Author: MANIRAGUHA Ladisilas

Abarwanashyaka b’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda (DGPR-Green Party) bo mu ntara y’Amajyaruguru biyemeje gukorera ishyaka batizigama kugira ngo biyubakire igihugu mu ingengabitekerezo y’Ishyaka rya bo ariyo guharanira demokarasi, kubungabunga ibidukikije no guteza imbere imibereho myiza y’abaturage. Ni intego bihaye ubwo bari mu nteko rusange y’abarwanashyaka bo mu turere dutanu tugize intara y’Amajyaruguru, ikaba yateranye kuri iki cyumweru, tariki ya 28/06/2026 igateranira mu karere ka Musanze. Bimwe mu biganiro byatanzwe na bamwe mu bayobozi bakuru aribo Hon Mugisha Alexis, Madame Mukeshimana Athanasie, Mwiseneza Jean Marie ndetse na Perezida w’Ishyaka Hon. Dr.Frank Habineza, bagarutse ku ntego z’ishyaka zirimo gukomeza…

Read More

Ubwo bibukaga ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994 , abaturage n’abafatanyabikorwa bo mu kagari ka Ruhengeri; Umurenge wa Muhoza mu karere ka Musanze baremeye bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu rwego rwo gufatanya kwibuka biyubaka. Iki gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi cyabimburiwe n’urugendo rwatangiriye ku Itorero rya “Restauration Church” rwerekeza ku rwibutso rw’Akarere ka Musanze hazwi nk’ahahoze Urukiko rw’ Ubujurire rwa Ruhengeri (Cour d’Appel de Ruhengeri), hakurikiyeho umunota umwe wo kwibuka; Kunamira no gushyira indabo ku rwibutso rw’Akarere ka Musanze, rushyinguyemo imibiri isaga 800 y’abatutsi bishwe mu 1994 mu…

Read More

Urubyiruko rwibumbiye muri Club y’abafana b’ikipe ya APR FC, Club izwi nka “APR FC MUSANZE FAN CLUB” rwashimiwe kuba rwaragize igitekerezo cyo gusura urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Musanze ruzwi nk’ahahoze urukiko rwubujurire rwa Ruhengeri (Cour d’Appel de Ruhengeri). Ni igikorwa cyateguwe mu rwego rwo kwibuka abatutsi bishwe bazira uko bavutse, aho abasaga 800 biciwe mu ngoro y’ubutabera aho kuhabonera ubutabera bakahicirwa urwagashinyaguro kandi hari no hafi ya Perefegitura ya Ruhengeri no hagati y’ibigo bya Gisirikari n’amahoteli. Iki gikorwa nyirizina cyabimburiwe n’urugendo rwatangiriye mu mujyi wa Musanze rugasorezwa ku rwibutso rwa Musanze hagakurikiraho umunota umwe wo kwibuka, kunamira no…

Read More

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Base bwihanangirije ababyeyi bateshuka ku nshingano zabo, bakarangwa n’ingeso zo guhohotera abana, babasaba kubarinda ibiyobyabwenge ndetse akenshi ugasanga biterwa n’amakimbirane baba bafite mu miryango ikomokamo abana babo. Babigarutseho kuri uyu wa 26 Kamena 2026, mu birori byo kwizihiza umunsi mukuru w’umwana w’umunyafurika, Insanganyamatsiko y’uyu mwaka ikaba igira iti: ”Ndera neza nkure Nemye.” Ibi birori byabereye mu Murenge wa Base; Akagari ka Cyohoha mu mudugudu wa Mushongi, ku kigo cy’amashuri cya Gs Mushongi. Byitabiriwe n’abanyeshuri barererwa muri iki kigo, aho basangizwaga ubutumwa bugendanye no kubahiriza uburenganzira bw’abana. Ababyeyi basabwe kumenya kurera neza ariko kandi bakazirikana ko guhana umwana…

Read More

Mu kigo cy’amashuri ya RUNABA abana barindwi bari bivuganye abarimu Imana ikinga akaboko, ni inkuru yasakaye kuri uyu wa Kane tariki ya 25/06/2026 ko abarimu bahaswe inkoni “Imigiti.” Ubuhamya bwumwe mubayobozi b’inzego z’ibanze: Aho yagize ati: “Kubufatanye bwa RIB; Police n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Butaro, twatabajwe ni kigo cya G.S Runaba ko harabanyeshuri bigaragambije bagakubita abarimu. Abanyeshuri ni aba bakurikira: 1.Ndayizeye Elissa(18ans); 2.Iradukunda Patrick (16ans); 3.Irabishoboye Elisa (16ans); 4.Izadufasha Gad(16ans); 5.Fitumukiza Adjey(16ans); 6.Irumva Jado Fis(17ans) na 7.Utuje manzi Kevin(15ans). Naho Abarimu bakubinswe ni: 1.Nshimiyimana Michel (33ans); 2.Nkundineza jean Marie Vienny (45ans) na 3.Bucyayungura Jean Baptiste (35ans).” Nyuma yo gufata abakoze urugomo…

