Mu Abaroma 8:8-9,14 hagira hati: “[8]Erega burya abari mu butware bwa kamere ntibashobora kunezeza Imana!
[9]Ariko mwebwe ntimuri aba kamere, ahubwo muri ab’Umwuka niba Umwuka w’Imana aba muri mwe. Ariko umuntu wese utagira Umwuka wa Kristo ntaba ari uwe;
[14]Abayoborwa n’Umwuka w’Imana bose ni bo bana b’Imana.
NUGIRA IMBUTO Z’UMWUKA NTA MATEGEKO Y’ISI AZAGUHANA
Mu Abagalatiya 5:22-23 hagira hati: “[22]Ariko rero imbuto z’Umwuka ni urukundo n’ibyishimo n’amahoro, no kwihangana no kugira neza n’ingeso nziza no gukiranuka;
[23]no kugwa neza no kwirinda. Ibimeze bityo nta mategeko abihana.
Imbuto z’umwuka niziganza muri twe, abo duturanye n’abo twirirwana bazagubwa neza kuko nta kibi kizaduturukaho kandi natwe icyo gihe tuzagubwa neza kuko ngo icyo ubibye nicyo usarura.
Imana iguhe umugisha, ndagukunda!
Pasteur Alphonse HABYARIMANA.

