Abanyeshuri 31 bize amasomo y’igihe gito (Amezi 6) muri Muhabura Integreted Polytehnic College(MIPC) bizwi nka “Short course” mu bijyanye no guteka, kuri uyu wa gatanu, tariki 16/01/2026 bahawe impamyabumenyi zabo, bityo basabwa kuzazibyaza umusaruro bumva ababagana, kugira isuku n’indangagaciro bakagaragaza itandukaniro n’abakora uwo mwuga batarageze mu ishuri.
Ibi babisabwe n’Umuyobozi w’agateganyo w’iri shuri Bwana MANZI Innocent wabanje gushimira abanyeshuri ko bitwaye neza, bakiga bagatsinda none bakaba bagiye ku isoko ry’umurimo ndetse ashimira ababyeyi n’abarimu uburyo bitanze ngo abana bige neza kandi bagire ubumenyi buhagije.
Yagize ati” Nyuma yo gushimira abanyeshuri ku muhate bagize ngo babone ubumenyi bifuzaga, nashimira ababyeyi n’abarimu uruhare runini babigizemo none abarangije bakaba bagiye ku isoko ry’umurimo ari nayo mpamvu mbasaba kuba intangarugero mu kazi muzakora, mwumva ababagana kandi mutegura amafunguro aboneye nk’ababyize mu ishuri koko mugatandukana n’ababikora batarabyize.”

MANZI yakomeje avuga ko gukora mu gikoni bisaba gutegera amatwi abakiriya kuko ngo uhombye umukiliya aba abuze umushahara.
Yagize ati ” Mugomba gukora kinyamwuga mutega amatwi ababagana kuko gukora mu gikoni bisaba gutega amatwi abakiliya kuko burya kubura umukiriya ni ukubura umushahara. Mugomba guhesha agaciro ishuri mushyiramo ikinyuranyo ko mutandukanye n’ababikora batarabyize.”
Mu gusoza uyu muyobozi yasabye abarangije kuba indorerwamo ya buri wese aho bazakorera no kuba ba ambasaderi beza ariko kandi ngo bakazabifatanya n’isengesho kugira ngo Uwiteka azabashishe abo bigora.
NSENGIYUMVA Alexis na USHIZIMPUMU Grâce ni bamwe mubahawe impamyabumenyi bemeza ko bungutse byinshi kandi ko bagiye gukora kinyamwuga kurusha abatarabyize.

NSENGIYUMVA yagize ati ” Kuba narize guteka ndi igitsina gabo nta pfunwe binteye kuko ikinyejana tugezemo si nk’ibya kera aho imyumvire y’abantu yari hasi ngo nta gitsina gore cyatwara imodoka, nticya kurira inzu ngo cyubake n’ibindi bitiriraga abagabo ni nayo mpamvu natwe nk’igitsina gabo ibyaharirwaga abagore gusa natwe twabikora uretse gutwita nk’uko nabo batatera inda. Kuba narabyize rero nkamenya gutegura ifunguro mu buryo bwa gihanga, ngiye kwihangira imirimo nshinge resitora kandi ndiyizeye ko nzakora kinyamwuga ngasumbya ababikora batarabyize ku buryo mu gihe kitarambiranye nzaba ndi gutanga akazi nanjye.”
USHIZIMPUMU we yagize ati” Ndi umubyeyi w’abana 2 kandi nsanzwe nteka ariko uko natekaga bitandukanye nuko nabyigiye hano muri MIPC kuko hari bimwe natekaga mu buryo gakondo ariko nize n’ubundi buryo bwo guteka indyo yuzuye kandi ifite ubuziranenge bitari bya bindi bisanzwe mu miryango yacu. Urugero nk’ibirayi twabitekagamo ifiriti cyangwa kubitogosa gusa ariko hari ubundi buryo byategurwa biherekejwe n’ibindi ku buryo indyo igomba kuba yuzuye kandi iteguranye isuku nubwo twabikoraga ariko hari ibindi nungukiye muri aya masomo nafatiye hano. Bityo rero,nkaba ngiye guhatana ku isoko ry’umurimo mfite intego yo kuba ‘Bandebereho’ mu gukora ikinyuranyo n’abandi batabyize.”

Bimwe mu byo aba banyeshuri bahawe mpamyabumenyi bize harimo: Gutegura igikoni kiboneye, gutegura ibinyobwa bifutse, gutegura igikoni mpuzamahanga, gutegura umurete mu buryo butandukanye, indangagacuro, kumva no kwakira neza abakugana, gukora imigati n’indyoshyandyo bitandukanye, gutegura ifunguro ryuzuye n’ibiriherekeje nk’ibyo kunywa n’ibindi.
Uretse aba bize guteka( Culinary arts) mu gihe gito, muri MIPC hanigirwa n’andi masomo y’ubumenyi ngiro haba mu bw’ubwubatsi, gukora iby’ amashanyarazi n’amazi, ubukerarugendo, ubwubatsi, ikoranabuhanga n’ibindi kandi byose bitanga amasomo y’igihe gito( Short courses).

Yanditswe na SETORA Janvier

