Mu Abaroma 8:8-9;14, hagira hati: “[8]Erega burya abari mu butware bwa kamere ntibashobora kunezeza Imana!
[9]Ariko mwebwe ntimuri aba kamere, ahubwo muri ab’Umwuka niba Umwuka w’Imana aba muri mwe. Ariko umuntu wese utagira Umwuka wa Kristo ntaba ari uwe;
[14]Abayoborwa n’Umwuka w’Imana bose ni bo bana b’Imana.
IYO UMUNTU ARI UWA KAMERE IKIMUJEMO CYOSE ARAGIKORA
Abajura, abasambanyi; Abantu batukana; Kurwana n’ibindi byose bizana intambara ndetse n’umwuka mubi mu bantu, burya biterwa n’abantu ba kamere, kuko bakora ibibajemo batabanje gutekereza ku cyaha, kubiteye isoni ndetse akenshi birebaho gusa. Iyo uri umuntu wa kamere ntibishoboka ko ibyo ukora bishobora kunezeza Imana.
ABAYOBORWA N’UMWUKA NIBO BANA B’IMANA.
Ijambo ry’Imana riravuga ngo nshobozwa byose na Kristo umpa imbaraga. Ese bagukubise urushyi ku musaya umwe wahindukira bagakubita no mu wundi? Uwakwihangana agahindukira ni ushobozwa na Kristo naho uwa kamere ahita nawe arwana.
Ese bagututse wakwihangana wowe ukagaragariza urukundo ugututse? Niba wabishobora nawe ntutukane, shima Imana kuko umwuka w’Imana ari muri wowe kuko si wowe ubyishoboza, ahubwo ni imbaraga z’Imana ziri muri wowe.
Tuzakomerezaho ejo…
Imana iguhe umugisha, ndagukunda!
Pasteur Alphonse HABYARIMANA.

