Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

Abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 839,9

January 10, 2026

Ingabo z’ibihugu bidacana uwaka na Amerika zahuriye mu myitozo mu mazi ya Afurika y’Epfo

January 10, 2026

Urukiko rwa Gisirikare rufite icyicaro i Nyamirambo, rwakatiye abasirikare 2 n’umusivili umwe igifungo cy’imyaka 5 isubitsemo ibiri n’igice.

December 26, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • Abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 839,9
  • Ingabo z’ibihugu bidacana uwaka na Amerika zahuriye mu myitozo mu mazi ya Afurika y’Epfo
  • Urukiko rwa Gisirikare rufite icyicaro i Nyamirambo, rwakatiye abasirikare 2 n’umusivili umwe igifungo cy’imyaka 5 isubitsemo ibiri n’igice.
  • Rwambikanye hagati ya AFC/M23 na FARDC/Wazalendo i Kinyumba
  • BURERA: Mu gitondo cy’isuku abaturage bo mu gace k’amakoro basezeranije ubuyobozi kuzamura igipimo ku isuku n’isukura.
  • MUSANZE: Rurageretse hagati ya Mbarushimana Emmanuel na Nsengiyumva Jean Claude bapfa ubutaka.
  • BURERA: Bane barimo abasirikare babiri bitabye Urukiko rwa Gisirikare bahakana ibyo baregwa.
  • Sugira Ernest udafite ikipe yatangiye inzira yo kuba umutoza.
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » Rayon Sports igiye gushora miliyoni 200 Frw ku isoko ryo kugura abakinnyi.
Imikino

Rayon Sports igiye gushora miliyoni 200 Frw ku isoko ryo kugura abakinnyi.

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasDecember 5, 202524 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Perezida wa Komite y’Inzibacyuho iyoboye Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yavuze ko Rayon Sports izakoresha hafi miliyoni 200 Frw mu kugura abakinnyi, ubwo isoko rizaba rifunguye muri Mutarama.

Ibi yabitangaje mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Kane, aho abagize Komite y’Inzibacyuho bagaragazaga ibikorwa bateganya gukora mu gihe cy’amezi atatu bazamara muri iyi nzibacyuho.

Murenzi yagize ati: “Rayon Sports ubu ngubu, tumaze igihe nta ntsinzi tubona, n’izo twabonaga mbere wabonaga zitaryoheye abakunzi bacu. Kimwe rero mu byihutirwa, turifuza kuzana abatoza n’abakinnyi bashya biyongera ku basanzwe bahari[…]. Ibyo byose bizasaba amafaranga. Iyo dukoze imibare dusanga kwinjizamo abakinnyi dukeneye ubwabyo bikeneye hagati ya miliyoni 100 Frw na 200 Frw.”

Murenzi Abdallah.

Iyi Komite iza muri Gikundiro yasanze nta mafaranga ari kuri konti y’ikipe. Murenzi Abdallah yavuze ko amafaranga yo kugura abakinnyi bazayashakira ahashoboka hose.

Ati: “Ayo mafaranga azaturuka mu banyamuryango ndetse n’abafatanyabikorwa. Ni ugukomeza kunoza imibanire n’abafatanyabikorwa ndetse no gushaka abandi bashyashya. Ikindi ni ugukora ubukangurambaga bw’imbaraga zihagije ku mushinga wacu wa Gikundiro, wa *702#.”

Yaboneyeho gukangurira abakunzi b’iyi kipe yambara ubururu n’umweru kwiyandikisha kuko bizabafasha kumenya imibare ya nyayo y’abakunzi ba Rayon Sports kugira ngo babashe kubaka n’imiyoborere idaheza uwo ari we wese.Yakomeje agira ati: “Icya kabiri, ni uburyo buzafasha abanyamuryango gutanga umusanzu, yaba ufite igihumbi, bibiri, magana atanu, bitanu… Ziriya miliyoni 200 dukeneye nta handi dufite tuzazikura, uretse mu banyamuryango.”

Uyu muyobozi wari Umunyamabanga w’Inama y’Ubutegetsi mbere y’uko Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rusesa inzego zose z’uyu muryango, yasubije benshi mu Ba_ Rayons bibaza igihe umutoza mukuru mushya azazira, ahishura ko ari vuba.

