
Ku wa 01.07.2026, niwo munsi u Rwanda rwizihije ubwigenge ariko na none njye kukubwira ko hari n’ubundi bwigenge ukeneye buva ku Mana ari bwo: Ubw’umutima; Ubw’ibitekerezo ndetse n’ubw’ubuzima, byitwa: “KUBOHOOKA.”
Ahari hari umutwaro utwaye: Ubwoba?; Kwiheba?; Ibikomere ndetse na byabindi uzi njye ntazi? Ariko reka uyu munsi ube intangiriro nshya ku buzima bwawe, uko wakira ubwigenge bw’igihugu abe ari nako wakira ubwigenge bw’umutima wawe.
Birashoboka ko umaze igihe ubitse ibitari byiza muri uwo mutima, bijyana n’ubuzima ubayeho ariko uyu munsi ndagusaba ngo sukura uwo mutima kuko ntiwabasha kwakira kandi huzuye. Byajya he?
Uko uyu munsi w’itariki ya 04/07/1994, wabaye mushya mu mateka abe ari nako nawe uba mushya mu buzima. Wakire amahoro mashya; Ubuzima bushya; Ubwenge bushya; Ibitekerezo bishya; Amahirwe mashya; Imigisha mishya, byitwa: “Kwibohoora nyakuri”.
Uku kwezi kwa karindwi ntikuzakubere nk’andi mezi, kuzakubere kwiza bidasanzwe. Uzasenge bidasanzwe kandi uzakunde Ijambo ry’Imana bidasanzwe, ukubona akubonemo Imana bidasanzwe. Uzakingurirwe imiryango y’imigisha yawe yarifunze, Imana izakomeze intambwe zawe kandi Imana izaguhe guhishurirwa, kwa kundi kuri muri Yohana 4:32
Kwifurije kwakira page nshya muri ukukwezi.
Mukomeze mugire ukwezi kwiza k’ubwigenge nyakuri ariko Kwibohoora, byose biva ku Mana!
Karibumedia
