Author: MANIRAGUHA Ladisilas

Umunyamakuru akaba n’umujyanama w’abahanzi, Murindahabi Irene yatangaje ko agiye gukora ubukwe n’umukunzi we Nishimwe Liliane bari bamaze igihe kinini bakundana, nyuma yo kumwambika impeta y’urukundo mu gihugu cy’u Bubiligi. Benshi batunguwe no kubona inkuru ya Irene yemeze ko agiye gukora ubukwe, dore ko nta mukunzi we uzwi mu itangazamakuru byageze naho bamwe batangira kumushyingira ibyamamare yakira mu biganiro akora. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, M. Iréné yateguje ko ubukwe bwe buzaba ku wa 15 Kanama 2026. Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga Irene yagaragarije abamukurikira urwo akunda umukunzi we yandika agira ati: “Ndagukunda cyane!” Nta makuru menshi aratangazwa ku bukwe bwa…

Read More

Abaturage bo mu mudugudu wa Muturirw, akagari ka Gafumba mu murenge wa Rugarama mu karere ka Burera, barishimira uburyo bakomeje kwesa imihigo muri gahunda zose za Leta aho kugeza ubu bari kurwana no kurangiza kwishyura ubwisungane mu kwivuza bw’umwaka 2026/ 2027 bagatangira kwishyura umwaka wa 2027/ 2028. Nk’uko bisanzwe uyu mudugudu wa Muturirwa mu kwesa imihigo muri gahunda zose za Leta no gutwara ibikombe, abaturage b’uyu mudugudu babwiye Karibumedia.rw ko n’uyu mwaka wa 2026/2027 bagomba kuzegukana igikombe mu mihigo. Binyuze mu miryango y’ingombyi igera kuri itatu iba muri uyu mudugudu ariyo ubutabazi Muturirwa, Dufatanye n’abanyamurava, abaturage bavugako badashobora kurenza ukwezi…

Read More

Miliyari ijana na mirongo itandatu n’eshanu z’amafaranga y’u Rwanda (165.000.000.000 frw), nizo zizagenda ku nyubako nshya y’Ibitaro bikuru bya Ruhengeri harimo agera kuri Miliyari mirongo icyenda n’indwi (97.000.0000.000 frw) z’inguzanyo y’Ikigo cy’Abafaransa gishinzwe Iterambere (AFD- Agence Française de Développement). Ibi bitaro bivuguruwe nyuma y’imyaka 87 bitanga serivisi zitandukanye z’ubuvuzi kuko byubatswe mu myaka ya 1939 na 1940 none imirimo yo kubaka bushya ibi bitaro bikuru bya Ruhengeri ikaba irimbanije kuko na zimwe muri serivisi zahatangirwaga zikaba zarimuriwe ahandi hatandukanye mu nyubako ziri mu mujyi wa Musanze. Amakuru agera kuri Karibumedia.rw ni uko ibi bitaro bizaba ari bya bindi by’icyitegererezo, aho…

Read More

Ikigo cy’amashuri abanza cya Karangara giherereye mu murenge wa Rugarama; Akagari ka Karangara, ni mu ntanzi z’ikirunga cya Muhabura. Ku wa 05/05/2026, inkuru yamenyekanye ko ushinzwe umutungo w’ikigo “Comptable” byageze mu masaha yo kurya yinjira muri buri shuri asoma amazina y’abanyeshuri batarafata ifunguro rya Saa sita, ategeka ko bahagarara imbere bagafotorwa. Ubwo Umunyamakuru wa Karibumedia.rw yamenyaga iyi nkuru yaratembereye yerekeza ku kigo cy’ishuri, mu nzira yahuraga n’abana ndetse n’ababyeyi aganira nabo. Umwe mu babyeyi b’abana utarashatse ko amazina ye atangazwa, yavuze ko buri mubyeyi asabwa amafaranga igihumbi yo kunganira ifunguro umwana ahabwa ariko ko hari ubwo uhafite nk’abana batatu atayabonera…

Read More

Hannah Karema Tumukunde ufite ikamba rya Miss Uganda 2023, yakebuye abagabo bifuza kugira abagore beza mu buzima, abasaba kubagendera kure kugeza Igihe baboneye ubushobozi bw’amafaranga afatika. Mu kiganiro aherutse kugirana na ‘Galaxy FM’, yavuze ko gukundana n’umukobwa mwiza bituma hari izindi nshingano ugira zo kumwitaho mu buryo buhenze bigusaba kuba ufite ubushobozi bufatika. Ati: “Niba ukennye, banza wiyiteho mbere yo kujya mu bagore beza. Ibintu bimwe na bimwe bisaba kwitegura.” Yashimangiye ko nawe adashobora gukundana n’umusore ukennye, udashobora gutuma babaho mu buzima bwiza. Ati: “Umugabo agomba kumenya icyo gukora batabimuhatiye. Nemera ushobora gutanga kandi akita ku mugore.” Avuga ko kandi…

