Author: MANIRAGUHA Ladisilas

Mu kiganiro kuri Radio na TV10, cyabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Kanama 2026. Umuyobozi Mukuru wa REB, Dr. Nelson Mbarushimana yatanze Ikiganiro cyibanze ku ngingo zitandukanye zijyanye n’uburezi n’Ireme ryabwo; Ibibazo by’abanyeshuri n’abarimu; Transfers; Imiyoborere y’ibigo by’amashuri n’imyiteguro y’umwaka w’amashuri 2026_ 2027. DG yabajijwe kandi asubiza ibibazo by’abanyamakuru: 1. Igihe interview z’abayobozi b’ibigo by’amashuri zizabera Ku kibazo kijyanye n’igihe interview z’abayobozi b’ibigo by’amashuri zizabera, DG wa REB yavuze ko iki kibazo kiri gukorwaho ubusesenguzi bwimbitse. Yagaragaje ko umuyobozi w’ikigo cy’amashuri ari umusingi w’ireme ry’uburezi, bityo guhitamo abayobozi b’ibigo bigomba gukorwa mu buryo bwitondewe kandi…

Read More

Abahanzi; Abanyabugeni n’abanyabukorikori barishimira ko ku bufatanye hagati ya TUI; UN Tourism na Red Rocks Initiative for Sustainable Development (RRISD) mu kunoza ubukerarugendo bushingiye ku muco n’imikoranire ishyize mu gaciro bizaha amahirwe akomeye abahanzi n’abanyabukorikori. Ku bufatanye hagati ya TUI; UN Tourism na RED ROCKS Initiative for Sustainable Development (RRISD), burimo kwerekana uburyo imikoranire ishyize mu gaciro ishobora kurema amahirwe akomeye ku bahanzi n’abanyobukorikori mu gihe hongerwa umusanzu w’inganda zishingiye ku muco mu iterambere ry’ubukerarugendo bushyize imbere iterambere rirambye n’ubukungu bw’aho abantu batuye mu Karere ka Musanze; Intara y’Amajyaruguru mu Rwanda. Ubu bufatanye buri gushyirwa mu bikorwa binyuze muri gahunda…

Read More

Nk’uko twabibagejejeho mu nkuru yacu iheruka, ku itariki ya 14/08/2026 ahagana saa moya hagaragaye umwotsi mwinshi, aho byagaragaye ko ari inkongi y’umuriro yadukiriye ishyamba rya pariki y’Igihugu mu kirunga cya Muhabura; Byageze mu ma saha ya saa mbiri za mugitondo ikirimi cy’umuriro gitangiye kugaragara, kugeza ubu imibare y’ikigereranyo igaragaza ko byibuze hahiye hafi hegitari zirenga mirongo itatu”+30ha”. K’ubufatanye bw’abaturage; Abayobozi mu nzego zitandukanye hamwe n’Inzego z’Umutekano, bazimije burundu inkongi y’umuriro yari imaze iminsi itatu. Iri shyamba rikimara gufatwa byagaragaye nk’ibikomeye kubera igihe cy’izuba, aho ibyatsi n’ibiti byumye hari impungenge ko bitari bworohe kurizimya kubera umuyaga mwinshi urangwa muri kiriya gice…

Read More

Mu rwego rwo kwitegura neza umuhango wo kwita izina abana b’ingagi, umuhango uteganijwe kuya 04/09/2026: Ikigo cy’ubukerarugendo bushingiye ku muco kizwi nka “RED ROCKS” giherereye mu murenge wa Nkotsi; Akarere ka Musanze, cyateguye iserukiramuco (Cultural Festival) rizaba kuva tariki ya 28/08/2026 kugeza kuya 04/09/2026. Ni iserukiramuco rizarangwa n’imurikagurisha, aho abaturiye iki kigo n’abagikoramo bazamurika ibyo bakora: “Imbyino n’umurishyo w’ingoma; Amafunguro n’ibinyobwa biteguye mu buryo bwa gakondo, birimo n’urwagwa nyarwanda rutegurwa mu mutobe w’ibitoki rukabetezwa impeke y’umwami (amasaka).” UZAMUKUNDA Marceline na MUHAWENIMANA Pauline ni bamwe mu baturage bakorana n’ikigo cy’Ubukerarugendo bushingiye ku muco, bavuga ibyiza bya Red Rocks n’icyo biteguye gukorera…

Read More

Mu karere ka Musanze; Umurenge wa Muhoza, Akagari ka Cyabararika mu mudugudu wa Gatare, haravugwa inkuru y’isenywa ry’inzu y’umugabo witwa Kaderi Eliezel n’umugore we Uwamahoro Clémentine bafitanye abana batanu, bivugwa ko yubatswe ahantu hatemerewe gutura. Ni igikorwa cyakozwe kuri uyu wa kane, tariki ya 13/08/2026 saa kumi n’imwe za mu gitondo gishyirwa mu bikorwa n’abacunga umutekano bazwi nk’irondo ry’umwuga ry’akagari ka Cyabararika bahagarikiwe n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari Munyamasoko Epimaque; Ushinzwe iterambere mu kagari (SEDO) witwa Twagirayezu Olivier; Umukuru w’Umudugudu wa Gatare witwa Mujyambere Faustin; Ushinzwe umutekano Bizimana Phocas; Ushinzwe iterambere Mayoga Simon na Mutwarasibo witwa Mujawimana Claudine. Ubwo umunyamakuru wa Karibumedia.rw…

