Author: MANIRAGUHA Ladisilas

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel yakuriye inzira ku murima Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron wifuzaga gusura iki gihugu, nyuma yo kuvuga ko u Bufaransa buzemera ubwigenge bwa Palestine. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yabwiye mugenzi we w’u Bufaransa, Jean-Noel Barrot ko Perezida Emmanuel Macron adahawe ikaze muri Israel “mu gihe bugikomeje umugambi wo guhungabanya Israel”. Saar yavuze ko kwemeza Palestine nk’igihugu bihungabanya umutekano wa Israel ndetse ko Perezida Mahmoud Abbas atari umuntu wo kwizera mu biganiro. Mu minsi ishize ikiganiro cyanyuze ku gitangazamakuru Kan cyo muri Israel, havugiwemo ko Minisitiri w’Intebe, Benjamin Netanyahu yateye utwatsi…

Read More

Vatican yatangaje ko ku itariki ya 7 Nzeri 2025, Kiliziya Gatolika izashyira mu rwego rw’abatagatifu Carlo Acutis, umusore w’imyaka 15 witabye Imana azize indwara ya leukemia. Uyu musore witwaga “God’s Influencer” yamenyekanye cyane kubera uburyo yakoresheje ikoranabuhanga mu kwamamaza ukwemera no kugaragaza agaciro k’Ukaristiya Ntagatifu. Carlo Acutis yavukiye i London mu Bwongereza ku wa 3 Gicurasi 1991, akurira mu mujyi wa Milan mu Butaliyani. Ku myaka ye ya mbere, yagaragaje urukundo rudasanzwe afitiye Imana, by’umwihariko mu gukunda Ukaristiya. Yakoze urubuga rwa interineti rwerekana ibitangaza byagiye bigaragara ku isi yose bifitanye isano n’Ukaristiya, agamije gufasha cyane cyane urubyiruko gusobanukirwa n’agaciro k’iri…

Read More

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) n’ibiro bya Perezida wa Palestine, byasabye Perezida Donald Trump kwisubiraho ku cyemezo yafashe cyo gukuraho Viza za Perezida wa Palestine, Mahmoud Abbas n’abandi bayobozi 80 b’iki gihugu bari bategerejwe mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye i New York. Ni icyemezo ibiro bya Perezida wa Palestine byatangaje ku wa Gatandatu tariki 30 Kanama 2025, nyuma y’amasaha make ubutegetsi bwa Amerika buvuze ko bwahagaritse Viza z’aba bayobozi zirimo n’iya Perezida. Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ugizwe n’ibihugu 27 wasabye ubuyobozi bwa Trump kongera gutekereza kuri iki cyemezo, cyakomeje kunengwa cyane. Umunyamabanga wa Leta ya Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga,…

Read More

Emmanuel Hareramungu wo mu Murenge wa Muko mu Karere Ka Gicumbi yafashwe n’inzego z’umutekano akurikiranyweho kwica umugore we Nyampundu Chantal amwicishije majagu. Nyakwigendera yishwe mu ijoro ryo kuri uyu wa 27 rishyira ku wa 28 Kanama 2025, aho uru rupfu rwaturutse ku makimbirane yari mu muryango. Abaturage b’Umudugudu wa Ntonyanga ahabereye ubwo bwicanyi bavuze ko batabajwe n’abana bababwira ko ababyeyi babo bari kurwana baza bagasanga umwe yapfuye. Ndinda Olivier yagize ati: “Nabyukijwe n’umwana mpageze numva nta muntu ukoma. Nabonye umugabo mu rutoki ahita ambwira ati umugore yari andembeje ampuragura ikibando mpita mfata majagu ndayimukubita arapfa. Njye na Habineza twahise duhuruza…

Read More

Umuyobozi w’abarwanyi b’ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Gen Maj Sultani Makenga, yatangije Polisi kabuhariwe yitezweho kubungabunga umutekano mu bice rigenzura. Abapolisi ba AFC/M23 bahawe ubumenyi mu bijyanye no kubungabunga umutekano wo mu baturage, uwo mu muhanda, gukumira imyigaragambyo no kugenza ibyaha; bahabwa ibikoresho bazifashisha mu kazi kabo. Mu muhango wo gutangiza uru rwego, Gen Maj Makenga yagaragaje ko rugomba kurangwa n’imikorere itandukanye n’urw’ubutegetsi bwa RDC rwamunzwe na ruswa, ibiyobyabwenge no gukoresha nabi inshingano rufite. Ati “Mbasabye kuba Polisi itandukanye n’indi Polisi duhanganye na yo, itandukanye na ziriya ngabo duhanganye zitubahiriza inshingano, zikubita abantu, zica,…

