Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

MUSANZE: HORIZON SOPYRWA yibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994

June 11, 2026

MUSANZE: Diyosezi ya Shyira yakoze Igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi1994

June 8, 2026

Perezida wa Tanzania, Dr. Samia Suluhu Hassan, ari mu ruzinduko rw’akazi mu Burusiya kuva ku wa 2 Kamena 2026

June 4, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • MUSANZE: HORIZON SOPYRWA yibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994
  • MUSANZE: Diyosezi ya Shyira yakoze Igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi1994
  • Perezida wa Tanzania, Dr. Samia Suluhu Hassan, ari mu ruzinduko rw’akazi mu Burusiya kuva ku wa 2 Kamena 2026
  • BURERA: Uwitwa NTIRENGANYA Etienne akomeje kuba ikibazo mu baturage ba Gahunga
  • BURERA: Abaturage bo mu karere ka Burera basabwe guhinga kinyamwuga bakongera umusaruro
  • Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Marizamunda, yifatanyije n’abaturage bo mu Karere ka Musanze
  • MUSANZE: Abaturage bo mu murenge wa Gataraga basabwe gukomeza kwagura ibitekerezo mu rugendo rw’iterambere
  • Umugambi mubisha wa ‘NDUMUJURA’, uravugwa no mu bihayimana
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » Umwuga w’Itangazamakuru ni UMUHAMAGARO, Papy ntacyo azaba/ Tubyizere dutyo
Politike

Umwuga w’Itangazamakuru ni UMUHAMAGARO, Papy ntacyo azaba/ Tubyizere dutyo

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasMay 25, 2026Updated:May 26, 202656 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Umunyamakuru wa BTN Rwanda Ndahiro Valens Papy yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘ABANZI’, agaragaza ko afite ubwoba kubera imikaka ishinyitse ifite imbaraga ishaka kuzimya impano ye. Ibi bikorwa n’abanyabubasha, muri Karibumedia twabyise “Umugambi mubisha wa NDUMUJURA!”

Ni indirimbo uyu munyamakuru, yashyize hanze ku wa 23 Gicurasi 2026, ikomeje kugarukwaho na benshi ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe batunguwe n’ubutumwa bugize iyi ndirimbo.

Muri iyi ndirimbo hari aho aririmba agira ati: “Mana yanjye, mfite ubwoba; hirya yanjye hari imikaka ishinyitse ifite imbaraga. Dore ndiruka insatira, ikimbabaje mfashe inkota icuritse.”

Avuga ko yise iyi ndirimbo ‘ABANZI’ mu rwego rwo kugaragaza ko hari igihe umuntu aba afite impano muri we, ariko igategwa imitego n’abatamwifuriza iterambere cyangwa kugira aho agera.

Uyu mugabo mu minsi ishize yisanze mu manza aho Ubushinjacyaha bwamusabiye igifungo cy’imyaka 5 no gutanga ihazabu ya 1.200.000 Frw mu rubanza aregwamo n’umushoramari Ndayisenga Materne, umushinja gutangaza amakuru y’ibihuha no kumutukira mu ruhame.

Urubanza rwaburanishijwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge ku wa 14 Gicurasi 2026, rushingiye ku nkuru ya BTN TV yo mu 2024 yagarukaga ku isiza ry’ikibanza kiri mu Kagari ka Tetero mu Murenge wa Muhima.

Ni Umugambi mubisha wa NDUMUJURA

Umuntu akora ibintu nkana akirengagiza ko hari ababibona kandi bibangamiye, muri iyo nkuru abaturage berekanye ko Ndayisenga yabafungiye inzira ndetse inzu zabo azisiga ku manga no mu manegeka kandi ngo yanafashe ku butaka bwa Leta “NDUMUJURA.”

Nyuma y’iyo nkuru hakurikiyeho ibiganiro bibiri kuri televiziyo, Ndahiro abirimo nk’umutumirwa aribyo byabaye intandaro yo kuregwa n’uwo mushoramari.

Ubushinjacyaha bwavuze ko muri ibyo biganiro n’inkuru, harimo amagambo yo gutukana arimo aho Ndayisenga yagereranyijwe n’ifuku; Inkirabuheri n’inkebebe.

Ubushinjacyaha bwavuze kandi ko no ku bijyanye n’ikibanza cya Ndayisenga harimo ibitari ukuri byatangajwe.

Ndahiro yaburanye ahakana ibyaha byombi ashinjwa ndetse agaragaza ko atari we wari ukwiye kuregwa kuko ibyo yakoze yabikoreye ku bitangazamakuru bibiri ku buryo ari byo byakabaye biregwa.

Yavuze ko yakoze iyo nkuru kinyamwuga, ashyiramo ibitekerezo by’abaturage, ibya Ndayisenga hamwe n’ubuyobozi kandi inkuru inemezwa n’ushinzwe gutokora inkuru muri BTN TV, umwanzuro uzasomwa ku wa 12 Kamena 2026 saa munani z’umugoroba.

Karibumedia mu cyo twise “Umugambi mubisha wa NDUMUJURA”, itangazamakuru ntirizihanganira abakoresha ububasha bwabo bwite ngo bitwikire umutaka w’Ubutabera bagamije gutera ubwoba umunyamakuru kuko nyine ari “UMUHAMAGARO”. Turakomeza kubakurikiranira inkuru kuri uru rubanza kuko muri iyi minsi itangazamakuru rirageramiwe “ABANZI.” Twizere Ubutabera bw’u Rwanda!

Karibumedia

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

MUSANZE: HORIZON SOPYRWA yibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994

June 11, 2026

MUSANZE: Diyosezi ya Shyira yakoze Igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi1994

June 8, 2026

Perezida wa Tanzania, Dr. Samia Suluhu Hassan, ari mu ruzinduko rw’akazi mu Burusiya kuva ku wa 2 Kamena 2026

June 4, 2026
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,483 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,415 Views

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026919 Views

BREAKING NEWS: Mukarere ka Burera umwarimu yasanzwe yapfuye birakekwako yiyahuye

September 15, 2025837 Views

MUSANZE: HORIZON SOPYRWA yibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994

By MANIRAGUHA LadisilasJune 11, 20260

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994,…

MUSANZE: Diyosezi ya Shyira yakoze Igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi1994

June 8, 2026

Perezida wa Tanzania, Dr. Samia Suluhu Hassan, ari mu ruzinduko rw’akazi mu Burusiya kuva ku wa 2 Kamena 2026

June 4, 2026

BURERA: Uwitwa NTIRENGANYA Etienne akomeje kuba ikibazo mu baturage ba Gahunga

June 3, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

MUSANZE: HORIZON SOPYRWA yibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994

June 11, 2026

MUSANZE: Diyosezi ya Shyira yakoze Igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi1994

June 8, 2026

Perezida wa Tanzania, Dr. Samia Suluhu Hassan, ari mu ruzinduko rw’akazi mu Burusiya kuva ku wa 2 Kamena 2026

June 4, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.