Author: MANIRAGUHA Ladisilas

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku baturage (UNFPA) rivuga ko nibura abakobwa miliyoni 4.5 bashobora kuzahura n’ikibazo cy’isiramurwa mu mwaka wa 2026. UNFPA igaragaza ko ku isi hose abagore n’abakobwa bagera kuri miliyoni 230 bamaze gukorerwa iri hohoterwa, rifatwa nk’ikorwa rinyuranyije n’uburenganzira bwa muntu. Nubwo hari aho bikorwa n’abakozi bo mu rwego rw’ubuvuzi, UNFPA ivuga ko bidafite ishingiro mu buvuzi kandi ko nta mpamvu n’imwe y’ubuvuzi ishobora kurishyigikira. Iyi ngeso iboneka mu bihugu 94 byo ku migabane itandukanye. Nubwo hari imbaraga zikomeje gushyirwa mu kuyirwanya, UNFPA ivuga ko abakobwa n’abagore benshi bagihura n’ingaruka zikomeye ku buzima bw’umubiri n’ubw’umutima. Raporo igaragaza ko…

Read More

Komisiyo y’Igihugu y’amatora muri Uganda, yatangaje ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yongeye gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu ku majwi 71,6%, mu bakandida barindwi bari bahatanye. Aya majwi y’agateganyo yatangajwe, yerekana ko Robert Kyagulanyi Ssentamu wamenyekanye mu muziki nka Bobi Wine, we yagize amajwi 24,72%. James Nandala Mafabi ubakurikiye, yagize ijwi 1,88%, abandi basaranganya amajwi asigaye. Muri aya matora yabaye tariki ya 15 Mutarama 2026 yitabiriws ku kigero cya 52,5% mu bantu miliyoni 21,6 bari kuri lisiti y’itora. Komisiyo yagaragaje ko habaruwe amajwi miliyoni 11.090.848 yakusanyijwe kuri site 50.739 zo hirya no hino mu gihugu. Ay’abatoye Museveni ni 7.946.772, aya Bobi Wine…

Read More

Kuba u Rwanda ruriho mu mutekano usesuye n’abenegihugu (Abanyarwanda) babanye neza si ibya none ahubwo ni uko abakurambere babiharaniye kabone n’ubwo abakoloni barukomye mu nkokora barubibamo amacakibiri yarugejeje kuri Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994, hakicwa abasaga Miliyoni. Ibi nibyo biteye umunyamakuru wa Karibumedia.rw gusubiza amasomo inyuma mu mateka y’u Rwanda kugira ngo ayasangize abatoya by’umwihariko urubyiruko n’abandi batayazi kubwo kudacengera amateka. Aha umunyamakuru wa Karibumedia.rw arahera ku ngoma ya Kigeli Rwabugiri aho yimye mu mwaka wa 1865 noneho ageze mu mwaka wa 2010, ubwo u Rwanda rwinjiraga mu muryango w’ibihugu by’iburasirazuba bw’Afurika ari nawo mwaka wabayemo amatora ya Perezida…

Read More

Abanyeshuri 31 bize amasomo y’igihe gito (Amezi 6) muri Muhabura Integreted Polytehnic College(MIPC) bizwi nka “Short course” mu bijyanye no guteka, kuri uyu wa gatanu, tariki 16/01/2026 bahawe impamyabumenyi zabo, bityo basabwa kuzazibyaza umusaruro bumva ababagana, kugira isuku n’indangagaciro bakagaragaza itandukaniro n’abakora uwo mwuga batarageze mu ishuri. Ibi babisabwe n’Umuyobozi w’agateganyo w’iri shuri Bwana MANZI Innocent wabanje gushimira abanyeshuri ko bitwaye neza, bakiga bagatsinda none bakaba bagiye ku isoko ry’umurimo ndetse ashimira ababyeyi n’abarimu uburyo bitanze ngo abana bige neza kandi bagire ubumenyi buhagije. Yagize ati” Nyuma yo gushimira abanyeshuri ku muhate bagize ngo babone ubumenyi bifuzaga, nashimira ababyeyi n’abarimu…

Read More

Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) isuzuma ibyo abantu bakoresheje mu ngendo bakoreye mu Rwanda [Travel Expenditure Survey:TES] yagaragaje ko mu 2024, abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyoni 579,5$, ni ukuvuga arenga miliyari 839,9 Frw Frw mu bintu bitandukanye bahashye byabafashije kubaho bari mu gihugu. Iyi raporo igendera ku byo umuntu yaguze mu gihugu kuva yinjiye yaba yanyuze ku mupaka wo ku butaka cyangwa yinjiriye ku kibuga cy’indege kugeza igihe ahaviriye. Abayikora basaba inyemezabuguzi abo batoranyije igihe bagiye kuva mu gihugu hakarebwa ingano y’amafaranga bakoresheje ku icumbi, amafunguro, kwishimisha, no kugura inzibutso batahana. Imibare igaragaza ko abinjira…

