Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100

July 18, 2026

Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi

July 16, 2026

RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2

July 14, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100
  • Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi
  • RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2
  • KARONGI: Imihanda yinjira mu mujyi igiye gushyirwamo ibihangano nyabugeni
  • GICUMBI: Imurikabikorwa ryagaragaje ko abaturage badakangwa n’ibihe by’Impeshyi
  • Mu Burundi: Ubwato bw’igisirikare cy’u Burundi bumaze iminsi ibiri butaboneka
  • U Rwanda rwashoye miliyari 48 Frw muri nkunganire ku biciro bya peteroli
  • Ingabo za RDF zirwanira ku butaka zasoje amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » Tchabalala afite intego yo gutsinda ibitego 100 muri Shampiyona y’u Rwanda
Imikino

Tchabalala afite intego yo gutsinda ibitego 100 muri Shampiyona y’u Rwanda

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasNovember 23, 2025Updated:November 23, 202532 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Rutahizamu wa Musanze FC ukomoka mu Burundi, Shabani Hussein ‘Tchabalala’, yavuze ko afite intego yo kuzuza ibitego 100 kuri ubu biburaho icyenda muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda.

Kugeza ubu nta bubiko bw’amakuru n’imibare ijyanye na siporo mu Rwanda, ariko uwavuga ko Tchabalala ari we rutahizamu w’ibihe byose wanyuze muri Shampiyona yo mu rw’imisozi 1000 ntiyaba yibeshye.

Uyu mukinnyi w’Umurundi yageze mu Rwanda mu mpeshyi ya 2016, aho yakiniye Amagaju FC y’i Nyamagabe, aza kwigaragaza nka rutahizamu mwiza kugeza abengutswe na Rayon Sports yahise imugura mu mwaka wakurikiyeho.

Tchabalala yakomeje gutsinda, afasha iyi kipe yambara ubururu n’umweru kugera muri ¼ cya CAF Confederation mu mwaka w’imikino wa 2017/18.

Icyo gihe Rayon Sports yayivuyemo yerekeza muri Afurika y’Epfo mu Ikipe ya Baroka FC ariko ntiyahagirira ibihe byiza kuko atabashije gukina, nyuma ajya muri Ethiopian Coffee yo muri Ethiopia, avamo agaruka mu Rwanda muri Bugesera FC mu 2019, nyuma akomereza muri AS Kigali.

Mu Ikipe y’Abanyamujyi yakinnyemo kugeza muri Gicurasi 2025, afitemo urwibutso wo kuba rutahizamu watsinze ibitego byinshi (15) muri Shampiyona y’u Rwanda mu mwaka w’imikino wa 2021/22.

Kuri ubu ni umwe mu bakinnyi Musanze FC iri kugenderaho muri uyu mwaka w’imikino mushya wa 2025/26 aho amaze kuyitsindira ibitego bine.

uyu mukinnyi yavuze ko afite intego yo gutsinda ibitego 100 muri Rwanda Premier League kuko we ibyo azi amaze kwinjiza ari 91.

Ati “Intego mfite ni ugutsinda ibitego no gufasha ikipe yanjye ya Musanze FC kwitwara neza. Hano mu Rwanda mpafata nko mu rugo, maze kuhamenyera. Nta kintu gikomeye kuko maze imyaka myinshi hano.”

Yongeyeho ati “Ibitego nzi maze gutsinda ni 91, uyu munsi bishobora kugera 100 kandi nubwo bitagera byose ni ubushake bw’Imana.”

Uyu mukinnyi yavuze ko agifite icyizere cyo kongera guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Burundi, aho kuri ubu abona kuba adaheruka mu Ntamba mu Rugamba ari amahitamo y’umutoza.

Ikipe ye ya Musanze FC irasubira mu kibuga kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 22 Ugushyingo 2025, aho yakira APR FC mu mukino w’Umunsi wa Munani wa Rwanda Premier League.

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

RULINDO: Umukino wa Rugby ni Umukino w’urukundo – KAGAME Joseph

February 18, 2026

Sugira Ernest udafite ikipe yatangiye inzira yo kuba umutoza.

December 5, 2025

Rayon Sports igiye gushora miliyoni 200 Frw ku isoko ryo kugura abakinnyi.

December 5, 2025
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,699 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,475 Views

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026970 Views

BREAKING NEWS: Mukarere ka Burera umwarimu yasanzwe yapfuye birakekwako yiyahuye

September 15, 2025854 Views

Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100

By MANIRAGUHA LadisilasJuly 18, 20260

Hirya no hino mu gihugu, Leta ikangurira kandi ikaburira abaturage kureka kunywa inzoga nyinshi “Tunywe…

Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi

July 16, 2026

RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2

July 14, 2026

KARONGI: Imihanda yinjira mu mujyi igiye gushyirwamo ibihangano nyabugeni

July 14, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100

July 18, 2026

Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi

July 16, 2026

RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2

July 14, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.