Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100

July 18, 2026

Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi

July 16, 2026

RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2

July 14, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100
  • Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi
  • RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2
  • KARONGI: Imihanda yinjira mu mujyi igiye gushyirwamo ibihangano nyabugeni
  • GICUMBI: Imurikabikorwa ryagaragaje ko abaturage badakangwa n’ibihe by’Impeshyi
  • Mu Burundi: Ubwato bw’igisirikare cy’u Burundi bumaze iminsi ibiri butaboneka
  • U Rwanda rwashoye miliyari 48 Frw muri nkunganire ku biciro bya peteroli
  • Ingabo za RDF zirwanira ku butaka zasoje amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » Mu Rwanda: Abana 5% bari munsi y’imyaka itanu bafite ibibazo by’umubyibuho ukabije
Ubuzima

Mu Rwanda: Abana 5% bari munsi y’imyaka itanu bafite ibibazo by’umubyibuho ukabije

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasJuly 3, 202651 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Ubushakashatsi ku buzima n’imibereho y’abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bugaragaza ko mu gihugu hakiri ikibazo cy’igwingira mu bana bari munsi y’imyaka itanu ariko nanone hari abafite ibibazo by’umubyiho ukabije.

Bigaragara muri raporo yavuye mu bushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) bwashyizwe hanze ku wa 30 Kamena 2026.

Raporo ya NISR igaragaza ko mu bana bari munsi y’imyaka itanu, 27% bagwingiye, aho muri bo harimo 6% bari munsi y’ibiro bagakwiye bafite ku myaka yabo, mu gihe 1% bahuye n’igwingira rikabije aho ari bagufi ugereranyije n’uko bakabaye bareshya naho 5% bafite ikibazo cy’umubyibuho ukabije.

Nubwo nimeze bityo ariko imibare igaragaza ko mu myaka 20 ishize u Rwanda rwateye intambwe ishimishije mu kurwanya ibibazo by’igwingira mu bana.

Imibare igaragaza ko mu 2005, abana bari bafite ibibazo bw’igwingira bari 51%, mu gihe mu 2025 bagabanutse bakagera kuri 27%.

Ikibazo cy’imirire mibi cyavuye kuri 8% mu 2000 kigera kuri 1% mu 2025, mu gihe umubare w’abana bafite umubyibuho ukabije wakomeje kuguma hagati ya 5% na 8% mu myaka isaga 20 ishize.

Umujyi wa Kigali ni wo ufite umubare muto w’abana bagwingiye, aho ari 14%, hagakurikiraho Intara y’Iburasirazuba n’Amajyepfo bafite 26% mu gihe Intara y’Amajyaruguru n’iy’Iburengerazuba 33%.

Mu rwego rwo gukomeza gukurikirana ubuzima bw’abana, ubushakashatsi bugaragaza ko mu bana bafite amezi kuva kuri 0 kugeza kuri 59, 68% bapimwe ibiro mu mezi atatu yabanjirije ubushakashatsi, 63% bapimwa uburebure, naho 61% bapimwa umuzenguruko w’ukuboko (MUAC) ugaragaza uko bahagaze mu mirire.

Muri rusange, 62% bapimwe ibiro n’uburebure, mu gihe 58% bapimwe ibipimo byose uko ari bitatu.

Ku bijyanye no konsa umwana akivuka 98% by’abana bavutse mu myaka ibiri yabanjirije ubushakashatsi baronkejwe naho 79% bahise konswa mu isaha ya mbere nyuma yo kuvuka. Mu gihe 94% bonkejwe amashereka yonyine mu minsi ibiri ya mbere nyuma yo kuvuka.

Nubwo nimeze bityo ariko raporo igaragaza ko umubare w’abana bonkejwe mu isaha ya mbere nyuma yo kuvuka wagabanutse uva kuri 85% wari ho mu 2019_ 2020 ugera kuri 79% mu 2025.

Ubushakashatsi kandi bwerekana ko 82% by’abana bafite amezi 0 kugeza kuri 5 bonkejwe amashereka yonyine, nk’uko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ribisaba.

Gusa NISR igaragaza ko uko abana bagenda bakura, umubare w’abonswa amashereka yonyine ugenda ugabanuka. Raporo igaragaza ko abana bafite ukwezi kumwe cyangwa munsi yako abonswa amashereka gusa ari 91%, byagera ku bafite hagati y’amezi 4 na 5 bakagera kuri 71%.

Mu bandi bana basigaye 2% bahabwa amashereka n’amazi gusa, 2% bahabwa amashereka n’ibinyobwa bitari amata, 3% bahabwa amashereka n’amata y’ifu cyangwa ay’amatungo mu gihe 7% bahabwa amashereka n’ibindi biryo hakiri kare.

Raporo inagaragaza ko ikibazo cy’imirire gikigaragara mu bana batangiye gufafa imfashabere. Mu bana bafite kuva ku mezi 6 kugeza kuri 23, abagera kuri 44% gusa ni bo barya indyo yuzuye. Naho abagera kuri 48% gusa ni bo bagaburirwa inshuro zisabwa ku munsi, mu gihe 27% gusa ari bo bahabwa indyo yujuje ibisabwa byose.

Nanone kandi, 35% gusa by’aba bana ni bo bariye amagi cyangwa ibikomoka ku matungo birimo; inyama, amafi n’inkoko.

Ubushakashatsi bwanagaragaje ko hari abana benshi batangiye guhabwa ibiribwa batemerewe kurya aho mu bana bafite amezi 6 kugeza kuri 23, abagera kuri 34% banyoye ibinyobwa birimo isukari, 26% bariye ibiribwa bitari byiza ku buzima, naho 15% ntibariye imboga cyangwa imbuto nibura inshuro imwe ku munsi. Iyi myitwarire igaragara cyane mu mijyi kurusha mu cyaro.

Mu mezi 12 yabanjirije ubushakashatsi, 30% by’abana bahawe ibinini cyangwa umuti wa fer (Iron), 31% bahawe ifu irimo intungamubiri zitandukanye, naho 43% bahawe inyunganiramirire zirimo fer.

Mu mezi atandatu yabanjirije ubushakashatsi, 74% bahawe Vitamine A, mu gihe 80% by’abana bafite hagati y’amezi 12 na 59 bahawe imiti y’inzoka.

Abana 5% bari munsi y’imyaka itanu bafite ibibazo by’umubyibuho ukabije.

Yanditswe na Nkurunziza Bonaventure.

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100

July 18, 2026

IBINTU 10 DUKORA BYANGIZA UBWONKO BWACU:

May 20, 2026

MUSANZE: Miliyari zigera kuri 165 Frw nizo zizagenda ku nyubako nshya y’Ibitaro bikuru bya Ruhengeri

May 12, 2026
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,699 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,475 Views

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026970 Views

BREAKING NEWS: Mukarere ka Burera umwarimu yasanzwe yapfuye birakekwako yiyahuye

September 15, 2025854 Views

Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100

By MANIRAGUHA LadisilasJuly 18, 20260

Hirya no hino mu gihugu, Leta ikangurira kandi ikaburira abaturage kureka kunywa inzoga nyinshi “Tunywe…

Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi

July 16, 2026

RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2

July 14, 2026

KARONGI: Imihanda yinjira mu mujyi igiye gushyirwamo ibihangano nyabugeni

July 14, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100

July 18, 2026

Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi

July 16, 2026

RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2

July 14, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.