Author: MANIRAGUHA Ladisilas

Mu kanya saa 12h45 inkuba ikubise umugore witwa MWISENEZA Dorcas, utuye mu mudugudu wa Gasiza; Akagari ka Karangara. Imukubise yicaranye n’umugabo we NDUWAYEZU, aho bombi bari bugamye mu kabare ko mu i Centre ya Gitesani; Ikubise n’undi mugore witwa NYIRABIKARI wo mu mudugudu wa Sasa ariko we biramenyekanye ko yari yugamye munsi y’igiti; Imukubitiye mu mudugudu wa Muhabura, aho yari mu murima n’abandi. Aba bombi bahise bakorerwa ubutabazi byihuse, batwawe n’abamotari ku ivuriro “Centre de Santé” rya Rugarama naho umwana uri mu kigero cy’imyaka 2 wo muri aka kagari ka Karangara; Umudugudu wa Gasiza, bimaze kumenyekana ko yatembanwe n’umuvu w’amazi…

Read More

Muri Matayo 7:24-27, hagira hati: “[24]“Nuko umuntu wese wumva ayo magambo yanjye akayakomeza, azaba nk’umunyabwenge wubatse inzu ye ku rutare; [25]imvura iragwa, imivu iratemba, umuyaga urahuha, byose byikubita kuri iyo nzu ntiyagwa, kuko yari ishinzwe ku rutare; [26]“Kandi umuntu wese wumva ayo magambo yanjye ntayakomeze, azaba ari nk’umupfapfa wubatse inzu ye ku musenyi; [27]imvura iragwa, imivu iratemba, umuyaga urahuha, byose byikubita kuri iyo nzu iragwa, kandi kugwa kwayo kwabaye kunini.”MU BIBAZO UFITE UBONA BITERWA N’IKI? ESE WUBATSE KU RUTARE MU BURYO BUKWIRIYE IMIYAGA IKABA IKUMEREYE NABI? Hari ibibazo umuntu abamo kubera adakijijwe nubwo hari ababa mu rusengero bakibeshya ko bakijijwe.…

Read More

Muri Matayo 7:24-27 hagira hati: “[24]“Nuko umuntu wese wumva ayo magambo yanjye akayakomeza, azaba nk’umunyabwenge wubatse inzu ye ku rutare; [25]imvura iragwa, imivu iratemba, umuyaga urahuha, byose byikubita kuri iyo nzu ntiyagwa, kuko yari ishinzwe ku rutare; [26]“Kandi umuntu wese wumva ayo magambo yanjye ntayakomeze, azaba ari nk’umupfapfa wubatse inzu ye ku musenyi; [27]imvura iragwa; Imivu iratemba; Umuyaga urahuha, byose byikubita kuri iyo nzu iragwa kandi kugwa kwayo kwabaye kunini.” UMUNTU USHAKA GUKOMERA MU BURYO BWOSE, MU BURYO BURAMBYE AYOBORWA NA YESU KRISTO. Haba ku gihugu; Umuryango kugeza ku muntu ku giti cye, gukomera kwabyo mu buryo burambye bishingira ku…

Read More

Ku wa 15/10/2025 muri Kigali Conference and Exehibition Village hazwi nko muri Camp Kigali, habereye irushanwa mpuzamahanga CHENMO Cup 2025 kuri Program y’isomo ry’imibare rizwi nka ABACUS.Ni irushanwa ritegurwa kandi rikanaterwa inkunga n’ikigo cy’abashinwa cyitwa SHENMO Education. ABACUS ni Program y’isomo rifasha abana bakiri bato, rikabatoza gukunda imibare. Ibi bibafasha gukariha mu bwenge, ibintu bibaha ubushobozi bwo gutekereza byihuse; Gukemura no gusubiza ibibazo ku buryo bwihuse. Abana bitabiriye iri rushanwa ni abana 300 bo mu bihugu 30 bya Afurika n’Ubushinwa, bari mu kigero cy’imyaka 4 na 14.Ni amarushanwa yitabiriwe n’abana, baherekejwe n’ababyeyi babo; Abandi bana n’abarimu babo. Ni amarushanwa yarayobowe…

Read More

Muri Luka10:19 hagira hati: “[19]Dore mbahaye ubutware bwo kujya mukandagira inzoka na sikorupiyo, n’imbaraga z’Umwanzi zose kandi nta kintu kizagira icyo kibatwara rwose IYO WAKIRIYE YESU KRISTO NK’UMWAMI N’UMUKIZA W’UBUGINGO BWAWE SATANI ATANGIRA KUJYA AGUHUNGA MU GIHE URI GUSENGA. Iyo umuntu akijijwe, akabatizwa mu rwego rwo gusohoza gukiranuka kose, akaba yiyejeje nta cyaha kikimuriho, iyo ageze ahongaho satani n’abambari be baramutinya cyane kuko ntaba akiri we ahubwo ni Kristo ugaragara muri we. Uko Mose yavuye ku musozi isura yahindutse ni urugero rwiza rw’uko umuntu ahinduka akambara ubwiza burimo imbaraga zikomeye. KIZWA KANDI UJYE UGENDANA INTWARO Z’IMANA NTUZONGERA GUTSINDWA NA SATANI…

