Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100

July 18, 2026

Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi

July 16, 2026

RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2

July 14, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100
  • Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi
  • RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2
  • KARONGI: Imihanda yinjira mu mujyi igiye gushyirwamo ibihangano nyabugeni
  • GICUMBI: Imurikabikorwa ryagaragaje ko abaturage badakangwa n’ibihe by’Impeshyi
  • Mu Burundi: Ubwato bw’igisirikare cy’u Burundi bumaze iminsi ibiri butaboneka
  • U Rwanda rwashoye miliyari 48 Frw muri nkunganire ku biciro bya peteroli
  • Ingabo za RDF zirwanira ku butaka zasoje amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » Rayon Sports igiye gushora miliyoni 200 Frw ku isoko ryo kugura abakinnyi.
Imikino

Rayon Sports igiye gushora miliyoni 200 Frw ku isoko ryo kugura abakinnyi.

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasDecember 5, 202526 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Perezida wa Komite y’Inzibacyuho iyoboye Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yavuze ko Rayon Sports izakoresha hafi miliyoni 200 Frw mu kugura abakinnyi, ubwo isoko rizaba rifunguye muri Mutarama.

Ibi yabitangaje mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Kane, aho abagize Komite y’Inzibacyuho bagaragazaga ibikorwa bateganya gukora mu gihe cy’amezi atatu bazamara muri iyi nzibacyuho.

Murenzi yagize ati: “Rayon Sports ubu ngubu, tumaze igihe nta ntsinzi tubona, n’izo twabonaga mbere wabonaga zitaryoheye abakunzi bacu. Kimwe rero mu byihutirwa, turifuza kuzana abatoza n’abakinnyi bashya biyongera ku basanzwe bahari[…]. Ibyo byose bizasaba amafaranga. Iyo dukoze imibare dusanga kwinjizamo abakinnyi dukeneye ubwabyo bikeneye hagati ya miliyoni 100 Frw na 200 Frw.”

Murenzi Abdallah.

Iyi Komite iza muri Gikundiro yasanze nta mafaranga ari kuri konti y’ikipe. Murenzi Abdallah yavuze ko amafaranga yo kugura abakinnyi bazayashakira ahashoboka hose.

Ati: “Ayo mafaranga azaturuka mu banyamuryango ndetse n’abafatanyabikorwa. Ni ugukomeza kunoza imibanire n’abafatanyabikorwa ndetse no gushaka abandi bashyashya. Ikindi ni ugukora ubukangurambaga bw’imbaraga zihagije ku mushinga wacu wa Gikundiro, wa *702#.”

Yaboneyeho gukangurira abakunzi b’iyi kipe yambara ubururu n’umweru kwiyandikisha kuko bizabafasha kumenya imibare ya nyayo y’abakunzi ba Rayon Sports kugira ngo babashe kubaka n’imiyoborere idaheza uwo ari we wese.Yakomeje agira ati: “Icya kabiri, ni uburyo buzafasha abanyamuryango gutanga umusanzu, yaba ufite igihumbi, bibiri, magana atanu, bitanu… Ziriya miliyoni 200 dukeneye nta handi dufite tuzazikura, uretse mu banyamuryango.”

Uyu muyobozi wari Umunyamabanga w’Inama y’Ubutegetsi mbere y’uko Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rusesa inzego zose z’uyu muryango, yasubije benshi mu Ba_ Rayons bibaza igihe umutoza mukuru mushya azazira, ahishura ko ari vuba.

Ati: “Turifuza ko umutoza aboneka bitarenze icyumweru n’igice, bikabije bikaba bibiri. Muri uku kwezi dusigajemo imikino ahari itanu cyangwa itandatu. Turifuza ko nibura yazareba n’imikino nk’itatu, kugira ngo twinjire ku isoko na we ubwe yaramaze kureba uko ikipe ihagaze.”

Abakunzi ba Rayon Sports ntibishimiye uko ikipe yabo iri kwitwara muri Shampiyona, kuko mu mikino icyenda yakinnye yatsinzwemo itatu ikanganya ibiri. Ibi bituma magingo aya ari iya gatandatu n’amanota 14, ku rutonde rwa Shampiyona ruyobowe na Police FC iyirusha amanota umunani.

Abenshi bavuga ko intandaro y’ibi byose ari abakinnyi batari ku rwego rwiza ikipe ifite ndetse n’umutoza Haruna Ferouz udafite ubushobozi bwo gutanga umusaruro uhagije nyuma yo gusigarana ikipe by’agateganyo, ubwo uwari Umutoza Mukuru, Afhamia Lotfi yatandukanaga n’iyi kipe ikunzwe kurusha izindi mu Rwanda azira kutemeza Aba_ Rayons.Iyi kipe ikomoka i Nyanza, izakira Musanze FC ku wa Gatanu tariki 5 Ukuboza, mu mukino w’umunsi wa 10 uzabera kuri Kigali Pelé Stadium saa Kumi n’Ebyiri n’igice.Yanditswe na NKURUNZIZA Bonaventure.

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

RULINDO: Umukino wa Rugby ni Umukino w’urukundo – KAGAME Joseph

February 18, 2026

Sugira Ernest udafite ikipe yatangiye inzira yo kuba umutoza.

December 5, 2025

Tchabalala afite intego yo gutsinda ibitego 100 muri Shampiyona y’u Rwanda

November 23, 2025
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,699 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,475 Views

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026970 Views

BREAKING NEWS: Mukarere ka Burera umwarimu yasanzwe yapfuye birakekwako yiyahuye

September 15, 2025854 Views

Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100

By MANIRAGUHA LadisilasJuly 18, 20260

Hirya no hino mu gihugu, Leta ikangurira kandi ikaburira abaturage kureka kunywa inzoga nyinshi “Tunywe…

Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi

July 16, 2026

RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2

July 14, 2026

KARONGI: Imihanda yinjira mu mujyi igiye gushyirwamo ibihangano nyabugeni

July 14, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100

July 18, 2026

Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi

July 16, 2026

RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2

July 14, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.