Muri Yosuwa 6:26, hagira hati: “[26]Icyo gihe Yosuwa arabihanangiriza arahira ati: “Umuntu uzahaguruka akajya kūbaka uyu mudugudu w’i Yeriko, avumwe imbere y’Uwiteka. Igihe azubaka urufatiro rwaho azapfushe imfura ye, n’igihe azahaterera inzugi z’amarembo azapfushe umuhererezi we.”
Mu rugamba rwari rukomeye cyane i Yeriko, Yosuwa byarangiye ahavumye kuburyo nyuma yo kuhasenya hose, Yosuwa yahise avuga ngo uzongera kuhubaka agitangira azapfushe imfura, narangiza kuhubaka azapfushe umuhererezi kandi koko niko byagenze.
NTUZABE NK’UMUGABO HIYELI WUBATSE AHANTU ATAZI AMATEKA YAHO AKAHAKURA IMBWA YIRUKA.
Mu 1 Bami 16:34 hagira hati: “[34]Ku ngoma ya Ahabu, Hiyeli w’i Beteli yubaka i Yeriko. Igihe yubakaga urufatiro apfusha umwana we w’imfura witwaga Abiramu, ashinze ibikingi by’amarembo apfusha umuhererezi we witwaga Segubu, nk’uko Uwiteka yari yavuze abivugiye mu kanwa ka Yosuwa mwene Nuni.
Mu buzima ibyo ukora byose, ujye wita no ku mateka y’uwo uriwe nibyo urimo n’aho uri kubikorera bizatuma ufata imyanzuro izajya ituma ihorana intsinzi, umunezero n’ibyishimo.
INTUMVA IRIRA KU MUZIRO:
Menya ibyo ababyeyi bawe b’umubiri n’abo bakomokaho bavuze nibyo bakoze; Menya ibyo ababyeyi bawe bo mu mwuka bavuze; Menya ibyo abategetsi mu gace runaka bavuze, nibwo uzamenya uko witwara mu buzima bikagenda neza. Naho ubundi hari abapfusha; Abahomba; Ababa mu buzima bubi batazi impamvu yabyo cyangwa kutumva kwabo bikabakenya.
Imana iguhe umugisha, ndagukunda!
Pasteur Alphonse HABYARIMANA.