Read More

Muri Luka10:19 hagira hati: “[19]Dore mbahaye ubutware bwo kujya mukandagira inzoka na sikorupiyo n’imbaraga z’umwanzi zose kandi nta kintu kizagira icyo kibatwara rwose.Iyo ukijijwe ugira imbaraga zidasanzwe zituma ushobora kwirukana satani; Abapfumu; Abarozi; Abadayimoni; Abazimu n’izindi mbaraga z’umwijima uko zaba ziri kose. IYO UDAKIJIJWE AHO KUZIRUKANA AHUBWO ZIRUSHAHO KUGUKORESHA NO KUKWIGIRIZAHO NKANA. Umuntu udakijijwe niwe byorohera abarozi kumuroga ndetse ni gake bashaka kumukoreraho no kumukoresha imihango yabo ngo binanirane. IYO UKIJIJWE WIRUKANA SATANI AGAHUNGA N’ABAMUKORERA BOSE Ijambo ry’Imana rivuga ngo murwanye satani nawe azabahunga (Yakobo 4:7). None umuntu ukijijwe ubasha kwirukana satani, urumva abamukorera byo byamunanira kubirukana? Tuzakomerezaho ejo… Ugire…

Read More

Kuri uyu wa gatatu, tariki ya 15/10/2025, ku nshuro ya 28 mu Rwanda hizihijwe umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro. Ni umunsi bahaye insanganyamatsiko igira iti: “UMUGORE NI UW’AGACIRO”, ku rwego rw’Akarere ka Musanze wizihirijwe mu murenge wa Muko.Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muko, Bwana BISENGIMANA Janvier yatangiye aha ikaze abitabiriye ibirori kandi atanga n’ishusho y’umurenge. Yavuze ko Umurenge wa Muko ari umwe mu mirenge igize Akarere ka Musanze, ufite Utugari4; Imidugudu30; Amasibo 253, ukaba utuwe n’abagabo ibihumbi 12496, bangana na 47,2%; Abagore ibihumbi 13,976 bangana na 52%. Nk’uko byatangajwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muko, yagize ati: “Umurenge wa Muko ufatwa…

Read More

Muri 1 Timoteyo 4:7-8 hagira hati: “[7]Ariko imigani itari iy’Imana n’iy’abakecuru ntukayemere, ahubwo witoze kubaha Imana [8]kuko kwitoza k’umubiri kugira umumaro kuri bike, naho kubaha Imana kukagira umumaro kuri byose kuko gufite isezerano ry’ubugingo bwa none n’ubuzaza na bwo. ESE UMUNTU AKWATUYEHO AMAGAMBO MABI UKORA IKI? Hari igihe ushinduka bakubwiye ngo uri mubi; Uri injiji ntacyo uzimarira; Bazakwirukana ku kazi, uri ingumba n’ibitutsi bitandukanye…. kuburyo bigukomeretsa umutima kandi ugahora ubitekerezaho. UMUNTU UKUBWIYE IJAMBO RIBI UHITA URIMUSUBIZA. Nihagira ukubwira ijambo ribi uzahite urimusubiza. Uti: “Iryo jambo sindyumvise subirana ibyawe” cyangwa uti: “ibyo uvuze simbyumvise bikugarukeho. Mu yandi magambo ni kwakundi umuntu…

Read More

Muri 1 Timoteyo 4:7-8 hagira hati: “[7]Ariko imigani itari iy’Imana n’iy’abakecuru ntukayemere, ahubwo witoze kubaha Imana; [8]kuko kwitoza k’umubiri kugira umumaro kuri bike, naho kubaha Imana kukagira umumaro kuri byose, kuko gufite isezerano ry’ubugingo bwa none n’ubuzaza na bwo. Abantu Imana yabahaye akanwa ngo banjye bavuga ibyubaka abandi ndetse n’ibindi bibafitiye umumaro. Ikibabaje abantu bamwe ntibazi ko akanwa karema: Akanwa karema umunezero; Akanwa karakiza; Akanwa kazanira ibyiringiro ababibuze; Akanwa niko katura urukundo umuntu akamenya ko akundwa. ABANTU BAKENEYE AMAGAMBO YO KUBUBAKA Bwira umuntu ko umukunda; Bwira umuntu ko ari mwiza; Bwira umuntu ko Imana imukunda; Bwira umuntu ko ari uw’agaciro;…

Read More

Muri 1 Timoteyo 2:9-14 hagira hati: “[9]Kandi n’abagore ni uko ndashaka ko bambara imyambaro ikwiriye, bakagira isoni birinda, kandi batirimbisha kuboha umusatsi, cyangwa izahabu cyangwa imaragarita, cyangwa imyenda y’igiciro cyinshi; [10]ahubwo birimbishishe imirimo y’ingeso nziza nk’uko bikwiriye abagore bavuga yuko bubaha Imana; [11]Umugore yigane ituza aganduke rwose; [12]kuko nanga ko umugore yigisha cyangwa ngo ategeke umugabo, ahubwo agire ituza; [13]kuko Adamu ari we wabanje kuremwa nyuma hagakurikiraho Eva; [14]Kandi Adamu si we wayobejwe, ahubwo umugore ni we wayobejwe rwose, ahinduka umunyabicumuro. ESE UMUGABO UDAKORA INSHINGANO ZE UKO BIKWIRIYE SI BYIZA KO YAYOBORWA N’UWO BASHAKANYE? Mu rugo bisaba kwihangana no kubahana.…

Read More