
Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru muri Afurika y’Iburasirazuba no hagati, CECAFA yashyize hanze ingengabihe y’uko imikino y’irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026 izakinwa kuva tariki 24 Nyakanga kugeza tariki 7 Kanama 2026.
Umukino uzahuza Vipers SC yo muri Uganda na FC Garde Republicaine yo muri Djibouti niwo uzabimburira indi ku wa Gatanu tariki 24 Nyakanga 2026 saa cyenda z’umugoroba muri Sitade Amahoro, ukurikirwe n’uzahuza APR FC na Gor Mahia FC yo muri Kenya uzatangira saa moya z’umugoroba.
Ibiciro byo kwinjira kuri iyi mikino yombi ni 2,000 Frw ahasanzwe; 15,000 Frw muri VIP; 30,000 Frw naho muri VVIP ni 100,000 Frw muri Executive Seat na miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda muri Sky Box.
APR FC izasubira mu kibuga tariki 27 Nyakanga 2026 ikina na FC Garde Republicaine saa kumi n’ebyiri z’umugoroba muri Kigali Pele Stadium, hanyuma isoze imikino yayo y’amatsinda tariki 30 Nyakanga 2026 ikina na Vipers SC saa moya z’ijoro muri Sitade Amahoro.
Ku ruhande rwa Rayon Sports nayo izaba ihagarariye u Rwanda muri iri rushanwa rya CECAFA Kagame Cup, izakina umukino wayo wa mbere ku Cyumweru tariki 26 Nyakanga 2026 ikina na KVZ SC yo muri Zanzibar saa kumi n’ebyiri z’umugoroba muri Sitade Amahoro.
Rayon Sports izakina umukino wayo wa kabiri wo mu itsinda tariki 29 Nyakanga 2026 ikina na Tusker FC yo muri Kenya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba muri Kigali Pele Stadium naho ku munsi wa nyuma w’imikino y’amatsinda izakina na Al Hilal SC yo muri Sudani saa moya z’ijoro muri Sitade Amahoro.
Mu gihe cy’imikino y’amatsinda, buri munsi hazajya hakinwa imikino ibiri.
Imikino ya 1/2 izakinwa takiri 4 Kanama 2026 muri Kigali Pele Stadium naho umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu n’umukino wa nyuma ikinwe ku wa 7 Kanama 2026 muri Sitade Amahoro.
Muri 1/2, ikipe ya mbere mu itsinda B izahura n’ikipe ya mbere mu itsinda C, naho ikipe ya mbere mu itsinda A izahura n’ikipe izaba ari nziza mu makipe yabaye aya kabiri mu matsinda yose.
CECAFA Kagame Cup y’uyu mwaka izitabirwa n’amakipe 12, yagabanyijwe mu matsinda 3 y’amakipe 4 muri buri tsinda.
Ingengabihe y’imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026
Yanditswe na Nkurunziza Bonaventure
