Muri Matayo 4:18-22, hagira hati: “[18]Agenda iruhande rw’inyanja y’i Galilaya abona abavandimwe babiri, Simoni witwaga Petero na Andereya mwene se, barobesha urushundura mu nyanja kuko bari abarobyi;
[19]Arababwira ati “Nimunkurikire nzabagire abarobyi b’abantu.”;
[20]Uwo mwanya basiga inshundura baramukurikira;
[21]Yicumye imbere abona abandi bavandimwe babiri, umwe ni Yakobo mwene Zebedayo na Yohana mwene se, bari mu bwato hamwe na se Zebedayo bapfundikanya inshundura zabo, arabahamagara;
[22]Uwo mwanya basiga ubwato na se, baramukurikira.
NAWE UMWAMI YESU ARAGUHAMAGARA NGO UMUKURIKIRE.
Buri munsi ijambo ry’Imana rikugeraho rikubwira ngo uve mubyo urimo wihe Umwami Yesu wemere ayobore imigenzereze yawe ariko ukomeje kwinangira. Intumwa 12 zakurikiraga Yesu zitabanje gushyiramo imibare myinshi nk’uko twabisomye, ahubwo ngo ako kanya iyo yabibasabaga bahitaga bava mubyo barimo bakamukurikira.
YESU YARI AFITE AKAZI KENSHI KANDI YAGOMBAGA GUKORA MU GIHE GITO.
Yesu kugira ngo ubone aza aho uri byabaga ari ibintu bidasanzwe kuko yabaga ari mu kazi kenshi. Ndetse n’igihe inshuti ye Razaro yarwaraga ikarinda gupfa, bari baramutegereje ngo azaza amukize ariko baramubura.
MU BURYO BWOSE WABONA BWO KWIHA NO GUKORERA UMWAMI YESU NTIBUKAGUCIKE.
Nibahamagara abakizwa ntuzatinde kwitaba niba utarakizwa; Nibahamagara abakorera Imana ntuzatinde niba wagiriwe icyizere; Nibahamagara uwitanga kubw’umurimo w’Imana ntugatinde kubikora kuko ni amahirwe uba uhawe ngo ugire ibyo wizigamira mu bwami bw’Imana.
Imana iguhe umugisha, ndagukunda!
Pasteur Alphonse HABYARIMANA.

