Author: MANIRAGUHA Ladisilas

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, yatangaje ko hari bamwe mu baturage bo muri aka karere bagiye bashukwa n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR bakagurisha amasambu yabo ngo bayitere inkunga, bibwira ko izafata igihugu mu gihe gito. Ibi Meya Mulindwa yabigarutseho ku wa 16 Mata 2026 ubwo yakiraga Abanyarwanda batahutse bava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bari barafashwe bugwate na FDLR. Abatashye bagizwe n’abana 280; aAbagabo 18 n’abagore 105, binjiye mu Rwanda banyuze ku mupaka munini wa La Corniche uhuza Rubavu na Goma. Bahise bajyanwa mu nkambi y’agateganyo ya Nyarushishi mu Karere ka Rusizi. Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper yabasabye…

Read More

Mu gutangaza ko habaye agahenge k’imirwano hagati ya Israel na Liban ejo, Perezida Donald Trump wa Amerika yagize ati: “Ni icyubahiro kuri njye kuba narahagaritse intambara 9 ku isi hose kandi iyi izaba iya 10.” Mbere yari yaravuze ko yarangije intambara umunani, naho intambara iheruka na Iran, Amerika yatangije ifatanyije na Israel ishobora kuba iya cyenda. Intambara ya Israel muri Liban yo kurwana na Hezbollah ni yo yavuze ko ari iya cumi. N’ubwo bigaragara ko hari amasezerano yo guhagarika imirwano ku birebana na Liban kandi n’ayo hagati ya Iran yamaze gutangira gukurikizwa kuva ku wa 8 Mata(4), nta masezerano arambye…

Read More

None ku wa 16/04/2026 mu murenge wa Rugarama mu karere ka Burera by’umwihariko ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 rwa Ruagarama habereye igikorwa cyo gushyingura mu cyubahiro imibiri ibiri(2) y’abatutsi biciwe mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera bazira uko bavutse. Ni igikorwa cyahuriranye no kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi aho abantu b’ingeri zose baturutse hirya no hino mu gihugu baje kwifatanya no gufata mu mugongo ababuze ababo muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994. Mwanangu Théophile niwe watanze ikiganiro ku mateka mabi yaranze ubutegetsi bwa Repubukika ya mbere n’iya kabiri, ubutegetsi…

Read More

Umugoroba wo ku itariki ya 15/04/2026, mu karere ka Burera by’umwihariko mu murenge wa Rugarama, wabaye umugoroba wo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994, aho uyu mugoroba wo kwibuka witabiriwe n’abantu benshi biganjemo urubyiruko; Abayobozi batandukanye hanenyegezwa urumuri rw’icyizere. Mu kiganiro cy’amateka ashaririye yaranze Leta mbi yariho cyatanzwe na Ferdinand, yavuze ubyo iyo Leta yacengeje amatwara y’urwango; Ivangura n’amacakubiri; Itotezwa n’iyicwa ry’ubwoko bw’abatutsi. Yagize ati: “Leta mbi yakoze icengezamatwara ry’urwango ku batutsi kandi bikajyana n’iyicwa ryabo mu bice bitandukanye by’igihugu nk’aho muri 90 hishwe abatutsi bo muri Kibirira; Mu Mutara; Murambi ya Gatsibo; Ruhengeri na Gisenyi, baricwa za…

Read More

Nyuma y’umugoroba wo kwibuka abatutsi basaga 800 biciwe mu cyahoze ari urukiko rw’ubujurire rwa Ruhengeri (Cour d’Appel de RUHENGERI) wabaye kuya 14/04/2026, bwarakeye ku wa 15/04/2026 haba umunsi nyirizina wo kwibuka abo batutsi bahiciwe maze buri wese agaya ibyahabereye. Ni igikorwa cyabimburiwe no gushyira indabo mu mugezi wa Mukungwa mu rwego rwo kwibuka abandi batutsi bajugunywe muri uwo mugezi babakuye kuri urwo rukiko rwubujurire rwa RUHENGERI. Mu ijambo rye ry’ikaze, Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nsengimana Claudien yabanje kwihanganisha abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi maze avuga ko Jenoside yakorewe abatutsi bari bari mu rukiko rw’ubujurire rwa Ruhengeri ari umwihariko. Yagize ati: “Jenoside…

