Author: MANIRAGUHA Ladisilas

Mpanga Sector; Bwiyorere cell. None kuwa 03/05/2026 muri aya ma saa 13h30, haguye imvura idasanzwe yiganjemo inkuba aho ikubise Inka 15 ni intama 18 zose zihise zipfa. Aya matungo ni aya MUTARAMBIRWA Patrick 52yrs, akaba yari mu farm ye. Amakuru agera kuri Karibumedia.rw kandi avuga ko hari abandi bantu baburiye ubuzima ku nkuba yakubise uyu munsi: Barimo umukobwa w’imyaka 14 wo mu Karere ka Rubavu; Umurenge wa Cyanzarwe ho mu Kagari ka Ryabizige wakubiswe n’inkuba Sa Saa Munani z’amanywa ari murugo iwabo; Undi ni umugabo w’imyaka 38 wo mu Murenge wa Busasamana; Akagari ka Gihonga n’umukecuru w’imyaka 78 wo mu…

Read More

Mu karere ka Burera; Umurenge wa Kinoni mu kagari ka Cyanya haravugwa urupfu rutunguranye rw’umugabo witwa Ruboneka Cyprien uri mu kigero cy’imyaka 60, kuri uyu mugoroba wo kuya 03/05/2026 asanzwe mu mugozi mu gikoni cy’iwe anagana yapfuye. Ni amakuru ageze kuri Karibumedia.rw ku isaha ya Saa kumi n’imwe z’umugoroba 17h00, avuga ko uyu RUBONEKA Cyprien bamusanze mu gikoni anagana ari mu mugozi hakaba hagitegerejwe ubuyobozi ngo bugire icyo bubikoraho birimo no gutangira iperereza ngo hamenyekane icyabimuteye. Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinoni, Kwizera Emmanuel kuri telefoni abwiye Karibumedia.rw ko amakuru ariyo koko ariko ko aribwo agiye kugerayo araza guhamagara umunyamakuru akamubwira…

Read More

Mu karere ka Burera, umurenge wa Kinyababa; Akagari ka Musasa mu mudugudu wa Kabarore haravugwa inkuru ibabaje y’umusaza Gitota François w’imyaka 81 wapfuye azize uburwayi, bikavugwa ko yaje gushinyagurirwa acibwa imyanyandangagitsina; Agatoki gahera n’akano gahera nk’uko bivugwa na bamwe mubamubonye. Ni urupfu rwabaye ejo kuwa 02/05/2026 ahagana saa cyenda z’ijoro nk’uko bivugwa n’umuhungu wa Nyakwigendera witwa Ntamukunzi Jean Damascène, nyuma yo guhamagarwa na Ndayisaba utuye mu Mutara. Ubwo Karibumedia.rw yakoraga iyi nkuru yavuganye na bamwe mu baturage bavuga ko bikekwa ko uyu musaza Gitota François yaba yaciwe imyanya y’umubiri akimara gupfa, birimo n’ubugabo ariko ko batabihagazeho. Nk’uyu wirinze kudutangariza amazina…

Read More

Bamwe mu baturage bo mu kagari ka Nyarutembe; Umurenge wa Rugera mu karere ka Nyabihu, baratabaza inzego zibishinzwe ngo barenganurwe kuko ngo bagiye kwamburwa ubutaka bwabo nta ngurane ikwiye bahawe. Ngo ni ikibazo gihangayikishije cyane cyane abaturage bafite umutungo utimukanwa muri kariya kagari ngo basabwa kwimurwa niba badashobora guturana n’abandi mu nzu zizahubakwa mu buryo bw’umudugudu w’icyitegererezo (Model Village) aho hubakwa inzu igaturamo imiryango ibiri cyangwa ine zizwi nka “Two in one or Four in One). Baganira na Karibumedia.rw, aba baturage bavuga ko batigeze babarirwa imitungo yabo itimukanwa ngo bahabwe ingurane ikwiye nk’uko biteganywa n’amategeko ahubwo ko hari abaza kubasinyisha…

