- Ahabanza
- Amakuru
- Imyidagaduro
- Imikino
- Uburezi
- Ubuzima
Kinyarwanda
Français
Kiswahili
English
- BURERA: Ihurizo! Ngo ni Igitutu cy’Umunyamategeko n’Umunyamakuru, bitumye Umuturage arengana
- BURERA: Umujura ruharwa yatawe muri yombi
Subscribe to Updates
Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.
- Gen. Muhoozi yahaye gasopo abasore bagufi bashaka gutereta abakobwa be
- BURERA: Kureba kure; Gukorera hamwe no kubazwa inshingano, insinzi y’umuryango ngobyi “Tuzamurane Kidakama.”
- RUBAVU: Breaking news
- BURERA: Abadivandiste b’umunsi wa Karindwi barahiriye kutazaba ibigwari muri gahunda za Leta y’u Rwanda
- Iran yakoze amato menshi mato, aterera rimwe nk’imibu mu kurinda Hormuz
- Intambara ikomeje gututumba hagati ya Washington na Téhéran
- Musanze: Urubyiruko rwasabwe kumenya amateka Nyakuri ya Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka 1994
Author: MANIRAGUHA Ladisilas
Mu 1abakolinto 10:13 hagira hati: “[13]Nta kigeragezo kibasha kubageraho kitari urusange mu bantu kandi Imana ni iyo kwizerwa kuko itazabakundira kugeragezwa ibiruta ibyo mushobora, ahubwo hamwe n’ikibagerageza izabacira akanzu, kugira ngo mubone uko mubasha kucyihanganira.Isi tuyibamo dufashe igihe mu ntambara. Hari ibigeragezo byinshi bitandukanye, nk’intambara; Gupfusha; Kurwaza; Inzara; Ubushomeri; Ubukene; Ibibazo byo mu ngo n’ibindi… HABAHO IBIGERAGEZO BIDASANZWE KU BATUBAHA IMANA. Abiramu, Datani na Kora basuzuguye Mose ubutaka burasama bubamirana n’imiryango yabo. Ikindi tuzi ni aho inyanja itukura yarimbuye ingabo z’abanyegiputa abisirayeli bamaze kwambuka inyanja neza. IBIRI KUKUGERAGEZA BIRI HASI Y’IBYO USHOBORA KWIHANGANIRA. Ntakigeragezo Imana itanga kiri hejuru y’icyo umuntu…
Muri Yesaya 41:10-11, hagira hati: “[10]Ntutinye kuko ndi kumwe nawe, ntukihebe kuko ndi Imana yawe. Nzajya ngukomeza, ni koko nzajya ngutabara kandi nzajya nkuramiza ukuboko kw’iburyo, ari ko gukiranuka kwanjye; [11]“Dore abakurakariye bose bazakorwa n’isoni bamware, abagutonganya bazahinduka ubusa ndetse bazarimbuka.IBIHE URIMO BIRAKOMEYE ARIKO IMANA IRAJE IBIGENZE NEZA Umuntu ajya aba mu bihe byo gupfusha; Kurwara bikomeye; Kurwaza igihe kirekire; Guhomba; Gukena bikabije; Ibibazo by’urushako; Ubutane; Abana bananiranye; Abana bihakanywe na ba se bababyaye; Kurogwa… BURI KINTU KIGIRA IGIHE CYACYO Ibihe urimo nubwo bigoye ariko bizashira, Uwiteka aravuze ngo humura, araje akuramize ukuboko kwe gukomeye. NUBWO IBIBAZO WABISHYIRWAMO N’ABANTU BAZAMWARA…
Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yavuze ko igihugu ayoboye kisazubukura igerageza ry’intwaro za nucléaire mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangira ibyo bikorwa mu rwego rwo gukomeza kurinda umutekano wo muri iki gihugu. Ibi yabitangaje nyuma y’uko ibiganiro biherutse guhuza aba bayobozi bombi byari bigamije kurebera hamwe uburyo intambara yo muri Ukraine yahagarikwa ariko ntibakumvikana muri iki gihugu. Putin yahaye amabwiriza Minisiteri y’Ingabo n’Ububanyi n’Amahanga kureba uburyo bashyira mu bikorwa iyi gahunda yo kongera kugerageza intwaro za nucléaire. Ati “Mukwiriye gutangira gukusanya amakuru ajyanye n’uburyo twatangira gushyira mu bikorwa byo gusubukura igerageza ry’intwaro za nucléaire.” U Burusiya bwaherukaga…
Indorerezi z’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), zatangaje ko amatora yabaye muri Tanzania tariki 29 Ukwakira 2025, atakurikije amahame ya demokarasi ajyanye n’ubwisanzure mu matora, ndetse yahise avukamo imyigaragambyo yahungabanyije umutekano w’iki gihugu. Iyi raporo yatanzwe ku wa 5 Ugushyingo 2025, bikozwe n’itsinda ry’indorerezi 72, zari zoherejwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yagaragaje ibibazo birimo uburiganya, guhagarika internet, gukoresha ingufu nyinshi za gisirikare, n’ibyaha birimo gushimuta abantu mu nyungu za politiki. Indorerezi zavuze ko amatora atubahirije amahame ya AU n’amategeko mpuzamahanga, ndetse ko yakozwe mu buryo butari bwo, bigatuma ubwisanzure bw’abatora buba buke. Iyo raporo iti “Mu igenzura ryakozwe,…
Dusangire ijambo ry’Imana! Theme: Ibyaha bya kera wabihanaguweho niba uri muri Yesu Kristo (part 2).
Mu 2 Abakolinto 5:17 hagira hati: “[17]Umuntu wese iyo ari muri Kristo aba ari icyaremwe gishya, ibya kera biba bishize. Dore byose biba bihindutse bishya.Abantu benshi baba mu buzima bwo gukora ibyaha nk’ubusambanyi; Ubujura; Ubwicanyi; Kuroga; Kwangana …. UMUTIMA UGUCIRA URUBANZA NUSHIRE Hari igihe umuntu aba yarakoze ibyaha, yagirirwa ubuntu bwo kubireka agasigarana ipfunwe, umutima ugakomeza ukamucira urubanza, ntagire amahwemo kandi yarakijijwe. IYO WIHANIYE KUREKA, IMANA IRAKWEZA UGASA NA SHELEGI Muri Yesaya 1:18, hagira hati: “[18]“Nimuze tujye inama”, ni ko Uwiteka avuga, “Naho ibyaha byanyu byatukura nk’umuhemba birahinduka umweru bise na shelegi, naho byatukura tukutuku birahinduka nk’ubwoya bw’intama bwera.” HUMURA…
RIB yatangaje ko aba bagabo bafatiwe mu mujyi wa Kigali tariki ya 17 Ukwakira 2025, ubwo bari biteguye kuyashyikiriza umuntu wagombaga kuyagurisha ku mugabane wa Asia. Umwe mu bafashwe yari asanzwe ari umushoferi w’Akarere ka Burera. Uwa kabiri avuga ko yari asanzwe ari umukomisiyoneri mu bucuruzi bw’amahembe y’inzovu. Uvuga ko ari umukomisiyoneri yasobanuye ko hari umuturage wo muri RDC wamusabye kumushakira umuntu wamwambukiriza amahembe y’inzovu, amuhuza n’uwa gatatu, ayambutsa mu buryo bwa magendu. Uvuga ko yambukije aya mahembe yasobanuye ko yabigiyemo ashaka imibereho, ariko ngo ntasanzwe ayacuruza. Ni inkuru muri Karibumedia dukesha igihe.com
