
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo, yafashe abagabo batatu bamaze kwiba inka zirindwi (07) zafatiwe mu Karere ka Ruhango, bazijyanye mu isoko rya Ruhango kuzigurisha.
Umugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yatangaje ko iperereza ry’ibanze rigaragaza ko izo nka zari zaribwe mu Karere ka Nyanza.
Kugeza ubu abafashwe bose bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Busasamana mu Karere ka Nyanza. Ubugenzacyaha bwatangiye kubakurikirana, naho inka zose zasubijwe banyirazo.
CIP Kamanzi yavuze ko bakomeje ibikorwa by’ubukangurambaga bugamije kwibutsa abafatanyabikorwa bayo uruhare rwabo mu gukumira no kurwanya ibyaha ku bufatanye n’izindi nzego.
Yavuze ko birimo gutanga umusaruro ufatika, kuko abaturage bakomeje gutanga amakuru.
Yashimiye abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda kuko bamaze gusobanukirwa ko umutekano ari inshingano za buri wese batangira amakuru ku gihe, bagamije gukumira no kurwanya ibyaha.
Polisi y’u Rwanda ikomeje kuburira abo bishora mu bikorwa bigayitse by’ubujura bihungabanya ituze n’umudendezo by’abaturage, kubireka kuko uzajya abikinisha wese azajya afatwa ashyikirizwe Ubugenzacyaha, kuko kwiba atari umwuga, ahubwo n’icyaha gihanwa n’amategeko.



Karibumedia