Read More

Amakuru agera ku kinyamakuru Karibumedia.rw ni uko mu karere ka BURERA; Umurenge wa Cyanika; Akagari ka Nyagahinga mu mudugudu wa Gahama, byemezwa ko mu masaha make ishyamba ryari ritangiye gushya. Ni muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 14/08/2026 mu kagari ka Nyagahinga gahana imbibi n’Igihugu cya Uganda.  Aka kagari gakoze ku kirunga cya Muhabura, iki kirunga kikaba gihuriweho n’ibihugu byombi “U Rwanda na Uganda” mu cyaro cy’abagande hitwa Nyarusiza muri District ya Gisoro abandi bita mu Bufumbira. Hari impungenge ko iyi nkongi/ umuriro ushobora kugera no mu gice cya Uganda. Si ubwa mbere iri shyamba rishya,…

Read More

Ubwo bari mu nama y’umutekano kuwa 29/07/2026, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yashyizeho umucyo ko urwagwa n’ikigage gakondo bitabujijwe ahubwo ingamba zashyizweho zirebana no kurwanya no gukumira ibinyobwa bitujuje ubuziranenge cyangwa bitegurwa n’isuku nke, asaba abaturage kwitonda no kwirinda ibishobora kwangiza ubuzima bwabo. Yagize ati: “Leta ntiyabujije urwagwa n’ikigage bisanzwe by’umuco nyarwanda ahubwo ikibazo cyibandwaho ni ukurwanya inzoga zikorwana isuku nke n’izitujuje ubuziranenge (iz’inkorano zirimo ibindi bintu byangiza ubuzima bw’abantu).” Minisitiri Habimana yakomeje agira ati: “Kuba umuntu yashigisha igikoma akavanamo ubushera cyangwa se agatara ibitoki, ntabwo rwose byaciwe. Icyo dusaba nuko bigomba guteguranwa isuku kandi ntihagire ibindi bintu byongerwamo. Ntabwo…

Read More

Amakuru Karibumedia.rw ikesha RBA nuko Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere mu Rwanda(RDB) rwatangaje ko ku itariki ya 04/09/2026 hateganijwe umuhango wo kwita amazina abana b’ingagi 22 bavutse. Uyu muhango uzaba ubaye ku nshuro ya 21, ukazabera aho usanzwe ubera mu murenge wa Kinigi mu karere ka Musanze, Intara y’Amajyaruguru. Ni umuhango uje ukurikira indi 20 yawubanjirije aho kugeza ubu hazaba hamaze kwitwa amazina abana b’ingagi 460 kuko aba 22 bazitwa amazina kuya 04 Nzeri 2026 bazaza biyongera ku bandi bana 438 biswe amazina muri iyo myaka yabanjirije uyu wa 2026. Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice wari witabiriye ibiganiro, yagaragaje ko umunsi…

Read More

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 10 Kanama 2026, k’ubufatanye bw’inzego zitadukanye mu Karere ka Musanze, mu murenge wa Busogo hamenwe litiro zisaga ibihumbi 30.000 z’ikinyabutabire cya Ethanol yakoreshaga mu gukora inzoga zitujuje ubuziranenge n’amakarito asaga 4000 y’inzoga zitujuje ubuzirange . Ni igikorwa kitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Guverineri w’Intara y’amajyaruguru; Abayobozi b’ingabo; Polisi na RIB ku rwego rw’intara; Umuyobozi w’ibitaro bya Ruhengeri; Umuyobozi w’akarere ka Musanze n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye n’abaturage. Guverineri Mugabowagahunde Maurice yibukije abaturage ububi bwo kunywa izi nzoga zitujuje ubuziranenge, abasaba kuzirinda no kuzitangaho amakuru kugira ngo aho zaba ziri tuyau zifatwe zangizwe.…

Read More

Bamwe mu bacukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe birukankanye Umunyabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge, Rutagisha Aimable bashaka kumugirira nabi amaguru ayabangira ingata. Hashize iminsi amafoto ya Gitifu n’abahebyi bamwirukankanye anyuzwa ku mbuga nkoranyambaga, ku musozi byagaragaraga ko arimo guhunga abo bantu. Gitifu Rutagisha avugana n’Itangazamakuru, yavuze ko abo bantu bamusanze ku irimbi yagiye gutabara abantu bane bari bagwiriwe n’ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ikibazo cy’urugomo rw’abacukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe kigomba guhagurikirwa, bimaze kugaragara ko henshi abishora muri ibi bikorwa babangamiye umutekano n’umudendezo w’abaturage kugeza ubwo inzego z’ibanze zitabahangara ngo zibabuze. Karibumedia.rw

Read More