
Abenshi biganjemo urubyiruko rwibumbiye mu muryango wa ‘NAWE YISHIME FOUNDATION’, ufasha abarwayi; Abanyeshuri n’abatishoboye baturuka hirya no hino mu gihugu basuye urwibitso rwa Jenoside rwa Rusiga, baremera abantu batatu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Ni kuri iki cyumweru tariki ya 21 kamena 2026, uru rubyiruko rwaremeye abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi 1994. Rwabahaye ibiribwa n’ibiryamirwa, rwishimiye kuba igikorwa cy’urukundo bateguye muri iyi minsi 100 bakigezeho.
Uru rubyiruko rukigera i Rusiga rwabanje gufata umunota umwe wo kwibuka, rusobanurirwa amateka y’uru rwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Rusiga runaboneraho gusura urwibutso
ruruhukiyemo imibiri isaga ibihumbi umunani (8,000).
Hakurikiyeho igikorwa cyo kuremera abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi 1994. Umwe mu baremewe, yagaragaje ibyishimo, avuga ko atazongera kurara ashikamirwa kuko uru rubyiruko rwa ‘NAWE YISHIME FOUNDATION’ rwa bahaye matera, ahubwo bagiye kuryama heza.

Yagize ati: “Amagambo ntiyabasha gusobanura Ibyishimo dufite kuri uyu munsi kuko duhawe matera n’ibiribwa twari twarabuze, banyamuryango ba ‘NAWE YISHIME FOUNDATION’ turabashimiye kandi situzibagirwa urukundo mutweretse.”
Uwinema Alice umuyobozi wa ‘NAWE YISHIME FOUNDATION’ yavuze ko gusura Urwibutso no kuremera abacitse ku icumu ari igikorwa ngarukamwaka kuri bo.
Aho yagize ati: “Iki ni igikorwa twiyemeje kandi ni ngarukamwaka. Buri mwaka dusura urwibutso rumwe kandi tukaremera abacitse ku icumu. Ikindi ni uko twamenye ukuri ku byabereye hano muri Rusiga, nk’urubyiruko rwibumbiye mu muryango ‘NAWE YISHIME FOUNDATION’ tuzakomeza guharanira icyiza kugira ngo amateka atazisubiramo.”

Umuyobozi wa IBUKA mu Murenge wa Rusiga nawe yagarutse ku mateka yabaranze, n’uburyo bahizwe bagatotezwa bigatuma hicwa abasaga ibihumbi umunani(8000). Yanashimiye kandi umutima w’urukundo urubyiruko rwa ‘NAWE YISHIME FOUNDATION’ rwagaragaje. Ashimira kandi Ubuyobozi bw’ Akarere ndetse na FPR yabashije guhagarika Genocide.
umuyobozi w’Umurenge wa Rusiga nawe yashimiye uru rubyiruko rwa ‘NAWE YISHIME FOUNDATION’ ndetse anarushishikariza gukomeza kugira umutima w’urukundo no gufashanya kuko aricyo cyaranze Abanyarwanda kuva kera.
Gusura inzibutso ni bumwe mu buryo bukoreshwa mu kwigira ku mateka, hirindwa ihakana n’ipfobya rya Jenside, hagamijwe kubaka ahazaza hatarangwa urwango n’amacakubiri.




Yanditswe na Nkurunziza Bonaventure
