- Ahabanza
- Amakuru
- Imyidagaduro
- Imikino
- Uburezi
- Ubuzima
Kinyarwanda
Français
Kiswahili
English
- BURERA: Ihurizo! Ngo ni Igitutu cy’Umunyamategeko n’Umunyamakuru, bitumye Umuturage arengana
- BURERA: Umujura ruharwa yatawe muri yombi
Subscribe to Updates
Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.
- Gen. Muhoozi yahaye gasopo abasore bagufi bashaka gutereta abakobwa be
- BURERA: Kureba kure; Gukorera hamwe no kubazwa inshingano, insinzi y’umuryango ngobyi “Tuzamurane Kidakama.”
- RUBAVU: Breaking news
- BURERA: Abadivandiste b’umunsi wa Karindwi barahiriye kutazaba ibigwari muri gahunda za Leta y’u Rwanda
- Iran yakoze amato menshi mato, aterera rimwe nk’imibu mu kurinda Hormuz
- Intambara ikomeje gututumba hagati ya Washington na Téhéran
- Musanze: Urubyiruko rwasabwe kumenya amateka Nyakuri ya Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka 1994
Author: MANIRAGUHA Ladisilas
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump ategerejwe mu kwitabira igikorwa gikomeye cyiswe ‘America Reads The Bible’. Kizabera i Washington DC ku wa 21 Mata 2026, aho azagira uruhare mu gusomera Abanyamerika amagambo yo muri Bibiliya. Iki gikorwa kizabera mu Nzu Ndangamurage ya Bibiliya, kikazahuza abayobozi bakomeye, abanyamadini n’abandi banyacyubahiro, bagamije gusoma no kuganira ku magambo yo mu Byanditswe Bitagatifu, hanaboneke umwanya wihariye w’amasengesho. Nubwo abandi bayobozi bazitabira imbonankubone, Trump we azatanga ubutumwa bwe abinyujije mu mashusho yafatiwe mu biro bye, buzerekanwa ku bazitabiriye iki gikorwa. Mu bayobozi bazahagaragara muri icyo gikorwa harimo Minisitiri w’Intambara, Pete Hegseth ndetse…
Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye yatangaje ko yiteguye kugirira urugendo i Kigali igihe cyose haba hari impamvu ifatika imujyanyeyo. Ibi yabigarutseho mu kiganiro cyihariye aheruka kugirana n’umuyoboro wa YouTube wa Yaga Burundi, cyasohotse kuri uyu wa 18 Mata 2026. Iri jambo rije mu gihe Perezida Ndayishimiye ari we uyoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) muri uyu mwaka wa 2026, inshingano yatorewe mu nama y’uyu muryango yabereye i Addis Abeba muri Gashyantare uyu mwaka. Ndayishimiye yabigarutseho mu kiganiro cyihariye aheruka kugirana n’umuyoboro wa YouTube wa Yaga Burundi. Ni iki kiganiro cyabaye mu gihe u Burundi bumaze imyaka irenga ibiri budacana…
Muri 2025 gatanya mu Rwanda zaratumbagiye zigera kuri 2,629. Menya impamvu: ubuhemu; Ibibazo by’ubukungu n’uburangare mu kwitegura urushako biri gushenya imiryango, n’ubyo Umujyi wa Kigali uza ku isonga muri iyi mibare iteye inkeke. Imibare mishya ituruka mu kigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare (NISR), igaragaza ko gatanya mu bashakanye mu Rwanda zikomeje kwiyongera ku muvuduko uteye inkeke. Mu myaka itatu gusa (2023_ 2025), imiryango 4,479 yemerewe n’inkiko gutandukana burundu, aho abasaga 41% ari imiryango yari imaze imyaka itageze kuri 10 ishinze urugo. Uko gatanya zagiye zizamuka umwaka ku wundi, imibare yerekana ko uko imyaka ishira gatanya zirushaho kwiyongera cyane: . 2023: Gatanya…
Nk’uko bigaragara mu byegeranyo bitandukanye, Leta yo kuri Repubulika ya kabiri iyobowe na Perezida HABYARIMANA Juvenal yakoze amakosa menshi yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994. Iyi Jenoside yahagaritswe n’ingabo zari iza FPR Inkotanyi, mu gihe ingabo z’amahanga n’imiryango mpuzamahanga byari byatereranye abanyarwanda. Ubu Ingabo zari iza FPR Inkotanyi zihuje n’ingabo zitandukanije n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda “FAR”, zihinduka ingabo z’u Rwanda “RDF” kubera ubuyobozi bwiza. Aya makosa yakozwe na Leta yo kuri Repubulika ya kabiri, yakomeje gukurikirana abanyarwanda kugeza ubwo uyu munsi u Rwanda rufite impunzi nyinshi hirya no hino ku isi ariko uyu munsi Leta y’u…
