Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100

July 18, 2026

Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi

July 16, 2026

RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2

July 14, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100
  • Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi
  • RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2
  • KARONGI: Imihanda yinjira mu mujyi igiye gushyirwamo ibihangano nyabugeni
  • GICUMBI: Imurikabikorwa ryagaragaje ko abaturage badakangwa n’ibihe by’Impeshyi
  • Mu Burundi: Ubwato bw’igisirikare cy’u Burundi bumaze iminsi ibiri butaboneka
  • U Rwanda rwashoye miliyari 48 Frw muri nkunganire ku biciro bya peteroli
  • Ingabo za RDF zirwanira ku butaka zasoje amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » Rulindo: Urubyiruko rwibumbiye mu muryango ‘NAWE YISHIME FOUNDATION’, rwasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Rusiga
Politike

Rulindo: Urubyiruko rwibumbiye mu muryango ‘NAWE YISHIME FOUNDATION’, rwasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Rusiga

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasJune 21, 2026Updated:June 21, 2026150 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Abenshi biganjemo urubyiruko rwibumbiye mu muryango wa ‘NAWE YISHIME FOUNDATION’, ufasha abarwayi; Abanyeshuri n’abatishoboye baturuka hirya no hino mu gihugu basuye urwibitso rwa Jenoside rwa Rusiga, baremera abantu batatu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

Ni kuri iki cyumweru tariki ya 21 kamena 2026, uru rubyiruko rwaremeye abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi 1994. Rwabahaye ibiribwa n’ibiryamirwa, rwishimiye kuba igikorwa cy’urukundo bateguye muri iyi minsi 100 bakigezeho.

Uru rubyiruko rukigera i Rusiga rwabanje gufata umunota umwe wo kwibuka, rusobanurirwa amateka y’uru rwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Rusiga runaboneraho gusura urwibutso
ruruhukiyemo imibiri isaga ibihumbi umunani (8,000).

Hakurikiyeho igikorwa cyo kuremera abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi 1994. Umwe mu baremewe, yagaragaje ibyishimo, avuga ko atazongera kurara ashikamirwa kuko uru rubyiruko rwa ‘NAWE YISHIME FOUNDATION’ rwa bahaye matera, ahubwo bagiye kuryama heza.

Yagize ati: “Amagambo ntiyabasha gusobanura Ibyishimo dufite kuri uyu munsi kuko duhawe matera n’ibiribwa twari twarabuze, banyamuryango ba ‘NAWE YISHIME FOUNDATION’ turabashimiye kandi situzibagirwa urukundo mutweretse.”

Uwinema Alice umuyobozi wa ‘NAWE YISHIME FOUNDATION’ yavuze ko gusura Urwibutso no kuremera abacitse ku icumu ari igikorwa ngarukamwaka kuri bo.

Aho yagize ati: “Iki ni igikorwa twiyemeje kandi ni ngarukamwaka. Buri mwaka dusura urwibutso rumwe kandi tukaremera abacitse ku icumu. Ikindi ni uko twamenye ukuri ku byabereye hano muri Rusiga, nk’urubyiruko rwibumbiye mu muryango ‘NAWE YISHIME FOUNDATION’ tuzakomeza guharanira icyiza kugira ngo amateka atazisubiramo.”

Umuyobozi wa IBUKA mu Murenge wa Rusiga nawe yagarutse ku mateka yabaranze, n’uburyo bahizwe bagatotezwa bigatuma hicwa abasaga ibihumbi umunani(8000). Yanashimiye kandi umutima w’urukundo urubyiruko rwa ‘NAWE YISHIME FOUNDATION’ rwagaragaje. Ashimira kandi Ubuyobozi bw’ Akarere ndetse na FPR yabashije guhagarika Genocide.

umuyobozi w’Umurenge wa Rusiga nawe yashimiye uru rubyiruko rwa ‘NAWE YISHIME FOUNDATION’ ndetse anarushishikariza gukomeza kugira umutima w’urukundo no gufashanya kuko aricyo cyaranze Abanyarwanda kuva kera.

Gusura inzibutso ni bumwe mu buryo bukoreshwa mu kwigira ku mateka, hirindwa ihakana n’ipfobya rya Jenside, hagamijwe kubaka ahazaza hatarangwa urwango n’amacakubiri.

Yanditswe na Nkurunziza Bonaventure

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

U Rwanda rwashoye miliyari 48 Frw muri nkunganire ku biciro bya peteroli

July 10, 2026

Ingabo za RDF zirwanira ku butaka zasoje amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru

July 10, 2026

GICUMBI: Hatangijwe ku mugaragaro imurikabikorwa ry’abafatanyabikorwa b’Akarere

July 9, 2026
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,699 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,475 Views

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026970 Views

BREAKING NEWS: Mukarere ka Burera umwarimu yasanzwe yapfuye birakekwako yiyahuye

September 15, 2025854 Views

Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100

By MANIRAGUHA LadisilasJuly 18, 20260

Hirya no hino mu gihugu, Leta ikangurira kandi ikaburira abaturage kureka kunywa inzoga nyinshi “Tunywe…

Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi

July 16, 2026

RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2

July 14, 2026

KARONGI: Imihanda yinjira mu mujyi igiye gushyirwamo ibihangano nyabugeni

July 14, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100

July 18, 2026

Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi

July 16, 2026

RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2

July 14, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.