Author: MANIRAGUHA Ladisilas

Muri Matayo 13:54_ 57 hagira hati: “Ajya mu gihugu cy’iwabo, aheraho yigishiriza mu masinagogi yabo, bituma batangara bati: “Ubu bwenge n’ibi bitangaza uyu yabikuye he”? [55] Mbese harya si we wa mwana w’umubaji? Nyina ntiyitwa Mariya, na bene se si Yakobo na Yosefu na Simoni na Yuda?; [56] Bashiki be na bo bose ntiduturanye? Mbese ibyo byose yabikuye he”?; [57] Ibye birabagusha.Yesu arababwira ati: “Umuhanuzi ntabura icyubahiro, keretse mu gihugu cy’iwabo no mu nzu yabo”. Niba hari umumaro ufitiye abantu ariko bo bakaba batabibona ntibikakubabaze kuko na Yesu byamubayeho iwabo. Kora ibyo ugomba gukora, uzagirire neza bose uko uzabishobozwa n’Imana.…

Read More

Imitwe igize ihuriro Wazalendo rishyigikiwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yongeye gusubiramo ipfa santere ya Mwenga mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Sosiyete sivili ikorera muri teritwari ya Mwenga yasobanuye ko iyi mitwe irimo uyobowe n’uwiyise ‘Général Malaika’ n’uwa ‘Général Nyakiliba’, iri kurasana ikoresheje intwaro z’ubwoko butandukanye kuva ku mugoroba wo ku wa 17 Nzeri 2025. Umuyobozi muri iyi sosiyete sivili yagize ati “Kuva ejo ku mugoroba, imirwano ikomeye ihanganishije imitwe ibiri yo muri Wazalendo mu murwa mukuru wa teritwari ya Mwenga. Abarwanyi b’uwiyita Général Malaika n’aba Général Nyakiliba bari kurwanira kugenzura santere ya Mwenga.” Umwe mu bavuga…

Read More

Kuri uyu wa 16 Nzeri 2025, mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge habereye Urubanza ruregwamo uwahoze ari Minisitiri w’Ibikorwaremezo Dr Ernest Nsabimana, uyu ashinjwa n’umukobwa uvuga ko bakundanye amwizeza kuzamugira umugore nyamara birangira yishakiye undi. Nyiri ukurega akavuga ko uko kubeshywa, byamugizeho ingaruka zirimo n’uburwayi budakira. Ni urubanza rwabereye benshi urujijo, cyane ko hari abavugaga ko bibabereye ubwa mbere kumva ibirego bishinja uwabeshye undi ibitangaza by’urukundo akaza kumwisubirana, mu gihe undi yari yamaze kumwiyegurira wese. Nyuma ngo baje kumvikana ko bagomba kubana, bakabanza cyakora guca m’Umurenge, noneho ibigendanye n’indi mihango bikazaza nyuma. Uko ari babiri babyumvikanye gutyo, Chantal abimenyesha n’ababyeyi bidatinze…

Read More

IBYAKOZWE N’INTUMWA 5:8-11 hagira hati: “[8]Petero aramubaza ati “Mbwira, mbese ibi biguzi ni byo mwaguze isambu?”Aramusubiza ati: “Yee, ni byo” [9]Petero aramubaza ati “Ni iki gitumye muhuza inama yo kugerageza Umwuka w’Umwami Imana? Dore ibirenge by’abamaze guhamba umugabo wawe bigeze ku muryango, nawe barakujyana” [10]Muri ako kanya amugwa ku birenge umwuka urahera. Ba basore binjiye basanga amaze gupfa, baramujyana bamuhamba hamwe n’umugabo we. [11]Itorero ryose n’ababyumvise bose bagira ubwoba bwinshi”. Iyi ni inkuru ya Ananiya na Safira umugore we, aho abakiristo ba mbere bakusanyaga ibyabo bagasangirira hamwe ntihagire uwicwa n’inzara muri bo. Buri muntu wese yazanaga ibyo afite, kugeza naho…

Read More

Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki ya 13/09/2025, nibwo hasakaye inkuru y’akababaro ko mwarimu Oscar TURINAYO wigishaga kuri Groupe Scolaire Nyangwe yitabye Imana. Bikekwa ko yaba yariyahuye. Uyu mwarimu akaba yaraherutse gushinga ishuri ry’inshuke mu murenge wa Rugarama; Akagari ka Gafumba mu mudugudu wa Gafumba ariko Umuyobozi avec Akagari ka Gafumba akaza kurihagarika. Iyi nkuru ikaba yamenyekanye, ubwo ababyeyi be bafataga icyemezo cyo kumushakisha kuko hari hashize iminsi itatu telefoni ye idacamo ; Ababyeyi be bari batuye mu karere ka Rubavu, ahitwa Mahoko. Bageze aho yaracumbitse basanga urugi rukingiye imbere, bafata icyemezo cyo kurwica bageze mu nzu bamusanga mu…