Read More

Ingabo z’ibihugu bigize umuryango wa BRICS, kuri uyu wa 10 Mutarama 2025 zatangiye imyitozo ya gisirikare ikaze mu mazi ya Afurika y’Epfo. Iyi myitozo yitabiriwe n’ibihugu byari bisanzwe muri BRICS birimo Afurika y’Epfo, u Bushinwa, u Burusiya n’ibindi bitandatu byiyongereye muri uyu muryango birimo Iran. Ibaye mu gihe umwuka mubi ukomeje gututumba hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na bimwe mu bihugu bigize uyu muryango nk’u Burusiya, Iran n’u Bushinwa. K’u Burusiya, uyu mwuka mubi watutumbye ubwo ingabo za Amerika zafataga ubwato bunini butwara ibikomoka kuri peteroli bwari butwawe n’Abarusiya, buzwi nka Bella 1, zisobanura ko ari ubwa…

Read More

Ni urubanza rwari rwaburanishijwe ku wa 04/12/2025 rukaburanishirizwa aho icyaha cyakorewe muri Center ya Kanyirarebe iherereye mu kagari ka Nyangwe, umurenge wa Gahunga mu karere ka Burera, bityo rukaba rwasomwe batatu muri bo bagahamwa n’icyaha, undi umwe akagirwa umwere ariwe Habyarimana Claude. Batatu mu bahamwe n’icyaha harimo umusirikari Sdt Hangimana Theoneste na mugenzi we Pte Hirwa Augustin n’umusivili umwe Ntabareshya Janvier mu gihe undi musivili bareganwaga nabo witwa Habyarimana Claude yagizwe umwere. Nku’uko mwabyisosomeye mu nkuru yabanjiruije iyi ngiyi nuko aba bagabo bose baregwaga ubujura bwiitwaje intwaro (Icyasha). Aba bagabo bose bakaba barashinjwaga icyaha cy’ubujura bwitwaje intwaro, icyaha giteganywa kandi…

Read More

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 18 Ukuboza, inyeshyamba za AFC / M23 n’inyeshyamba za Wazalendo zishyigikiwe na FARDC zongeye gucakirana mu mirwano i Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru. Nk’uko amakuru aturuka ahabareye imirwano agera kuri  ACTUALITE.CD abitangaza, ngo inyeshyamba zimaze ukwezi zitakaje ibirindiro i Kinyumba, ku birometero 10 uvuye i Nyabiondo ku muhanda wa Pinga, zagabye igitero ku birindiro bya Wazalendo mu ma saa kumi za mu gitondo kugira ngo zisubize umudugudu, ariko birananirana. Wazalendo ivuga ko yahagaritse igitero cy’inyeshyamba za AFC/M23, maze zisubira i Nyabiondo nyuma y’imirwano ikaze. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, biravugwa ko i Kinyumba…

Read More

Kuri uyu wa kabiri mu karere ka Burera hakozwe umuganda w’igitondo cy’isuku, wahuje abaturage bo mu murenge wa Gahunga n’ubuyobozi bw’akarere ka Burera. Ni umuganda wakorewe muri centre ya Gahunga, umuganda witabiriwe n’abaturage biganjemo abo mu kagari ka Kidakama bunganiwe n’abayobozi b’inzego z’ibanze bo mu murenge wa GAHUNGA mu tugari twose tugize uwo murenge ‘’Kuva kuri mudugudu ukagera ku murenge’’.Umuganda watangiye saa moya za mugitondo, wakorewe mu kagari ka Kidakama; Watangijwe n’Umuyobozi w’Umurenge wa GAHUNGA, Bwana BUTOYI Louis. Ni umuganda witabiriwe n’abaturage mu ngeri zitandukanye, hari n’Umuyobozi w’akarere ka BURERA, Madame MUKAMANA Solina aherekejwe n’inzego z’Umutekano “Police na DASSO”; Umuyobozi…

Read More

Mu mudugudu wa Yorodani, Akagari ka Cyabararika, Umurenge wa Muhoza mu karere ka Musanze, haravugwa inkuru y’urubanza rwabaye agatereranzamba (Rumaze imyaka n’imyaniko rwarabuze gica). Ni urubanza rwatangiriye mu mudugudu rugafatirwa umwanzuro n’Inteko y’Abunzi b’Umurenge wa Muhoza kuwa 16/02/2012 ariko nyiri ugutsindwa Nsengiyumva Jean Claude akajuririra uwo mwanzuro w’Abunzi mu rukiko rw’ibanze rwa Muhoza naho agatsindwa, rugategeka uyu Nsengiyumva Jean Claude kuva mu butaka bwa Mbarushimana Emmanuel aho yari yatwaye hangana na 13,50 m kuri  2,50 m. Amakimbirane nibwo yarushijeho kwiyongera biba ngombwa ko Nsengiyumva Jean Claude ava iwe mu rugo kuko ubwo twakoraga iyi nkuru, Karibumedia.rw yabonye amasezerano ifitiye kopi…

Read More