Read More

Ba baturage bo mu kagari ka Nyarutembe; Umurenge wa Rugera, mu karere ka Nyabihu batabaza inzego z’ubuyobozi ngo hazabeho gushishoza mu igenagaciro rizabakorerwa igihe hazaba habayeho guhabwa ingurane z’ubutaka bwabo bugiye kuzatuzwaho abaturage bazakurwa mu mudugudu wa Kazirankara ntibaranyurwa n’ibisobanuro bahabwa. Mu nkuru twabagejejeho yo kuwa 03/05/2026, twari twababwiye ko aba baturage bo mu kagari ka Nyarutembe batabaza bavuga ko bagiye kwamburwa ubutaka bwabo nta ngurane ikwiye bahawe. Ku ruhande rw’akarere ka Nyabihu, mwumvise ko Meya w’aka karere Mukandayisenga Antoinette yabamaze impungenge avuga ko nta muturage bazatwarira ubutaka batamuhaye ingurane kandi ikwiye, aho yagize ati: “Mu by’ukuri si ukubakura mu…

Read More

Ni amakuru mashya aturuka mu Karere ka Gicumbi avuga ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Cyandaro mu murenge wa Ruvune yahagaritswe kuri izo nshingano, ni nyuma yo gufungira umusaza n’umukecuru we mu biro by’ako kagari. Umusaza n’umukecuru ubwo bari bagiye kwishyura ibirimo igare bikekwa ko byibwe n’umwana wabo, yarafungiranye nyuma yo kutemera amafaranga make bari bazanye ngo bishyure igice cy’indishyi. Uyu musaza yari yatanze amafaranga ibihumbi 280 Frw, asaba ko ayandi yayatanga buhoro buhoro ariko uwo muyobozi arabyanga. Abaturage bari banenze iki cyemezo bavuga ko Akagari katemerewe kugira gereza cyangwa gufungiramo abaturage basaba ubutabera kuri uyu musaza ndetse n’umuryango we. Kuri…

Read More

Mu rwunge rw’amashuri rya EAV/ Gitwe ruherereye mu mudugudu wa Rubagabaga; Akagari ka Kibatsi; Umurenge wa Rukira mu karere ka Ngoma haravugwa urugomo rw’abanyeshuri babiri bakubise umwe mu barezi babo agakomereka bikomeye mu gihe mu karere ka Nyabihu; Umurenge wa Karago, ho havugwa urugomo rw’Umuyobozi w’ikigo wakubise mwarimu. Ni amakuru yabyutse acicikana ejo ku mbuga nkoranyambaga, bivugwa ko ku gicamunsi cyo ku ya 07/05/2026 saa munani n’igiceri(14h30′), ku bufatanye n’inzego z’Ibanze ndetse n’Inzego z’Umutekano hafashwe abana b’abanyeshuri babiri(2) bakubise bakanakomeretsa bikomeye umurezi wabo ushinzwe imyitwarire (Animatrice) witwa Nyirabagenzi Séraphine. Abo banyeshuri batinyutse bagakubita mu buryo bukomeye umwe mu barezi babo…

Read More

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi umugabo witwa Jonathan Ahimbisibwe wo mu gace ka Makindye, akurikiranyweho ibikorwa byo kwiyitirira umwuga w’umuhanga mu by’isanzure (astronaut) agashuka abaturage n’abashoramari abaka amafaranga abeshya ko azabazanira amabuye yo ku Kwezi. Uyu mugabo ashinjwa kwaka amafaranga y’abantu batandukanye ababwira ko ashobora kubagezaho amabuye akomoka ku kwezi. Polisi ivuga ko ayo masezerano yakoreshwaga nk’amayeri yo kubambura amafaranga. Bamwe mu baturage bavuga ko bamwizeye kubera uburyo yavugaga ibintu bijyanye n’ubumenyi bw’isanzure n’inyenyeri ndetse n’imishinga yo mu kirere, bigatuma abantu benshi bumva ko ari umuntu wizewe kandi ufite ubumenyi budasanzwe. Polisi yatangaje ko iperereza rigikomeje kugira…

Read More

Umugabo witwa ZIRARUSHYA Emmanuel bita RWANYONGA w’imyaka 40 utuye mu mudugudu wa Rusisiro; Akagari ka Kayenzi mu murenge wa Kagogo ari mu maboko atari aye kubera gukekwaho kwiba inka y’umuturage. Ifatwa rye ryabaye ku ya 02/05/2026 i saa munani n’iminota cumi n’itanu za nijoro (14h15′) aho inzego z’umutekano (Polisi na DASSO) zari muri Operasiyo yo guhiga no gufata umujura ruharwa w’amatungo noneho haza gufatwa uyu nguyu witwa ZIRARUSHYA Emmanuel wavutse mu 1986 bakunze kwita RWANYONGA mwene BUSOGI Bernard na NYIRAMANEGURA Laurance utuye mu mudugudu wa Rusisiro,Akagari ka Kayenzi wafatanwe inka imwe (1) avuga ko ayiguze mu murenge wa Rugarama. Akimara…

Read More