Author: MANIRAGUHA Ladisilas

Ni urubanza rwari rwaburanishijwe ku wa 04/12/2025 rukaburanishirizwa aho icyaha cyakorewe muri Center ya Kanyirarebe iherereye mu kagari ka Nyangwe, umurenge wa Gahunga mu karere ka Burera, bityo rukaba rwasomwe batatu muri bo bagahamwa n’icyaha, undi umwe akagirwa umwere ariwe Habyarimana Claude. Batatu mu bahamwe n’icyaha harimo umusirikari Sdt Hangimana Theoneste na mugenzi we Pte Hirwa Augustin n’umusivili umwe Ntabareshya Janvier mu gihe undi musivili bareganwaga nabo witwa Habyarimana Claude yagizwe umwere. Nku’uko mwabyisosomeye mu nkuru yabanjiruije iyi ngiyi nuko aba bagabo bose baregwaga ubujura bwiitwaje intwaro (Icyasha). Aba bagabo bose bakaba barashinjwaga icyaha cy’ubujura bwitwaje intwaro, icyaha giteganywa kandi…

Read More

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 18 Ukuboza, inyeshyamba za AFC / M23 n’inyeshyamba za Wazalendo zishyigikiwe na FARDC zongeye gucakirana mu mirwano i Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru. Nk’uko amakuru aturuka ahabareye imirwano agera kuri  ACTUALITE.CD abitangaza, ngo inyeshyamba zimaze ukwezi zitakaje ibirindiro i Kinyumba, ku birometero 10 uvuye i Nyabiondo ku muhanda wa Pinga, zagabye igitero ku birindiro bya Wazalendo mu ma saa kumi za mu gitondo kugira ngo zisubize umudugudu, ariko birananirana. Wazalendo ivuga ko yahagaritse igitero cy’inyeshyamba za AFC/M23, maze zisubira i Nyabiondo nyuma y’imirwano ikaze. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, biravugwa ko i Kinyumba…

Read More

Kuri uyu wa kabiri mu karere ka Burera hakozwe umuganda w’igitondo cy’isuku, wahuje abaturage bo mu murenge wa Gahunga n’ubuyobozi bw’akarere ka Burera. Ni umuganda wakorewe muri centre ya Gahunga, umuganda witabiriwe n’abaturage biganjemo abo mu kagari ka Kidakama bunganiwe n’abayobozi b’inzego z’ibanze bo mu murenge wa GAHUNGA mu tugari twose tugize uwo murenge ‘’Kuva kuri mudugudu ukagera ku murenge’’.Umuganda watangiye saa moya za mugitondo, wakorewe mu kagari ka Kidakama; Watangijwe n’Umuyobozi w’Umurenge wa GAHUNGA, Bwana BUTOYI Louis. Ni umuganda witabiriwe n’abaturage mu ngeri zitandukanye, hari n’Umuyobozi w’akarere ka BURERA, Madame MUKAMANA Solina aherekejwe n’inzego z’Umutekano “Police na DASSO”; Umuyobozi…

Read More

Mu mudugudu wa Yorodani, Akagari ka Cyabararika, Umurenge wa Muhoza mu karere ka Musanze, haravugwa inkuru y’urubanza rwabaye agatereranzamba (Rumaze imyaka n’imyaniko rwarabuze gica). Ni urubanza rwatangiriye mu mudugudu rugafatirwa umwanzuro n’Inteko y’Abunzi b’Umurenge wa Muhoza kuwa 16/02/2012 ariko nyiri ugutsindwa Nsengiyumva Jean Claude akajuririra uwo mwanzuro w’Abunzi mu rukiko rw’ibanze rwa Muhoza naho agatsindwa, rugategeka uyu Nsengiyumva Jean Claude kuva mu butaka bwa Mbarushimana Emmanuel aho yari yatwaye hangana na 13,50 m kuri  2,50 m. Amakimbirane nibwo yarushijeho kwiyongera biba ngombwa ko Nsengiyumva Jean Claude ava iwe mu rugo kuko ubwo twakoraga iyi nkuru, Karibumedia.rw yabonye amasezerano ifitiye kopi…

Read More

Urukiko rwa Gisirikare rufite icyicaro i Nyamirambo, kuri uyu wa kane , tariki 04/12/ 2025 rwaburanishije urubanza ruregwamo abantu bane(4) icyaha cy’ubujura bwitwaje intwaro aribo; Pte Hangimana Théoneste; Pte Hirwa Augustin; Umusivili Habyarimana Claude n’undi musivili witwa Ntabareshya Janvier. Ni urubanza rwaburanishirijwe aho icyaha cyakorewe muri Centre ya Kanyirarebe iherereye mu kagari ka Nyangwe, umurenge wa Gahunga mu karere ka Burera aho abaturage barwitabiriye ari benshi barimo n’abatangabuhamya. Nyuma y’uko Perezida w’inteko iburanisha atangiyeamabwiriza n’uburyo abaturage baza kwitwara muri uru rubanza, Umwanditsi w’Urukiko yasomye imyiromdoro y’abaregwa n’ibyo baregwa, bityo bahabwa ijambo umwe ku w’undi, babazwa niba icyaha baregwa bacyemera maze…

