Subscribe to Updates
Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.
- Hari Ubwigenge nyakuri no Kwibohora biva ku Mana
- Gakenke: Ingabo na Polisi y’u Rwanda, bashyikirije imiryango cumi n’ibiri”12″ impano z’inzu
- Diyoseze Gatolika ya Ruhengeri: Mu ma Paroisse atandukanye, hatangajwe aho Abapadiri bazakorera ubutumwa (Nominations) mu mwaka wa 2026/ 2027
- Brig. Gen. Patrick Karuretwa Umuvugizi wa RDF Yaganirije urubyiruko ruri mu Itorero Indangamirwa Icyiciro cya 16
- Mu Rwanda: Abana 5% bari munsi y’imyaka itanu bafite ibibazo by’umubyibuho ukabije
- BURERA: Abikorera biyemeje kudakura mu ruge mu gutera inkunga abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994
- IBIDASANZWE KU MURYANGO W’ABAKONO
- MUSANZE: SINGITA HOTEL yaremeye imiryango ine(4) y’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994
Author: MANIRAGUHA Ladisilas
Mu bujurire, mu rukiko rukuru, urugereko rwa Musanze, Bishop Dr.Mugisha Mugiraneza Samuel n’umwunganizi we Me Uwizeyimana Jean Claude bongeye gutera utwatsi raporo cy’ubugenzuzi (Rapport d’Audite) kuko ngo ituzuye (Yakozwe igice). Ibi n’ibindi byose ni bimwe mubyavugiwe mu rubanza rwabaye kuri uyu gatatu, tariki ya 18/03/2026 ubwo haburanwaga urubanza mu bujurire mu rukiko rukuru, urugereko rwa Musanze dore ko mu rukiko rwisumbuye rwa Musanze, Évêque Dr Mugisha Mugiraneza Samuel yahamijwe icyaha cyo kunyereza umutungo wa Diyoseze ya Shyira ngo aragira inka ze mu rwuri rwa Diyoseze, agakatirwa igihano cy’igifungo cy’imyaka itatu n’igice, bityo akajuririra icyo cyemezo kubera impamvu ebyiri zirimo imisesengurire…
Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, tariki ya 16 werurwe 2026, ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ryafashe umugabo w’imyaka 43, ufite udupfunyika tw’urumogi dupima ibiro bisaga bitadatu (6), ari kurukwirakwiza mu baturage. Uyu mugabo yafatiwe mu mudugudu wa Bucuzi, akagali ka Kabeza, Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze aho yavuze ko arukura mu gihugu cy’abaturanyi, agakoresha inzira zitemewe kugeza ageze mu karere ka Musanze ari naho atuye. Polisi y’u Rwanda ivuga ko iki gikorwa uyu mugabo yakoze ari insubiracyaha kuko muri 2022, we (uwafashwe), nyina n’umuvandimwe we bahamijwe n’urukiko ibyaha bifitanye isano n’ibiyobyabwenge, baza gukatirwa igihano…
IMANIZABAYO ni umuturage wo mu murenge wa Gahunga; Akagari ka Kidakama mu mudugudu wa Songa, yari umukozi w’uruganda “SAGA BLESSING” akora impanuka “Umufuka w’ibigori wamuguyeho avunika urutirigongo”. Uruganda ruramwihakana, ubuyobozi bw’umurenge buramwigarika. IMANIZABAYO, yabaye umukozi w’uruganda igihe cy’imyaka3 Mugihe kitarambiranye turabagezaho inkuru irambuye
Mu insanganyamatsiko igira iti: “Duhurire mu muryango, tujyanemo.” Abaturage bo mu karere ka Musanze, barakangurirwa kujyana abana babo mu marerero nk’umusingi ukomeye mu burere bw’umwana anarindwa ihohoterwa iryo ari ryo ryose. Ibi ni ibyagarutsweho mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro ubukangurambaga bwo kurengera umwana ku bufatanye na SOS; MCBO; HUMANITY; CARITAS; RWAMUREC; ADECOR; IREME; ACTION AID; ISPIO n’abandi aho buri mubyeyi wese agomba kugira uruhare mu mirere n’imikurire y’umwana. Mu ntero igira iti: “Umwana wanjye, ishema ryanjye!” Umuyobozi w’akarere ka Musanze wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Kayiranga Théobald yavuze ko kwita ku mikurire n’imirere y’abana ari ingenzi mu kubaka umuryango…
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ku bufatanye n’Umuryango Mpuzamahanga wita ku Bimukira (IOM), rwasabye urubyiruko kwitwararika mu gukoresha imbugankoranyambaga kuko ari ho benshi bahurira n’ababashuka. Ibi byagarutsweho kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 20 Gashyantare 2026, ubwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwasozaga ubukangurambaga bwo gukumira icuruzwa ry’abantu mu Karere ka Burera. Iki gikorwa cyabereye ku biro by’aka karere mu Ntara y’Amajyaruguru. Urubyiruko ndetse n’abaturage muri rusange bibukijwe ko gukoresha nabi imbugankoranyambaga bigira ingaruka zikomeye ku buzima bwabo, kandi ko bakwiye kwitondera abo bahuriraho, kuko hari ababashora mu bikorwa by’icuruzwa ry’abantu n’ibiyobyabwenge. Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Kurwanya Ibyaha muri RIB, NTIRENGANYA Jean Claude,…
