenge wa Kinigi mu karere ka Musanze, Intara y’Amajyaruguru. Ni umuhango uje ukurikira indi 20 yawubanjirije aho kugeza ubu hazaba hamaze kwitwa amazina abana b’ingagi 460 kuko aba 22 bazitwa amazina kuya 04 Nzeri 2026 bazaza biyongera ku bandi bana 438 biswe amazina muri iyo myaka yabanjirije uyu wa 2026. Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice wari witabiriye ibiganiro, yagaragaje ko umunsi…

Read More

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 10 Kanama 2026, k’ubufatanye bw’inzego zitadukanye mu Karere ka Musanze, mu murenge wa Busogo hamenwe litiro zisaga ibihumbi 30.000 z’ikinyabutabire cya Ethanol yakoreshaga mu gukora inzoga zitujuje ubuziranenge n’amakarito asaga 4000 y’inzoga zitujuje ubuzirange . Ni igikorwa kitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Guverineri w’Intara y’amajyaruguru; Abayobozi b’ingabo; Polisi na RIB ku rwego rw’intara; Umuyobozi w’ibitaro bya Ruhengeri; Umuyobozi w’akarere ka Musanze n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye n’abaturage. Guverineri Mugabowagahunde Maurice yibukije abaturage ububi bwo kunywa izi nzoga zitujuje ubuziranenge, abasaba kuzirinda no kuzitangaho amakuru kugira ngo aho zaba ziri tuyau zifatwe zangizwe.…

Read More

Bamwe mu bacukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe birukankanye Umunyabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge, Rutagisha Aimable bashaka kumugirira nabi amaguru ayabangira ingata. Hashize iminsi amafoto ya Gitifu n’abahebyi bamwirukankanye anyuzwa ku mbuga nkoranyambaga, ku musozi byagaragaraga ko arimo guhunga abo bantu. Gitifu Rutagisha avugana n’Itangazamakuru, yavuze ko abo bantu bamusanze ku irimbi yagiye gutabara abantu bane bari bagwiriwe n’ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ikibazo cy’urugomo rw’abacukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe kigomba guhagurikirwa, bimaze kugaragara ko henshi abishora muri ibi bikorwa babangamiye umutekano n’umudendezo w’abaturage kugeza ubwo inzego z’ibanze zitabahangara ngo zibabuze. Karibumedia.rw

Read More

Ikigo kizwi nka “RED ROCKS” giherereye mu murenge wa Nkotsi mu karere ka Musanze nk’uko byakozwe n’ahandi hirya no hino mu gihugu, cyijihije umunsi mukuru w’umuganura mu nsanganyamatsiko igira iti: “Umuganura 2026, Isoko y’Ubumwe n’ishingiro ryo kwigira”, aho cyaganuje abagituriye ndetse n’abanyamahanga bakigana mu rwego rw’ubukerarugendo bushingiye ku muco. Mu mateka y’u Rwanda, Umuganura wari umwe mu mihango ikomeye yahuzaga umuryango nyarwanda nyuma yo gusarura aho abaturage bajyanaga umusaruro wabo i Bwami bashimira Imana y’i Rwanda n’Umwami, bityo bagasabana basangira ibyo bejeje. Umuganura ni imwe mu nzira 18 zari zigize inzira z’ubwiru mu Rwanda mu gihe cy’ingoma ya cyami, ukaba…

Read More

Mu rwego rwo guha agaciro umurage wa nyakwigendera Senateri Mukabalisa Donatille, umuryango we watangaje ko amafaranga abantu bari kuzatanga bagura indabo zo kumuherekeza bayakusanya akazahabwa abarwayi batishoboye bavurirwa mu Bitaro by’Icyitegererezo bya Kanseri bya Butaro. Mu butumwa bwashyizwe ahagaragara, umuryango wabwiye inshuti; Abo bakoranye n’abandi bose bifuza kumuherekeza gutanga inkunga mu mafaranga yari kugura indabo. Umuryango we watangaje ko icyo gikorwa kigamije gufasha abarwayi batishoboye no gukomeza ibikorwa by’urukundo n’ubumuntu byaranze ubuzima bwa nyakwigendera. Ni igikorwa cyafashwe nk’ubutumwa bwo guhindura icyunamo kikavamo icyizere ku barwayi bakeneye ubufasha. Senateri Mukabalisa, wanabaye Perezida w’Umutwe w’Abadepite mu gihe cy’imyaka 11 yatabarutse ku wa…

