
Muri gahunda yacu “Gushyira ahagaragara ‘Ku karubanda.'”, abakomeje kwigwizaho imitungo ariko ntibabe bashobora kugaragaza cyangwa ngo basobanure aho bayikuye “Enrichissement sans cause ‘injustifié’.” Tubigarutseho.
Ubuheruka twaganirije abaturage bo mu mirenge ya Gahunga; Rugarama na Cyanika, badutangariza ko hari abantu bafite imitungo bataguze; batarazwe/ batazunguye ku babyeyi babo kandi batahaweho impano mu buryo bumwe cyangwa ubundi, bityo bakibaza ukuntu umuntu atunga ibitari ibye. Ibi kandi tukaba twarabiherewe n’ibimenyetso, ku bw’ibyo dukomeje guhabwa andi makuru yinyongera.
Karibumedia yateye imboni no mu bihayimana, isanga naho uyu mugambi mubisha wa ‘NDUMUJURA’ warahawe intebe.
Nk’uko byemezwa n’abahaye amakuru Karibumedia, ngo “Bamwe mu bapadiri bo muri Diyoseze Gatolika ya Ruhengeri bigwijeho imitungo itagira ingano”. Bayanditse ku bavandimwe babo, ubu bayiryoshemo. Amafaranga asagutse bayarihiramo amashuri ahenze inshuti n’abavandimwe babo, iyo za Burayi.
Abanyamakuru bagenzi bacu, bahisemo kwandikira Nyiricyubahiro Musenyeri uyobora Diyoseze Gatolika ya Ruhengeri: Bamugezaho impungenge bafite kuri uyu mugambi mubisha wa ‘NDUMUJURA’, ngo ni umugambi mubisha ukomeje guhabwa intebe muri Diyoseze yabo.
Karibumedia yabonye kopi y’ibaruwa, maze dutangira gukora iperereza ku bibazo byavuzwe. Mu minsi itarambiranye tukazaha abasomyi bacu ibyo twagezeho, tumaze guhuza amakuru yose.
Uretse iby’uyu mugambi mubisha wa ‘NDUMUJURA’, wavuzwe mu ibaruwa yo ku wa 17/04/2026 Karibumedia yayikubiseho ijisho: Bagenzi bacu bandikiye Nyiricubahiro Musenyeri, ko hari n’ikibazo cy’imyitwarire idahwitse(…) ya bamwe mu bihayimana n’ibindi…
Byose abanyamakuru bakaba bemeza ko babitumwe n’Abakristu bo muri iyi Diyoseze, turimo kubikurikirana mutegereze inkuru zisesenguye “En séries” kuri buri kimwe cyose.
Karibumedia