Read More

Inzobere mu by’indwara z’ibyorezo mu Kigo gikora ubushakashatsi cya Gamaleya giherereye i Moscow mu Burusiya, zatangaje ko urukingo rwitezweho kurwanya virusi itera SIDA (HIV) rushobora kuba rwabonetse mu myaka ibiri iri imbere. Ku wa 27 Kanama 2025, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kurwanya indwara z’Ibyorezo muri Gamaleya, Vladimir Gushchin, yabwiye RIA Novosti ko uru rukingo ruzaba rukoresha ikoranabuhanga rya messenger Ribonucleic Acid (mRNA). Bitandukanye cyane n’inkingo zisanzwe kuko mRNA zo zitanga amakuru y’imiterere y’uturemangingo tw’umubiri kugira ngo dukore proteines zidasanzwe z’ubudahangarwa, bityo umubiri ukabasha kwirwanaho mu gihe uhuye na virusi. Gushchin yagize ati “Turi gukora ‘Antigen’ ya mbere izatanga ubudahangarwa bushobora…

Read More

Ikigo cya SpaceX cyabashije kohereza icyagajuru cya mbere kinini mu isanzure, nyuma yo kugikorera igerageza inshuro zigera ku icyenda iki cyogajuru kigashwanyukira mu nzira. Igerageza rya 10 ryabaye ku wa 26 Kanama 2025, iki cyogajuru cyoherezwa mu isanzure kirinda kigerayo kitarashwanyuka nk’uko ibindi byagiye bigenda. Icyakora uru rugendo ntirwarangiye neza kuko cyaje gushya kiri kugaruka ku Isi, gusa ubuyobozi bwa SpaceX bwavuze ko ibyo na byo na byo byatumye bamenya ubushobozi gifite. Nyiri SpaceX, Elon Musk yashimiye abagize uruhare mu kugira ngo iki cyogajuru kibashe kujya mu isanzure avuga ko “ikipe ya spaceX yakoze akazi keza”. Iki cyogajuru kiri…

Read More

Mu Kagari ka Bikara, mu Murenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze, umugabo ukekwaho kwica umugore utari uwe, yemeye ko yamwishe amuziza ko yamwibye smartphone. Mu ijoro ryo ku wa 25 Kanama 2025, ahagana saa mbiri z’ijoro, nibwo umurambo wa nyakwigendera, uri mu kigero cy’imyaka 30, wasanzwe mu Isantere ya Kinkware, ku rubibi rwa Nyabihu na Musanze. Ukekwaho gukora iki cyaha ni umugabo w’imyaka 41 ukomoka mu Karere ka Gakenke, Umurenge wa Rusasa, uvuga ko yamuhoye ko yari yamwibye terefone ya smartphone. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Ignace Ngirabakunzi, yemeje ko ukekwaho kwica uyu mugore yashyikirijwe…

Read More

Perezida wa Botswana, Duma Boko, yatangaje ko igihugu kiri mu bihe bidasanzwe kubera ibura ry’imiti n’ibikoresho byo kwa muganga, bikiyongeraho ubukungu bw’igihugu butifashe neza. Minisitiri w’Ubuzima muri Botswana, Dr. Stephen Modise yari aherutse gutangaza ko igihugu kiri mu bihe bigoye kubera ibura ry’imiti ya kanseri, igabanya ubwandu bwa Virusi itera Sida ndetse n’ifasha abarwaye igituntu. Icyo gihe yatanze umuburo, avuga ko Minisiteri ayoboye ifite umwenda urenga miliyari y’Aba-Pula (arenga miliyoni 55$), ibituma ubushobozi bw’iyo Minisiteri bwo kugura imiti bugabanuka. Leta yahise ishyiraho miliyoni 250 z’Ama-Pula agomba gukoreshwa mu kuziba icyuho, gusa Perezida Boko akavuga ko bazakomeza gushyira imbaraga mu…

Read More

Abanyamuryango b’ihuriro ‘Hostages and Missing Families Forum’ babyukiye mu myigaragambyo isaba ubutegetsi bwa Israel gushyira imbaraga mu biganiro bigamije gusaba umutwe witwaje intwaro wa Hamas kurekura abantu babo yagize imbohe. Tariki ya 7 Ukwakira 2023, Hamas yagabye igitero gikomeye mu majyepfo ya Israel. Icyo gihe yishe abarenga 1100, igira imbohe abandi 251. Mu bo yagize imbohe, harimo 50 igifite, bikekwa ko 20 gusa ari bo bakiri bazima. Abagize iri huriro biganjemo abafite ababo bagizwe imbohe na Hamas n’ababuriye ababo mu gitero cyo mu 2023. Mu gitondo cyo kuri uyu wa 26 Kanama 2025, bafunze imihanda minini mu mijyi ikomeye…

Read More