Subscribe to Updates
Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.
- Hari Ubwigenge nyakuri no Kwibohora biva ku Mana
- Gakenke: Ingabo na Polisi y’u Rwanda, bashyikirije imiryango cumi n’ibiri”12″ impano z’inzu
- Diyoseze Gatolika ya Ruhengeri: Mu ma Paroisse atandukanye, hatangajwe aho Abapadiri bazakorera ubutumwa (Nominations) mu mwaka wa 2026/ 2027
- Brig. Gen. Patrick Karuretwa Umuvugizi wa RDF Yaganirije urubyiruko ruri mu Itorero Indangamirwa Icyiciro cya 16
- Mu Rwanda: Abana 5% bari munsi y’imyaka itanu bafite ibibazo by’umubyibuho ukabije
- BURERA: Abikorera biyemeje kudakura mu ruge mu gutera inkunga abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994
- IBIDASANZWE KU MURYANGO W’ABAKONO
- MUSANZE: SINGITA HOTEL yaremeye imiryango ine(4) y’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994
Author: MANIRAGUHA Ladisilas
Perezida wa Repubulika yunze Ubumwe ya Tanzania, Dr. Samia Suluhu Hassan, yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro (Honoris Causa) na Kaminuza yo mu Burusiya (RUDN University), mu muhango wabereye mu Murwa Mukuru i Moscow kuri uyu wa 04 Kamena 2026. Iyi mpamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro yashyikirijwe Perezida Samia n’Umuyobozi wa Kaminuza, Prof. Oleg Yastrebov, mu birori byitabiriwe n’abayobozi batandukanye. Dr. Samia Suluhu Hassan yahawe iri shimwe rikomeye kubera uruhare rwe rugaragara mu guteza imbere impinduka mu rwego rw’uburezi muri Tanzania, imbaraga yashyize mu kuzamura dipolomasi y’igihugu cye ndetse n’umusanzu we mu gusigasira ishusho nziza ya Tanzania ku rwego mpuzamahanga, harimo n’uruhare rw’urwego rw’ubukerarugendo.…
Kuri uyu wa kabiri tariki 02/05/2026, NTIRENGANYA Etienne yasagarariye umuturage witwa NZACYAHINYERETSE Cyprien amwandagaza mu ruhame, aho yamubwiye amagambo y’urukozasoni agamije kumuteranya n’urugo rwe. Uyu muturage witwa Ntirenganya Etienne yitwaza ko afite amafaranga maze agateza umutekano muke mu baturage kuko yigeze no kwandagaza Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyangwe, aho yakuyemo ipantaro ashaka gusa n’umufata ku ngufu. Yari agamije kumutesha agaciro. Abaturage baturiye centre ya KANYIRAREBE, bifuza ko ubuyobozi bwamukosora agashirwa mu kigo ngorora muco kizwi nka “Transit center”. Umwe mu baturage baganiriye na Karibumedia yagize ati: “Uyu mugabo witwa Ntirenganya Etienne, azaduteza ingorane kuko ibyo adukorera yitwaje ko afite amafaranga…
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 29/05/2026, itsinda ry’intumwa za rubanda mu nteko ishimga amategeko, umutwe w’Abadepite ryasuye abaturage bo mu murenge wa Gahunga baganira n’abo ku ngingo zitandukanye zirimo no guhinga kinyamwuga bakongera umusaruro. Uru ruzinduko mu karere ka Burera by’umwihariko mu murenge wa Gahunga rwari rugizwe n’Itsinda ry’Abadepite riyobowe na Honorable UWIZEYE Marie Thérèse na bagenzi be Zainabu Umulisa na Maurice Kabandana baherekejwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Burera, MUKAMANA Soline n’Umuyobozi w’ ishami ry’ubuhinzi mu karere, NIZEYIMBABAZI Jean de Dieu ndetse n’abandi bayobozi batandukanye. Mbere yo gusura ibikorwa by’ubuhinzi bikorwa n’abaturage n’amakoperative mu murenge wa Gahunga, habanje kuba inama…
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Marizamunda, yifatanyije n’abaturage bo mu Karere ka Musanze
Umurenge wa Muko; Akagari ka Kivugiza; Umudugudu wa Nyagahondo, mu gikorwa cy’Umuganda Rusange usoza ukwezi kwa Gicurasi. Uyu muganda wari ugamije gusibura imirwanyasuri ku buso bungana na hegitari 4, hagamijwe kurushaho kubungabunga ibikorwa remezo no guteza imbere isuku n’imibereho myiza y’abaturage. Iki gikorwa cyitabiriwe kandi n’Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Bwana Nsengimana Claudien; Abaturage b’Umurenge wa Muko ndetse n’inzego zitandukanye harimo n’iz’umutekano. Nyuma y’umuganda, abaturage bahawe ikiganiro cyibanze ku kwirinda indwara ya Ebola. Iki kiganiro cyatanzwe na Dr. Muhire Philbert wo mu Bitaro Bikuru bya Ruhengeri, aho yasobanuriye abaturage ibimenyetso by’iyi ndwara birimo kugira umuriro mwinshi; Kuribwa umutwe; Intege nke ku…
