Subscribe to Updates
Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.
- Hari Ubwigenge nyakuri no Kwibohora biva ku Mana
- Gakenke: Ingabo na Polisi y’u Rwanda, bashyikirije imiryango cumi n’ibiri”12″ impano z’inzu
- Diyoseze Gatolika ya Ruhengeri: Mu ma Paroisse atandukanye, hatangajwe aho Abapadiri bazakorera ubutumwa (Nominations) mu mwaka wa 2026/ 2027
- Brig. Gen. Patrick Karuretwa Umuvugizi wa RDF Yaganirije urubyiruko ruri mu Itorero Indangamirwa Icyiciro cya 16
- Mu Rwanda: Abana 5% bari munsi y’imyaka itanu bafite ibibazo by’umubyibuho ukabije
- BURERA: Abikorera biyemeje kudakura mu ruge mu gutera inkunga abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994
- IBIDASANZWE KU MURYANGO W’ABAKONO
- MUSANZE: SINGITA HOTEL yaremeye imiryango ine(4) y’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994
Author: MANIRAGUHA Ladisilas
Umuvugizi w’Urwego rw’u Rwanda rw’Ubugenzacyaha “RIB”, Dr. Murangira B. Thierry yatangaje ko Cyprien Uzabakiriho wamenyekanye nka Djihad yari asanzwe akurikiranyweho ibyaha bitandatu harimo ibirego byohererejwe ubushinjacyaha n’ibigikorwaho iperereza. Mu minsi mike ishize ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho y’umuhanzi Yampano atera akabariro n’umukunzi we, ahamya ko ari umugore we. Mu bakurikiranyweho ibyaha byo gukwirakwiza amashusho ya Yampano harimo Cyprien Uzabakiriho wamenyekanye nka Djihad na Kwizera Nestor ukunda kwiyita Pappy Nesta batawe muri yombi bahita banaregerwa Urukiko. Dosiye ya Djihad yahise ijyanwa mu Bushinjacyaha umunsi umwe nyuma yo gutabwa muri yombi kuko ari ‘Inyongera’ kubera ko hari abandi bari bakurikiranywe muri dosiye…
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yemeye guhurira na Perezida Paul Kagame i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu cyumweru gitaha. Leta ya Amerika imaze igihe igerageza guhuriza aba bakuru b’ibihugu i Washington DC, kugira ngo basinye ‘amasezerano ya nyuma’ aherekeza amasezerano y’amahoro u Rwanda rwagiranye na RDC tariki ya 27 Kamena 2025. Byari byarateganyijwe ko Perezida Kagame na Tshisekedi bazahurira i Washington DC tariki ya 23 Ukwakira, ariko ntibyashobotse kuko intumwa za RDC zanze gushyira umukono ku mushinga w’amasezerano y’ubufatanye mu bukungu. Ubwo u Rwanda na RDC byemeranyaga kuri uyu mushinga, bikanawushyiraho umukono tariki…
Nyuma y’igihe kitari gito cyane bari mu rukundo, umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa Filime, Captain Regis yatangaje ko imyiteguro y’ubukwe bwe na Queen igeze ku musozo bakaba bazakora ubukwe mu mezi abanza y’umwaka utaha.Ibi Regis yabitangarije imwe muri television ikorera kuri YouTube avuga ko ari bwo bwa mbere amennye ibanga ry’igihe azakorera ubukwe kandi ko imyiteguro yarangiye, ibintu byose biri ku murongo ubu bari mu musozo w’imyiteguro. Yagize ati: “Ni nawe muntu wa mbere meneye ibanga ko ubukwe buri umwaka utaha mu mezi ari imbere cyane. Ubu ibintu byose byabaye porogaramu, gukwa byararangiye, harabura gutangaza igihe nta kindi. Ntacyo dushinja Imana.”…
Muri Matayo 4:18-22, hagira hati: “[18]Agenda iruhande rw’inyanja y’i Galilaya abona abavandimwe babiri, Simoni witwaga Petero na Andereya mwene se, barobesha urushundura mu nyanja kuko bari abarobyi; [19]Arababwira ati “Nimunkurikire nzabagire abarobyi b’abantu.”; [20]Uwo mwanya basiga inshundura baramukurikira; [21]Yicumye imbere abona abandi bavandimwe babiri, umwe ni Yakobo mwene Zebedayo na Yohana mwene se, bari mu bwato hamwe na se Zebedayo bapfundikanya inshundura zabo, arabahamagara; [22]Uwo mwanya basiga ubwato na se, baramukurikira.NAWE UMWAMI YESU ARAGUHAMAGARA NGO UMUKURIKIRE. Buri munsi ijambo ry’Imana rikugeraho rikubwira ngo uve mubyo urimo wihe Umwami Yesu wemere ayobore imigenzereze yawe ariko ukomeje kwinangira. Intumwa 12 zakurikiraga Yesu…
