- Ahabanza
- Amakuru
- Imyidagaduro
- Imikino
- Uburezi
- Ubuzima
Kinyarwanda
Français
Kiswahili
English
- BURERA: Ihurizo! Ngo ni Igitutu cy’Umunyamategeko n’Umunyamakuru, bitumye Umuturage arengana
- BURERA: Umujura ruharwa yatawe muri yombi
Subscribe to Updates
Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.
- Gen. Muhoozi yahaye gasopo abasore bagufi bashaka gutereta abakobwa be
- BURERA: Kureba kure; Gukorera hamwe no kubazwa inshingano, insinzi y’umuryango ngobyi “Tuzamurane Kidakama.”
- RUBAVU: Breaking news
- BURERA: Abadivandiste b’umunsi wa Karindwi barahiriye kutazaba ibigwari muri gahunda za Leta y’u Rwanda
- Iran yakoze amato menshi mato, aterera rimwe nk’imibu mu kurinda Hormuz
- Intambara ikomeje gututumba hagati ya Washington na Téhéran
- Musanze: Urubyiruko rwasabwe kumenya amateka Nyakuri ya Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka 1994
Author: MANIRAGUHA Ladisilas
Leta ya Kinshasa yarekanye ko rwose FARDC na FDLR ari impanga. Yafashe umu-FDLR wahawe ibihano na OFAC ya USA, bamuha inshingano zo kuyobora Zone ya 3 y’Igisirikare cya FARDC. Uyu mu-FDLR ni Sébastien Uwimbabazi. Yavutse mu wa 1968, avukira mu yahoze ari Selire Gatoki, Segiteri Murunda, Komini Rutsiro, Perefegitura ya Kibuye, ubu ni mu Karere ka Rutsiro, Intara y’Iburengerazuba. Yiyita Nyembo Abudala. FARDC yamuhaye ipeti rya Jenerali Majoro. Yasimbuye Masunzu Pacifique kugeza ubu uri mu bibazo, bitagira ibisobanuro, aho Leta ya Kinshasa imushinja ibyaha akandare, harimo n’ubugambanyi.Uyu wiyita Nyembo Abudala, akaniyita Kimenyi Gilbert, mu wa 1994 yari i Umujandarume, aba…
Muri Matayo 7:12, hagira hati: “[12]“Nuko ibyo mushaka ko abantu babagirira byose mube ari ko mubagirira namwe kuko ayo ari yo mategeko n’ibyahanuwe.Hari abantu bagira urugomo; Amagambo; Ubujura; Ubugome n’ibindi bibi. Uko ubikora niko bigenda byiyandika mu kirere uzacamo kuko usanga nawe uzabigirirwa. ISI N’UMUBIRI NTIBIKAGUSHUKE NGO NAWE WISHUKE. Mu Abagalatiya 6:7, hagira hati: “[7]Ntimuyobe: Imana ntinegurizwa izuru, kuko ibyo umuntu abiba ari byo azasarura.” Nusambanya abana b’abandi nawe abawe bazasambanywa, uwishimira kwica abandi akurura umwuka w’inkota mu muryango we kandi uwagize ubujura bwinshi cyangwa awariye ruswa nyinshi siwe ukira ahubwo mu gihe runaka ibye bitumurwa n’umuyaga WICOGORA GUKORA NEZA.…
Rutahizamu wa Musanze FC ukomoka mu Burundi, Shabani Hussein ‘Tchabalala’, yavuze ko afite intego yo kuzuza ibitego 100 kuri ubu biburaho icyenda muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda. Kugeza ubu nta bubiko bw’amakuru n’imibare ijyanye na siporo mu Rwanda, ariko uwavuga ko Tchabalala ari we rutahizamu w’ibihe byose wanyuze muri Shampiyona yo mu rw’imisozi 1000 ntiyaba yibeshye. Uyu mukinnyi w’Umurundi yageze mu Rwanda mu mpeshyi ya 2016, aho yakiniye Amagaju FC y’i Nyamagabe, aza kwigaragaza nka rutahizamu mwiza kugeza abengutswe na Rayon Sports yahise imugura mu mwaka wakurikiyeho. Tchabalala yakomeje gutsinda, afasha iyi kipe yambara ubururu n’umweru kugera muri…
