Subscribe to Updates
Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.
- Ku Isi Hari Intambara n’Amakimbirane Bigera Kuri 65
- AMAJYARUGURU: Imurikagurisha si ukwerekana ibicuruzwa gusa, ahubwo ni ugusangira amakuru/ Guverineri Mugabowagahunde Maurice
- Umuyobozi w’Ikigo cy’Amashuri, ni Umusingi w’Ireme ry’Uburezi/ Dr. Nelson MBARUSHIMANA
- MUSANZE: Ubufatanye buzazamura ubumenyi n’ubuhanga mu bukerarugendo bushingiye ku muco
- BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu
- MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi
- MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi
- Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya
Author: MANIRAGUHA Ladisilas
Ba baturage bo mu kagari ka Nyarutembe; Umurenge wa Rugera, mu karere ka Nyabihu batabaza inzego z’ubuyobozi ngo hazabeho gushishoza mu igenagaciro rizabakorerwa igihe hazaba habayeho guhabwa ingurane z’ubutaka bwabo bugiye kuzatuzwaho abaturage bazakurwa mu mudugudu wa Kazirankara ntibaranyurwa n’ibisobanuro bahabwa. Mu nkuru twabagejejeho yo kuwa 03/05/2026, twari twababwiye ko aba baturage bo mu kagari ka Nyarutembe batabaza bavuga ko bagiye kwamburwa ubutaka bwabo nta ngurane ikwiye bahawe. Ku ruhande rw’akarere ka Nyabihu, mwumvise ko Meya w’aka karere Mukandayisenga Antoinette yabamaze impungenge avuga ko nta muturage bazatwarira ubutaka batamuhaye ingurane kandi ikwiye, aho yagize ati: “Mu by’ukuri si ukubakura mu…
Ni amakuru mashya aturuka mu Karere ka Gicumbi avuga ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Cyandaro mu murenge wa Ruvune yahagaritswe kuri izo nshingano, ni nyuma yo gufungira umusaza n’umukecuru we mu biro by’ako kagari. Umusaza n’umukecuru ubwo bari bagiye kwishyura ibirimo igare bikekwa ko byibwe n’umwana wabo, yarafungiranye nyuma yo kutemera amafaranga make bari bazanye ngo bishyure igice cy’indishyi. Uyu musaza yari yatanze amafaranga ibihumbi 280 Frw, asaba ko ayandi yayatanga buhoro buhoro ariko uwo muyobozi arabyanga. Abaturage bari banenze iki cyemezo bavuga ko Akagari katemerewe kugira gereza cyangwa gufungiramo abaturage basaba ubutabera kuri uyu musaza ndetse n’umuryango we. Kuri…
Mu rwunge rw’amashuri rya EAV/ Gitwe ruherereye mu mudugudu wa Rubagabaga; Akagari ka Kibatsi; Umurenge wa Rukira mu karere ka Ngoma haravugwa urugomo rw’abanyeshuri babiri bakubise umwe mu barezi babo agakomereka bikomeye mu gihe mu karere ka Nyabihu; Umurenge wa Karago, ho havugwa urugomo rw’Umuyobozi w’ikigo wakubise mwarimu. Ni amakuru yabyutse acicikana ejo ku mbuga nkoranyambaga, bivugwa ko ku gicamunsi cyo ku ya 07/05/2026 saa munani n’igiceri(14h30′), ku bufatanye n’inzego z’Ibanze ndetse n’Inzego z’Umutekano hafashwe abana b’abanyeshuri babiri(2) bakubise bakanakomeretsa bikomeye umurezi wabo ushinzwe imyitwarire (Animatrice) witwa Nyirabagenzi Séraphine. Abo banyeshuri batinyutse bagakubita mu buryo bukomeye umwe mu barezi babo…
Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi umugabo witwa Jonathan Ahimbisibwe wo mu gace ka Makindye, akurikiranyweho ibikorwa byo kwiyitirira umwuga w’umuhanga mu by’isanzure (astronaut) agashuka abaturage n’abashoramari abaka amafaranga abeshya ko azabazanira amabuye yo ku Kwezi. Uyu mugabo ashinjwa kwaka amafaranga y’abantu batandukanye ababwira ko ashobora kubagezaho amabuye akomoka ku kwezi. Polisi ivuga ko ayo masezerano yakoreshwaga nk’amayeri yo kubambura amafaranga. Bamwe mu baturage bavuga ko bamwizeye kubera uburyo yavugaga ibintu bijyanye n’ubumenyi bw’isanzure n’inyenyeri ndetse n’imishinga yo mu kirere, bigatuma abantu benshi bumva ko ari umuntu wizewe kandi ufite ubumenyi budasanzwe. Polisi yatangaje ko iperereza rigikomeje kugira…
BURERA: Uwitwa ZIRARUSHYA Emmanuel bita ‘RWANYONGA’ ari mu maboko ya Polisi kubera gukekwaho ubujura