Read More

U Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Nzeri, rwohereje abasirikare n’abapolsi bashya i Cabo Delgado muri Mozambique, aho bagiye mu butumwa bwo kurwanya iterabwoba. Aba basirikare n’abapolisi bagiye gusimbura bagenzi babo bari bamaze umwaka muri iriya ntara. Mbere yo guhaguruka ku kibuga cy’indege cya Kigali babanje gusezerwaho n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj. Gen Vincent Nyakarundi cyo kimwe n’Umuyobozi wungirije wa Polisi y’Igihugu ushinzwe ibikorwa, CP Vincent Sano. Mbere y’uko aba basirikare n’abapolisi bahaguruka, babanje guhererwa impanuro mu kigo cya gisirikare cya Gako na Maj. Gen Nyakarundi cyo kimwe na CP Sano. Mu izina rya Perezida Paul Kagame…

Read More

Mu ijoro ryakeye ryo ku wa 13/09/2025 mu ma saa tatu n’igice “21h30”, mu mudugudu wa Muhabura; Akagari ka Karangara ; Umurenge wa Rugarama mu karere ka Burera, humvikanye inkuba yakubise Oliva BYUKUSENGE. Abaturanyi batabaye, bamutwara kwa muganga ariko agerayo karangiye. Abantu bamwe bavuga ko inkuba ikubita uwo bayirogesheje ariko sibyo; Abandi bakavuga ko ikunze ahantu hari amabuye y’agaciro ariko ibi nabyo ntawabihamya, umunyamakuru wa Karibumedia yageze muri uwo muryango bavuga ko muri ako gace n’ubundi yigeze ihicira umuntu ahagana mu 1965. Umukuru w’umuryango ati: “Umugabo witwaga SURUHUNGO umugabo wa NYIRANTIBAGAYIRWA inkuba yamukibitiye haruguru aha, ahitwa ku Murambi ahagana mu…

Read More

Brig Gen Olivier Gasita ushinzwe ibikorwa by’igisirikare n’ubutasi mu karere ka gisirikare ka 33 mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yahunze umujyi wa Uvira abitewe n’igitutu cy’imitwe yitwaje intwaro yibumbiye muri Wazalendo. Abo mu nzego z’umutekano bahamya ko Brig Gen Gasita yavuye muri Uvira mu rukerera rwa tariki ya 9 Nzeri 2025, basobanura ko ituze ryagaragaye muri uyu mujyi rifitanye isano no kugenda kwe. Andi makuru ahamya ko uyu musirikare yahungishirijwe i Bujumbura, bigizwemo uruhare n’abari bamurinze barimo n’abasirikare b’u Burundi. Brig Gen Gasita ahunze nyuma y’imyigaragambyo ikomeye yabereye muri Uvira tariki ya 8 Nzeri, ipfiramo “abantu…

Read More

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yanenze Israel yagabye igitero kuri Qatar kigamije kwivugana abayobozi b’umutwe wa Hamas bari i Doha. Trump yavuze ko icyemezo cyo kugaba igitero kuri Qatar cyafashwe na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu wenyine. Ku wa 9 Nzeri 2025 nibwo Israel yagabye ibitero kuri Qatar ikoresheje indege z’intambara zigera kuri 15 zirasa ibisasu bigera ku 10. Ibi bitero byishe abantu benshi bo muri Hamas barimo n’umuhungu wa Khalil al-Hayya uri mu bayobozi bakuru b’uyu mutwe umaze imyaka ibiri uhanganye na Israel mu ntambara. Hamas yavuze ko abayobozi bakuru bayo barokotse iki…

Read More

Nyuma y’aho i Bujumbura humvikanye inkuru idasanzwe yo gutandukanya abagabo n’abagore ku mirongo mu gihe bategereje imodoka muri gare, Leta y’u Burundi yafashe icyemezo cyo kwisubira. Iki cyemezo cyari cyafashwe biturutse ku kwinuba kw’abagore n’abakobwa bajya gutega bisi muri gare y’i Bujumbura. Bavugaga ko iyo bari mu mirongo, abagabo cyangwa se abasore babegereza imibiri yabo cyangwa se bakabakora ku bibuno. Kubera uku kwinuba, ku wa 3 Nzeri 2025 ubuyobozi bushinzwe gutwara abantu n’ibintu bwategetse ko abagabo bajya batonda imirongo ukwabo, n’abagore ukwabo, kandi bakajya mu modoka zitandukanye mu rwego rwo guca iyi ngeso. Umuyobozi ushinzwe gutwara abantu n’ibintu i…

Read More