Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

APR FC izatangira ikina na Gor Mahia FC: Ingengabihe ya CECAFA yasohotse

July 20, 2026

Perezida w’urukiko rw’ikirenga yasabye abacamanza kongera ubumenyi ku manza z’ubutaka n’iz’umuryango

July 20, 2026

Rayon Sports yinjije asaga miliyoni 50 Frw mu matike ku munsi w’Igikundiro

July 20, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • APR FC izatangira ikina na Gor Mahia FC: Ingengabihe ya CECAFA yasohotse
  • Perezida w’urukiko rw’ikirenga yasabye abacamanza kongera ubumenyi ku manza z’ubutaka n’iz’umuryango
  • Rayon Sports yinjije asaga miliyoni 50 Frw mu matike ku munsi w’Igikundiro
  • BURERA: Ikibazo cy’Amazi Gikomeje kuba Ingorabahizi
  • RDC: Urupfu rwa Colonel Ruterera, ni ikimenyetso cy’itotezwa n’urwango Leta ya Kinshasa ifitiye ubwoko bw’Abanyamulenge
  • Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100
  • Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi
  • RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » APR FC izatangira ikina na Gor Mahia FC: Ingengabihe ya CECAFA yasohotse
Imikino

APR FC izatangira ikina na Gor Mahia FC: Ingengabihe ya CECAFA yasohotse

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasJuly 20, 2026Updated:July 20, 202636 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru muri Afurika y’Iburasirazuba no hagati, CECAFA yashyize hanze ingengabihe y’uko imikino y’irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026 izakinwa kuva tariki 24 Nyakanga kugeza tariki 7 Kanama 2026.

Umukino uzahuza Vipers SC yo muri Uganda na FC Garde Republicaine yo muri Djibouti niwo uzabimburira indi ku wa Gatanu tariki 24 Nyakanga 2026 saa cyenda z’umugoroba muri Sitade Amahoro, ukurikirwe n’uzahuza APR FC na Gor Mahia FC yo muri Kenya uzatangira saa moya z’umugoroba.

Ibiciro byo kwinjira kuri iyi mikino yombi ni 2,000 Frw ahasanzwe; 15,000 Frw muri VIP; 30,000 Frw naho muri VVIP ni 100,000 Frw muri Executive Seat na miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda muri Sky Box.

APR FC izasubira mu kibuga tariki 27 Nyakanga 2026 ikina na FC Garde Republicaine saa kumi n’ebyiri z’umugoroba muri Kigali Pele Stadium, hanyuma isoze imikino yayo y’amatsinda tariki 30 Nyakanga 2026 ikina na Vipers SC saa moya z’ijoro muri Sitade Amahoro.

Ku ruhande rwa Rayon Sports nayo izaba ihagarariye u Rwanda muri iri rushanwa rya CECAFA Kagame Cup, izakina umukino wayo wa mbere ku Cyumweru tariki 26 Nyakanga 2026 ikina na KVZ SC yo muri Zanzibar saa kumi n’ebyiri z’umugoroba muri Sitade Amahoro.

Rayon Sports izakina umukino wayo wa kabiri wo mu itsinda tariki 29 Nyakanga 2026 ikina na Tusker FC yo muri Kenya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba muri Kigali Pele Stadium naho ku munsi wa nyuma w’imikino y’amatsinda izakina na Al Hilal SC yo muri Sudani saa moya z’ijoro muri Sitade Amahoro.

Mu gihe cy’imikino y’amatsinda, buri munsi hazajya hakinwa imikino ibiri.

Imikino ya 1/2 izakinwa takiri 4 Kanama 2026 muri Kigali Pele Stadium naho umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu n’umukino wa nyuma ikinwe ku wa 7 Kanama 2026 muri Sitade Amahoro.

Muri 1/2, ikipe ya mbere mu itsinda B izahura n’ikipe ya mbere mu itsinda C, naho ikipe ya mbere mu itsinda A izahura n’ikipe izaba ari nziza mu makipe yabaye aya kabiri mu matsinda yose.

CECAFA Kagame Cup y’uyu mwaka izitabirwa n’amakipe 12, yagabanyijwe mu matsinda 3 y’amakipe 4 muri buri tsinda.
Ingengabihe y’imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026

Yanditswe na Nkurunziza Bonaventure

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

Rayon Sports yinjije asaga miliyoni 50 Frw mu matike ku munsi w’Igikundiro

July 20, 2026

RULINDO: Umukino wa Rugby ni Umukino w’urukundo – KAGAME Joseph

February 18, 2026

Sugira Ernest udafite ikipe yatangiye inzira yo kuba umutoza.

December 5, 2025
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,717 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,484 Views

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026972 Views

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 2025936 Views

APR FC izatangira ikina na Gor Mahia FC: Ingengabihe ya CECAFA yasohotse

By MANIRAGUHA LadisilasJuly 20, 20260

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru muri Afurika y’Iburasirazuba no hagati, CECAFA yashyize hanze ingengabihe y’uko imikino y’irushanwa…

Perezida w’urukiko rw’ikirenga yasabye abacamanza kongera ubumenyi ku manza z’ubutaka n’iz’umuryango

July 20, 2026

Rayon Sports yinjije asaga miliyoni 50 Frw mu matike ku munsi w’Igikundiro

July 20, 2026

BURERA: Ikibazo cy’Amazi Gikomeje kuba Ingorabahizi

July 20, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

APR FC izatangira ikina na Gor Mahia FC: Ingengabihe ya CECAFA yasohotse

July 20, 2026

Perezida w’urukiko rw’ikirenga yasabye abacamanza kongera ubumenyi ku manza z’ubutaka n’iz’umuryango

July 20, 2026

Rayon Sports yinjije asaga miliyoni 50 Frw mu matike ku munsi w’Igikundiro

July 20, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.