Umugabo witwa ZIRARUSHYA Emmanuel bita RWANYONGA w’imyaka 40 utuye mu mudugudu wa Rusisiro; Akagari ka Kayenzi mu murenge wa Kagogo ari mu maboko atari aye kubera gukekwaho kwiba inka y’umuturage. Ifatwa rye ryabaye ku ya 02/05/2026 i saa munani n’iminota cumi n’itanu za nijoro (14h15′) aho inzego z’umutekano (Polisi na DASSO) zari muri Operasiyo yo guhiga no gufata umujura ruharwa w’amatungo noneho haza gufatwa uyu nguyu witwa ZIRARUSHYA Emmanuel wavutse mu 1986 bakunze kwita RWANYONGA mwene BUSOGI Bernard na NYIRAMANEGURA Laurance utuye mu mudugudu wa Rusisiro,Akagari ka Kayenzi wafatanwe inka imwe (1) avuga ko ayiguze mu murenge wa Rugarama. Akimara…
Mpanga Sector; Bwiyorere cell. None kuwa 03/05/2026 muri aya ma saa 13h30, haguye imvura idasanzwe yiganjemo inkuba aho ikubise Inka 15 ni intama 18 zose zihise zipfa. Aya matungo ni aya MUTARAMBIRWA Patrick 52yrs, akaba yari mu farm ye. Amakuru agera kuri Karibumedia.rw kandi avuga ko hari abandi bantu baburiye ubuzima ku nkuba yakubise uyu munsi: Barimo umukobwa w’imyaka 14 wo mu Karere ka Rubavu; Umurenge wa Cyanzarwe ho mu Kagari ka Ryabizige wakubiswe n’inkuba Sa Saa Munani z’amanywa ari murugo iwabo; Undi ni umugabo w’imyaka 38 wo mu Murenge wa Busasamana; Akagari ka Gihonga n’umukecuru w’imyaka 78 wo mu…
Mu karere ka Burera; Umurenge wa Kinoni mu kagari ka Cyanya haravugwa urupfu rutunguranye rw’umugabo witwa Ruboneka Cyprien uri mu kigero cy’imyaka 60, kuri uyu mugoroba wo kuya 03/05/2026 asanzwe mu mugozi mu gikoni cy’iwe anagana yapfuye. Ni amakuru ageze kuri Karibumedia.rw ku isaha ya Saa kumi n’imwe z’umugoroba 17h00, avuga ko uyu RUBONEKA Cyprien bamusanze mu gikoni anagana ari mu mugozi hakaba hagitegerejwe ubuyobozi ngo bugire icyo bubikoraho birimo no gutangira iperereza ngo hamenyekane icyabimuteye. Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinoni, Kwizera Emmanuel kuri telefoni abwiye Karibumedia.rw ko amakuru ariyo koko ariko ko aribwo agiye kugerayo araza guhamagara umunyamakuru akamubwira…
Mu karere ka Burera, umurenge wa Kinyababa; Akagari ka Musasa mu mudugudu wa Kabarore haravugwa inkuru ibabaje y’umusaza Gitota François w’imyaka 81 wapfuye azize uburwayi, bikavugwa ko yaje gushinyagurirwa acibwa imyanyandangagitsina; Agatoki gahera n’akano gahera nk’uko bivugwa na bamwe mubamubonye. Ni urupfu rwabaye ejo kuwa 02/05/2026 ahagana saa cyenda z’ijoro nk’uko bivugwa n’umuhungu wa Nyakwigendera witwa Ntamukunzi Jean Damascène, nyuma yo guhamagarwa na Ndayisaba utuye mu Mutara. Ubwo Karibumedia.rw yakoraga iyi nkuru yavuganye na bamwe mu baturage bavuga ko bikekwa ko uyu musaza Gitota François yaba yaciwe imyanya y’umubiri akimara gupfa, birimo n’ubugabo ariko ko batabihagazeho. Nk’uyu wirinze kudutangariza amazina…
Bamwe mu baturage bo mu kagari ka Nyarutembe; Umurenge wa Rugera mu karere ka Nyabihu, baratabaza inzego zibishinzwe ngo barenganurwe kuko ngo bagiye kwamburwa ubutaka bwabo nta ngurane ikwiye bahawe. Ngo ni ikibazo gihangayikishije cyane cyane abaturage bafite umutungo utimukanwa muri kariya kagari ngo basabwa kwimurwa niba badashobora guturana n’abandi mu nzu zizahubakwa mu buryo bw’umudugudu w’icyitegererezo (Model Village) aho hubakwa inzu igaturamo imiryango ibiri cyangwa ine zizwi nka “Two in one or Four in One). Baganira na Karibumedia.rw, aba baturage bavuga ko batigeze babarirwa imitungo yabo itimukanwa ngo bahabwe ingurane ikwiye nk’uko biteganywa n’amategeko ahubwo ko hari abaza kubasinyisha…
Karibumedia mucyo twise Karibu Walk “Ka.Wa”, ku munsi w’umurimo 01/05/2026 twabagereye mu karere ka BURERA mu mirenge bita iy’amakoro “Gahunga; Rugarama na Cyanika”. Twaganirije abaturage baho, badutangariza ko hari abantu bafite imitungo: Bataguze; Batarazwe/ Batazunguye ku babyeyi babo kandi batahaweho impano mu buryo bumwe cyangwa ubundi, bityo bakibaza ukuntu umuntu atunga ibitari ibye. Twabyise “Umugambi mubisha wa NDUMUJURA” ariko havugwa n’umuco mubi wo guhishirana ufatwa nka karande. Ku itariki ya 16/04/2026 mu buhamya bwatanzwe, hari ibyakomojweho n’uhagarariye abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi 1994 mu karere ka BURERA. Ubwo hashingurwaga mu cyubahiro imibiri ibiri, ni mu rwibutso rwa Rugarama…
