
Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano avuga ko ari ubwato bwa patrouille, bukoreshwa mu kurinda imipaka yo mu Kiyaga cya Tanganyika ndetse no guherekeza ubwato buzwi nka Kagajo na Mushara, bukoresha mu kwambutsa abasirikare n’ibikoresho bya gisirikare bajya muri RDC.
Aya makuru akomeza avuga ko ubwo bwato bwaburiwe irengero, mu gihe bwari bugiye gufata abasirikare bakomerekeye ku rugamba ndetse n’imirambo y’abaguye mu mirwano yabereye i Minembwe na Point Zéro muri RDC.

Nk’uko ayo makuru abivuga, mu mpera z’icyumweru gishize ingabo z’u Burundi zaba zaratakaje ibirindiro byose zari zifite muri Minembwe na Point Zéro. Gusa rero ngo haracyari batayo ya TAFOC 33 bivugwa ko ikikijwe n’abanzi mu gace ka Rugezi, aho abasirikare bayigize bavuga ko babuze inzira yo kuhava.
Ayo makuru asoza avuga ko kugeza ubu hataramenyekana icyaba cyarabaye kuri ubwo bwato kandi ko ari ubwato bunini (bufite metero 22 z’uburebure na metero 4 z’ubugari), bwihuta kandi bufite intwaro zikomeye.


Karibumedia
