Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
  • BURERA: Ihurizo! Ngo ni Igitutu cy’Umunyamategeko n’Umunyamakuru, bitumye Umuturage arengana
  • BURERA: Umujura ruharwa yatawe muri yombi

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

Perezida W’Igihugu Cy’Uburundi Ngo Yaba Yitegura Kugirira Uruzinduko Mu Rwanda

April 18, 2026

Rwanda: Mu myaka itatu gusa, habonetse gatanya zisaga 4,400

April 18, 2026

Leta ya Habyarimana yakoze itoteza rishingiye ku irondabwoko n’irondakarere mu burezi no mu kazi ku buryo buremereye

April 18, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • Perezida W’Igihugu Cy’Uburundi Ngo Yaba Yitegura Kugirira Uruzinduko Mu Rwanda
  • Rwanda: Mu myaka itatu gusa, habonetse gatanya zisaga 4,400
  • Leta ya Habyarimana yakoze itoteza rishingiye ku irondabwoko n’irondakarere mu burezi no mu kazi ku buryo buremereye
  • FDLR yashutse bamwe bagurisha amasambu yabo barakena_ Meya Mulindwa
  • Perezida wa Amerika Donald Trump aravuga ko yahagaritse intambara 10
  • BURERA: Urubyiruko rurasabwa gusigasira ibyagezweho, rwamagana ababiba imvugo z’urwango_ Guverineri Mugabowagahunde Maurice
  • BURERA: Henyegejwe urumuri rw’icyizere, urubyiruko rusabwa kutazaruzimya
  • MUSANZE: Ubwo Jenoside yakorerwaga abatutsi, ubutabera bwataye isura bwari bufite mbere y’ubukoloni_ Minisitiri Rtd Juvénal Marizamunda
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
  • BURERA: Ihurizo! Ngo ni Igitutu cy’Umunyamategeko n’Umunyamakuru, bitumye Umuturage arengana
  • BURERA: Umujura ruharwa yatawe muri yombi
Karibu MediaKaribu Media
Home » Perezida W’Igihugu Cy’Uburundi Ngo Yaba Yitegura Kugirira Uruzinduko Mu Rwanda
Politike

Perezida W’Igihugu Cy’Uburundi Ngo Yaba Yitegura Kugirira Uruzinduko Mu Rwanda

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasApril 18, 20267 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link


Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yatangaje ko yiteguye kugirira urugendo i Kigali igihe cyose haba hari impamvu ifatika imujyanyeyo. Ibi yabigarutseho mu kiganiro cyihariye aheruka kugirana n’umuyoboro wa YouTube wa Yaga Burundi, cyasohotse kuri uyu wa 18 Mata 2026.

Iri jambo rije mu gihe Perezida Ndayishimiye ari we uyoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) muri uyu mwaka wa 2026, inshingano yatorewe mu nama y’uyu muryango yabereye i Addis Abeba muri Gashyantare uyu mwaka.atajyayo.

Ndayishimiye yabigarutseho mu kiganiro cyihariye aheruka kugirana n’umuyoboro wa YouTube wa Yaga Burundi.

Ni iki kiganiro cyabaye mu gihe u Burundi bumaze imyaka irenga ibiri budacana uwaka n’u Rwanda, ibyanatumye imigenderanire y’ibihugu byombi izamo ibibazo ndetse u Burundi bikanarangira bufunze imipaka yarwo.

Muri iki kiganiro Perezida Ndayishimiye yavuze ko “bibaye ngombwa ko hari impamvu yatuma njya i Kigali najyayo”, ibi bikaba ari intambwe ikomeye mu gihe imibanire y’ibihugu byombi yari imaze igihe itifashe neza, ndetse n’imipaka ifunze.

Perezida Ndayishimiye ashimangira ko nk’uyoboye AU, afite inshingano zo kurebera Afurika yose, akaba yarahiriye gushyira imbere ubumwe, ubwumvikane, no gucecekesha intwaro ku mugabane.

Perezida Ndayishimiye amaze igihe kinini ashinja u Rwanda kuba ruri mu mugambi wo gushoza intambara ku gihugu cye rubinyujije mu mutwe wa RED-Tabara, gusa u Rwanda inshuro nyinshi rwakunze gutera utwatsi ibirego by’uko rwaba rukorana n’uriya mutwe.

