Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi
  • MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi
  • Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya
  • RWANDA: Urwagwa; Ikigage; Ubushera n’umutobe ntibyaciwe ahubwo bigomba guteguranwa isuku
  • RWANDA: Imyiteguro yo ” Kwita amazina” Abana b’Ingagi 22 mu 2026 irarimbanije
  • MUSANZE: Hamenwe litiro zisaga ibuhumbi 30 za Ethanol n’amakarito 4200 y’inzoga zitujuje ubuziranenge
  • NGORORERO: Ibihazi byari byivuganye Gitifu w’umurenge akizwa n’amaguru
  • MUSANZE: Ikigo “RED ROCKS”, cyaganuje abaturanyi bacyo n’abanyamahanga karahava
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » Abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 839,9
Amakuru

Abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 839,9

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasJanuary 10, 20269 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) isuzuma ibyo abantu bakoresheje mu ngendo bakoreye mu Rwanda [Travel Expenditure Survey:TES] yagaragaje ko mu 2024, abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyoni 579,5$, ni ukuvuga arenga miliyari 839,9 Frw Frw mu bintu bitandukanye bahashye byabafashije kubaho bari mu gihugu.

 

Iyi raporo igendera ku byo umuntu yaguze mu gihugu kuva yinjiye yaba yanyuze ku mupaka wo ku butaka cyangwa yinjiriye ku kibuga cy’indege kugeza igihe ahaviriye.

 

Abayikora basaba inyemezabuguzi abo batoranyije igihe bagiye kuva mu gihugu hakarebwa ingano y’amafaranga bakoresheje ku icumbi, amafunguro, kwishimisha, no kugura inzibutso batahana.

 

Imibare igaragaza ko abinjira mu gihugu bakoresheje inzira y’amaguru ari bo benshi ariko abakoresha indege bakagira uruhare runini cyane mu mafaranga yinjira binyuze mu byo baguze.

Nk’urugero abinjiye mu gihugu bakoresheje inzira y’indege bakoresheje miliyoni 445 $ n’imisago mu 2024, abinjiye n’amaguru bakoresha arenga miliyoni 130 $.

Mu gihembwe cya mbere cya 2024, abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje miliyoni 106,1$ mu byo baguze byose imbere mu gihugu kugeza batashye, hatabariwemo tike y’indege. Mu gihembwe cya kabiri yariyongereye agera kuri miliyoni 112,6 $ na ho mu gihembwe cya gatatu aba miliyoni 161,3 $ mu gihe mu gihembwe cya kane yageze kuri miliyoni 102,2 $.

Abakoresha amafaranga menshi mu basura u Rwanda harimo abahageze nk’ahantu ho kuruhukira n’abasuye inshuti n’imiryango.

Ku rundi ruhande Abanyarwanda bajya mu mahanga, harebwe ku nyemezabuguzi binjiranye ku mupaka cyangwa ku kibuga cy’indege ubwo bari batashye, bigaragara ko bakoresheje miliyoni 363,8 $ mu 2024.

2025 yatangiye neza…

Raporo yashyizwe hanze ku wa 15 Ukwakira ikubiyemo imibare y’ibihembwe bibiri bya 2025 igaragaza ko abanyamahanga bageze mu Rwanda hagati y’Ugushyingo 2024 na Mutarama 2025 bakoresheje miliyoni 130,7 $ na ho mu gihembwe cya kabiri aba miliyoni 121,7 $.

Ugereranyije iyi mibare n’iy’umwaka wa 2024, usanga ibihembwe byombi bya 2025 byarinjirije u Rwanda amafaranga menshi ugereranyije na bibiri bya mbere bya 2024.

Kugeza ubu u Rwanda rwashyize imbaraga mu kubaka ibikorwaremezo birufasha kuva igicumbi cy’ikoranabuhanga, imikino, ubwikorezi bwo mu kirere n’ubukerarugendo.

Kugeza ubu Ishami ry’Ubukerarugendo mu Rwego rw’Abikorera mu Rwanda ribarizwamo ibigo 1,360 n’amahuriro arindwi y’ubukerarugendo butandukanye.

Ibyumba by’amahoteli mu 2024 byari ibihumbi 25, ndetse bigenda byiyongera kuko hari nyinshi zafunguye imiryango mu 2025.

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026

RWANDA: Imyiteguro yo ” Kwita amazina” Abana b’Ingagi 22 mu 2026 irarimbanije

August 12, 2026

NGORORERO: Ibihazi byari byivuganye Gitifu w’umurenge akizwa n’amaguru

August 10, 2026
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,817 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,574 Views

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 20251,080 Views

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026991 Views

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

By MANIRAGUHA LadisilasAugust 15, 20260

Mu rwego rwo kwitegura neza umuhango wo kwita izina abana b’ingagi, umuhango uteganijwe kuya 04/09/2026:…

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026

RWANDA: Urwagwa; Ikigage; Ubushera n’umutobe ntibyaciwe ahubwo bigomba guteguranwa isuku

August 13, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.