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi y’abatarengeje imyaka 17 yari mu mikino ya CECAFA U17, yatengushye Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire, wari uyifitiye icyizere mbere yo kwitabira. Ku itariki 15 Ugushyingo 2025, nibwo CECAFA y’abatarengeje imyaka 17 yatangiye yaberaga mu gihugu cya Ethiopia. Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje iyi myaka yari mu itsinda A, aho yari iri kumwe na Ethiopia; Kenya; Somalia ndetse na Sudani y’epfo.Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatangiye itsindwa na Ethiopia ibitego 2_ 0 ndetse unabona irimo kurushwa cyane ku buryo no gutsindwa ibitego birenze bibiri byarashobokaga. Uyu mukino wabaye ku itariki 15 Ugushyingo 2025. Ku itariki 21 Ugushyingo…
Kuva kera na kare kuvuga amazina y’inka n’amahanba ni bimwe mu byari bisobetse kandi binagisobetse umuco nyarwanda nubwo bamwe babiharira igitsina gabo kandi n’igitsina gore kibishoboye. Ibi ni muri bimwe Karibumedia.rw yabwiwe n’umubyeyi KAYITESI Théophila [Uvuga amazina y’inka n’amahanba] mu misango itandukanye. Ahamya ko kuvuga amazina y’inka, aho zaraye; Aho zashokeye nk’umugore bitamutera ipfunwe ngo kuko ari gakondo ye. Yagize ati: “Amazina y’inka n’amahanba ni gakondo yanjye kuko data yitwa Kamanzi, Sogokuru akitwa Gashumba. Gashumba rero urumvamo umushumba (Kuragira) kandi nanjye nararagiye no gukama ndabizi. Si na Gashumba gusa kuko na se wa mama yitwaga Nyagashumba. Abo basaza bombi rero…
Leta ya Kinshasa yarekanye ko rwose FARDC na FDLR ari impanga. Yafashe umu-FDLR wahawe ibihano na OFAC ya USA, bamuha inshingano zo kuyobora Zone ya 3 y’Igisirikare cya FARDC. Uyu mu-FDLR ni Sébastien Uwimbabazi. Yavutse mu wa 1968, avukira mu yahoze ari Selire Gatoki, Segiteri Murunda, Komini Rutsiro, Perefegitura ya Kibuye, ubu ni mu Karere ka Rutsiro, Intara y’Iburengerazuba. Yiyita Nyembo Abudala. FARDC yamuhaye ipeti rya Jenerali Majoro. Yasimbuye Masunzu Pacifique kugeza ubu uri mu bibazo, bitagira ibisobanuro, aho Leta ya Kinshasa imushinja ibyaha akandare, harimo n’ubugambanyi.Uyu wiyita Nyembo Abudala, akaniyita Kimenyi Gilbert, mu wa 1994 yari i Umujandarume, aba…
Muri Matayo 7:12, hagira hati: “[12]“Nuko ibyo mushaka ko abantu babagirira byose mube ari ko mubagirira namwe kuko ayo ari yo mategeko n’ibyahanuwe.Hari abantu bagira urugomo; Amagambo; Ubujura; Ubugome n’ibindi bibi. Uko ubikora niko bigenda byiyandika mu kirere uzacamo kuko usanga nawe uzabigirirwa. ISI N’UMUBIRI NTIBIKAGUSHUKE NGO NAWE WISHUKE. Mu Abagalatiya 6:7, hagira hati: “[7]Ntimuyobe: Imana ntinegurizwa izuru, kuko ibyo umuntu abiba ari byo azasarura.” Nusambanya abana b’abandi nawe abawe bazasambanywa, uwishimira kwica abandi akurura umwuka w’inkota mu muryango we kandi uwagize ubujura bwinshi cyangwa awariye ruswa nyinshi siwe ukira ahubwo mu gihe runaka ibye bitumurwa n’umuyaga WICOGORA GUKORA NEZA.…
Rutahizamu wa Musanze FC ukomoka mu Burundi, Shabani Hussein ‘Tchabalala’, yavuze ko afite intego yo kuzuza ibitego 100 kuri ubu biburaho icyenda muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda. Kugeza ubu nta bubiko bw’amakuru n’imibare ijyanye na siporo mu Rwanda, ariko uwavuga ko Tchabalala ari we rutahizamu w’ibihe byose wanyuze muri Shampiyona yo mu rw’imisozi 1000 ntiyaba yibeshye. Uyu mukinnyi w’Umurundi yageze mu Rwanda mu mpeshyi ya 2016, aho yakiniye Amagaju FC y’i Nyamagabe, aza kwigaragaza nka rutahizamu mwiza kugeza abengutswe na Rayon Sports yahise imugura mu mwaka wakurikiyeho. Tchabalala yakomeje gutsinda, afasha iyi kipe yambara ubururu n’umweru kugera muri…
Muri Yosuwa 6:26, hagira hati: “[26]Icyo gihe Yosuwa arabihanangiriza arahira ati: “Umuntu uzahaguruka akajya kūbaka uyu mudugudu w’i Yeriko, avumwe imbere y’Uwiteka. Igihe azubaka urufatiro rwaho azapfushe imfura ye, n’igihe azahaterera inzugi z’amarembo azapfushe umuhererezi we.”Mu rugamba rwari rukomeye cyane i Yeriko, Yosuwa byarangiye ahavumye kuburyo nyuma yo kuhasenya hose, Yosuwa yahise avuga ngo uzongera kuhubaka agitangira azapfushe imfura, narangiza kuhubaka azapfushe umuhererezi kandi koko niko byagenze. NTUZABE NK’UMUGABO HIYELI WUBATSE AHANTU ATAZI AMATEKA YAHO AKAHAKURA IMBWA YIRUKA. Mu 1 Bami 16:34 hagira hati: “[34]Ku ngoma ya Ahabu, Hiyeli w’i Beteli yubaka i Yeriko. Igihe yubakaga urufatiro apfusha umwana we…
