Author: MANIRAGUHA Ladisilas

Urukiko rwa Gisirikare rufite icyicaro i Nyamirambo, kuri uyu wa kane , tariki 04/12/ 2025 rwaburanishije urubanza ruregwamo abantu bane(4) icyaha cy’ubujura bwitwaje intwaro aribo; Pte Hangimana Théoneste; Pte Hirwa Augustin; Umusivili Habyarimana Claude n’undi musivili witwa Ntabareshya Janvier. Ni urubanza rwaburanishirijwe aho icyaha cyakorewe muri Centre ya Kanyirarebe iherereye mu kagari ka Nyangwe, umurenge wa Gahunga mu karere ka Burera aho abaturage barwitabiriye ari benshi barimo n’abatangabuhamya. Nyuma y’uko Perezida w’inteko iburanisha atangiyeamabwiriza n’uburyo abaturage baza kwitwara muri uru rubanza, Umwanditsi w’Urukiko yasomye imyiromdoro y’abaregwa n’ibyo baregwa, bityo bahabwa ijambo umwe ku w’undi, babazwa niba icyaha baregwa bacyemera maze…

Read More

Rutahizamu w’Umunyarwanda Sugira Ernest wakiniye amakipe atandukanye ariko kuri ubu akaba ntayo afite yatangiye urugendo rwo kuba umutoza aho yatangiye gufata amasomo yabyo. Muri ba rutahizamu Abanyarwanda batazibagirwa harimo Sugira Ernest. Uyu mukinnyi w’igihagararo yatangiye gukinira u Rwanda muri 2013 ku mukino Amavubi yari yakiriyemo Benin. Bimwe mu bitego yatsinze bitazibagirana harimo icyo yatsinze mu mikino ya CHAN yabereye mu Rwanda muri 2016, ubwo Amavubi yakinaga na DR Congo ndetse n’icyo yatsinze muri 2021 nanone mu mikino ya CHAN ubwo Amavubi yakinaga na Togo gituma abanyarwanda bajya mu mihanda kubera ibyishimo, kandi byari muri ‘Guma mu rugo’. Kuri ubu Sugira…

Read More

Perezida wa Komite y’Inzibacyuho iyoboye Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yavuze ko Rayon Sports izakoresha hafi miliyoni 200 Frw mu kugura abakinnyi, ubwo isoko rizaba rifunguye muri Mutarama. Ibi yabitangaje mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Kane, aho abagize Komite y’Inzibacyuho bagaragazaga ibikorwa bateganya gukora mu gihe cy’amezi atatu bazamara muri iyi nzibacyuho. Murenzi yagize ati: “Rayon Sports ubu ngubu, tumaze igihe nta ntsinzi tubona, n’izo twabonaga mbere wabonaga zitaryoheye abakunzi bacu. Kimwe rero mu byihutirwa, turifuza kuzana abatoza n’abakinnyi bashya biyongera ku basanzwe bahari[…]. Ibyo byose bizasaba amafaranga. Iyo dukoze imibare dusanga kwinjizamo abakinnyi dukeneye ubwabyo bikeneye hagati ya…

Read More

Mu Abaroma 8:8-9,14 hagira hati: “[8]Erega burya abari mu butware bwa kamere ntibashobora kunezeza Imana! [9]Ariko mwebwe ntimuri aba kamere, ahubwo muri ab’Umwuka niba Umwuka w’Imana aba muri mwe. Ariko umuntu wese utagira Umwuka wa Kristo ntaba ari uwe; [14]Abayoborwa n’Umwuka w’Imana bose ni bo bana b’Imana.NUGIRA IMBUTO Z’UMWUKA NTA MATEGEKO Y’ISI AZAGUHANA Mu Abagalatiya 5:22-23 hagira hati: “[22]Ariko rero imbuto z’Umwuka ni urukundo n’ibyishimo n’amahoro, no kwihangana no kugira neza n’ingeso nziza no gukiranuka; [23]no kugwa neza no kwirinda. Ibimeze bityo nta mategeko abihana. Imbuto z’umwuka niziganza muri twe, abo duturanye n’abo twirirwana bazagubwa neza kuko nta kibi kizaduturukaho…

Read More

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Base; Akarere ka Rulindo bavuga ko babangamiwe cyane n’ababiba ihene; Intama; Inkoko n’andi matungo magufi kandi bakanapfumurirwa amazu.Abaturage bavuga ko ubwo bujura bukomeje kwiyongera ariko ko mu bihe byashize byari byaragabanutse. Umwe muri abo baturage ati: “Hari igihe nanone twigeze kwibwa ariko hashyirwaho ingamba abajura bafatwa ku bwinshi barafungwa biroroha, ubu rero muri aya mezi asatira gusoza umwaka wa 2025 abajura bongeye kuzamura umutwe kugeza ubwo dupfumurirwaho amazu.” Kwibwa gutya bibadindiriza imishinga yakabazamuriye imibereho. Umuturage akomeza agira ati: “Uburemere bwo kubyuka ugasanga bagutwaye itungo baguhaga amafaranga agufasha kwiteza imbere, kongera kugera kuri icyo…

