Author: MANIRAGUHA Ladisilas

Itangazo rya Polisi y’Igihugu ryo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 2 Ukuboza 2025, rivuga ko mu bashyizwe mu kiruhuko barimo ACP Sam Rumanzi wabaye mu buyobozi bwa Polisi y’Igihugu bukuru burimo kuba Umuhuzabikorwa w’urwego rwunganira akarere mu by’umutekano/ DASSO ku rwego rw’Igihugu.Yabaye kandi Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’u Burasirazuba n’iy’Amajyaruguru ndetse ayobora Polisi y’u Rwanda mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique. Undi mu komiseri washyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru ni ACP Francis Muheto, wayoboye Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Amajyaruguru. Abandi bashyizwe mu kiruhuko barimo ba Ofisiye bakuru 9, ba Ofisiye bato 12 ndetse n’Abapolisi bato 38.Itangazo rya Polisi…

Read More

Ku itariki ya 2 Ukuboza 2025, Polisi ikorera mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Masaka yafashe umugabo witwa NDAGIJIMANA FÉLICIEN w’imyaka 45, amaze kwiba moto Tvs 125 ifite Plaque RE 990 T y’uwitwa NSENGIYUMVA Severien. Yacunze uyu mumotari aparitse moto kuri Alimentation iherereye mu Mudugudu wa Rebero, Akagari ka Gako agiye kugura icyo kurya nibwo uyu mujura yahise ayisunika arayitwara, umumotari asohotse arayibura, ibi byabaye mu masaha ya saa tanu z’ijoro. Nsengiyumva yahise atabaza inzego z’umutekano, hatangira ibikorwa byo gushakisha iyo moto, uyu mujura yabonye inzego z’umutekano ari gusunika moto mu muhanda ayikubita hasi ariruka nibwo bamwirutseho baramufata, akimara…

Read More

Mu Abaroma 8:8-9;14, hagira hati: “[8]Erega burya abari mu butware bwa kamere ntibashobora kunezeza Imana! [9]Ariko mwebwe ntimuri aba kamere, ahubwo muri ab’Umwuka niba Umwuka w’Imana aba muri mwe. Ariko umuntu wese utagira Umwuka wa Kristo ntaba ari uwe; [14]Abayoborwa n’Umwuka w’Imana bose ni bo bana b’Imana.IYO UMUNTU ARI UWA KAMERE IKIMUJEMO CYOSE ARAGIKORA Abajura, abasambanyi; Abantu batukana; Kurwana n’ibindi byose bizana intambara ndetse n’umwuka mubi mu bantu, burya biterwa n’abantu ba kamere, kuko bakora ibibajemo batabanje gutekereza ku cyaha, kubiteye isoni ndetse akenshi birebaho gusa. Iyo uri umuntu wa kamere ntibishoboka ko ibyo ukora bishobora kunezeza Imana. ABAYOBORWA N’UMWUKA…

Read More

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko Yampano n’umukunzi we nabo bari gukorwaho iperereza ngo harebwe niba nta ruhare bagize mu gusakaza amashusho yabo bari gutera akabariro. Yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 1 Ukuboza 2025, mu kiganiro n’itangazamakuru. Dr. Murangira yavuze ko bakimara kubona amashusho ya Yampano n’umukunzi we batera akabariro, batekereje ko hari ibindi bintu yaba akoresha byatumye yifata ariya mashusho, kuko ubundi ‘si iby’i Rwanda” kandi biteye isoni.Yavuze ati: “Biteye isoni, ni amahano! Hari n’igihe ubura n’uburyo wavuga ku bintu nka biriya nk’ubugenzacyaha tukiyabona, twabanje gucyeka ko uriya musore ashobora kuba afite ikibazo.”Akomeza…

Read More

Umuvugizi w’Urwego rw’u Rwanda rw’Ubugenzacyaha “RIB”, Dr. Murangira B. Thierry yatangaje ko Cyprien Uzabakiriho wamenyekanye nka Djihad yari asanzwe akurikiranyweho ibyaha bitandatu harimo ibirego byohererejwe ubushinjacyaha n’ibigikorwaho iperereza. Mu minsi mike ishize ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho y’umuhanzi Yampano atera akabariro n’umukunzi we, ahamya ko ari umugore we. Mu bakurikiranyweho ibyaha byo gukwirakwiza amashusho ya Yampano harimo Cyprien Uzabakiriho wamenyekanye nka Djihad na Kwizera Nestor ukunda kwiyita Pappy Nesta batawe muri yombi bahita banaregerwa Urukiko. Dosiye ya Djihad yahise ijyanwa mu Bushinjacyaha umunsi umwe nyuma yo gutabwa muri yombi kuko ari ‘Inyongera’ kubera ko hari abandi bari bakurikiranywe muri dosiye…

