Subscribe to Updates
Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.
- Hari Ubwigenge nyakuri no Kwibohora biva ku Mana
- Gakenke: Ingabo na Polisi y’u Rwanda, bashyikirije imiryango cumi n’ibiri”12″ impano z’inzu
- Diyoseze Gatolika ya Ruhengeri: Mu ma Paroisse atandukanye, hatangajwe aho Abapadiri bazakorera ubutumwa (Nominations) mu mwaka wa 2026/ 2027
- Brig. Gen. Patrick Karuretwa Umuvugizi wa RDF Yaganirije urubyiruko ruri mu Itorero Indangamirwa Icyiciro cya 16
- Mu Rwanda: Abana 5% bari munsi y’imyaka itanu bafite ibibazo by’umubyibuho ukabije
- BURERA: Abikorera biyemeje kudakura mu ruge mu gutera inkunga abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994
- IBIDASANZWE KU MURYANGO W’ABAKONO
- MUSANZE: SINGITA HOTEL yaremeye imiryango ine(4) y’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994
Author: MANIRAGUHA Ladisilas
Mu mudugudu wa Karunyura; Akagari ka Kabeza mu murenge wa Cyuve haravugwa urupfu rutunguranye rw’umugabo witwa KAYITARE Jean Paul bita Madanganya w’imyaka 45 wakoga umurimo w’ubukomvayeri (Convoyeur) muri Gare ya Musanze, yasanzwe mu nzu yari acumbitsemo yapfuye. MUKANGWIJE Jacqueline ni umugore wa Nyakwigendera bari bamaze imyaka 19 batabana. Aganira na Karibumedia.rw yavuze ko yibanaga ariko ko basezeranye mu buryo bwemewe n’amategeko bakabyarana abana babiri (Umuhungu w’imyaka 10 n’umukobwa w’imyaka 8) ariko ko nta kindi kibazo bari bafitanye nubwo batabanaga. Yagize ati: “KAYITARE Jean Paul twashakanye mu buryo bwemewe n’amategeko ariko tubana neza nk’umugore n’umugabo imyaka 8 gusa naho imyaka 19…
Kuri uyu wa 7 Mata 2026, Abanyarwanda n’inshuti batangiye icyumweru cy’icyunamo n’ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi yatwaye ubuzima bw’abarenga miliyoni 1 mu minsi 100 gusa. Ibi bikorwa byo Kwibuka bifite insanganyamatsiko igira iti: “Twibuke, Twiyubaka” bikangurira Abanyarwanda bose kuzirikana abazize Jenoside, banakomeza urugendo rwo kubaka ibyo aya mateka yangije mu myaka 32. Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe AU, ubinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo watangaje ko uzifatanya n’Abanyarwanda ndetse n’Isi yose muri ibi bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi. Muri ubu butumwa AU yagize iti: “Uyu munsi ni umwanya mwiza wo kwigira…
Ibi Minisitiri w’Inganda n’ubucurizi, Prudence Sebahizi yabisabye Abanyarwanda bose. Gukora ingendo za ngombwa hagamijwe gufasha Igihugu kugabanya amafaranga yagendaga ku gutumiza mu mahanga cyane ibikomoka kuri peteroli, by’umwihariko muri iki gihe byahenze. Yasobanuye ko hari ingamba Igihugu cyafashe kugira ngo ibikomoka kuri peteroli bitabura, harimo kugabanya umuvuduko w’ibyo Abanyarwanda bakoresha bitumizwa hanze no kongera umuvuduko mu gukoresha ibikorerwa mu gihugu. Yagize ati: “Abakora ingendo tugomba kuzigabanya ngo dukore ingendo zijyanye n’ubushobozi bwacu, abagura amatike y’indege naho ni uko, bazasanga yahenze […] Gukora ingendo ziri ngombwa biratureba twese nk’Abanyarwanda.” Minisitiri Sebahizi agaruka ku by’ingendo, yavuze ko abantu bashishikarira kugabanya uburyo…
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, yasabye abayobozi n’abafatanyabikorwa mu Karere ka Rwamagana gukora ibishoboka byose kugira ngo umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi wikube kabiri, haba mu bwinshi no mu bwiza. Yabitangaje muri iki cyumweru, ubwo muri aka Karere haberaga inama nyunguranabitekerezo ku buhinzi n’ubworozi. Ni inama yibanze ku guhuza ingufu zisubira na gahunda y’ibyanya bigega by’ibiribwa (FoBaSI), hagamijwe kongera umusaruro hisunzwe ikoranabuhanga, amakuru y’iteganyagihe no gukora ubuhinzi buteye imbere. FoBaSi ni gahunda ya leta igamije guteza imbere ahantu hava umusaruro mwinshi, aho abahinzi bubakirwa ubushobozi mu bmenyi n’amafaranga, bagahabwa inyongeramusaruro n’ibindi bifasha guteza imbere ubuhinzi. Muri ibyo bice biba byahuje ubutaka Leta…