Read More

Mu Abaroma 8:8-9,14 hagira hati: “[8]Erega burya abari mu butware bwa kamere ntibashobora kunezeza Imana! [9]Ariko mwebwe ntimuri aba kamere, ahubwo muri ab’Umwuka niba Umwuka w’Imana aba muri mwe. Ariko umuntu wese utagira Umwuka wa Kristo ntaba ari uwe; [14]Abayoborwa n’Umwuka w’Imana bose ni bo bana b’Imana.ESE HARI IMIRIMO YA KAMERE IJYA IKURANGA? Mu abagalatiya 5:19-21, hagira hati: “[19]Dore imirimo ya kamere iragaragara ni iyi: gusambana no gukora ibiteye isoni n’iby’isoni nke; [20]no gusenga ibishushanyo, no kuroga no kwangana no gutongana, n’ishyari n’umujinya n’amahane, no kwitandukanya no kwirema ibice; [21]no kugomanwa no gusinda, ndababwira hakiri kare nk’uko nababwiye kera, yuko…

Read More

Itangazo rya Polisi y’Igihugu ryo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 2 Ukuboza 2025, rivuga ko mu bashyizwe mu kiruhuko barimo ACP Sam Rumanzi wabaye mu buyobozi bwa Polisi y’Igihugu bukuru burimo kuba Umuhuzabikorwa w’urwego rwunganira akarere mu by’umutekano/ DASSO ku rwego rw’Igihugu.Yabaye kandi Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’u Burasirazuba n’iy’Amajyaruguru ndetse ayobora Polisi y’u Rwanda mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique. Undi mu komiseri washyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru ni ACP Francis Muheto, wayoboye Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Amajyaruguru. Abandi bashyizwe mu kiruhuko barimo ba Ofisiye bakuru 9, ba Ofisiye bato 12 ndetse n’Abapolisi bato 38.Itangazo rya Polisi…

Read More

Ku itariki ya 2 Ukuboza 2025, Polisi ikorera mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Masaka yafashe umugabo witwa NDAGIJIMANA FÉLICIEN w’imyaka 45, amaze kwiba moto Tvs 125 ifite Plaque RE 990 T y’uwitwa NSENGIYUMVA Severien. Yacunze uyu mumotari aparitse moto kuri Alimentation iherereye mu Mudugudu wa Rebero, Akagari ka Gako agiye kugura icyo kurya nibwo uyu mujura yahise ayisunika arayitwara, umumotari asohotse arayibura, ibi byabaye mu masaha ya saa tanu z’ijoro. Nsengiyumva yahise atabaza inzego z’umutekano, hatangira ibikorwa byo gushakisha iyo moto, uyu mujura yabonye inzego z’umutekano ari gusunika moto mu muhanda ayikubita hasi ariruka nibwo bamwirutseho baramufata, akimara…

Read More

Mu Abaroma 8:8-9;14, hagira hati: “[8]Erega burya abari mu butware bwa kamere ntibashobora kunezeza Imana! [9]Ariko mwebwe ntimuri aba kamere, ahubwo muri ab’Umwuka niba Umwuka w’Imana aba muri mwe. Ariko umuntu wese utagira Umwuka wa Kristo ntaba ari uwe; [14]Abayoborwa n’Umwuka w’Imana bose ni bo bana b’Imana.IYO UMUNTU ARI UWA KAMERE IKIMUJEMO CYOSE ARAGIKORA Abajura, abasambanyi; Abantu batukana; Kurwana n’ibindi byose bizana intambara ndetse n’umwuka mubi mu bantu, burya biterwa n’abantu ba kamere, kuko bakora ibibajemo batabanje gutekereza ku cyaha, kubiteye isoni ndetse akenshi birebaho gusa. Iyo uri umuntu wa kamere ntibishoboka ko ibyo ukora bishobora kunezeza Imana. ABAYOBORWA N’UMWUKA…

Read More

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko Yampano n’umukunzi we nabo bari gukorwaho iperereza ngo harebwe niba nta ruhare bagize mu gusakaza amashusho yabo bari gutera akabariro. Yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 1 Ukuboza 2025, mu kiganiro n’itangazamakuru. Dr. Murangira yavuze ko bakimara kubona amashusho ya Yampano n’umukunzi we batera akabariro, batekereje ko hari ibindi bintu yaba akoresha byatumye yifata ariya mashusho, kuko ubundi ‘si iby’i Rwanda” kandi biteye isoni.Yavuze ati: “Biteye isoni, ni amahano! Hari n’igihe ubura n’uburyo wavuga ku bintu nka biriya nk’ubugenzacyaha tukiyabona, twabanje gucyeka ko uriya musore ashobora kuba afite ikibazo.”Akomeza…

Read More