
Umurenge wa Muko; Akagari ka Kivugiza; Umudugudu wa Nyagahondo, mu gikorwa cy’Umuganda Rusange usoza ukwezi kwa Gicurasi. Uyu muganda wari ugamije gusibura imirwanyasuri ku buso bungana na hegitari 4, hagamijwe kurushaho kubungabunga ibikorwa remezo no guteza imbere isuku n’imibereho myiza y’abaturage.
Iki gikorwa cyitabiriwe kandi n’Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Bwana Nsengimana Claudien; Abaturage b’Umurenge wa Muko ndetse n’inzego zitandukanye harimo n’iz’umutekano.
Nyuma y’umuganda, abaturage bahawe ikiganiro cyibanze ku kwirinda indwara ya Ebola. Iki kiganiro cyatanzwe na Dr. Muhire Philbert wo mu Bitaro Bikuru bya Ruhengeri, aho yasobanuriye abaturage ibimenyetso by’iyi ndwara birimo kugira umuriro mwinshi; Kuribwa umutwe; Intege nke ku buryo budasanzwe; Kuruka; Impiswi ndetse no kuva amaraso mu bice byose bigaragaza imyenge ku mubiri.
Yagize ati: “Kwirinda Ebola bisaba gukaraba intoki kenshi; Kwirinda kwegera cyangwa gukora k’umuntu ukekwaho uburwayi no kwihutira kwivuza igihe hagaragaye ibimenyetso byukekwa ndetse n’umurambo w’ukekwaho ko yishwe nayo nta muntu ugomba kuwukoraho, ushingurwa n’inzobere z’abaganga.”
Abaturage bashimiye abayobozi n’inzego z’umutekano bakomeje kubaba hafi mu bikorwa by’iterambere, banashimangira ko bazakomeza kugira uruhare rugaragara mu muganda no mu bikorwa byose bigamije kubungabunga ubuzima n’iterambere ryabo.




Karibumedia