Umuryango Mpuzamahanga wa Teen Challenge, urwana urugamba rwo gufasha no guhindura ababaye imbata zo gukoresha ibiyobyabwenge, wongereye ubumenyi abawuhagarariye mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba. Ni amahugurwa y’iminsi itanu yabereye i Kigali, yitabiriwe n’abaturutse muri Tanzania; Kenya; u Burundi; u Rwanda; Uganda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Aya mahugurwa yibanze ku gukarishya abakozi ba Teen Challenge muri Afurika y’Iburasirazuba, kugira ngo barusheho kumenya neza ibyo bakora no kungurana ubumenyi. Bigishijwe uburyo bwo gufasha urubyiruko rucumbikiwe mu bigo ngororamuco ndetse no muri za ‘rehab’ no kumenya uko bafasha abantu kuva mu biyobyabwenge. Bahuguwe kandi kuri gahunda yo kubaho wisanzuye ‘Living Free’,…
Umuryango mpuzamahanga urwanya Ruswa n’akarengane ishami ry’u Rwanda (TI-Rwanda) wagaragaje ko ibyuho biri mu mategeko no mu mikoranire idahwitse hagati y’inzego za Leta ari imwe mu mpamvu nyamukuru zituma imikoreshereze y’imari ya Leta idindira, bigatuma hari amafaranga akoreshwa nabi cyangwa adatanga umusaruro wari witezwe. Ubu busenguzi bwamuritswe ku wa 02 Mata 2026, bwibanze kuri raporo y’umwaka wa 2023 kugeza muri 2024, iherutse kugezwa ku Nteko Ishinga Amategeko, iyi raporo ikorwa n’umugenzuzi mukuru w’ingengo y’imari wa leta. Intego nyamukuru yiri sesengura rikorwa na TI_ Rwanda rimaze imyaka 18 rikorwa ni ukureba niba amafaranga y’abaturage atangwa mu ngengo y’imari akoreshwa neza ndetse…
Uturere tugize igihugu cy’u Rwanda twose hamwe ni 30. Akarere kayoborwa na meya, afatanije n’Inama_ Njyanama ifata ibyemezo ishyirwaho binyuze mu matora. Iyi nama-njyanama ifite inshingano zo gushyira mu bikorwa imigabo n’imigambi bya Leta bijyanye n’ubukungu n’iterambere. Abari muri manda zabo za mbere barabyemerewe naho abari mu za kabiri, oya. Abatabyemerewe: Rutaburingoga Jérôme wa Gisagara; Sebutege Ange wa Huye; Habarurema Valens wa Ruhango; Kayitare Jacqueline wa Muhanga; Mutabazi Richard wa Bugesera; Mbonyumuvunyi Radjab wa Rwamagana; Gasana Richard wa Gatsibo na Mukandayisenga Antoinette wa Nyabihu. Abari muri manda zabo mbere: Ildebrand Niwemwungeri wa Nyamagabe; Emmanuel Murwanashyaka wa Nyaruguru; Dr Sylivere Nahayo wa…
Abajura batatu bo mu karere ka Rubavu bibye inka barayibaga, bafatanwa igihanga cyayo bagiye kucyambutsa muri Congo. Ntawushiragahinda Kigingi bita ‘Kanyentama’, yafatiwe n’irondo ry’umwuga mu Mudugudu wa Nyamugari; Akagari ka Mahoko; Umurenge wa Kanama mu karere ka Rubavu afite igihanga cy’inka mu ntoki, bagenzi be babiri bari kumwe baracika. Bakaba bendaga kucyamutsa mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Umwe mu bari kuri iri rondo ry’umwuga ryamufashe, yabwiye Imvaho Nshya ko aba uko ari 3 bari bitwaje ibyuma na zimwe mu nyama z’iyi nka, bashaka inzira zo kuzambutsa ngo bazijyane muri RDC. Ati: “Agifatwa yagiye kutwereka aho we…
Ikigo cy’amashuri abanza ya Musanzu, giherereye mu murenge wa Gahunga; Akarere ka BURERA mu kagari ka Buramba. NIYOGISUBIZO Fiacle ni umwana w’imyaka cumi n’umwe “11ans”, yiga mu mwaka wa kabiri kuri iki kigo; Ni mwene NSABIMANA Ernest, batuye mu murenge wa Rugarama. Aherutse kotswa n’isupu y’ibishyimbo, yamaze ibyumweru bibiri atagera mu ishuri. Iyi nkuru twayimenye ku wa 20/03/2026, ubwo abandi babyeyi barerera kuri icyo kigo batwegeraga bakadusaba kubakorera ubuvugizi ku bana babo bakoreshwa imirimo y’agahato. tumaze kumenya iby’iyi nkuru twashatse umubyeyi wa Fiacle tumubaza iby’uwo mwana we bivugwa ko yahiye, adutangariza ko koko ariko byagenze: Agira ati: ” Nibyo koko…
IZABAYO ni umuturage w’Akarere ka Burera, abarizwa mu murenge wa Gahunga; Akagari ka Kidakama mu mudugudu wa Songa. Ni umugabo w’imyaka mirongo itatu “30ans”; Arubatse, afite umugore n’umwana umwe. Ni umukozi w’uruganda “SAGA BLESSING Ltd”, ku wa 26/04/2025 yakoze impanuka “Umufuka w’ibigori umugwaho, avunika urutirigongo”. Ubu uruganda rwaramwihakanye, naho ubuyobozi bw’umurenge buramwigarika. SAGA BLESSING Ltd, ni ruganda rutunganya umusaruro w’ibigori, rukawubyaza ifu ya Kawunga n’igiheri nk’ibiryo by’amatungo. Izabayo yabaye umukozi waho igihe cy’imyaka itanu”5″: Mu myaka itatu ya mbere yakoze mu biryo by’amatungo, igiheri bakigemura mu mugi wa Musanze; Indi myaka ibiri yakoraga akazi ko gupakurura ibigori no gupakira Kawunga…