Mu mudugudu wa Rutamba; Akagari ka Gafumba mu murenge wa Rugarama haravugwa ubujura bw’amatungo bwihishwe inyuma n’uwitwa Dusengimana bita “SEBU”, uvugwaho kwiba akanabaga intama 6 za Yusutini n’inka itazwi nyirayo. Ni ubujura bwamenyekaye ku wa 19/02/2026, ubwo bamwe mu bibwe [Yusitini] yasanze impu zitandukanye “Intama; Ihene” harimo n’z’intama ze esheshatu ziri mu rugo kwa Dusengimana SEBU ndetse n’uruhu rw’inka akabyemera ndetse akemera no kubyishyura, aho yemeye kwishyura ibihumbi magana arindwi na mirongo inani (780.000 frw) no gusubiza ibihumbi ijana (100.000 frw) bya avance yari yarahawe n’umucuruzi w’inka ukorera mu mujyi wa Musanze witwa Mukotanyi Obed. Karibumedia.rw yaganiriye na bamwe mu…
Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatandatu mu murenge wa Tumba, ahitwa Rukore. Imodoka yarimo umugeni (umukobwa) na bamwe mu bo mu muryango we, bari bamuherekeje agiye gusezerana kuri kiliziya ya Paroisse Rulindo. Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SP Emmanuel Kayigi yemereye umunyamakuru wa bigezweho tv ko ayamakuru ariyo Ati: “Nibyo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 14/02/2026, Saa 09h30 mu mudugudu wa Gashoro; Akagari ka Barari mu murenge wa Tumba ho mu karere ka Rulindo habereye impanuka y’imodoka Mini bus yaritwaye abantu 16 yavaga Tumba yerekeza kuri Paruwasi ya Rulindo bari kumwe n’umugeni mu modoka.…
Umunyamerika Erik Prince washinze umutwe w’abacanshuro wa Blackwater, byemejwe ko yohereje mu mujyi wa Uvira abarwanyi be mu rwego rwo gufasha ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuwurinda ndetse no gukoresha za drone z’intambara. Ibiro Ntaramakuru Reuters by’Abongereza byatangaje ko aya makuru byayahamirijwe n’abantu bane bayazi neza. Mu Ukuboza 2025 ni bwo umutwe wa AFC/M23 wari wigaruriye umujyi wa Uvira uwirukanyemo ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Congo Kinshasa, ariko uza gufata icyemezo cyo kuwuvamo nyuma yo kotswa igitutu na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Erik Prince usanzwe ari inshuti ya Perezida Donald Trump, amaze igihe yarahawe akazi…
Perezida Paul Kagame yasabye inzego bireba gukora ubukangurambaga, kugira ngo abakoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda bajye babona amafaranga aziturukaho. Mu busanzwe mu Rwanda abakoresha imbuga nkoranyambaga nka Facebook, Instagram, YouTube na TikTok ntacyo binjiza, mu gihe mu bindi bihugu abazikoresha binjiza amafaranga biciye muri ‘publicité’ zinyuzwa mu bihangano byabo. Icyakora abari mu Rwanda bashobora kwinjiza amafaranga kuri ziriya mbuga, ariko bisaba ko babanza kwiyandikisha nk’abatuye mu bindi bihugu ‘Monetization’ yemewemo. Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Gashyantare ubwo inama ya 20 y’umushyikirano yari ku munsi wayo wa kabiri, ikibazo cya ‘Monetization’ idakunda ku bakoresha imbuga nkoranyambaga cyagaragajwe nk’umuhanzi Itahiwacu…
Abana bane barimo umuhungu, bapfiriye mu nkongi y’umuriro mu gace ka Kasika (Komini Karisimbi) i Goma mu ijoro ryo ku wa Kabiri, itariki ya 3 Gashyantare, rishyira ku wa Gatatu, itariki ya 4 Gashyantare nk’uko amakuru aturuka muri ako gace avuga. Abapfuye n’abakobwa batatu, bafite imyaka 4 (Délice), 8 (Narcisse), na 16 (Viviane), n’umuhungu imyirondoro ye itarashyirwa ahagaragara. Nk’uko amakuru abanza agera kuri Radio Okapi avuga, nyina w’abana yari yagiye mu masengesho ubwo inkongi y’umuriro yatangiraga. Impamvu y’ayo makuba iracyakurikiranwa. Ababibonye batangaje ko ishami rishinzwe kuzimya umuriro ryatinze kugera aho byabereye kugira ngo bazimye, nubwo abaturage benshi bo muri ako…