Read More

Karibumedia mucyo twise Karibu Walk “Ka.Wa”, ku munsi w’umurimo 01/05/2026 twabagereye mu karere ka BURERA mu mirenge bita iy’amakoro “Gahunga; Rugarama na Cyanika”. Twaganirije abaturage baho, badutangariza ko hari abantu bafite imitungo: Bataguze; Batarazwe/ Batazunguye ku babyeyi babo kandi batahaweho impano mu buryo bumwe cyangwa ubundi, bityo bakibaza ukuntu umuntu atunga ibitari ibye. Twabyise “Umugambi mubisha wa NDUMUJURA” ariko havugwa n’umuco mubi wo guhishirana ufatwa nka karande. Ku itariki ya 16/04/2026 mu buhamya bwatanzwe, hari ibyakomojweho n’uhagarariye abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi 1994 mu karere ka BURERA. Ubwo hashingurwaga mu cyubahiro imibiri ibiri, ni mu rwibutso rwa Rugarama…

Read More

Kuri uyu wa kane, tariki ya 30 Mata 2026, abayobozi batandukanye, baba abakiri mu nshingano n’abatakizirimo baganiriye ku ngamba zo kwihutisha iterambere ry’Intara y’Amajyaruguru aho bari mu cyumba cy’inama mberabyombi cy’Akarere ka Gicumbi. Iyi nama nyunguranabitekerezo ku iterambere ry’intara yari igamije gusuzuma aho iterambere ry’Intara y’Amajyaruguru rigeze no gushyiraho ingamba zo kurushaho kurizamura ikaba yari ifite ingingo icyenda zari ku murongo w’ibyigwa arizo: Kurandura igwingira; Guca umwanda; Guca ubusinzi n’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge; Gushaka abafatanyabikorwa mu iterambere; Kurangiza imishinga yatangiye; Kunoza imyubakire; Gushyira abana bose mu ishuri; Kubungabunga no kurengera ibidukikije; Raporo ku bikorwa byakozwe no kubazwa inshingano (Accountability). Ni inama…

Read More

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba yongeye kurikoroza ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gutangaza indeshyo y’abasore yifuza ko batereta abakobwa be. Abinyujije ku rukuta rwe rwa X, yavuze ko umusore uri munsi ya metero 1.93 cm. Ntazatinyuke kuza gutereta umukobwa we kuko azaba ari guta igihe. Ati: “Ku bakobwa bange, ntuzatakaze umwanya wawe niba udafite metero 1,93. Niba uri munsi yaho, uzashyirwa munsi y’inzu.” Karibumedia

Read More

Mu kagari ka Kidakama; Umurenge wa Gahunga haravugwa itsinda ry’abishyize hamwe rizwi nka “Umuryango w’Ingobyi Tuzamurane Kidakama”, umaze kwiteza imbere no guteza imbere abanyamuryango bawo nk’uko bigaragazwa n’ibyo bamaze kugeraho muri iryo terambere ryabo. Mu byagaragarijwe abanyamuryango bagera kuri 800 n’abayobozi batandukanye bitabiriye ibirori byo kwishimira ibyo uyu muryango wagezeho harimo ibikoresho baguriwe bizabafasha gukomeza kwiteza imbere byose bifite agaciro gakabakaba miliyoni cumi n’eshanu (15.000.000 frw) z’amafaranga y’u Rwanda. Umwanditsi w’uyu muryango “Ingobyi Tuzamurane Kidakama”, Madame Nyirampirwa Sylivie yavuze ko uyu muryango watangiye 2017, utangirana abanyamuryango b’imiryango 12 ariko ubu bakaba bageze ku miryango 145 igizwe n’abantu, ubariyemo n’abana bangana…

Read More

Mu murenge wa Nyakiriba mu karere ka Rubavu, ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (18h11′) habereye impanuka ikomeye aho ikamyo ya Company ya Skol yajyaga Rubavu yagonganye na Fuso ipakiye amatafari n’indi modoka nto. Kugeze ubu, iyi mpanuka yishe umushoferi wa Fuso ariko hari abandi 4 bakomeretse bikomeye bajyanywe mu bitaro kugira ngo bahabwe ubufasha. Andi makuru arambuye ni ejo hazaza. By SETORA Janvier

Read More

Rubavu: Breaking news: Mu murenge wa Nyakiriba mu karere ka Rubavu, ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (18h11′) habereye impanuka ikomeye aho ikamyo ya Company ya Skol yajyaga Rubavu yagonganye na Fuso ipakiye amatafari n’indi modoka nto. Kugeze ubu, iyi mpanuka yishe umushoferi wa Fuso ariko hari abandi 4 bakomeretse bikomeye bajyanywe mu bitaro kugira ngo bahabwe ubufasha. Andi makuru arambuye ni ejo hazaza. By SETORA Janvier

Read More