Read More

Nk’uko bisanzwge buri mwaka ku itariki ya 14 Mata mu karere ka Musanze haba umugoroba w’ikiriyo, hategurwa kwibuka abatutsi biciwe mu cyahoze ari Cour d’Appel ya RUHENGERI ku wa 15 Mata 1994 basaga 800. Ni umugoroba wabimburiwe n’urugendo rw’amaguru rwatangiriye mu mujyi wa Musanze rwagati ahazwi nko ku soko rinini rya GOICO PLAZA rwerekeza ku rwibutso rw’Akarere ka Musanze hazwi nk’ahahoze Cour d’Appel ya Ruhengeri ari naho habereye igikorwa cyo kwibuka abatutsi bazize Jenoside bari bahahungiye bumva ko ariho babona amakiriro dore ko ari naho hari ibiro bya Perefegitura ya Ruhengeri ariko bikarangira abatutsi basaga 800 bahiciwe urw’agashinyaguro. Abatutsi benshi…

Read More

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi, Intara y’iburengerazuba Ndamyimana Daniel ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’ ubugenzacyaha (RIB) kubera gutangiza icyumweru cy’icyunamo igihe kitaragera. Uyu Gitifu Ndamyimana Daniel ngo yatawe muri yombi ku wa 11 Mata 2026 akaba afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kamembe kubera gushaka gutangiza igikorwa cyo kwibuka kuva tariki ya 6 Mata 2026, itariki izwiho ko aribwo indege y’uwari umukuru w’igihugu Jenerali Majoro Habyarimana Juvénal yahanuriweho agapfa n’abo bari kumwe. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yavuze ko Ndamyimana Daniel akurikiranyweho icyaha cyo guhakana Jenoside yakorewe abatutsi no kugoreka ukuri kuri Jenoside…

Read More

Mu rukerera rw’iya 12/04/2026 nibwo umugabo witwa DUSENGIMANA Emmanuel bita “SEBU” w’imyaka 42 wo mu mudugudu wa Rutamba; Akagari ka Gafumba mu murenge wa Rugarama, yatawe muri yombi ubwo hakorwaga Operasiyo (Opération) yo gushakisha abiba abaturage ndetse n’abacuruza ibiyobyabwenge byo mu bwoko bwa Kanyanga. Ni igikorwa cyakozwe ku bufatanye bw’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’inzego z’umutekano (Polisi na DASSO), maze hagati y’isaha ya saa munani na saa kumi n’ebyiri za mu gitondo (02h30’_ 06h00′) nk’uko Karibumedia.rw ibikesha inzego zibishinzwe, hakaba hafashwe abanyabyaha batandukanye bo mu midugudu itandukanye barimo abajura b’inka 3; Abacuruzi ba kanyanga 3 n’abajura batobora inzu z’abaturage (Vol avec effraction)…

Read More

Kuri uyu wa kane, tariki ya 09/04/2026 mu rukiko rw’ibanze rwa Mukamira mu karere ka Nyabihu habereye agashya, aho umucamanza yanze inzitizi mbere y’iburanisha ahubwo agategeka ababuranyi kuburana ariko nyuma y’amasaha atatu baburana batanze n’ibimenyetso agahagarika iburanisha. Avuga ko noneho bagiye kwiga ku nzitizi. Ni mu rubanza n° RC 00536/2025/TB/MKA haburana Gitifu w’umurenge wa Kavumu mu karere ka Ngororero KAVANGE Jean d’Amour n’umugore Mukamana Jacqueline babanye mu buryo budakurikije amategeko kandi bakaba barabyaranye abana babiri [Muvange Manzi Ivan w’imyaka 6 na Akeza Cressida Kavange w’imyaka 4], akabagenera impano y’imirima ibiri: Umwe ufite UPI 3/04/05/02/7592 naho undi ufite UPI 03/04/05/02/124, yose…

Read More

None ku wa 04/08/2026 ku isaha ya saa kumi n’igice (16h30′) mu rukiko rukuru, urugereko rwa Musanze, hasomwe urubanza rwa Bishop Dr.Mugisha Mugiraneza Samuel wahoze ayobora Diyoseze ya Shyira mu itorero ry’abangilikani mu Rwanda. Ni urubanza rwaburanishijwe ku wa 18/03/2026 mu rukiko rukuru, urugereko rwa Musanze, aho yari yarahanishijwe igihano cy’igijfungo cy’imyaka itatu n’amezi atandatu (Imyaka itatu n’igice) noneho akajuririra mu rukiko rukuru, urugereko rwa Musanze. Nyuma yo gusesengura ibyavuzwe n’ubushinjacyaha n’imvugo z’uregwa Bishop Dr. Mugisha Mugiraneza Samuel n’umwunganizi we Me Uwizeyimana Evode, urukiko rugizwe n’inteko y’abacamanza batatu n’umwanditsi wayo wafashe umwanzuro ukurikira : 1° Hashingiwe ku busesenguzi bw’abacamanza b’urukiko…

Read More