Muri Yosuwa 6:26, hagira hati: “[26]Icyo gihe Yosuwa arabihanangiriza arahira ati: “Umuntu uzahaguruka akajya kūbaka uyu mudugudu w’i Yeriko, avumwe imbere y’Uwiteka. Igihe azubaka urufatiro rwaho azapfushe imfura ye, n’igihe azahaterera inzugi z’amarembo azapfushe umuhererezi we.”Mu rugamba rwari rukomeye cyane i Yeriko, Yosuwa byarangiye ahavumye kuburyo nyuma yo kuhasenya hose, Yosuwa yahise avuga ngo uzongera kuhubaka agitangira azapfushe imfura, narangiza kuhubaka azapfushe umuhererezi kandi koko niko byagenze. NTUZABE NK’UMUGABO HIYELI WUBATSE AHANTU ATAZI AMATEKA YAHO AKAHAKURA IMBWA YIRUKA. Mu 1 Bami 16:34 hagira hati: “[34]Ku ngoma ya Ahabu, Hiyeli w’i Beteli yubaka i Yeriko. Igihe yubakaga urufatiro apfusha umwana we…
Muri Yosuwa 2:18-19 hagira hati: “[18]Nitugera muri iki gihugu uzapfundike aka kagozi gatukura ku idirishya uducishijemo, ariko so na nyoko na bene so n’abo mu rugo rwa so bose, uzabateranirize iwawe. [19]Nihagira umuntu uva mu nzu yawe agasohoka, amaraso ye ni we azabaho twe nta rubanza ruzatubaho. Kandi umuntu wese uzaba ari hamwe nawe mu nzu, amaraso ye azatubeho nihagira umwakura.Umugani nyarwanda uravuga ngo ntabapfira gushira. Abantu b’i Yeriko bagombaga kwicwa bose bagashira kuko abisirayeri bagombaga kuba muri iki gihugu benecyo bose bapfuye. Rahabu we wari indaya yahisemo gukora ibintu twakwemeza ko ari ukugambanira igihugu kandi n’ubundi kubikora no kutabikora…
Imikorere igezweho mu Isi ni aho abantu bahabwa inshingano zo gukora ikintu bakihutira kubaza ubwenge buhangano kuko bwihutisha akazi, ariko Umuyobozi Mukuru wa Google na Alphabet, Sundar Pichai, yavuze ko bidakwiye ko abantu bizera buhumyi iri koranabuhanga. Sundar Pichai yabwiye BBC ko abantu bakwiye gukomeza gushyira imbere gukora ubushakashatsi bakoresheje uburyo n’ibikoresho bitandukanye aho kwishingikiriza kuri AI gusa. Ati “Ubwenge buhangano burafasha cyane iyo ushaka kwandika ibintu mu buryo bunoze, ariko ababukoresha bakwiye kwiga kubukoresha mu nzego basobanukiwe neza, bakareka kwizera buhumyi ibintu byose AI ibabwiye.” Sundar yavuze ko aho ikoranabuhanga rya ‘AI’ rigeze muri iki gihe bishoboka cyane ko…