Read More

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yemeye guhurira na Perezida Paul Kagame i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu cyumweru gitaha. Leta ya Amerika imaze igihe igerageza guhuriza aba bakuru b’ibihugu i Washington DC, kugira ngo basinye ‘amasezerano ya nyuma’ aherekeza amasezerano y’amahoro u Rwanda rwagiranye na RDC tariki ya 27 Kamena 2025. Byari byarateganyijwe ko Perezida Kagame na Tshisekedi bazahurira i Washington DC tariki ya 23 Ukwakira, ariko ntibyashobotse kuko intumwa za RDC zanze gushyira umukono ku mushinga w’amasezerano y’ubufatanye mu bukungu. Ubwo u Rwanda na RDC byemeranyaga kuri uyu mushinga, bikanawushyiraho umukono tariki…

Read More

Nyuma y’igihe kitari gito cyane bari mu rukundo, umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa Filime, Captain Regis yatangaje ko imyiteguro y’ubukwe bwe na Queen igeze ku musozo bakaba bazakora ubukwe mu mezi abanza y’umwaka utaha.Ibi Regis yabitangarije imwe muri television ikorera kuri YouTube avuga ko ari bwo bwa mbere amennye ibanga ry’igihe azakorera ubukwe kandi ko imyiteguro yarangiye, ibintu byose biri ku murongo ubu bari mu musozo w’imyiteguro. Yagize ati: “Ni nawe muntu wa mbere meneye ibanga ko ubukwe buri umwaka utaha mu mezi ari imbere cyane. Ubu ibintu byose byabaye porogaramu, gukwa byararangiye, harabura gutangaza igihe nta kindi. Ntacyo dushinja Imana.”…

Read More

Muri Matayo 4:18-22, hagira hati: “[18]Agenda iruhande rw’inyanja y’i Galilaya abona abavandimwe babiri, Simoni witwaga Petero na Andereya mwene se, barobesha urushundura mu nyanja kuko bari abarobyi; [19]Arababwira ati “Nimunkurikire nzabagire abarobyi b’abantu.”; [20]Uwo mwanya basiga inshundura baramukurikira; [21]Yicumye imbere abona abandi bavandimwe babiri, umwe ni Yakobo mwene Zebedayo na Yohana mwene se, bari mu bwato hamwe na se Zebedayo bapfundikanya inshundura zabo, arabahamagara; [22]Uwo mwanya basiga ubwato na se, baramukurikira.NAWE UMWAMI YESU ARAGUHAMAGARA NGO UMUKURIKIRE. Buri munsi ijambo ry’Imana rikugeraho rikubwira ngo uve mubyo urimo wihe Umwami Yesu wemere ayobore imigenzereze yawe ariko ukomeje kwinangira. Intumwa 12 zakurikiraga Yesu…

Read More

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi y’abatarengeje imyaka 17 yari mu mikino ya CECAFA U17, yatengushye Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire, wari uyifitiye icyizere mbere yo kwitabira. Ku itariki 15 Ugushyingo 2025, nibwo CECAFA y’abatarengeje imyaka 17 yatangiye yaberaga mu gihugu cya Ethiopia. Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje iyi myaka yari mu itsinda A, aho yari iri kumwe na Ethiopia; Kenya; Somalia ndetse na Sudani y’epfo.Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatangiye itsindwa na Ethiopia ibitego 2_ 0 ndetse unabona irimo kurushwa cyane ku buryo no gutsindwa ibitego birenze bibiri byarashobokaga. Uyu mukino wabaye ku itariki 15 Ugushyingo 2025. Ku itariki 21 Ugushyingo…

Read More

Kuva kera na kare kuvuga amazina y’inka n’amahanba ni bimwe mu byari bisobetse kandi binagisobetse umuco nyarwanda nubwo bamwe babiharira igitsina gabo kandi n’igitsina gore kibishoboye. Ibi ni muri bimwe Karibumedia.rw yabwiwe n’umubyeyi KAYITESI Théophila [Uvuga amazina y’inka n’amahanba] mu misango itandukanye. Ahamya ko kuvuga amazina y’inka, aho zaraye; Aho zashokeye nk’umugore bitamutera ipfunwe ngo kuko ari gakondo ye. Yagize ati: “Amazina y’inka n’amahanba ni gakondo yanjye kuko data yitwa Kamanzi, Sogokuru akitwa Gashumba. Gashumba rero urumvamo umushumba (Kuragira) kandi nanjye nararagiye no gukama ndabizi. Si na Gashumba gusa kuko na se wa mama yitwaga Nyagashumba. Abo basaza bombi rero…

Read More