Abahanzi batoye ababahagarariye mu Karere
Kuri uyu wa 18 Kamena 2026, mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Rulindo habereye amatora yo kuvugurura ubuyobozi bw’abahanzi ku rwego rw’akarere.
Aya matora yahuje abahanzi bahagarariye bagenzi babo baturutse mu Mirenge itandukanye y’Akarere ndetse no mu byiciro binyuranye by’ubuhanzi birimo umuziki, imideli n’ubwiza, ubuvanganzo, sinema n’amafoto, imbyino gakondo, ubugeni bw’amashusho n’ubuhanzi bw’ikinamico.
Iki gikorwa cyayobowe n’Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo wungirije ushinzwe imibereho myiza, Bwana Mutaganda Theophille, ari kumwe n’abahagarariye Rwanda Arts Council barimo
Bwana MURANGWA Isaac na bwana Harerimana Ahmed, ndetse n’abakozi b’Akarere. Mu ijambo rye, Umuyobozi w’Akarere wungirije yashimangiye ko abahanzi bafite uruhare rukomeye mu kubaka no guteza imbere Igihugu binyuze mu bikorwa byabo. Yabasabye gukomeza kwimakaza indangagaciro nyarwanda no gukora ibihangano biteza imbere isura y’Akarere ka Rulindo ndetse n’imibereho yabo.
Nyuma y’amatora, hatowe abagize Itsinda Mpuzabikorwa ry’Inama y’Abahanzi rigizwe n’abantu 7. Muzika: BYIRINGIRO dieudonne ,
Sinema:MUKASOMA RUTERA Rose,Ubuhanzi Nserukarubuga: URUKUMBUZI Fabrice,Ubuhanzi Mberajisho: SAFARARI Frederic,Ubwanditsi: HAVUGIMANA Faustin,Ubwiza n’imideri: IRAKIZA Aime,Amatorero y’imbyino Gakondo:SHYIRAMBERE ERI
Hatowe kandi Komite Nyobozi igizwe n’abanyamuryango batatu bazahagararira abahanzi b’Akarere ka Rulindo mu Nteko Rusange ku rwego rw’Igihugu, aribo
Umuhuzabikorwa w’Abahanzi: HAVUGIMANA Faustin,
Umuhuzabikorwa wungirije: SHYIRAMBERE Eric
Umwanditsi akaba n’umubitsi: MUKASOMA RUTERA Rose
Ubuyobozi bushya bwatowe buzamara imyaka itanu, bukazibanda ku gushimangira ubufatanye hagati y’abahanzi, guteza imbere guhanga udushya no kugira uruhare mu iterambere ry’umuco n’ubukungu bw’Akarere ka Rulindo ndetse n’Igihugu muri rusange.


Yanditswe na Nkurunziza Bonaventure

Abahanzi batoye ababahagarariye mu Karere