Muri Yesaya 45:3, hagira hati: “[3]Nzaguha ubutunzi buri mu mwijima n’ibintu bihishwe ahantu hiherereye, kugira ngo umenye ko ari jye Uwiteka uguhamagara mu izina ryawe, ari jyewe Mana ya Isirayeli.”Hari abantu muri iyi minsi bafite ikibazo cy’amafaranga; Amazu; Imodoka; ubutaka … Menya ko hari ubutunzi buhishe ahantu ugomba kubohoza kugira ngo bukugereho HARI UBUTUNZI BWACU SATANI YAFATIRIYE. Umuntu wese abaho Imana yarateguye ibiganza byiza bizamwakira; Ibyo azarya; Inzu azabamo…. bikenerwa mu buzima. IBYO URI KUBURA BYOSE NI SATANI UBA WABIFATIRIYE Muri gahunda y’Imana, ugomba guhora wishimye kandi umeze neza kugira ngo uramye Imana n’umutima wose. Impamvu utari kubikora ni ukubera…
Muri Mariko 14:34-36, hagira hati: “[34]Arababwira ati: “Umutima wanjye ufite agahinda kenshi kenda kunyica, mugume hano mube maso.”; [35]Yigira imbere ho hato, yubama hasi, arasenga ngo niba bishoboka icyo gihe kimurenge; [36]Ati: “Aba, Data, byose biragushobokera, undenze iki gikombe, ariko bye kuba uko jyeweho nshaka, ahubwo bibe uko wowe ushaka.Hari igihe kigera umuntu akaba mu bihe bitoroshye, kuburyo umutima wuzura agahinda kenshi agasengana umubabaro ari guta amarira. WOWE URI MURI IBI BIHE KOMEZA UBYEREKE IMANA NTIZASUZUGURA AMARIRA YAWE. Imana yumvise gutaka kwawe kandi amarira yawe yarayabonye. Humura Imana iraje yitamurure ubone igisubizo cy’ibibazo warufite. Ngusabiye Imana ngo umutima wawe wuzure…
Kuri uyu wa gatanu, tariki 31/10/2025, ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri ryatanze impamyabumenyi ku banyeshuri igihumbi na magana ane na mirongo irindwi n’icyenda (1479) harimo abanyamahanga ijana na cumi na babiri(112). Muri izi mpamyabumenyi harimo izo mu cyiciro cya gatatu (Master’degree) zigera kuri 64 mu mashami atandukanye. Uwavuze mu izina ry’abahawe impamyabumenyi, UWAMAHIRO Esther, yashimiye INES-Ruhengeri n’ababyeyi babo. Yagize ati “Nk’abanyeshuri tubonye impamyabushobozi , turashimira INES-Ruhengeri yaduhaye ubumenyi tukaba tugiye kubuyaza umusaruro. Turashimira kandi n’ababyeyi bacu batahwemye kuduha Ibyo twakeneraga byose, tukaba twushije ikivi cyacu. Bityo, tukaba tubijeje ko Ibyo twize tugiye kubibyaza umusaruro ariko na none…
Muri Matayo 8:24-25 hagira hati: “[24]Umuyaga uba mwinshi mu nyanja, ubwato bwabo burengerwa n’umuraba wisuka muri bwo, ariko we yari asinziriye. [25]Baraza baramukangura bati “Databuja, dukize turapfuye.” AGAKIZA GATUMA DUHAGARARA HEJURU Y’IMISOZI IDUSUMBA. Mu Ibyahishuwe 21:4, hagira hati: “[4]Izahanagura amarira yose ku maso yabo kandi urupfu ntiruzabaho ukundi, kandi umuborogo cyangwa gutaka cyangwa kuribwa ntibizabaho ukundi kuko ibya mbere bishize.” Iyo ukijijwe, ibintu byinshi Imana ibihindura bishya, ukaba amahoro, ukagira umunezero. Bityo rero, niba uri mu bibazo byakurenze ukaba udakijijwe ushake urusengero rukuri hafi ugende wakire agakiza; Yesu namara gutaha mu mutima wawe uraza kuba amahoro. IBIBAZO NIBYINSHI USIBYE NO…
