
Imihigo yo kwegukana ibikombe ku makipe y’Akarere ka Musanze n’aya karere ka Rubavu irakomeje aho kuri uyu wa kane, tariki ya 27/08/2026 ikipe y’abagore n’iy’abagabo z’Akarere ka Musanze ziracakirana n’iz’Akarere ka Rubavu.
Ni imikino iza kubera ku kibuga cya Tony Ground ku Musanze, aho ikipe y’Abagore ba Musanze izwi nk'”Inyangakugoma za Musanze” iracakirana n’iy’Akarere ka Rubavu izwi nk’ “Inganji za Rubavu.” Mu gihe iy’Abagabo ya Musanze nayo izwi nk’Inyangakugoma za Musanze” nayo icakirana n’Inganji za Rubavu.
Iyi mikino iratangira ku isaha ya saa Saba zuzuye z’amanywa (13h00), aho ikipe y’Abagore ya Musanze izwi nk'”Inyangakugoma za Musanze” iraba icakirana n’ iy’Abagore ba Rubavu izwi nk’Inganji za Rubavu, mu gihe ku isaha ya saa cyenda (15h00) haraca uwambaye hagati y’iy’Abagabo ya Musanze nayo izwi nk’Inyangakugoma za Musanze n’inganji za Rubavu.
Ni imikino isoza irushanwa ryateguwe na RDB mu rwego rwo kwitegura umuhango wo kwita amazina abana b’Ingagi ku nshuro ya 21, uteganijwe ku ya 04/09/2026 ukazabera mu murenge wa Kinigi ahasanzwe hitirwa amazina abana b’Ingagi.
Nk’uko Karibumedia.rw yabitangarije abasomyi bayo mu nkuru iheruka, yari yavuze ko izakomeza kubakurikiranira iby’iri rushanwa cyane ko ryari ryajemo bombori bombori hagati y’ikipe y’Akarere ka Burera n’iy’aka Rubavu, bivugwa ko ikipe y’Akarere ka Rubavu yakinishije abakinnyi 8 batemewe (Bafite Licence) mu Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) barimo Ismael GIKAMBA.
Kuba rero ikipe y’Abagabo ya Rubavu (Inganji za Rubavu) ariyo igomba gukina umukino wa nyuma n’ikipe ya Musanze (Inyangakugoma za Musanze), ni ukuvuga ko ariyo yatsize ikirego yaregwaga n’ikipe y’Akarere ka Burera nk’uko byagaragaraga mu ibaruwa twababwiye Meya wa Burera Mukamana Soline yari yandikiye Perezida wa SACOLA, asaba kurenganura ikipe y’Akarere ayobora.

Na none Karibumedia.rw yari yabajije Perezida w’Ishyirahamwe SACOLA, Bwana Nsengiyumva Pierre Célestin niba yemera ako karengane nk’abateguye iri rushanwa maze asubiza ko atari bo bariteguye ko bo bateye inkunga abariteguye.

Perezida wa SACOLA, Pierre Célestin Nsengiyumva
Yagize ati: “Irushanwa ryateguwe n’Urwego rw’igihugu rw’iterambere (RDB) noneho twe, nk’abafatanyabikorwa dutera inkunga iryo rushanwa nk’ibisanzwe, ntabwo aritwe twariteguye rero, abarega babaza RDB.”
Ibi biragaragaza ko n’ikirego niyo kiba gifite ishingiro nticyari gukemurwa neza kuko haregewe urwego rutabifitiye ububasha kuko n’amategeko asanzwe iyo uregeye urukiko rutabifitiye ububasha, ikirego cyawe giteshwa agaciro kabone nubwo waba ufite ukuri.
Uyu munsi rero ni imikino ya nyuma kandi mwese muratumiwe ku kibuga kizwi nka “Tony Ground” giherereye hafi ya INES Ruhengeri ku Musanze kuva saa Saba (13h00), tubibutsa ko ari irushanwa ryateguwe mu rwego rwo kwitegura umuhango wo kwita amazina abana b’Ingagi uteganijwe ku ya 04/09/2026 rikaba ryari ryitabiriwe n’uturere tune (4) dukora kuri Pariki y’ibirunga ari two Burera; Musanze; Nyabihu na Rubavu ariko mu mikino ibanza, amakipe ya Burera akaba yaravuyemo atsinzwe na Rubavu mu gihe aya Nyabihu yavuyemo atsinzwe n’aya Musanze.

Yanditswe na SETORA Janvier
