Subscribe to Updates
Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.
- Umuyobozi w’Ikigo cy’Amashuri, ni Umusingi w’Ireme ry’Uburezi/ Dr. Nelson MBARUSHIMANA
- MUSANZE: Ubufatanye buzazamura ubumenyi n’ubuhanga mu bukerarugendo bushingiye ku muco
- BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu
- MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi
- MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi
- Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya
- RWANDA: Urwagwa; Ikigage; Ubushera n’umutobe ntibyaciwe ahubwo bigomba guteguranwa isuku
- RWANDA: Imyiteguro yo ” Kwita amazina” Abana b’Ingagi 22 mu 2026 irarimbanije
Author: MANIRAGUHA Ladisilas
Ikigo kizwi nka “RED ROCKS” giherereye mu murenge wa Nkotsi mu karere ka Musanze nk’uko byakozwe n’ahandi hirya no hino mu gihugu, cyijihije umunsi mukuru w’umuganura mu nsanganyamatsiko igira iti: “Umuganura 2026, Isoko y’Ubumwe n’ishingiro ryo kwigira”, aho cyaganuje abagituriye ndetse n’abanyamahanga bakigana mu rwego rw’ubukerarugendo bushingiye ku muco. Mu mateka y’u Rwanda, Umuganura wari umwe mu mihango ikomeye yahuzaga umuryango nyarwanda nyuma yo gusarura aho abaturage bajyanaga umusaruro wabo i Bwami bashimira Imana y’i Rwanda n’Umwami, bityo bagasabana basangira ibyo bejeje. Umuganura ni imwe mu nzira 18 zari zigize inzira z’ubwiru mu Rwanda mu gihe cy’ingoma ya cyami, ukaba…
Mu rwego rwo guha agaciro umurage wa nyakwigendera Senateri Mukabalisa Donatille, umuryango we watangaje ko amafaranga abantu bari kuzatanga bagura indabo zo kumuherekeza bayakusanya akazahabwa abarwayi batishoboye bavurirwa mu Bitaro by’Icyitegererezo bya Kanseri bya Butaro. Mu butumwa bwashyizwe ahagaragara, umuryango wabwiye inshuti; Abo bakoranye n’abandi bose bifuza kumuherekeza gutanga inkunga mu mafaranga yari kugura indabo. Umuryango we watangaje ko icyo gikorwa kigamije gufasha abarwayi batishoboye no gukomeza ibikorwa by’urukundo n’ubumuntu byaranze ubuzima bwa nyakwigendera. Ni igikorwa cyafashwe nk’ubutumwa bwo guhindura icyunamo kikavamo icyizere ku barwayi bakeneye ubufasha. Senateri Mukabalisa, wanabaye Perezida w’Umutwe w’Abadepite mu gihe cy’imyaka 11 yatabarutse ku wa…
Arkiyepiskopi wa KIGALI, Nyiricyubahiro Antoine Cardinal KAMBANDA kuri uyu wa Kabiri tariki ya 04/08/2026 nibwo yayoboye igitambo cy’Ukaristiya yaturiye muri Paruwasi Cathédrale Saint Michel ho muri Arkidiyosezi ya KIGALI. Ni igitambo cyo gufungura ku mugaragaro Kongere mpuzamahanga ya SIGNIS “SIGNIS WORLD CONGRESS 2026”, iri kubera mu RWANDA muri Hotel Sainte Famille; Muri Arkidiyosezi ya KIGALI. Ni ku nshro yayo ya 8 kuva tariki ya 03_ 08/08/2026, ihurije hamwe abakora mu rwego rw’Itangazamakuru n’Itumanaho rya Kiliziya baturutse mu bihugu birenga 40 byo ku migabane 5 y’isi. Ikaba ari ku nshuro ya mbere ibereye muri AFURIKA. Mu rurimi rw’igifaransa, ifite insanganyamatsi…
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’ibiribwa n’imiti mu Rwanda (Rwanda FDA), cyahagaritse ikorwa n’icuruzwa ry’inzoga z’ibyuma birimo n’ibikorwa na Ingufu Gin. Mu Itangazo rigenewe rubanda iki kigo cyashyize ahagaragara kuri uyu wa 02 Kanama 2026, cyagize kiti: “Hashingiwe ku Itegeko No 003/2018 ryo ku wa 09/02/2018 rishyiraho Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Kugenzura Ibiribwa n’Imiti (Rwanda FDA), rigena inshingano, imiterere n’imikorere byacyo, cyane cyane ingingo ya 9(2).” Nyuma y’ubugenzuzi n’isuzuma ry’iyubahirizwa ry’amabwiriza: Mu rwego rwo kurengera ubuzima rusange, Rwanda FDA iramenyesha abakora ibicuruzwa, ababikwirakwiza, ababicuruza n’abaturage muri rusange ko hafashwe izi ngamba zikurikira zihita zitangira kubahirizwa: Rwanda FDA ifunze inganda zikora ibinyobwa…
Imyigire n’imyigishirize no kongera ubushobozi bw’abarimu, izi ni zimwe mu mpinduka zirimo no kongera igihe abanyeshuri biga mu mashuri nderabarezi bamaraga mu ishuri; Kongera umusanzu w’ababyeyi muri gahunda yo kugaburira abana ku mashuri no gukaza ingamba zo kurwanya imyitwarire mibi mu mashuri. 1. Abarangiza TTCs bazajya biga imyaka itanu Guhera muri Nzeri 2026, abanyeshuri bazinjira mu mashuri nderabarezi, TTCs, bazajya bakurikira gahunda y’imyaka itanu, aho kuba imyaka itatu isanzweho. Iyi mpinduka igamije gutuma abarimu bo mu mashuri abanza bahabwa amahugurwa yimbitse mu mwuga mbere yo gutangira kwigisha. Ikigamijwe ni uko abarimu bigisha mu mashuri abanza bagomba kuba bararangije kaminuza aho…