Muri Yosuwa1:7, hagira hati: “[7]Icyakora ukomere ushikame cyane, kugira ngo witondere amategeko yose umugaragu wanjye Mose yagutegetse. Ntuzayateshuke uciye iburyo cyangwa ibumoso kugira ngo ubashishwe byose aho uzajya hose.Ese ujya wibuka ko hari ibintu bitunanira kugeraho mu buzima kubera kudakurikiza amategeko y’Imana? Hari inzara; Uburwayi; Intambara; Gutsindwa; Ubukene; Kurumbya… biba ku muntu cyangwa ku gihugu bitewe no kudakurikiza amategeko y’Imana. HARI IBIBAZO UBAMO KUBERA BA SOGAKURUZA BAWE BATAKURIKIJE AMATEGEKO Y’IMANA. Mu Kuva 20:5 handitse ngo: “[5]Ntukabyikubite imbere, ntukabikorere kuko Uwiteka Imana yawe ndi Imana ifuha, mpōra abana gukiranirwa kwa ba se, nkageza ku buzukuruza n’ubuvivi bw’abanyanga”. Ubukene wavukiyemo; Intambara uhoramo;…
Muri 1 Petero 3:9, hagira hati: “[9]Ntimukiture umuntu inabi yabagiriye cyangwa igitutsi yabatutse, ahubwo mumwiture kumusabira umugisha kuko ari byo mwahamagariwe kugira ngo namwe muragwe umugisha.Abantu bamwe kubw’imbaraga nke mu kwirinda icyaha; Bagira guhemuka; Ubusambo; uburiganya; Kwicana; Ubusambanyi; Kuroga; Kwangana… NIBA WARAHEMUKIWE NTUZASHIMIRWA KO WIHOREYE KURUSHAHO. Usibye no kwihorera birushijeho, ntituri no mugihe cy’iryinyo ku ryinyo cyangwa ijisho ku jisho (Code d’Hammurabi) aho iyi kode yavugaga ngo umuntu nagukura iryinyo nawe arikurwe cyangwa navanamo ijijsho ry’undi nawe barivanemo. MU RWANDA DUSHIME IMANA KO PEREZIDA KAGAME PAUL YABUJIJE ABANTU KWIHORERA. Umuyobozi w’u Rwanda, Nyakubahwa Perezida wa Repebulika y’Urwanda Paul Kagame, Imana…
Muri Yobu 42:8, hagira hati: “[8]Nuko rero mwishakire ibimasa birindwi n’amapfizi y’intama arindwi, maze musange umugaragu wanjye Yobu. Mwitambirire igitambo cyoswa kandi umugaragu wanjye Yobu azabasabira kuko ari we nemera kugira ngo ntabagenzereza nk’uko ubupfapfa bwanyu buri kuko mutavuze ibyanjye bitunganye nk’uko umugaragu wanjye Yobu yagenje.”Ubupfapfa umuntu ashobora kugira mu buzima bwe, bushobora gutuma Imana imurakarira kuburyo yashaka no kuzamura isengesho ku kibazo runaka Imana ntimwumve. Bumwe mu bupfapfa bwatuma Imana itakumva ni ukugira ibigirwamana ndetse no guhagurukira abakozi b’Imana mu buryo bumwe cyangwa ubundi. HARI AHO BIGERA GUKIRANUKA BIGAKIZA NYIRAKO WENYINE GUSA. Muri Ezekiyeli 14:20, hagira hati: “[20]naho Nowa…
Muri 1 Samweli 18:1-5, hagira hati: “[1]Nuko Dawidi amaze kuvugana na Sawuli, umutima wa Yonatani uherako uba agati gakubiranye n’uwa Dawidi, kandi Yonatani akamukunda nk’uko yikunda; [2]Maze uwo munsi Sawuli ajyana Dawidi iwe, ntiyamukundira gusubira kwa se ukundi; [3]Bukeye Yonatani na Dawidi basezerana isezerano kuko yari amukunze nk’uko yikunze; [4]Yonatani yijishuramo umwitero we yari yiteye awuha Dawidi, n’umwambaro we ndetse n’inkota ye, n’umuheto we n’umukandara we; [5]Nuko Dawidi akajya ajya aho Sawuli yamutumaga hose, akitonda. Sawuli amugira umutware w’ingabo ze, abantu bose barabyishimira ndetse n’abagaragu ba Sawuli.BIBILIYA IRAVUGA NGO INSHUTI NYINSHI ZISENYA URUGO. Mu Imigani 18:24, hagira hati: “[24]Incuti nyinshi…