Muri iki gihe yatangiye kuyobora AU, akomeje n’ingendo mu karere, harimo urugendo rw’akazi aherutse kugirira muri Ethiopia (kuva ku wa 9 kugeza ku wa 10 Mata 2026) mu rwego rwo gushimangira ubufatanye.

Ndayishimiye nk’umuyobozi wa AU ubwo yabazwaga niba igihe kizagera abantu bakamubona i Kigali, yavuze ko haramutse habonetse impamvu yatuma arujyayo atabireka, bijyanye no kuba u Rwanda ari kimwe mu bihugu bigize umuryango abereye umuyobozi.

Ati: “[i Kigali] habayeyo ikintu gishobora gutuma bavuga bati ‘uhagarariye Afurika ni we uzagenda’, nta ngorane.”

Ndayishimiye yakomeje agaragaza ko kuba u Burundi n’u Rwanda bifitanye ibibazo by’imigenderanire, “ntibivuze ikibazo cy’imigenderanire ya Afurika.”

Yakomeje agira ati: “None u Rwanda ntiduhurira mu nama, zaba iz’ibihugu byo mu karere, ibya Afurika ndetse no ku Isi? None ntiduhura? Iyo bibaye ngombwa ko dushyigikira umukandida twese ntitumushyigikira?”

Perezida w’u Burundi yashimangiye ko nta munyangire ikwiye kuba hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, kuko hari ibihugu by’inshuti z’u Burundi bikundana na rwo ndetse hakaba n’iby’inshuti z’u Rwanda bikundana n’u Burundi.

Yunzemo ati: “Kandi n’u Rwanda ntitwangana. Abanyarwanda n’Abarundi ntabwo bangana. Hariho abantu baba bafite Politike idahuza na Politike y’ikindi gihugu. Nk’ubu bahora bavuga ngo umupaka w’u Burundi n’u Rwanda urafunze. Abanyarwanda mbona birirwa hano banyura hehe?”

Uyu mugabo icyakora yashimangiye ko u Burundi budateze gufungura imipaka yo ku butaka ibuhuza n’u Rwanda, nyuma yo kongera kurushinja guha inzira abagizi ba nabi bagambiriye guhungabanya umutekano w’igihugu cye.

Ni inkuru muri Karibumedia dukesha Kigali 24

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

Leta ya Habyarimana yakoze itoteza rishingiye ku irondabwoko n’irondakarere mu burezi no mu kazi ku buryo buremereye

April 18, 2026

BURERA: Urubyiruko rurasabwa gusigasira ibyagezweho, rwamagana ababiba imvugo z’urwango_ Guverineri Mugabowagahunde Maurice

April 17, 2026

BURERA: Henyegejwe urumuri rw’icyizere, urubyiruko rusabwa kutazaruzimya

April 16, 2026
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,356 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,296 Views

BREAKING NEWS: Mukarere ka Burera umwarimu yasanzwe yapfuye birakekwako yiyahuye

September 15, 2025800 Views

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026785 Views

Perezida W’Igihugu Cy’Uburundi Ngo Yaba Yitegura Kugirira Uruzinduko Mu Rwanda

By MANIRAGUHA LadisilasApril 18, 20260

Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yatangaje ko yiteguye kugirira urugendo i Kigali igihe cyose haba…

Rwanda: Mu myaka itatu gusa, habonetse gatanya zisaga 4,400

April 18, 2026

Leta ya Habyarimana yakoze itoteza rishingiye ku irondabwoko n’irondakarere mu burezi no mu kazi ku buryo buremereye

April 18, 2026

FDLR yashutse bamwe bagurisha amasambu yabo barakena_ Meya Mulindwa

April 17, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

Perezida W’Igihugu Cy’Uburundi Ngo Yaba Yitegura Kugirira Uruzinduko Mu Rwanda

April 18, 2026

Rwanda: Mu myaka itatu gusa, habonetse gatanya zisaga 4,400

April 18, 2026

Leta ya Habyarimana yakoze itoteza rishingiye ku irondabwoko n’irondakarere mu burezi no mu kazi ku buryo buremereye

April 18, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

BREAKING NEWS: Mukarere ka Burera umwarimu yasanzwe yapfuye birakekwako yiyahuye

September 15, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.