
Kuri uyu wa kabiri tariki 02/05/2026, NTIRENGANYA Etienne yasagarariye umuturage witwa NZACYAHINYERETSE Cyprien amwandagaza mu ruhame, aho yamubwiye amagambo y’urukozasoni agamije kumuteranya n’urugo rwe.
Uyu muturage witwa Ntirenganya Etienne yitwaza ko afite amafaranga maze agateza umutekano muke mu baturage kuko yigeze no kwandagaza n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyangwe, aho yakuyemo ipantaro ashaka gufata umuyobozi ku ngufu agamije kumutesha agaciro.

Abaturage baturiye centre ya KANYIRAREBE, bifuza ko ubuyobozi bwamukosora agashirwa mu kigo ngorora muco kizwi nka “Transit center”.
Umwe mu baturage baganiriye na Karibumedia yagize ati: “Uyu mugabo witwa Ntirenganya Etienne, azaduteza ingorane kuko ibyo adukorera yitwaje ko afite amafaranga azadukururira ibibazo kuko njyewe andakaje nkamukubise nakubita aho rutaha kuko n’ubundi mukozeho gato mba nzi ko aratanga amafaranga akampezamo.”
Uyu muturage yakomeje agira ati: “Arasinda akandagaza abagore bacu, reba kugira ngo afate umugore w’umuntu kumanywa yihangu amwambike ubusa; Amugarike amwurire, abantu baramutinya kuko abagore benshi abafata kungufu bagaceceka kubwo kumutinya. Si umwe si babiri, hari ubwo bahitamo guceceka no kwanga kwisebya. None reba aze akubwire mu ruhame ngo: ‘Nakurongoreye umugore’! Nibadufashe bamushyire muri Transit center.”

Uru rugomo akora ni ukubera ubusinzi; Agasuzuguro n’umurengwe.
Nk’uko Karibumedia yabitangarijwe n’abaturage, bigaragara ko uyu muturage ari umusinzi ku rwego rwo kuba adashobora kugenzura amarangamutima ye. Ikibazo gikomeye akaba yarakanze abaturage, aho abasuzugura kuko abasumbya amikoro. Ibi bintu bifatwa nk’umurengwe.
Karibumedia, yagerageje kubaza Umuyobozi w’Umurenge wa Gahunga, Bwana BUTOYI Louis imubaza ikibazo cy’uyu muturage ubuza abandi amahoro adutangariza ko ikibazo atari akizi ariko ko agiye kugikurikirana.
Yagize ati: “Icyo kibazo ntitwari twakimenya, ubu ngiye kubikurikirana kuko ntituzihanganira ko umuntu abuza abandi umudendezo. Ni ubwa mbere kingezeho, tuzababwira icyo twabikozeho ariko hagati aho ubusinzi bugomba guhagarara kuko dukeneye umuturage utuje kandi utekanye.”
Meya wa Burera, Madamu MUKAMANA Soline yaburiye abaturage bo mu murenge wa Gahunga, ko bagomba kwirinda ubusinzi; Ibiyobyabwenge n’inzoga zitujije ubuziranenge.

Ubwo abaturage baherutse mu nteko, igihe hari uruzinduko rw’abadepite byaragaragaye ko hari abaturage baje basinze. Aha Meya yababwiye ko ubusinzi bukabije nk’ubuyobozi batazabyihanganira, ababwira akomeje ko uwo bizagaragaraho azatwarwa mu kigo ngororamuco “Transit center”.
Yagize ati: “Baturage beza b’umurenge wa Gahunga, ntitubabujije kunywa ariko munywe mu rugero ‘Tunywe less’. Ubusinzi muri uyu murenge ni ikibazo, ejo bundi ubwo n’ubundi mwari mwasuwe n’Umuvunyi mukuru hagaragaye abasinzi benshi none dore n’aha niko bimeze. Nsabe n’abayobozi muri hano kubigira ibyanyu, ibi bintu by’ubusinzi bicike ububare bube bufunze mu masaha y’akazi”
Yakomeje agira ati: “Ibi rero byo kudukoza isoni ntituzabyihanganira, ubu tugiye kujya tubafata tubatware mu kigo ngororamuco tubigishe indangagaciro ku myitwarire ikwiriye umunyarwanda mwiza wifuzwa. Bityo rero, mwirinde ubusinzi n’inzoga zitujuje ubuziranenge kuko tugiye kubihagurukira mu buryo bukomeye; Abatunda n’abakoresha ibiyobyabwenge nka Kanyanga, bo ni ukubashikiriza Ubutabera bakaburana, bakabakatira ibihano bagafungwa.”
Ibi byagarutsweho n’Umuyobozi wa Polisi Sitasiyo ya Gahunga, CIP RUTAYISIRE Jonshon yunze mu rya Meya asaba abaturage kwirinda ubusinzi kuko bubaganisha mu byaha bitandukanye harimo n’urugomo.
Yagize ati: “Baturage ba Kanyirarebe, bimaze kugaragara ko musigaye munywa mu masaha y’akazi. Twebwe nk’urwego rw’umutekano turahari ngo dufashe inzego z’ibanze kubacungira umutekano kandi namwe turabasaba kudufasha nk’uko buri wese ari ijisho rya mugenzi we, muduhe amakuru y’ahakigaragara ibiyobyabwenge n’inzoga zitujuje ubuziranenge kuko murazinywa zikabaganisha mu byaha biteza umutekano muke ari nako zangiza ubuzima bwanyu.”
Ku kibazo cy’uyu NTIRENGANYA Etienne, abaturage benshi bifuje ko yakwegerwa akigishwa kuko asinda cyane kandi afite agasuzuguro gakabije, uretse no kwandagaza abagore yiyenza no kubagabo babo. Aho afata umuntu w’umugabo agasoma inzoga akayijundika akayimucira mu maso kandi batanavuganye. Duhereye kuri ibi byose, uyu nawe birakenewe ko ariwe baheraho akigishwa.


Karibumedia
