
Umuryango mpuzamahanga urwanya Ruswa n’akarengane ishami ry’u Rwanda (TI-Rwanda) wagaragaje ko ibyuho biri mu mategeko no mu mikoranire idahwitse hagati y’inzego za Leta ari imwe mu mpamvu nyamukuru zituma imikoreshereze y’imari ya Leta idindira, bigatuma hari amafaranga akoreshwa nabi cyangwa adatanga umusaruro wari witezwe.
Ubu busenguzi bwamuritswe ku wa 02 Mata 2026, bwibanze kuri raporo y’umwaka wa 2023 kugeza muri 2024, iherutse kugezwa ku Nteko Ishinga Amategeko, iyi raporo ikorwa n’umugenzuzi mukuru w’ingengo y’imari wa leta. Intego nyamukuru yiri sesengura rikorwa na TI_ Rwanda rimaze imyaka 18 rikorwa ni ukureba niba amafaranga y’abaturage atangwa mu ngengo y’imari akoreshwa neza ndetse no kugaragaza imbogamizi abayicunga bahura nazo mu buryo bwimbitse.

Icyagaragaye muri ubu busesenguzi, ni uko hari ibibazo bishobora guturuka ku bashyira mu bikorwa ingengo y’imari ariko na none hari n’ibituruka ku mategeko cyangwa amabwiriza y’imikoreshereze y’imari ashobora kuba arimo ibyuho.
Umuyobozi Nshingwabikorwa wa TI_ Rwanda Appolinaire Mupiganyi, yagaragajeko imikoranire mu nzego z’ibanze n’ibigo biri hejuru hakirimo ibyuho bituma ingengo y’imari idakoreshwa neza nkuko yateganijwe.

Bwana Apollinaire MUPIGANYI, Umuyobozi wa TI_ Rwanda.
Yagize ati: ”ikiba kigamijwe muri ubu busenguzi ni ukureba niba koko amafaranga y’abaturage aba yatanzwe mu ngengo y’imari ari gukoreshwa neza ariko na none n’imbogamizi abashyinzwe gushyira mu bikorwa ingengo y’imari bahura nazo. Icyagaragaye nuko hari ibibazo bishobora guturuka ku bashyira mu bikorwa ingengo y’imari hari nibishobora guturuka ku mategeko cyangwa se n’amabwiriza y’imikoreshereze y’ingengo y’imari ashobora kuba arimo ibyuho.
Yakomeje agaragaza ko hari ibyifuzonama by’Umugenzuzi w’Imari bitoroshye gushyirwa mu bikorwa n’akarere ubwako. Hari igihe usanga akarere gahabwa imari bitari mu bushobozi bwako kandi bisaba ubufatanye n’inzego zo hejuru. Urugero ni nk’igihe ibigo byo ku rwego rwo hejuru nka WASAC; REG cyangwa RTDA byubatse ibikorwa remezo mu karere runaka ugasanga ingengo y’imari icungirwa kuri izo nzego zo hejuru ariko umugenzuzi w’imari ya leta yaza gukora isesengura akabishyira ku karere.
Ibyo ni bimwe transparence yagaragaje y’uko nyirabayazana ariwe wabibazwa bitabajijwe akarere. Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Richard Kubana, yishimiye ubu busesenguzi avuga ko bubafasha kumenya aho bafite intege nke kugira ngo ubutaha bazahakosore.

Bwana Richard KUBANA, Umuyobozi mukuru muri MINALOC.
Yagize ati: “Reka dushimire iki gikorwa cyo kugenzura inzego zibanze gikorwa n’umugenzuzi mukuru w’imari ya leta. Ni igikorwa kiduhwitura kikagira ho kituvana kikagira naho kitugeza. Ntabwo turagera aho dushaka kugera birumvikana ariko icyo bidufasha gikomeye ni ukumenya ahantu dufite intege nke noneho ubutaha tukazahakosora. Yakomeje agira ati: “Na none ubu busenguzi bukorwa na TI_ Rwanda butuma inzego zifatanya mu gukosora imikoranire itanoze.”
Raporo igaragaza ko hari uturere 22 twashyize mu bikorwa inama z’Umugenzuzi Mukuru ku kigero kirenga 70%, hari utundi 9 twazishyize mu bikorwa ku kigero kiri munsi yayo, aho Akarere ka Ngoma kari kuri 47%, naho Umujyi wa Kigali ukaba kuri 51%. Naho miliyari zirenga 13 Frw zagaragaye ko zakoreshejwe ariko zidafite ibimenyetso bisobanura uko zakoreshejwe, mu gihe imicungire mibi y’imitungo y’uturere no kutayandikisha yageze kuri miliyari 715,105 Frw, bivuye kuri miliyari 369,56 Frw mu mwaka wabanje.

Mu mwaka wa 2023/2024, TI_ Rwanda yagaragaje ko igihombo cyageze kuri miliyari 14,25 Frw kikaba cyariyongereye cyane ugereranyije na miliyari 4,08 Frw zo mu mwaka wabanje wa 2022/2023.
Yanditswe na TUYISHIME Olive
