Author: MANIRAGUHA Ladisilas

Ku wa 01.07.2026, niwo munsi u Rwanda rwizihije ubwigenge ariko na none njye kukubwira ko hari n’ubundi bwigenge ukeneye buva ku Mana ari bwo: Ubw’umutima; Ubw’ibitekerezo ndetse n’ubw’ubuzima, byitwa: “KUBOHOOKA.” Ahari hari umutwaro utwaye: Ubwoba?; Kwiheba?; Ibikomere ndetse na byabindi uzi njye ntazi? Ariko reka uyu munsi ube intangiriro nshya ku buzima bwawe, uko wakira ubwigenge bw’igihugu abe ari nako wakira ubwigenge bw’umutima wawe. Birashoboka ko umaze igihe ubitse ibitari byiza muri uwo mutima, bijyana n’ubuzima ubayeho ariko uyu munsi ndagusaba ngo sukura uwo mutima kuko ntiwabasha kwakira kandi huzuye. Byajya he? Uko uyu munsi w’itariki ya 04/07/1994, wabaye mushya…

Read More

Ibirori byo kwizihiza umunsi mukuru wo Kwibohora ku nshuro ya 32, ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru byabereye mu Kagari ka Rutabo; Umurenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke, ahatashywe ku mugaragaro inzu 6, buri nzu irimo ebyiri, zigenewe imiryango 12 yiganjemo abasenyewe n’ibiza. Imirimo yo kubaka izo nzu yakozwe binyuze mu bikorwa by’ubufatanye bw’Ingabo na Polisi bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage (DSCOP 2026). Abahawe inzu bashimiye ubuyobozi bukuru bw’Igihugu budahwema kubatekerezaho, babwizeza kuzazifata neza zikazagirira akamaro n’abandi bazabakomokaho. Costazia Akingeneye wo mu Murenge wa Mugunga, ni umwe mu bagenerwabikorwa bahawe inzu, avuga ko yagwiriwe n’ibiza byamusenyeye inzu, bikamutwarira imirima n’amasambu,…

Read More

Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 03/07/2026 mu biro bya Nyiricyubahiro Musenyeri Vincent Harolimana, hasohotse urutonde ruriho Abahayimana bagera ku 117,  bazakora imirimo itandukanye harimo n’Iyogezabutumwa mu ma Paroisse atandukanye ndetse hari n’aboherejwe gukorera mu bihugu byo hanze. Nk’uko muri Karibumedia dukunze kubatangariza amakuru y’imvaho kandi atariho ivumbi, mu gihe kitarambiranye twifashishije isooko yacu n’ubunararibonye mu gutara amakuru, nta gihinditse ejo tuzabagezaho ibivugwa n’Abakiristu Gaturika kuri uru urutonde “Uko babibona n’uko babyakiriye”. Karibumedia

Read More

Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda akaba n’Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu bya Gisirikare, yatanze ikiganiro ku bitabiriye Itorero Indangamirwa Icyiciro cya 16, kibera mu Kigo cy’Amahugurwa cya Gisirikare cya Gabiro mu Karere ka Gatsibo. Ikiganiro cyibanze ku gushimangira indangagaciro z’Abanyarwanda; Gukunda Igihugu; Ubuyobozi bwiza ndetse n’inshingano z’umuturage. Icyiciro cya 16 cy’Itorero Indangamirwa kirimo kwitabira amahugurwa azamara ibyumweru bitandatu, azatangira ku ya 1 Nyakanga akageza ku ya 10 Kanama 2026, abera mu Kigo cy’Amahugurwa ya Gisirikare cya Gabiro. Aya mahugurwa ahurije hamwe urubyiruko rw’Abanyarwanda ruba mu mahanga, abanyeshuri biga mu mashuri mpuzamahanga akorera mu Rwanda ndetse n’abarangije…

Read More

Ubushakashatsi ku buzima n’imibereho y’abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bugaragaza ko mu gihugu hakiri ikibazo cy’igwingira mu bana bari munsi y’imyaka itanu ariko nanone hari abafite ibibazo by’umubyiho ukabije. Bigaragara muri raporo yavuye mu bushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) bwashyizwe hanze ku wa 30 Kamena 2026. Raporo ya NISR igaragaza ko mu bana bari munsi y’imyaka itanu, 27% bagwingiye, aho muri bo harimo 6% bari munsi y’ibiro bagakwiye bafite ku myaka yabo, mu gihe 1% bahuye n’igwingira rikabije aho ari bagufi ugereranyije n’uko bakabaye bareshya naho 5% bafite ikibazo cy’umubyibuho ukabije. Nubwo nimeze bityo ariko imibare igaragaza ko…