Abaturage bo mu murenge wa Gataraga basabwe gukomeza kwagura ibitekerezo mu rugendo rw’iterambere bahereye ku byo bamaze kugeraho, babikesha umuryango utagengwa na Leta uzwi nka “World Connect Rwanda.” Ibi byagarutsweho nyuma yo gusura no gushima imishinga itandukanye yateguwe kandi igashyirwa mu bikorwa n’abaturage ku bufatanye na World Connect Rwanda, aho abaturage mu gutegura iyi mishinga batanze 25% mu gihe umuryango utagengwa na Leta watanze 75% by’ingengo y’imari. Ndizeye Gervais, niwe uhagarariye abaturage bibumbiye mu mishinga itandukanye ikorera mu murenge wa Gataraga. Arasobanura icyo imishinga ikora, inkunga bahawe ndetse n’ibyo bamaze kugeraho cyane cyane abaturage batujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Gatovu…
Muri gahunda yacu “Gushyira ahagaragara ‘Ku karubanda.'”, abakomeje kwigwizaho imitungo ariko ntibabe bashobora kugaragaza cyangwa ngo basobanure aho bayikuye “Enrichissement sans cause ‘injustifié’.” Tubigarutseho. Ubuheruka twaganirije abaturage bo mu mirenge ya Gahunga; Rugarama na Cyanika, badutangariza ko hari abantu bafite imitungo bataguze; batarazwe/ batazunguye ku babyeyi babo kandi batahaweho impano mu buryo bumwe cyangwa ubundi, bityo bakibaza ukuntu umuntu atunga ibitari ibye. Ibi kandi tukaba twarabiherewe n’ibimenyetso, ku bw’ibyo dukomeje guhabwa andi makuru yinyongera. Karibumedia yateye imboni no mu bihayimana, isanga naho uyu mugambi mubisha wa ‘NDUMUJURA’ warahawe intebe. Nk’uko byemezwa n’abahaye amakuru Karibumedia, ngo “Bamwe mu bapadiri bo muri…
Umunyamakuru wa BTN Rwanda Ndahiro Valens Papy yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘ABANZI’, agaragaza ko afite ubwoba kubera imikaka ishinyitse ifite imbaraga ishaka kuzimya impano ye. Ibi bikorwa n’abanyabubasha, muri Karibumedia twabyise “Umugambi mubisha wa NDUMUJURA!” Ni indirimbo uyu munyamakuru, yashyize hanze ku wa 23 Gicurasi 2026, ikomeje kugarukwaho na benshi ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe batunguwe n’ubutumwa bugize iyi ndirimbo. Muri iyi ndirimbo hari aho aririmba agira ati: “Mana yanjye, mfite ubwoba; hirya yanjye hari imikaka ishinyitse ifite imbaraga. Dore ndiruka insatira, ikimbabaje mfashe inkota icuritse.” Avuga ko yise iyi ndirimbo ‘ABANZI’ mu rwego rwo kugaragaza ko hari igihe…
Abo ni Lt Gen (Rtd) Karake; Col (Rtd) Dodo na Maj Gen (Rtd) Sam Kaka ku rugamba rwo kwibohora. Iki cyizere cy’intsinzi y’urugamba cyagarutsweho na Lt Gen (Rtd) Karenzi Karake; Col (Rtd) Twahirwa Dodo na Maj Gen (Rtd) Sam Kaka mu kiganiro nyunguranabitekerezo ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe n’Umuryango Unity Club Intwararumuri, cyabaye ku wa 22 Gicurasi 2026. Muri iki kiganiro, abacyitabiriye bagize umwanya wo gutanga ibitekerezo, buri wese akavuga yisanzuye amateka azi y’ibyo yanyuzemo bitewe n’aho yari mu gihe cy’urugamba rwo kubohora igihugu no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi. Lt Gen (Rtd) Emmanuel Karenzi Karake yibanze cyane ku…
AMAVU N’AMAVUKO DCG Jeanne Chantal UJENEZA ni umubyeyi w’abana babiri, wavukiye mu Karere ka Rulindo ku itariki 30 Ukuboza 1967. Ni umwe mu basirikare bakuru b’abategarugori u Rwanda rufite ariko usigaye ubarizwa muri Rwanda National Police kandi yanyuze no muri Rwanda Correction Service, aho yari Komiseri Mukuru Wungirije. Uyu mubyeyi yinjiye mu gisirikare mu 1988, akiri umukobwa muto. Indoto ze ku ikubitiro ntizari ukuba umusirikare ukomeye, ahubwo yashakaga ko amasomo ya gisirikare yamufasha kwiga akaminuza. Ntibyari byoroshye kuri we muri kiriya gihe kuko ababyeyi be batumvikanaga ku bijyanye no kuba yajya mu gisirikare, dore ko mu bantu hari hakiri imyumvire…
Kuri uyu wa 23/05/2026, ubwo hizihizwaga umunsi Mukuru wa Mutagatifu Karoli Lwanga mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya Diyosezi ya Ruhengeri “ETEFOP TSS” yaragijwe. Abarimu basabwe kwitangira umurimo bagendeye ku rugero rwa Yozefu Mutagatifu, urugero mu bakozi. Ni ibirori byabimburiwe n’igitambo cy’Ukaristiya cyatuwe n’Umushumba wa Diyosezi ya Ruhengeri Nyiricyubahiro Visenti Harolimana ari nawe nyir’urugo akikijwe n’abapadiri batandukanye bari baje kwifatanya n’abakorera ubutumwa mu ishuri rya ETEFOP kwizihiza umunsi mukuru wa Mutagatifu Karoli Lwanga. Muri iki gitambo cy’Ukaristiya, Umwepiskopi yatanze isakaramentu ry’ugukomezwa. Mu ijambo ry’ikaze ryavuzwe n’Umuyobozi w’iri shuri Padiri Remedi Didier Dushyirehamwe yashimiye Nyiricyubahiro Musenyeri ku bikorwa by’indashyikirwa bitandukanye amaze kugeza…
