
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Base bwihanangirije ababyeyi bateshuka ku nshingano zabo, bakarangwa n’ingeso zo guhohotera abana, babasaba kubarinda ibiyobyabwenge ndetse akenshi ugasanga biterwa n’amakimbirane baba bafite mu miryango ikomokamo abana babo.
Babigarutseho kuri uyu wa 26 Kamena 2026, mu birori byo kwizihiza umunsi mukuru w’umwana w’umunyafurika,
Insanganyamatsiko y’uyu mwaka ikaba igira iti: ”Ndera neza nkure Nemye.”
Ibi birori byabereye mu Murenge wa Base; Akagari ka Cyohoha mu mudugudu wa Mushongi, ku kigo cy’amashuri cya Gs Mushongi. Byitabiriwe n’abanyeshuri barererwa muri iki kigo, aho basangizwaga ubutumwa bugendanye no kubahiriza uburenganzira bw’abana.
Ababyeyi basabwe kumenya kurera neza ariko kandi bakazirikana ko guhana umwana bikorwa nk’Umubyeyi ariko ntibakabahane bihanikiriye, basabwa kujyana abana mu mashuri; Kubagaburira neza ntibarangwe n’imirire mibi ndetse no kwita ku mwana wese nk’uwawe.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Base, Bwana Uwiringiye Placide wari uhagarariye umuyobozi w’akarere ka Rulindo yavuze ko abana biga mu murenge wa Base ayoboye bagera ku kigero cya 99%, gusa ko ababyeyi basabwa kurushaho kumenya uburenganzira bw’abana bose ndetse n’abasigaye bakagarurwa mu mashuri bakiga.
Ibi birori byo kwizihiza umunsi nyafurika w’umwana w’umunyafurika waranzwe n’imikino itandukanye, harimo n’imivugo irimo ubutumwa bw’abana bugaruka ku butumwa bwerekana inshingano z’ababyeyi mu kurera abana neza, ku buryo bagomba gukura bemye.
Ubutumwa bwagarutse ku ihohoterwa mbamutima usanga ryiganjemo amagambo akomeretsa abana; Kwita ku burenganzira bw’abana bafite ubumuga, kubigisha isuku no gukora ibyiza kugira ngo abana babone urugero rwiza kandi bigatuma bakura neza
Muri uyu mwaka wa 2026 hatangwa ubutumwa bwo kwigisha ababyeyi kugira indangagaciro z’abanyarwanda, hagamijwe kuragwa n’igihugu gifite abayobozi beza no gutanga amakuru yaho bigaragaye ko umwana yakorewe ihohoterwa.
Uhagarariye abafatanyabikorwa mu Karere ka Rulindo yagarutse ku butumwa bushimangira ku kwiziyiza uyu munsi ku nshuro ya 35, hagamijwe kubahiriza uburenganzira bw’ umwana wese ndetse ko ubw’ingenzi ari kwemererwa kubaho no gukura neza; Kwiga no kurindwa ihohoterwa nk’uko bishimangirwa n’umuryango wabibumbye ku rwego rwisi, hatibagiwe n’abana bafite ubumuga kuko bose bafite uburenganzira bungana.
Umuyobozi w’ Umurenge wa Base wari uhagarariye umuyobozi w’akarere ka Rulindo, yasabye ababyeyi kwigisha abana umuco w’isuku; Kubigisha uburere bufite ireme; Kubarinda ibiyobyabwenge ndetse naho babonye umwana uvutswa uburenganzira bwe bagatanga amakuru.
Kuri uyu munsi abitabiriye ibirori by’abana basabwe kumenya ko umwana wese ari nk’undi, by’ umwihariko bakazirikana ko abana bafite ubumuga ari nk’abandi bose.









Yanditswe na Nkurunziza Bonaventure