Read More

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994, Urugaga rw’abikorera bo mu karere ka Burera mu ntara y’Amajyaruguru bibutse abatutsi bishwe muri Jenoside yabakorewe bazira uko bavutse by’umwihariko abikoreraga. Ni igikorwa cyabimburiwe n’urugendo, kunamira no gushyira indabo ku rwibutso rwa Rugarama rushyinguyemo imibiri cumi n’irindwi (17) y’abatutsi bishwe mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Mu ijambo rye ry’ikaze, Perezida w’Urugaga rw’abikorera mu karere ka Burera, Bwana Mudatsikira Valens yabanje kwihanganisha abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi anavuga ko kwibuka ari igikorwa kireba buri wese nk’inshingano cyane ko ngo yanasigiye benshi ibikomere. Yagize ati:…

Read More

U Rwanda kuri ubu rugizwe n’ibicumbi bikuru by’imiryango itatu; Imiryango migari 26 n’inzu z’imiryango zisaga 206. Mu miryango migari rufite harimo uw’abakono batangiye kurema umuryango guhera mu 1120. Umusizi Nsanzabera Jean de Dieu avuga ko izina ry’abakono risobanura “Abanyamaboko”, bakaba bakomoka kuri Mukono na Ntandayera ya Mututsi wa Gihanga. Mu mateka y’u Rwanda rwo hambere abakono bari bafite inshingano zo kuba ababyarabami no kuvamo Abagabekazi b’Ingoma y’u Rwanda. Mbere yo kwirema nk’umuryango w’abakono, babarizwaga mu gicumbi gikuru cy’imiryango y’Abanyiginya mu Rwanda. Basangira isano n’indi miryango migari icumi ikomoka mu gicumbi gikuru cy’imiryango y’Abanyiginya irimo: Abanyiginya; Abega; Abashambo; Abahondogo; Abatsobe; Abashingo;…

Read More

Iki gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi cyabimburiwe n’urugendo rwatangiriye ku murenge wa Kinigi rwerekeza ku rwibutso rwa Kinigi, hagakurikiraho umunota umwe wo kwibuka, kunamira no gushyira indabo ku rwibutso rwa Kinigi, rushyinguyemo imibiri isaga 166 y’abatutsi bishwe mu 1994 mu rwego rwo kubasubiza agaciro bambuwe bazira uko baremwe. Mu ijambo ry’ikaze rwavuzwe n’uhagarariye Singita Hotel, NGONI MTIZWA yashimiye abaturage n’abafatanyabikorwa bajyana mu mihigo no kubashimira uburyo batinubira gusura no gufata mu mugongo abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994. Yagize ati: “SINGITA ntabwo ireba ibidukikije no kwita ku bucuruzi (Business), akazi gusa ahubwo tugomba…

Read More

Ibingira yabwiye abari bitabiriye ibiganiro ku mateka y’u Rwanda, ni ibiganiro byateguwe n’umuryango Unity Club: Ko hari ibintu abantu bita bito Perezida Paul Kagame yabatoje nyuma y’urugamba rwo kubohora u Rwanda no guhagarika Jenoside, bikaba byarabagiriye umumaro ukomeye. Ibingira, yavuze ko urugamba rukirangira yabaye umwe mu bayobozi b’ingabo bihutiye guhita barongora, maze abona rwose n’intwererano zitabarika. Agira ati: “Muri gahunda byari biteganyijwe ko tugomba gukata cake ndetse tukanaturitsa shampanye. Nari natwererewe amakarito mirongo ine ya Shampanye yatanzwe n’abantwerereye baturutse i Burundi. Abo kandi bari banzaniye amakaziye ya Amstel arenga magana atatu.” Icyo gihe, Perezida Kagame ngo yarabimenye, maze arabaza ati:…

Read More

Abaturage bo mu Turere twa Gasabo na Rulindo barishimira ko umuhanda Nyacyonga_ Mukoto bemerewe na Perezida Kagame watangiye gushyirwamo kaburimbo bagaragaza ko bizoroshya ubuhahirane hagati y’utu turere. Mu mwaka wa 2014 ni bwo Perezida Kagame yasezeranyije abaturage bo mu Karere ka Rulindo na Gasabo gushyira kaburimbo mu muhanda Nyacyonga_ Mukoto, kuri ubu ibikorwa byo kuyishyiramo bikaba birimbanyije. Abaturage batuye muri ibi bice barishimira ko imvugo yabaye ingiro, bagaragaza ko mu gihe uyu muhanda uzaba wuzuye uzaba igisuzizo kirambye ku bibazo birimo: iby’ingendo n’ubuhahirane ndetse bemeza ko bizazamura iterambere ryabo. Abakorera ingendo muri uyu muhanda bavuga ko bagorwaga no gutega bajya…

Read More