
Senateri Mukabalisa Donatille wari umwe mu bagize Sena y’u Rwanda, yitabye Imana azize uburwayi nyuma y’igihe yari amaze arwariye mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal i Kigali.
Amakuru y’urupfu rwe yamenyekanye kuri uyu wa Kane taliki ya 30/07/2026, aho yemejwe n’inzego zibishinzwe. Nyakwigendera yari amaze iminsi yitabwaho n’abaganga muri ibi bitaro kubera uburwayi ariko aza kwitaba Imana.
Mukabalisa Donatille yari umwe mu bayobozi bagize uruhare mu nzego zitandukanye z’igihugu, aho yari asanzwe ari Senateri. Mu nshingano ze, yanabaye Perezida w’Inteko Ishyinga Amategeko/ Umutwe w’Abadepite; Yagize uruhare mu gutora amategeko; Kugenzura ibikorwa bya Guverinoma no gutanga inama ku bibazo bireba iterambere n’imiyoborere y’igihugu.
Abamuzi bavuga ko yari umuyobozi urangwa no gukorana neza n’abandi; Ubwitange no gushyira imbere inyungu z’igihugu. Mu bihe bitandukanye, yatanze umusanzu mu bikorwa byubaka igihugu no guteza imbere imibereho myiza y’Abanyarwanda.
Urupfu rwe rwashenguye umuryango we; Inshuti; Abo bakoranaga ndetse n’abaturage benshi bamuzi. Biteganyijwe ko gahunda yo kumusezeraho bwa nyuma no kumushyingura izatangazwa n’umuryango we n’inzego zibishinzwe mu masaha cyangwa iminsi iri imbere.
Abanyarwanda bakomeje kwihanganisha umuryango wa Nyakwigendera Mukabalisa Donatille, basabira iruhuko ridashira uwo mubyeyi wagize uruhare mu murimo wo gukorera igihugu.
Yanditswe na Nkurunziza Bonaventure