Read More

Arkiyepiskopi wa KIGALI, Nyiricyubahiro Antoine Cardinal KAMBANDA kuri uyu wa Kabiri tariki ya 04/08/2026 nibwo yayoboye igitambo cy’Ukaristiya yaturiye muri Paruwasi Cathédrale Saint Michel ho muri Arkidiyosezi ya KIGALI. Ni igitambo cyo gufungura ku mugaragaro Kongere mpuzamahanga ya SIGNIS “SIGNIS WORLD CONGRESS 2026”, iri kubera mu RWANDA muri Hotel Sainte Famille; Muri Arkidiyosezi ya KIGALI. Ni ku nshro yayo ya 8 kuva tariki ya 03_ 08/08/2026, ihurije hamwe abakora mu rwego rw’Itangazamakuru n’Itumanaho rya Kiliziya baturutse mu bihugu birenga 40 byo ku migabane 5 y’isi. Ikaba ari ku nshuro ya mbere ibereye muri AFURIKA. Mu rurimi rw’igifaransa, ifite insanganyamatsi…

Read More

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’ibiribwa n’imiti mu Rwanda (Rwanda FDA), cyahagaritse ikorwa n’icuruzwa ry’inzoga z’ibyuma birimo n’ibikorwa na Ingufu Gin. Mu Itangazo rigenewe rubanda iki kigo cyashyize ahagaragara kuri uyu wa 02 Kanama 2026, cyagize kiti: “Hashingiwe ku Itegeko No 003/2018 ryo ku wa 09/02/2018 rishyiraho Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Kugenzura Ibiribwa n’Imiti (Rwanda FDA), rigena inshingano, imiterere n’imikorere byacyo, cyane cyane ingingo ya 9(2).” Nyuma y’ubugenzuzi n’isuzuma ry’iyubahirizwa ry’amabwiriza: Mu rwego rwo kurengera ubuzima rusange, Rwanda FDA iramenyesha abakora ibicuruzwa, ababikwirakwiza, ababicuruza n’abaturage muri rusange ko hafashwe izi ngamba zikurikira zihita zitangira kubahirizwa: Rwanda FDA ifunze inganda zikora ibinyobwa…

Read More

Imyigire n’imyigishirize no kongera ubushobozi bw’abarimu, izi ni zimwe mu mpinduka zirimo no kongera igihe abanyeshuri biga mu mashuri nderabarezi bamaraga mu ishuri; Kongera umusanzu w’ababyeyi muri gahunda yo kugaburira abana ku mashuri no gukaza ingamba zo kurwanya imyitwarire mibi mu mashuri. 1. Abarangiza TTCs bazajya biga imyaka itanu Guhera muri Nzeri 2026, abanyeshuri bazinjira mu mashuri nderabarezi, TTCs, bazajya bakurikira gahunda y’imyaka itanu, aho kuba imyaka itatu isanzweho. Iyi mpinduka igamije gutuma abarimu bo mu mashuri abanza bahabwa amahugurwa yimbitse mu mwuga mbere yo gutangira kwigisha. Ikigamijwe ni uko abarimu bigisha mu mashuri abanza bagomba kuba bararangije kaminuza aho…

Read More

Ni abanyeshuri bize mu mashami atandukanye harimo abize ubwubatsi (Construction and Building Technology) 111; Electrical Technology 48; Information and Communication Technology (ICT)10; Hospitality Management 47 na Travel and Toursim Management 10, bose bakaba 226 barimo ab’ igitsina gabo 162 na 64 b’igitsina gore. Umuyobozi w’agateganyo w’iri shuri rya MIPC, MANZI Innocenti, yashimiye abanyeshuri barangije maze abashishikariza gukomeza kugira uruhare rugaragara mu iterambere ryabo n’iry’igihugu muri rusange. Yagize ati: “Abanyeshuri barangije amasomo yabo nk’intambwe y’indongozi bateye, twabashishikariza gukomeza gutera izindi, bityo mukazagira uruhare rugaragara mu iterambere ryanyu n’iry’igihugu muri rusange. Ni mwe mugomba guhindura sosiyete nyarwanda mukomeza kwerekana indangagaciro nyarwanda; Ikinyabupfura;…

Read More

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), binyuze ku muvugizi warwo Dr. Thierry B. Murangira, rwemeje itabwa muri yombi ry’abayobozi babiri bo mu Karere ka Nyamagabe bakurikiranweho ibyaha bikomeye bifitanye isano n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina no gukingira ikibaba icyaha. Abo bayobozi ni: 1. Nkurikiyimana Pierre Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musebeya (Gitifu): Akurikiranyweho gusaba ruswa y’igitsina umugore wakoraga mu nshingano ze. Muri icyo gihe, ubwo uyu mugore yangaga icyo yasabwaga, byamuviriyemo guhatirwa kujya gukorera mu wundi murenge wa kure nko kumuhana. 2. Uwamariya Agnès Umuyobozi Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage mu Karere ka Nyamagabe (V/M Social): Akurikiranyweho guhishira n’okukingira ikibaba icyo cyaha cy’ubugome, aho…

Read More