Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki ya 13/09/2025, nibwo hasakaye inkuru y’akababaro ko mwarimu Oscar TURINAYO wigishaga kuri Groupe Scolaire Nyangwe yitabye Imana. Bikekwa ko yaba yariyahuye.
Uyu mwarimu akaba yaraherutse gushinga ishuri ry’inshuke mu murenge wa Rugarama; Akagari ka Gafumba mu mudugudu wa Gafumba ariko Umuyobozi avec Akagari ka Gafumba akaza kurihagarika.

Iyi nkuru ikaba yamenyekanye, ubwo ababyeyi be bafataga icyemezo cyo kumushakisha kuko hari hashize iminsi itatu telefoni ye idacamo ; Ababyeyi be bari batuye mu karere ka Rubavu, ahitwa Mahoko. Bageze aho yaracumbitse basanga urugi rukingiye imbere, bafata icyemezo cyo kurwica bageze mu nzu bamusanga mu mugozi “Umukandara we” ariko umuntu yarumye kera. Gusa nta muntu uzi neza igihe yafatiye uyu mwanzuro ugayitse wo kwiyahura kuko umuntu watubwiye iby’iy’inkuru baherukaga kuvugana ku wa Kane tariki 10/09/2025, amubwira ko Gitifu w’Akagari ka Gafumba yamufungiye. Umurambo wahise ujyanwa kwa muganga ngo hemezwe iby’urupfu rwe.
Muri iyi minsi haravugwa impfu zikomotse ku kwiyahura, cyane k’urubyiruko. Ibi akaba ari indwara ariko ikibabaje ni uko uwafashwe nayo bimenyekana yarangije gufata icyemezo. Uyu Oscar kandi twaje kumenya ko yigaga ishuri rya Bibiliya yitegura kuzaba Pasteur, cyane ko n’umubyeyi we yari Pasteur mu Itorero ry’Abapantekote mu Rwanda “ADPR”.
Ubwo twakoraga iyi nkuru twaganiriye n’umuyobozi w’ikigo cy’amashuri cya Nyangwe, adutangariza ko nta kibazo bari bazi afite. Aho uyu muyobozi yagize ati : “Oscar yari umwana mwiza, umwarimu ukunda akazi kandi usabana na bagenzi be. Kugeza ubu iby’urupfu rwe byadutunguye kandi byatubabaje”. Ikindi amakuru dukesha umuyobozi w’ikigo cy’amashuri cya Nyangwe ni uko Oscar yitabye Imana afite imyaka 27, bikaba biteganijwe ko azashingurwa ejo ku wa kabiri tariki ya 16/09/2025, iwabo mu karere ka Rubavu kuri Mahoko.
Ikinyamakuru Karibumedia, kirakangurira abantu babana kujya bagerageza kuganira kandi buri wese ufite ikibazo akagerageza kukiganira na mugenzi we kugira ngo bagirane inama kuko kwihererana ikibazo nibyo bivamo uburwayi butera abantu kwiyanga kugeza ubwo biyambura ubuzima.