Read More

Abafatanyabikorwa b’Akarere ka Bugesera barenga 70, bakereye kumurikira ibikorwa byabo abaturage b’aka karere n’abandi baturutse mu bice bitandukanye by’igihugu mu rwego rwo gufatanya mu kuzamura imibereho myiza y’abahatuye. Ni igikorwa cyatangiye ku wa 24 Kamena 2026, mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Nyamata. Ni imurikabikorwa riba buri mwaka, aho riba ku bufatanye hagati y’Akarere ka Bugesera n’abafatanyabikorwa bako mu rwego kumenyekanisha ibikorwa byabo no kuzamura ubukungu bw’abatuye muri aka karere muri rusange. Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Umwali Angelique, yavuze ko iri murikabikorwa rifite akamaro gakomeye kubaturage b’Akarere ka Bugesera aho aba ari umwanya mwiza wo kugaragaza ibyo…

Read More

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 23/06/2026 mu karere ka Burera mu murenge wa Gahunga, ubuyobozi bwa Company “Korana n’Abakomisiyoneri Ltd” bwahuye n’abakomisiyoneri babigize umwuga bungurana ibitekerezo ku cyatuma umurimo wabo urushaho kugenda neza no guter’imbere. Company Korana n’Abakomisiyoneri Ltd, ni company ihuza ugurisha n’umuguzi. Iranga cyangwa ifasha mu igurishwa ku mitungo yimukanwa n’itimukanwa: ibibanza; Imirima; Amazu; Imodoka; Inka n’andi matungo, ndetse ifasha guhuza abakozi n’abakoresha “Mu mahoteri; Abakontabure mu bigo byigenga n’abandi…” Ikorera hose mu gihugu, yatangiriye mu ntara y’Amajyaruguru. Kuri ubu ifite abanyamuryango igihumbi na magana atatu “1,300”. Mu ijambo ry’ikaze uhagarariye iyi Company mu karere ka Burera,…

Read More

Amakuru agera kuri Karibumedia, aremeza ko kuri ubu mu karere ka Musanze bari mu gikorwa cyo kugaruza ubutaka bwa Leta bwari bwarigaruriwe n’abaturage ku bw’uburiganya. Karibumedia mu cyo twise: “Umugambi mubisha wa NDUMUJURA”. Ni inkuru tugikurikirana ariko amakuru y’ibanze dufite ni uko iki gikorwa kirimo gukorwa n’itsinda ryashyiriweho gukurikirana by’umwihariko iki kibazo mu karere ka Musanze. Aya makuru yemeza kandi ko mu butaka bumaze kugaruzwa harimo ubwari bwarigaruriwe n’uwitwa Mariko, ubu butaka bungana na metero kare hafi ibihumbi bitatu “3,000m²”, buherereye mu kagari ka Mpenge. Bivugwa ko uyu mugabo yabwigaruriye mu bihe byo hambere, ubwo habaga igurana ry’ubutaka hagati ya…

Read More

Ibi byabereye mu murenge wa Coko; Akagari ka Nyange mu mudugudu wa Gaseke, kuri GS Cyanika mu Karere ka Gakenke ku wa 23 Kemana 2026. Ni amakuru yamenyekanye ku isaha ya saa cyenda z’igicamunsi kuri GS Cyanika, ko umwarimu witwa GAKOZA Emmanuel yajombwe ikaramu ku itama n’umunyeshuri witwa Niyikiza Jean Aimé ufite imyaka 18 y’amavuko wiga muri S3. Amakuru avuga ko ubwo uyu mwarimu yari muri surveillance y’ikizamini, yagiranye ikibazo n’uyu munyeshyuri bapfuye intebe yo kwicaraho. Bivugwa ko ubwo abana bari bagiye gukora ikizamini, umwarimu yabasabye ko bicara ari 3 ku ntebe imwe kugira ngo hasaguke intebe iri yonyine mwarimu…

Read More

Ku makuru yatanzwe n’abaturage, mu masaha y’igicuku cya tariki ya 24 Kamena 2026, Polisi ikorera mu karere ka Burera mu murenge wa Bungwe, yafatanye ibiro 100 by’urumogi, umusore wari urutwaye kuri moto amaze kurwambutsa umupaka agiye kurukwirakwiza mu gihugu cy’u Rwanda . Uyu musore yafatiwe mu mudugudu wa Mubuga; Akagali ka Tumba; Umurenge wa Bungwe aho yari atwaye moto ahetseho ibiro 100 by’urumogi, afashwe ashaka gutanga ruswa y’amafaranga ibihumbi ijana (100 000 Rfw). Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’amajyaruguru CIP Ignace Ngirabakunzi avuga ko k’ubufatanye n’izindi nzego n’abaturage, Polisi iburizamo ibikorwa biba bigamije guhungabanya umutekano w’abaturage birimo no gukwirakwiza/ Gukoresha…

Read More