Ni abanyeshuri bize mu mashami atandukanye harimo abize ubwubatsi (Construction and Building Technology) 111; Electrical Technology 48; Information and Communication Technology (ICT)10; Hospitality Management 47 na Travel and Toursim Management 10, bose bakaba 226 barimo ab’ igitsina gabo 162 na 64 b’igitsina gore. Umuyobozi w’agateganyo w’iri shuri rya MIPC, MANZI Innocenti, yashimiye abanyeshuri barangije maze abashishikariza gukomeza kugira uruhare rugaragara mu iterambere ryabo n’iry’igihugu muri rusange. Yagize ati: “Abanyeshuri barangije amasomo yabo nk’intambwe y’indongozi bateye, twabashishikariza gukomeza gutera izindi, bityo mukazagira uruhare rugaragara mu iterambere ryanyu n’iry’igihugu muri rusange. Ni mwe mugomba guhindura sosiyete nyarwanda mukomeza kwerekana indangagaciro nyarwanda; Ikinyabupfura;…
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), binyuze ku muvugizi warwo Dr. Thierry B. Murangira, rwemeje itabwa muri yombi ry’abayobozi babiri bo mu Karere ka Nyamagabe bakurikiranweho ibyaha bikomeye bifitanye isano n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina no gukingira ikibaba icyaha. Abo bayobozi ni: 1. Nkurikiyimana Pierre Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musebeya (Gitifu): Akurikiranyweho gusaba ruswa y’igitsina umugore wakoraga mu nshingano ze. Muri icyo gihe, ubwo uyu mugore yangaga icyo yasabwaga, byamuviriyemo guhatirwa kujya gukorera mu wundi murenge wa kure nko kumuhana. 2. Uwamariya Agnès Umuyobozi Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage mu Karere ka Nyamagabe (V/M Social): Akurikiranyweho guhishira n’okukingira ikibaba icyo cyaha cy’ubugome, aho…
Kugeza ubu, Dr. Kizza Besigye, umwe mu banyapolitiki bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, ari kuvurirwa mu cyumba cy’indembe (ICU) mu bitaro bikuru bya Mulago i Kampala. Ni nyuma yo kugira ikibazo cy’ubuzima, ubwo yari mu rubanza ku munsi wejo ku wa 29 Nyakanga 2026. Besigye wari mu Rukiko Rukuru rwa Uganda (High Court Criminal Division) i Kampala, aho aburanira ku byaha birimo ubugambanyi, yakoresheje imbaraga nyinshi ahakana ibyo ashinjwa. Umugore we, Winnie Byanyima yatangaje ko ubuzima bw’umugabo we budahagaze neza, avuga ko atakibasha kuvuga ndetse no kwinyagambura. Kizza Besigye wahoze ari muganga wihariye wa Perezida Yoweri Museveni, yanabaye umusirikare…
Senateri Mukabalisa Donatille wari umwe mu bagize Sena y’u Rwanda, yitabye Imana azize uburwayi nyuma y’igihe yari amaze arwariye mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal i Kigali. Amakuru y’urupfu rwe yamenyekanye kuri uyu wa Kane taliki ya 30/07/2026, aho yemejwe n’inzego zibishinzwe. Nyakwigendera yari amaze iminsi yitabwaho n’abaganga muri ibi bitaro kubera uburwayi ariko aza kwitaba Imana. Mukabalisa Donatille yari umwe mu bayobozi bagize uruhare mu nzego zitandukanye z’igihugu, aho yari asanzwe ari Senateri. Mu nshingano ze, yanabaye Perezida w’Inteko Ishyinga Amategeko/ Umutwe w’Abadepite; Yagize uruhare mu gutora amategeko; Kugenzura ibikorwa bya Guverinoma no gutanga inama ku bibazo bireba iterambere n’imiyoborere…
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye amasezerano aherutse gusinywa hagati ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’umutwe wa FDLR, ivuga ko anyuranyije n’ibikubiye mu masezerano y’amahoro ya Washington. Ayo masezerano asaba Kinshasa gusenya burundu uwo mutwe, aho kugirana nawo ibiganiro cyangwa amasezerano. Ku wa Kabiri tariki ya 28 Nyakanga 2026, Minisitiri ushinzwe Ukwishyira hamwe kw’Akarere muri RDC, Floribert Anzuluni, afatanyije n’Umuvugizi wa Guverinoma akaba na Minisitiri w’Itangazamakuru, Patrick Muyaya, batangaje ko FDLR yamaze gusinya amasezerano yo gushyira intwaro hasi, gusezerera abarwanyi bayo no kubashyira mu bigo by’agateganyo. Anzuluni yavuze ko ayo masezerano ari imwe mu ntambwe Guverinoma ya RDC…