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, yatangaje ko hari bamwe mu baturage bo muri aka karere bagiye bashukwa n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR bakagurisha amasambu yabo ngo bayitere inkunga, bibwira ko izafata igihugu mu gihe gito. Ibi Meya Mulindwa yabigarutseho ku wa 16 Mata 2026 ubwo yakiraga Abanyarwanda batahutse bava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bari barafashwe bugwate na FDLR. Abatashye bagizwe n’abana 280; aAbagabo 18 n’abagore 105, binjiye mu Rwanda banyuze ku mupaka munini wa La Corniche uhuza Rubavu na Goma. Bahise bajyanwa mu nkambi y’agateganyo ya Nyarushishi mu Karere ka Rusizi. Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper yabasabye…
Mu gutangaza ko habaye agahenge k’imirwano hagati ya Israel na Liban ejo, Perezida Donald Trump wa Amerika yagize ati: “Ni icyubahiro kuri njye kuba narahagaritse intambara 9 ku isi hose kandi iyi izaba iya 10.” Mbere yari yaravuze ko yarangije intambara umunani, naho intambara iheruka na Iran, Amerika yatangije ifatanyije na Israel ishobora kuba iya cyenda. Intambara ya Israel muri Liban yo kurwana na Hezbollah ni yo yavuze ko ari iya cumi. N’ubwo bigaragara ko hari amasezerano yo guhagarika imirwano ku birebana na Liban kandi n’ayo hagati ya Iran yamaze gutangira gukurikizwa kuva ku wa 8 Mata(4), nta masezerano arambye…
None ku wa 16/04/2026 mu murenge wa Rugarama mu karere ka Burera by’umwihariko ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 rwa Ruagarama habereye igikorwa cyo gushyingura mu cyubahiro imibiri ibiri(2) y’abatutsi biciwe mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera bazira uko bavutse. Ni igikorwa cyahuriranye no kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi aho abantu b’ingeri zose baturutse hirya no hino mu gihugu baje kwifatanya no gufata mu mugongo ababuze ababo muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994. Mwanangu Théophile niwe watanze ikiganiro ku mateka mabi yaranze ubutegetsi bwa Repubukika ya mbere n’iya kabiri, ubutegetsi…
Umugoroba wo ku itariki ya 15/04/2026, mu karere ka Burera by’umwihariko mu murenge wa Rugarama, wabaye umugoroba wo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994, aho uyu mugoroba wo kwibuka witabiriwe n’abantu benshi biganjemo urubyiruko; Abayobozi batandukanye hanenyegezwa urumuri rw’icyizere. Mu kiganiro cy’amateka ashaririye yaranze Leta mbi yariho cyatanzwe na Ferdinand, yavuze ubyo iyo Leta yacengeje amatwara y’urwango; Ivangura n’amacakubiri; Itotezwa n’iyicwa ry’ubwoko bw’abatutsi. Yagize ati: “Leta mbi yakoze icengezamatwara ry’urwango ku batutsi kandi bikajyana n’iyicwa ryabo mu bice bitandukanye by’igihugu nk’aho muri 90 hishwe abatutsi bo muri Kibirira; Mu Mutara; Murambi ya Gatsibo; Ruhengeri na Gisenyi, baricwa za…
Nyuma y’umugoroba wo kwibuka abatutsi basaga 800 biciwe mu cyahoze ari urukiko rw’ubujurire rwa Ruhengeri (Cour d’Appel de RUHENGERI) wabaye kuya 14/04/2026, bwarakeye ku wa 15/04/2026 haba umunsi nyirizina wo kwibuka abo batutsi bahiciwe maze buri wese agaya ibyahabereye. Ni igikorwa cyabimburiwe no gushyira indabo mu mugezi wa Mukungwa mu rwego rwo kwibuka abandi batutsi bajugunywe muri uwo mugezi babakuye kuri urwo rukiko rwubujurire rwa RUHENGERI. Mu ijambo rye ry’ikaze, Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nsengimana Claudien yabanje kwihanganisha abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi maze avuga ko Jenoside yakorewe abatutsi bari bari mu rukiko rw’ubujurire rwa Ruhengeri ari umwihariko. Yagize ati: “Jenoside…
Nk’uko bisanzwge buri mwaka ku itariki ya 14 Mata mu karere ka Musanze haba umugoroba w’ikiriyo, hategurwa kwibuka abatutsi biciwe mu cyahoze ari Cour d’Appel ya RUHENGERI ku wa 15 Mata 1994 basaga 800. Ni umugoroba wabimburiwe n’urugendo rw’amaguru rwatangiriye mu mujyi wa Musanze rwagati ahazwi nko ku soko rinini rya GOICO PLAZA rwerekeza ku rwibutso rw’Akarere ka Musanze hazwi nk’ahahoze Cour d’Appel ya Ruhengeri ari naho habereye igikorwa cyo kwibuka abatutsi bazize Jenoside bari bahahungiye bumva ko ariho babona amakiriro dore ko ari naho hari ibiro bya Perefegitura ya Ruhengeri ariko bikarangira abatutsi basaga 800 bahiciwe urw’agashinyaguro. Abatutsi benshi…
