Muri Matayo 7:12, hagira hati: “[12]“Nuko ibyo mushaka ko abantu babagirira byose mube ari ko mubagirira namwe kuko ayo ari yo mategeko n’ibyahanuwe.
Hari abantu bagira urugomo; Amagambo; Ubujura; Ubugome n’ibindi bibi. Uko ubikora niko bigenda byiyandika mu kirere uzacamo kuko usanga nawe uzabigirirwa.
ISI N’UMUBIRI NTIBIKAGUSHUKE NGO NAWE WISHUKE.
Mu Abagalatiya 6:7, hagira hati: “[7]Ntimuyobe: Imana ntinegurizwa izuru, kuko ibyo umuntu abiba ari byo azasarura.”
Nusambanya abana b’abandi nawe abawe bazasambanywa, uwishimira kwica abandi akurura umwuka w’inkota mu muryango we kandi uwagize ubujura bwinshi cyangwa awariye ruswa nyinshi siwe ukira ahubwo mu gihe runaka ibye bitumurwa n’umuyaga
WICOGORA GUKORA NEZA.
Mu 2 Abatesalonike 3:13-15, hagira hati: “[13]Ariko mwebweho bene Data, ntimugacogorere gukora neza;
[14]Kandi nihagira umuntu utumvira ijambo ryacu ryo muri uru rwandiko, mumenye mumuhe akato kugira ngo akorwe n’isoni;
[15]Ariko ntimumutekereze ko ari umwanzi wanyu, ahubwo mumuhugure nka mwene So.
Ntukagirire ishyari usambana cyangwa ukora ubujura n’ibindi bisa gutyo nubwo yabonamo amafaranga, ntuzamwigane ahubwo ube kure y’ibikorwa bye nawe bitazagukoza isoni, ahubwo ugire umwete wo kumuguhura nka mwene so kandi tuzamugire umwanzi.
Imana iguhe umugisha, ndagukunda!
Pasteur Alphonse HABYARIMANA.

