Author: MANIRAGUHA Ladisilas

Mu rwego rwo guteza imbere uburyo bwo guteka butangiza ibidukikije no kugabanya ikoreshwa ry’inkwi mu mashuri, hubatswe ibigega bibika gaz (LPG) mu bigo birindwi by’amashuri biherereye mu turere twa Gakenke na Musanze. Uyu mushinga washyizwe mu bikorwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bimukira IOM Rwanda, ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Kubungabunga Ibidukikije (REMA), ku nkunga yatanzwe na Guverinoma y’u Buyapani. Aba bafatanyabikorwa bavuga ko gukoresha gaz aho gukoresha inkwi bizafasha kugabanya iyangirika ry’amashyamba, kugabanya imyuka ihumanya ikirere ndetse binateze imbere uburyo bwo guteka burambye kandi butangiza ibidukikije. Ibirori byabereye mu kigo cya LYCEE SAINT JEROME giherereye mu Murenge wa Janja…

Read More

Ubwo Isi yose yitegura kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kurwanya icuruzwa ry’abantu, mu Rwanda bakomeje guhangayikishwa n’icuruzwa ry’abantu rikomeje kwiyongera aho kuva muri Nyakanga 2025 kugeza muri Werurwe 2026, abanyarwanda bagera kuri 289 bari bagaruwe mu Rwanda. Ku bagarura mu Rwanda ni igikorwa gikorwa ku bufatanye na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga na Ambasade z’u Rwanda nk’uko byagarutsweho na Minisitiri w’ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta, Dr. Ugirashebuja Emmanuel kuwa 23 Nyakanga 2026 ubwo yari muri Sena y’u Rwanda agirana ibiganiro n’abasenateri bagize Komisiyo y’ububanyi n’amahanga, ubumwe bw’abanyarwanda n’umutekano. Dr. Ugirashebuja yasobanuye ko abo 289 harimo 101 bakuwe mu gihugu cya Combodia, 58…

Read More

Dr. Murigande ntiyumva uko umuntu agurisha urusengero, abarusengeragamo batabishyizeho umukono. Senateri Dr. Charles Murigande yagaragaje ko atumva uburyo umuntu cyangwa itorero runaka yagurisha urusengero abarusengeramo batabanje kubishyiraho umukono, ashimangira ko ari ibintu bidakwiriye. Yabigarutseho ku wa 23 Nyakanga 2026, ubwo yari muri Komisiyo ya Sena ishinzwe ububanyi n’amahanga; Ubumwe bw’abanyarwanda n’Umutekano mu biganiro na Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta. Dr. Murigande yagaragaje ko Urusengero ari igikorwaremezo kandi rusange, bityo ko nta muntu ukwiye kurugurisha Abakirisitu batabanje kubyemeza. Yemeje ko iyo mikorere idakwiriye, ko umuntu cyangwa itorero kugira ngo rigurishe urusengero biba bikwiye kubanza kubaza abarusengeragamo bakabyemeza binyuze mu…

Read More

Ibi byagarutsweho n’Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, kuri uyu wa 24 Nyakanga 2026, ubwo hatangizwaga gahunda yo kwita k’urubyiruko mu biruhuko mu Karere ka Musanze, Umurenge wa Muhoza. Iyi gahunda yo kwita k’Urubyiruko mu Biruhuko yashyiriweho abanyeshuri bari mu biruhuko kugira ngo ibafashe kwiga indangagaciro z’umuco nyarwanda, kugira imyitwarire myiza, gukora imyitozo ngororamubiri ndetse n’ibindi bikorwa bibafitiye akamaro . Mu gutangiza gahunda yo kwita k’Urubyiruko mu Biruhuko, urubyiruko rwagaragaje impano zarwo binyuze mu myidagaduro, aho abana berekanye ibyo bashoboye birimo kubyina imbyino gakondo; Karaté; Kung-fu; Imivugo; Kuririmba ndetse no kwerekana imideri. Bamwe mu Rubyiruko bagaraje impano zabo mu mideli Umuyobozi w’Akarere…

Read More

Ni Mu gace ka Lubarika/Kagaragara mu Kibaya cya Ruzizi, Intara ya Kivu y’Amajyepfo, habaye imirwano yamaze amasaha abiri hagati y’ingabo za FARDC zo muri Batayo ya Guépards n’abarwanyi ba Wazalendo bo mu mutwe wa Bikotwa. Nk’uko amakuru yatangajwe abivuga, imibare y’agateganyo igaragaza ko abasirikare babiri ba FARDC bishwe; Abandi bane barakomereka, naho umurwanyi umwe wa Wazalendo witwa Gentil Bigombo arakomereka. Umwana w’umukobwa w’imyaka 8, witwa Marguerite Kapere na we yakomeretse amaguru yombi. Amakuru avuga ko aba basanzwe bafatanya ku ruhande rushyigikiye ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi barwanye hagati yabo, bikavamo impfu n’inkomere n’ubwo basanzwe bahuriye ku rugamba rumwe. Iyi…

