
Minisitiri w’Intebe wa Pakistan, Shehbaz Sharif nk’igihugu cy’umuhuza hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran, yatangaje ko ibihugu byombi byemeranyije ku masezerano yo guhagarika intambara.
Ni ijoro ry’icyizere, bikomeje kugenda neza ibikomoka kuri Peterori byakomeza urugendo rwo kugabanuka mu biciro. Akagunguru kari karageze ku madorari 110$, ubu kageze ku madorari 83,6$ kandi karaza gukomeza kumanuka ibiciro bya Mazout na Essance bimanuke kuri za Station hirya no hino. Ni amakuru anejeje yanemejwe na Donald Trump, byemeje ko amasezerano azasinyirwa mu Busuwisi ku wa Gatanu tariki ya 19 Kamena 2026.
Yagize ati: “Umushinga twagiranye na Iran warangiye, hemejwe ko umuhora wa Hormuz ufungurwa bikajyana no kwemeza ko ingabo za Amerika zirwanira mu mazi zari zarakumiriye ubwato bwa Iran zikurwaho. Ubwato bw’Isi bugatangira kugenda, ibikomoka kuri peterori bikagera hose.”
Karibumedia