Read More

Rutahizamu w’Umunyarwanda Sugira Ernest wakiniye amakipe atandukanye ariko kuri ubu akaba ntayo afite yatangiye urugendo rwo kuba umutoza aho yatangiye gufata amasomo yabyo. Muri ba rutahizamu Abanyarwanda batazibagirwa harimo Sugira Ernest. Uyu mukinnyi w’igihagararo yatangiye gukinira u Rwanda muri 2013 ku mukino Amavubi yari yakiriyemo Benin. Bimwe mu bitego yatsinze bitazibagirana harimo icyo yatsinze mu mikino ya CHAN yabereye mu Rwanda muri 2016, ubwo Amavubi yakinaga na DR Congo ndetse n’icyo yatsinze muri 2021 nanone mu mikino ya CHAN ubwo Amavubi yakinaga na Togo gituma abanyarwanda bajya mu mihanda kubera ibyishimo, kandi byari muri ‘Guma mu rugo’. Kuri ubu Sugira…

Read More

Perezida wa Komite y’Inzibacyuho iyoboye Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yavuze ko Rayon Sports izakoresha hafi miliyoni 200 Frw mu kugura abakinnyi, ubwo isoko rizaba rifunguye muri Mutarama. Ibi yabitangaje mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Kane, aho abagize Komite y’Inzibacyuho bagaragazaga ibikorwa bateganya gukora mu gihe cy’amezi atatu bazamara muri iyi nzibacyuho. Murenzi yagize ati: “Rayon Sports ubu ngubu, tumaze igihe nta ntsinzi tubona, n’izo twabonaga mbere wabonaga zitaryoheye abakunzi bacu. Kimwe rero mu byihutirwa, turifuza kuzana abatoza n’abakinnyi bashya biyongera ku basanzwe bahari[…]. Ibyo byose bizasaba amafaranga. Iyo dukoze imibare dusanga kwinjizamo abakinnyi dukeneye ubwabyo bikeneye hagati ya…

Read More

Mu Abaroma 8:8-9,14 hagira hati: “[8]Erega burya abari mu butware bwa kamere ntibashobora kunezeza Imana! [9]Ariko mwebwe ntimuri aba kamere, ahubwo muri ab’Umwuka niba Umwuka w’Imana aba muri mwe. Ariko umuntu wese utagira Umwuka wa Kristo ntaba ari uwe; [14]Abayoborwa n’Umwuka w’Imana bose ni bo bana b’Imana.NUGIRA IMBUTO Z’UMWUKA NTA MATEGEKO Y’ISI AZAGUHANA Mu Abagalatiya 5:22-23 hagira hati: “[22]Ariko rero imbuto z’Umwuka ni urukundo n’ibyishimo n’amahoro, no kwihangana no kugira neza n’ingeso nziza no gukiranuka; [23]no kugwa neza no kwirinda. Ibimeze bityo nta mategeko abihana. Imbuto z’umwuka niziganza muri twe, abo duturanye n’abo twirirwana bazagubwa neza kuko nta kibi kizaduturukaho…

Read More

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Base; Akarere ka Rulindo bavuga ko babangamiwe cyane n’ababiba ihene; Intama; Inkoko n’andi matungo magufi kandi bakanapfumurirwa amazu.Abaturage bavuga ko ubwo bujura bukomeje kwiyongera ariko ko mu bihe byashize byari byaragabanutse. Umwe muri abo baturage ati: “Hari igihe nanone twigeze kwibwa ariko hashyirwaho ingamba abajura bafatwa ku bwinshi barafungwa biroroha, ubu rero muri aya mezi asatira gusoza umwaka wa 2025 abajura bongeye kuzamura umutwe kugeza ubwo dupfumurirwaho amazu.” Kwibwa gutya bibadindiriza imishinga yakabazamuriye imibereho. Umuturage akomeza agira ati: “Uburemere bwo kubyuka ugasanga bagutwaye itungo baguhaga amafaranga agufasha kwiteza imbere, kongera kugera kuri icyo…

Read More

Mu Abaroma 8:8-9,14 hagira hati: “[8]Erega burya abari mu butware bwa kamere ntibashobora kunezeza Imana! [9]Ariko mwebwe ntimuri aba kamere, ahubwo muri ab’Umwuka niba Umwuka w’Imana aba muri mwe. Ariko umuntu wese utagira Umwuka wa Kristo ntaba ari uwe; [14]Abayoborwa n’Umwuka w’Imana bose ni bo bana b’Imana.ESE HARI IMIRIMO YA KAMERE IJYA IKURANGA? Mu abagalatiya 5:19-21, hagira hati: “[19]Dore imirimo ya kamere iragaragara ni iyi: gusambana no gukora ibiteye isoni n’iby’isoni nke; [20]no gusenga ibishushanyo, no kuroga no kwangana no gutongana, n’ishyari n’umujinya n’amahane, no kwitandukanya no kwirema ibice; [21]no kugomanwa no gusinda, ndababwira hakiri kare nk’uko nababwiye kera, yuko…

Read More