Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100

July 18, 2026

Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi

July 16, 2026

RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2

July 14, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100
  • Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi
  • RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2
  • KARONGI: Imihanda yinjira mu mujyi igiye gushyirwamo ibihangano nyabugeni
  • GICUMBI: Imurikabikorwa ryagaragaje ko abaturage badakangwa n’ibihe by’Impeshyi
  • Mu Burundi: Ubwato bw’igisirikare cy’u Burundi bumaze iminsi ibiri butaboneka
  • U Rwanda rwashoye miliyari 48 Frw muri nkunganire ku biciro bya peteroli
  • Ingabo za RDF zirwanira ku butaka zasoje amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » IBIDASANZWE KU MURYANGO W’ABAKONO
Umuco

IBIDASANZWE KU MURYANGO W’ABAKONO

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasJuly 2, 2026Updated:July 2, 202634 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

U Rwanda kuri ubu rugizwe n’ibicumbi bikuru by’imiryango itatu; Imiryango migari 26 n’inzu z’imiryango zisaga 206. Mu miryango migari rufite harimo uw’abakono batangiye kurema umuryango guhera mu 1120.

Umusizi Nsanzabera Jean de Dieu avuga ko izina ry’abakono risobanura “Abanyamaboko”, bakaba bakomoka kuri Mukono na Ntandayera ya Mututsi wa Gihanga.

Mu mateka y’u Rwanda rwo hambere abakono bari bafite inshingano zo kuba ababyarabami no kuvamo Abagabekazi b’Ingoma y’u Rwanda. Mbere yo kwirema nk’umuryango w’abakono, babarizwaga mu gicumbi gikuru cy’imiryango y’Abanyiginya mu Rwanda.

Basangira isano n’indi miryango migari icumi ikomoka mu gicumbi gikuru cy’imiryango y’Abanyiginya irimo: Abanyiginya; Abega; Abashambo; Abahondogo; Abatsobe; Abashingo; Abacyaba; Abaha n’Abakono.

Mbere y’uko u Rwanda ruba igihugu kimwe, buri muryango mugari wagiraga igihugu cyawo n’ingoma ngabe ariko Abakono bo nta ngoma bagiraga mu Rwanda, nta n’igihugu bagiraga.

Gakondo yabo y’inkomoko ni kimwe n’y’abandi basangiye igicumbi gikuru cy’Abanyiginya, aho yari i Rutunga rwa Gasabo.

Aho bamariye guhabwa umurage wo kuba Ababyarabami b’ingoma y’u Rwanda, ni bwo bahanze gakondo yabo nshya, bayishyira ku musozi wa Nyamweru wo mu Kagali ka Nyamweru mu Murenge wa Kanyinya, mu Karere ka Nyarugenge.

Mu mateka y’u Rwanda abakono bagiye batura cyane cyane mu ngoma ya Kibali yatwarwaga n’Abega, no mu bihugu by’Amajyaruguru y’Iburengerazuba hafi y’ibirunga bya Kalisimbi nko mu Bigogwe, Rwankeri no mu Burengerazuba bw’Amajyepfo ya Tanzania mu ngoma z’u Buha n’u Bushubi, Bugufi no mu Burundi.

Nk’abakono bo mu Bigogwe, bakomotse ku nzu y’Abagilimana barangajwe imbere na Mugabo wa Mugabo wa Rugeramanywa ya Runyoni rwa Ngabo za Fati ya Mucocori bo mu nzu y’Abanyiginya b’Abacocori.

Ubwo bageraga ku musozi wa Gasharu ku ngoma y’umwami Mibambwe Gisanura ahasaga mu wa 1609, ni bwo batangiye kuhatura. Kubera ubuhanga n’ubuhangange bari bafite mu gutega imitego yitwaga Urugogwe, ni bwo bahereyeho babita Abagogwe n’uwo musozi batuyeho uhindura izina ureka kwitwa Gasharu witwa Bigogwe.

Abandi bibumbiye mu miryango y’Abagogogwe, usanga n’ubundi ari abafitanye isano n’Abakono b’Abagilimana n’Abanyiginya b’Abacocori.

N’ubwo bafite inkomoko mu Rwanda, ariko bagiye barema n’izindi gakondo zabo mu bihugu bituranyi by’u Rwanda. Nko mu bihe bitandukanye batuye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo cyane cyane mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, muri Teritwari ya Masisi, aho baturanye na babyara babo b’Abagunga bakomoka kuri Mugunga wa Ndahiro Cyamatare, wahanze gakondo ye ikimwitirirwa na n’ubu, iri aho bita i Mugunga mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Abakono babyaye abamikazi n’abagabekazi b’u Rwanda nka Nyanguge za Sagashya, nyina wa Kigeli Mukobanya; Umugabekazi Nyabacuzi ba Kibogora, wari nyina wa Ruganzu Ndoli; Nyamarembo ya Majinya wari nyina wa Yuhi Mazimpaka n’Umugabekazi Murorunkwere wa Mitali wari nyina wa Kigeli Rwabugili ndetse na Nyiraburunga bwa Nzirumbanje wari nyina wa Mibambwe Rutalindwa n’ubwo yapfuye ataraba we.

Abakono b’Abagilimana; Abanyiginya b’Abacocoli kimwe n’abandi basangiye Ubugogwe, nibo baremye imibyinire yabo yiswe ikinyemera, iza isanga  indi: Nk’Umwenezo; Ikinimba; Umudiho; Umuhamirizo w’intore; Umushagiriro n’iyindi.

Abakono ni inzu y’umuryango yagize uruhare runini mu kubaka u Rwanda mu myaka yo hambere

NTA MUCO NTA GAKONDO!

Karibumedia            Cfr igihe

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

KARONGI: Imihanda yinjira mu mujyi igiye gushyirwamo ibihangano nyabugeni

July 14, 2026

Rwanda: Mu myaka itatu gusa, habonetse gatanya zisaga 4,400

April 18, 2026

MUSANZE: Kuvuga amazina y’inka ku bagore si ukwica umuco, ahubwo ni ukuwushimangira/ KAYITESI Théophila.

November 25, 2025
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,699 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,474 Views

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026970 Views

BREAKING NEWS: Mukarere ka Burera umwarimu yasanzwe yapfuye birakekwako yiyahuye

September 15, 2025854 Views

Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100

By MANIRAGUHA LadisilasJuly 18, 20260

Hirya no hino mu gihugu, Leta ikangurira kandi ikaburira abaturage kureka kunywa inzoga nyinshi “Tunywe…

Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi

July 16, 2026

RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2

July 14, 2026

KARONGI: Imihanda yinjira mu mujyi igiye gushyirwamo ibihangano nyabugeni

July 14, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100

July 18, 2026

Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi

July 16, 2026

RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2

July 14, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.