Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi
  • MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi
  • Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya
  • RWANDA: Urwagwa; Ikigage; Ubushera n’umutobe ntibyaciwe ahubwo bigomba guteguranwa isuku
  • RWANDA: Imyiteguro yo ” Kwita amazina” Abana b’Ingagi 22 mu 2026 irarimbanije
  • MUSANZE: Hamenwe litiro zisaga ibuhumbi 30 za Ethanol n’amakarito 4200 y’inzoga zitujuje ubuziranenge
  • NGORORERO: Ibihazi byari byivuganye Gitifu w’umurenge akizwa n’amaguru
  • MUSANZE: Ikigo “RED ROCKS”, cyaganuje abaturanyi bacyo n’abanyamahanga karahava
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » Gushyiraho politiki n’amategeko arengera abagore byubaka icyizere n’uburinganire _ Nyirahabimana Soline
Politike

Gushyiraho politiki n’amategeko arengera abagore byubaka icyizere n’uburinganire _ Nyirahabimana Soline

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasApril 19, 2026Updated:April 19, 202620 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

 

Visi Perezida wa Sena y’u Rwanda, Nyirahabimana Soline, yagaragarije amahanga ko inteko zishinga amategeko zigomba kongera imbaraga mu gushyiraho politiki n’amategeko arengera abagore, agamije kububakira icyizere no kubaha uburinganire busesuye.

Ibi yabivugiye mu Nteko Rusange ya 152 y’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Inteko Zishinga Amategeko (IPU) iri kubera i Istanbul muri Türkiye, aho yatanze ijambo ryibanze ku nsanganyamatsiko igira iti: “Kubiba icyizere, kwimakaza amahoro no guharanira ubutabera ku bisekuru bizaza.”

Mu ijambo rye, Nyirahabimana yibukije amateka akomeye u Rwanda rwanyuzemo, agaragaza ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yasize igihugu kiri mu bihe bikomeye, cyugarijwe no kubura icyizere cy’ejo hazaza.

Ati: “Igihugu cyari kigeze ahakomeye, hafi gusenyuka burundu, ku buryo icyizere cy’ejo hazaza ku rubyiruko cyari kimaze kuzima. Ariko kubera ubuyobozi bufite icyerekezo n’intego nziza, twatangiye urugendo rwo kongera kubaka igihugu gishingiye ku bumwe, amahoro n’ubutabera.”

Yasobanuye ko u Rwanda rwashoboye kwiyubaka rushingiye ku buyobozi bufite intego ihamye, rushyira imbere ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda, ari na byo byabaye umusingi w’amahoro n’iterambere igihugu kimaze kugeraho.

Yanagaragaje ko hashyizweho inzego zikomeye za Leta zikorana ubunyangamugayo kandi zibazwa inshingano, hamwe n’imiyoborere idaheza ishyira imbere abaturage.

Ati: ” Twashyizeho inzego za Leta zikomeye, zikorana ubunyangamugayo kandi zibazwa ibyo zikora, tunubaka imiyoborere idaheza. Twasubijeho iyubahirizwa ry’amategeko, tunateza imbere imikorere ya demokarasi ishingiye ku ruhare rw’abaturage.”

Mu nama y’Ihuriro ry’Abadepite b’Abagore, Nyirahabimana yagaragaje uruhare rudasanzwe abagore bagize mu kuzahura igihugu nyuma ya Jenoside, ashimangira ko gukomeza kubaha amahirwe n’uburenganzira ari ingenzi mu iterambere rirambye.

Yasoje asaba inteko zishinga amategeko ku Isi gushyira imbaraga mu gushyiraho amategeko arengera abagore, abaha amahirwe angana n’ay’abandi bose, bityo bagira uruhare rusesuye mu kubaka sosiyete ishingiye ku butabera n’amahoro.

U Rwanda rukomeje kwitabira ibikorwa by’iyi nama ya IPU iri kubera i Istanbul, aho intumwa zarwo zikomeje kungurana ibitekerezo n’ibindi bihugu ku bibazo by’ingenzi bireba isi muri iki gihe.

Inkuru muri Karibumedia dukesha Panorama

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

Minisiteri y’Uburezi yatangaje impinduka enye zikomeye, hagamijwe kuzamura ireme ry’uburezi

August 2, 2026

U Rwanda rwamaganye amasezerano RDC yagiranye na FDLR, ruvuga ko anyuranyije n’ay’i Washington

July 30, 2026

GAKENKE na MUSANZE: Hamuritswe uburyo bwo guteka mu mashuri hakoreshwa Gaz aho gukoresha inkwi

July 29, 2026
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,817 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,574 Views

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 20251,079 Views

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026991 Views

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

By MANIRAGUHA LadisilasAugust 15, 20260

Mu rwego rwo kwitegura neza umuhango wo kwita izina abana b’ingagi, umuhango uteganijwe kuya 04/09/2026:…

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026

RWANDA: Urwagwa; Ikigage; Ubushera n’umutobe ntibyaciwe ahubwo bigomba guteguranwa isuku

August 13, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.