
Muri 2025 gatanya mu Rwanda zaratumbagiye zigera kuri 2,629. Menya impamvu, ubuhemu, ibibazo by’ubukungu n’uburangare mu kwitegura urushako biri gushenya imiryango, n’ubyo Umujyi wa Kigali uza ku isonga muri iyi mibare iteye inkeke.
Imibare mishya ituruka mu kigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare (NISR), igaragaza ko gatanya mu bashakanye mu Rwanda zikomeje kwiyongera ku muvuduko uteye inkeke. Mu myaka itatu gusa (2023_ 2025), imiryango 4,479 yemerewe n’inkiko gutandukana burundu, aho abasaga 41% ari imiryango yari imaze imyaka itageze kuri 10 ishinze urugo.
Uko gatanya zagiye zizamuka umwaka ku wundi
Imibare yerekana ko uko imyaka ishira, gatanya zirushaho kwiyongera cyane:
. 2023: Gatanya 782 ni zo zemejwe;
. 2024: Imibare yazamutse igera kuri 1,068;
. 2025: Habayeho itumbagira ridasanzwe, aho gatanya 2,629 zemejwe n’inkiko.
Umujyi wa Kigali uza ku isonga mu kugira gatanya nyinshi (1,119), ugakurikirwa n’Intara y’Uburasirazuba (1,011); Intara y’Amajyaruguru yo igaragara nk’ahantu hashobora kuba hakimeze nk’icyitegererezo mu kubana akaramata kuko ari ho habonetse gatanya nkeya (529) mu gihugu hose.
Kuki ingo ziri gusenyuka ku bwinshi?
Inzobere mu mibanire n’amategeko zigaragaza ko ubutane buturuka ku mpamvu zitandukanye, ariko izi ni zo ziza ku isonga:
Ubuhemu n’ubusambanyi: Gucana inyuma biri mu bintu bya mbere bisenya ingo, cyane cyane mu mijyi;
Amakimbirane ashingiye ku bukungu: Ibibazo by’amikoro make mu rugo cyangwa gusesagura umutungo (nk’abawujyana mu nzoga cyangwa mu nshoreke) bitera umwuka mubi mu bashakanye;
Ibiyobyabwenge n’inzoga: Bituma habaho ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’iryo mu magambo, bigatuma uhohoterwa ahitamo kwaka gatanya ngo arengere ubuzima bwe;
Kutitegura urushako: Inzobere zivuga ko hari abajya mu rugo batazi inshingano zisabwa, bigatuma bacika intege vuba iyo bahuye n’ikigeragezo mu rushako.
Icyo abanyamategeko n’inzobere babivugaho:
Umunyamategeko Jean Paul Ibambe yabwiye ikinyamakuru Taarifa Rwanda dukesha amwe muri aya makuru ko izamuka rya gatanya rifitanye isano n’izamuka ry’ibyaha byo kwica amategeko agenga abashakanye. Yavuze kandi ko kumenya uburenganzira biri gutuma abantu batacyihanganira ihohoterwa, bityo bakagana inkiko.
Nubwo Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) itaragira icyo itangaza ku buryo bweruye kuri iyi mibare, ingaruka zo zirigaragaza. Amakimbirane n’ubutane mu miryango biri mu bituma umubare w’abana bajya mu muhanda wiyongera, abandi bakagira ibikomere byo mu mutima bituruka ku kurerwa n’umubyeyi umwe.
Iri zamuka rya gatanya rikomeje gutera benshi kwibaza niba inzego z’ibanze n’amadini bakwiye kuvugurura uburyo bategura abenda gushyingiranwa, hagamijwe kubaka imiryango ihamye kandi irambye.
Iyi ni inkuru muri Karibumedi.rw dukesha Bigezweho.rw
