Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

MUSANZE: HORIZON SOPYRWA yibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994

June 11, 2026

MUSANZE: Diyosezi ya Shyira yakoze Igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi1994

June 8, 2026

Perezida wa Tanzania, Dr. Samia Suluhu Hassan, ari mu ruzinduko rw’akazi mu Burusiya kuva ku wa 2 Kamena 2026

June 4, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • MUSANZE: HORIZON SOPYRWA yibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994
  • MUSANZE: Diyosezi ya Shyira yakoze Igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi1994
  • Perezida wa Tanzania, Dr. Samia Suluhu Hassan, ari mu ruzinduko rw’akazi mu Burusiya kuva ku wa 2 Kamena 2026
  • BURERA: Uwitwa NTIRENGANYA Etienne akomeje kuba ikibazo mu baturage ba Gahunga
  • BURERA: Abaturage bo mu karere ka Burera basabwe guhinga kinyamwuga bakongera umusaruro
  • Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Marizamunda, yifatanyije n’abaturage bo mu Karere ka Musanze
  • MUSANZE: Abaturage bo mu murenge wa Gataraga basabwe gukomeza kwagura ibitekerezo mu rugendo rw’iterambere
  • Umugambi mubisha wa ‘NDUMUJURA’, uravugwa no mu bihayimana
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » Umunyapolitike Donald Trump agiye gusomera abaturage Bibiliya
Iyobokamana

Umunyapolitike Donald Trump agiye gusomera abaturage Bibiliya

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasApril 19, 202640 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump ategerejwe mu kwitabira igikorwa gikomeye cyiswe ‘America Reads The Bible’. Kizabera i Washington DC ku wa 21 Mata 2026, aho azagira uruhare mu gusomera Abanyamerika amagambo yo muri Bibiliya.

Iki gikorwa kizabera mu Nzu Ndangamurage ya Bibiliya, kikazahuza abayobozi bakomeye, abanyamadini n’abandi banyacyubahiro, bagamije gusoma no kuganira ku magambo yo mu Byanditswe Bitagatifu, hanaboneke umwanya wihariye w’amasengesho.

Nubwo abandi bayobozi bazitabira imbonankubone, Trump we azatanga ubutumwa bwe abinyujije mu mashusho yafatiwe mu biro bye, buzerekanwa ku bazitabiriye iki gikorwa.

Mu bayobozi bazahagaragara muri icyo gikorwa harimo Minisitiri w’Intambara, Pete Hegseth ndetse na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Marco Rubio, bitezweho gusoma no gutanga ibitekerezo ku magambo ya Bibiliya azatoranywa.

Amaku dukesha ibiro ntaramakuru CNN agaragaza ko Trump azasoma igice kiri mu gitabo cya kabiri cy’Ibyo ku Ngoma, aho azibanda ku mirongo ya 11 kugeza ku wa 22. Muri yo harimo umurongo wa 14 uzwi cyane ugira uti: “Maze abantu banjye bitiriwe izina ryanjye nibicisha bugufi bagasenga, bagashaka mu maso hanjye bagahindukira bakareka ingeso zabo mbi, nanjye nzumva ndi mu ijuru mbababarire igicumuro cyabo, mbakirize igihugu.”

Abateguye iki gikorwa bavuga ko guhitamo uyu muyobozi gusoma uwo murongo bifite ishingiro rikomeye, bitewe n’ubutumwa bwawo bwibutsa akamaro ko kwicisha bugufi no gusenga mu kubaka igihugu.

Iki gikorwa kibaye mu gihe hari impaka zimaze iminsi hagati ya Trump na Papa Léon XIV, zishingiye ku buryo batandukaniyeho mu kureba ibibazo mpuzamahanga, by’umwihariko ibijyanye n’intambara ya Iran.

Hari abasesenguzi babona ko iki gikorwa ari uburyo bwo kongera kugaragaza uruhare rw’iyobokamana mu miyoborere ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu gihe abandi bagaragaza impungenge ko gishobora guteza impaka ku ruhare rw’idini muri politiki.

Nubwo ibitekerezo bitandukanye bikomeje kugaragara, ‘America Reads The Bible’ igaragazwa nk’igikorwa gishobora guhuza abantu batandukanye, binyuze mu gusangira amagambo y’ihumure n’icyizere akubiye mu Byanditswe Bitagatifu.

Inkuru muri Karibumedia dukesha Panorama

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

MUSANZE: HORIZON SOPYRWA yibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994

June 11, 2026

MUSANZE: Diyosezi ya Shyira yakoze Igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi1994

June 8, 2026

Perezida wa Tanzania, Dr. Samia Suluhu Hassan, ari mu ruzinduko rw’akazi mu Burusiya kuva ku wa 2 Kamena 2026

June 4, 2026
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,483 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,415 Views

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026920 Views

BREAKING NEWS: Mukarere ka Burera umwarimu yasanzwe yapfuye birakekwako yiyahuye

September 15, 2025837 Views

MUSANZE: HORIZON SOPYRWA yibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994

By MANIRAGUHA LadisilasJune 11, 20260

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994,…

MUSANZE: Diyosezi ya Shyira yakoze Igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi1994

June 8, 2026

Perezida wa Tanzania, Dr. Samia Suluhu Hassan, ari mu ruzinduko rw’akazi mu Burusiya kuva ku wa 2 Kamena 2026

June 4, 2026

BURERA: Uwitwa NTIRENGANYA Etienne akomeje kuba ikibazo mu baturage ba Gahunga

June 3, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

MUSANZE: HORIZON SOPYRWA yibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994

June 11, 2026

MUSANZE: Diyosezi ya Shyira yakoze Igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi1994

June 8, 2026

Perezida wa Tanzania, Dr. Samia Suluhu Hassan, ari mu ruzinduko rw’akazi mu Burusiya kuva ku wa 2 Kamena 2026

June 4, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.