Read More

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru muri Afurika y’Iburasirazuba no hagati, CECAFA yashyize hanze ingengabihe y’uko imikino y’irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026 izakinwa kuva tariki 24 Nyakanga kugeza tariki 7 Kanama 2026. Umukino uzahuza Vipers SC yo muri Uganda na FC Garde Republicaine yo muri Djibouti niwo uzabimburira indi ku wa Gatanu tariki 24 Nyakanga 2026 saa cyenda z’umugoroba muri Sitade Amahoro, ukurikirwe n’uzahuza APR FC na Gor Mahia FC yo muri Kenya uzatangira saa moya z’umugoroba. Ibiciro byo kwinjira kuri iyi mikino yombi ni 2,000 Frw ahasanzwe; 15,000 Frw muri VIP; 30,000 Frw naho muri VVIP ni 100,000 Frw muri Executive…

Read More

Perezida w’urukiko rw’ikirenga, Domitilla Mukantaganzwa yasabye abanditsi b’inkiko; Abacamanza n’abashakashatsi mu by’amategeko gukomeza kwiyungura ubumenyi kugira ngo barusheho guca imanza zirebana n’ubutaka n’iz’umuryango mu buryo bunoze kandi buhuje. Yabitangaje kuri uyu wa mbere, ubwo yatangizaga amahugurwa ari kubera hirya no hino mu gihugu. Aya mahugurwa agamije gusangira ubumenyi ku itegeko rigenga umuryango ndetse n’irigenga ubutaka, hagamijwe guhuza imyumvire y’abakora mu rwego rw’ubutabera ku ishyirwa mu bikorwa ry’aya mategeko. Mukantaganzwa yavuze ko imibare igaragaza ko mu manza mbonezamubano, izirebana n’umuryango n’izirebana n’ubutaka ari zo ziganjemo iziregerwa inkiko, bityo hakaba hakenewe ko abaziburanisha bagira ubumenyi buhagije kandi buhuje. Yagize ati: “Mu manza…

Read More

Ibirori bya Rayon Day 2026 ’Umunsi w’Igikundiro’ bitegurwa n’ikipe ya Rayon Sports byabereye kuri Kigali Pele Stadium ku wa 18 Nyakanga 2026, byayinjirije agera kuri miliyoni 49 Frw. Amakuru yizewe umunyamakuru wa karibumedia yamenye ni uko ubwitabire bwari hejuru bwagaragaye muri ibi birori Rayon Sports yatsindiyemo GorMahia ibitego 2_ 0, bwayinjirije miliyoni 49 Frw mu matike yacurujwe. Aho kwinjira ahamacye byari ibihumbi 5000 Frw; Ibihumbi 10,000 Frw ahatwikiriye; ibihumbi 50,000 Frw muri VIP ndetse n’ibihumbi 100,000 Frw muri VVIP. Iyi ni imbumbe y’ibyinjiye byose hatari havamo ibyo Rayon Sports yatanze mu gutegura iki gikorwa mu buryo butandukanye: Umusoro; Ayo gukodesha…

Read More

Hirya no hino mu gihugu hari ikibazo cy’isaranganywa ry’amazi kubera ivugururwa ry’inganda n’imiyoboro y’amazi, ni mu rwego rwo kongerera ubushobozi inganda z’amazi kubera ubwiyongere bw’abaturage na Gahunda Igihugu cyihaye yo kugeza ku banyarwanda bose amazi meza bitarenze umwaka wa 2030. Uburyo bugeza amazi meza ku baturage b’Akarere ka Burera “Système d’Alimentation en Eau Potable”, by’umwihariko ahahoze ari Akarere ka BUKAMBA. Ubu hitwa agace k’amakoro, aha kera bavugaga ko ari mu Bukamba buguma amazi. Akarere ka Burera kagizwe n’imirenge cumi n’itandatu, harimo imirenge itanu ibarwa nk’imirenge yo mu gace k’amakoro. Tugiye kuvuga ku baturage bo muri iyi mirenge y’amakoro “Gahunga; Rugarama;…

Read More

Urupfu rwa Colonel Ruterera, wari ufungiye muri gereza ya Ndolo i Kinshasa rukomeje guteza agahinda no gukurura impaka mu Banyamulenge ndetse no mu bantu bakurikiranira hafi ibibazo bya politiki n’umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu butumwa yanditse agashyikiriza Minembwe Capital News, Captain Ndinzabera Mayunga, umwe mu basirikare ba MRDP_ Twirwaneho iyobowe na General Charles Sematama uzwi ku izina rya Intare Batinya, yagaragaje akababaro yatewe n’urupfu rwa Colonel Ruterera. Yihanganishije umuryango wa nyakwigendera ndetse n’Abanyamulenge bose muri rusange. Yagize ati: «“Ndagusuhuje Bwana munyamakuru wa Minembwe Capital News. Twumvise amakuru y’inshamugongo avuga ko Colonel Ruterera yitabye Imana. Aya…

Read More