Ati: “Turifuza ko umutoza aboneka bitarenze icyumweru n’igice, bikabije bikaba bibiri. Muri uku kwezi dusigajemo imikino ahari itanu cyangwa itandatu. Turifuza ko nibura yazareba n’imikino nk’itatu, kugira ngo twinjire ku isoko na we ubwe yaramaze kureba uko ikipe ihagaze.”

Abakunzi ba Rayon Sports ntibishimiye uko ikipe yabo iri kwitwara muri Shampiyona, kuko mu mikino icyenda yakinnye yatsinzwemo itatu ikanganya ibiri. Ibi bituma magingo aya ari iya gatandatu n’amanota 14, ku rutonde rwa Shampiyona ruyobowe na Police FC iyirusha amanota umunani.

Abenshi bavuga ko intandaro y’ibi byose ari abakinnyi batari ku rwego rwiza ikipe ifite ndetse n’umutoza Haruna Ferouz udafite ubushobozi bwo gutanga umusaruro uhagije nyuma yo gusigarana ikipe by’agateganyo, ubwo uwari Umutoza Mukuru, Afhamia Lotfi yatandukanaga n’iyi kipe ikunzwe kurusha izindi mu Rwanda azira kutemeza Aba_ Rayons.Iyi kipe ikomoka i Nyanza, izakira Musanze FC ku wa Gatanu tariki 5 Ukuboza, mu mukino w’umunsi wa 10 uzabera kuri Kigali Pelé Stadium saa Kumi n’Ebyiri n’igice.Yanditswe na NKURUNZIZA Bonaventure.

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

Sugira Ernest udafite ikipe yatangiye inzira yo kuba umutoza.

December 5, 2025

Tchabalala afite intego yo gutsinda ibitego 100 muri Shampiyona y’u Rwanda

November 23, 2025

Zoe Backstedt yegukanye mudali wa Zahabu muri ITT y’abakobwa batarengeje imyaka 23

September 22, 2025
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

BREAKING NEWS: Mukarere ka Burera umwarimu yasanzwe yapfuye birakekwako yiyahuye

September 15, 2025741 Views

BREAKING NEWS: Burera mu murenge wa Rugarama, inkuba yakubise umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 25 ahita apfa.

September 15, 2025414 Views

BURERA: Bane barimo abasirikare babiri bitabye Urukiko rwa Gisirikare bahakana ibyo baregwa.

December 5, 2025341 Views

AMAJYARUGURU: Umuturage agomba guhora ku isonga_ Guverineri MUGABOWAGAHUNDE Maurice.

September 20, 2025305 Views
Amakuru

Abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 839,9

By MANIRAGUHA LadisilasJanuary 10, 20260

Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) isuzuma ibyo abantu bakoresheje mu ngendo bakoreye mu Rwanda [Travel…

Ingabo z’ibihugu bidacana uwaka na Amerika zahuriye mu myitozo mu mazi ya Afurika y’Epfo

January 10, 2026

Urukiko rwa Gisirikare rufite icyicaro i Nyamirambo, rwakatiye abasirikare 2 n’umusivili umwe igifungo cy’imyaka 5 isubitsemo ibiri n’igice.

December 26, 2025

Rwambikanye hagati ya AFC/M23 na FARDC/Wazalendo i Kinyumba

December 18, 2025

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

Abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 839,9

January 10, 2026

Ingabo z’ibihugu bidacana uwaka na Amerika zahuriye mu myitozo mu mazi ya Afurika y’Epfo

January 10, 2026

Urukiko rwa Gisirikare rufite icyicaro i Nyamirambo, rwakatiye abasirikare 2 n’umusivili umwe igifungo cy’imyaka 5 isubitsemo ibiri n’igice.

December 26, 2025
Amakuru Akunzwe

BREAKING NEWS: Mukarere ka Burera umwarimu yasanzwe yapfuye birakekwako yiyahuye

September 15, 2025

BREAKING NEWS: Burera mu murenge wa Rugarama, inkuba yakubise umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 25 ahita apfa.

September 15, 2025

BURERA: Bane barimo abasirikare babiri bitabye Urukiko rwa Gisirikare bahakana ibyo baregwa.

December 5, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.