Kuva kera na kare kuvuga amazina y’inka n’amahanba ni bimwe mu byari bisobetse kandi binagisobetse umuco nyarwanda nubwo bamwe babiharira igitsina gabo kandi n’igitsina gore kibishoboye.
Ibi ni muri bimwe Karibumedia.rw yabwiwe n’umubyeyi KAYITESI Théophila [Uvuga amazina y’inka n’amahanba] mu misango itandukanye. Ahamya ko kuvuga amazina y’inka, aho zaraye; Aho zashokeye nk’umugore bitamutera ipfunwe ngo kuko ari gakondo ye.
Yagize ati: “Amazina y’inka n’amahanba ni gakondo yanjye kuko data yitwa Kamanzi, Sogokuru akitwa Gashumba. Gashumba rero urumvamo umushumba (Kuragira) kandi nanjye nararagiye no gukama ndabizi. Si na Gashumba gusa kuko na se wa mama yitwaga Nyagashumba. Abo basaza bombi rero urumva ko harimo kugarira.”
KAYITESI yakomeje avuga ko kuvuga amazina y’inka ku bagore atari ukwica umuco ahubwo ari ukuwushimangira.
Yagize ati: “Kuva na mbere hose, abagore twagiye dukorerwa ibintu by’ihezwa ariko mu gihe tugezemo, abagore ntibagihezwa kuko twahawe ijambo, duhabwa kuringanira na basaza bacu ariko mbere bavugaga ko nta mugore uvugiriza, nta mugore waryaga ihene ngo yamera ubwanwa none turazirya ntitumere ubwanwa, turavugiriza ntitugire icyo tuba, ba Nyampinga ni abasirikari; Abapolisi; Abashoferi, barubaka bagasakara n’ibindi bitiriraga abagabo gusa. Njyewe rero nararebye mbona ko nta mpamvu yambuza kuvuga amazina y’inka n’amahamba mu misango kandi nararagiye, nkazishora ndetse nkanazikama. Ibi byose biterwa nuko Paul Kagame yaduhaye ijambo tukaba tugera ikirenge mu cya basaza bacu kandi ndahamya ntashidikanya ko hari n’abagabo turusha kuyavuga kuko tuvuza n’icyo bita ‘Igikobe’ cyangwa se icyo abandi bita ‘Igikobwakobwa.’ “
Aha ni naho yahereye akubitaho agace kamwe kuko zitwa n’aho zaraye.
Yagize ati: “Yaje Rugomwa, rutagenza umugongo, rudakangwa n’ibyomanzi …..Ihuha inka nzira y’ibihabane, umunsi urangiye, amanywa yurira induru, indahira guhunga, ibigindo bihigiye ku ikoro….”
Ese koko nk’uko abivuga mu misango ye KAYITESI Théophila yaragumiwe?
Umunyamakuru wa Karibumedia.rw yabajije KAYITESI niba yaragumiwe koko nk’uko abivuga mu misango maze asubiza avuga ko atagumiwe ko abivuga ashaka gusetsa abantu kuko ngo afite abana 5 n’umwuzukuru 1.
Yagize ati: “Imvugo yo kugumirwa mvuga mu misango ni uburyo bwo gusetsa abantu kuko mfite abana 5 n’umwuzukuru 1. Impamvu ngera aho nkabwira abantu ko nagumiwe, mba ngira ngo baseke ntabwo mba ngambiriye kubabeshya.”Wakwibaza uti ese buriya abana be ntibabizi?
KAYITESI yabwiye Karibumedia.rw ko nta mwana ubizi kuko ngo yabitangiye barabaye bakuru ariko ngo afitiye icyizere bucura bwe ko azamukurikiza.Yagize ati: “Ibi bintu nabitangiye abana banjye barakuze ndetse bashoje n’amashuri ariko mfite ka bucura gafite imyaka irindwi(7) niko kagerageza mu mahamba yewe n’igisekuru cyanjye karakizi kuko kwa data kavuga ibisekuru 11 naho kwa se aho akomoka kakavuga ibisekuru 6 kakagerageza no kuvuga amahamba y’inka ariko karacyafitemo isoni, ntabwo kajya imbere y’abantu ngo kabivuge. Uwo niwe mfitiye icyizere ko ashobora kuzabikunda.”Mu gusoza ikiganiro na Karibumedia.rw, KAYITESI Théophila yasabye abakobwa n’ababyeyi bakiri batoya kwitinyuka ababizi bakajya babivuga kuko ngo biragabura kandi ngo ntacyo bitwaye.
Yagize ati: “lcyo nsaba abakobwa n’ababyeyi bakiri batoya babizi neza nuko bakwitinyuka kuko bitanga amafaranga kandi nta n’icyo bitwaye ku bagore kuko njyewe iyo mbirimo nta n’ipfunwe mba mfite kuko bishimangira umuco wacu. Guhagarara imbere y’abantu mvuga amazina y’inka n’amahamba mu misango biruta guhagarara cyangwa kwicara mu bagabo ngeretse akaguru ku kandi mu kabari ngo ni uburinganire.”Yakomeje atanga ubutumwa ku bagore, aho yagize ati: “Umugore mwiza, ni uwihesha agaciro ntarangwe n’ubusinzi ndetse no kugorobereza mu kabari; Akibuka ko afite abana agomba kwitaho, Agataha kare akabakarabya; Akabafasha gusubira mu masomo; Akabatekera bakarya akanabaryamisha; Umugore kandi agomba kubaha umugabo kuko umugabo ni umutwe w’urugo mu kinyarwanda cyacu n’ubundi akitwa (Myugariro)”.
Aha ni naho yasoreje ariko asoza azivuga amazina n’aho zashokeye:
Yagize ati: “Izacu ni imisengo gusa gusa, zirimo Bijyinama ya Rukatazamacumu, zikagira imigongo y’amataba, amahembe yazo ni imyomano kandi arererana…..Ubwari bwazo ni imitari ishyari ryazo ni imiraba. Abatahira iyo bazibonye bazisanganiza imisango, abashumba bazibona bakazizihirwa kandi Izacu ni imisengo gusa gusa kandi amahembe yazo arererana…….”
Ubusanzwe KAYITESI Théophila mu buzima bwe, nk’uko yabitangarije Karibumedia.rw ngo akora umwuga w’ubudozi aho ahamya ko kuvugira inka bitamwicira akazi ahubwo ko byose abihuza cyane ko ngo ubukwe buba mu minsi y’ikiruhuko (Weekend) akaba akoresha Telefoni ifite nomero 0788778432 n’indi ifite 0786661684.





Yanditswe na SETORA Janvier.

