Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100

July 18, 2026

Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi

July 16, 2026

RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2

July 14, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100
  • Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi
  • RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2
  • KARONGI: Imihanda yinjira mu mujyi igiye gushyirwamo ibihangano nyabugeni
  • GICUMBI: Imurikabikorwa ryagaragaje ko abaturage badakangwa n’ibihe by’Impeshyi
  • Mu Burundi: Ubwato bw’igisirikare cy’u Burundi bumaze iminsi ibiri butaboneka
  • U Rwanda rwashoye miliyari 48 Frw muri nkunganire ku biciro bya peteroli
  • Ingabo za RDF zirwanira ku butaka zasoje amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » AMAJYARUGURU: Abarwanashaka ba Green Party batowe basabwe gukoresha neza icyizere bagiriwe_ Hon Senateri Dr.Frank Habineza
Politike

AMAJYARUGURU: Abarwanashaka ba Green Party batowe basabwe gukoresha neza icyizere bagiriwe_ Hon Senateri Dr.Frank Habineza

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasJune 29, 2026Updated:June 29, 2026141 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Abarwanashyaka b’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda (DGPR-Green Party) bo mu ntara y’Amajyaruguru biyemeje gukorera ishyaka batizigama kugira ngo biyubakire igihugu mu ingengabitekerezo y’Ishyaka rya bo ariyo guharanira demokarasi, kubungabunga ibidukikije no guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.

Ni intego bihaye ubwo bari mu nteko rusange y’abarwanashyaka bo mu turere dutanu tugize intara y’Amajyaruguru, ikaba yateranye kuri iki cyumweru, tariki ya 28/06/2026 igateranira mu karere ka Musanze.

Bimwe mu biganiro byatanzwe na bamwe mu bayobozi bakuru aribo Hon Mugisha Alexis, Madame Mukeshimana Athanasie, Mwiseneza Jean Marie ndetse na Perezida w’Ishyaka Hon. Dr.Frank Habineza, bagarutse ku ntego z’ishyaka zirimo gukomeza ubumwe n’imikoranire y’abarwanashyaka, kumenyekanisha komite nshya zatowe ndetse no kuzisobanurira inshingano zazo kugira ngo zibashe kuzuza neza ibyo zatorewe no kurushaho guteza imbere ibikorwa by’ishyaka muri iyi ntara y’Amajyaruguru.

Ntihinyuka Rukundo na Ingabire Julienne ni bamwe mu barwanashyaka ba Green Party mu ntara y’Amajyaruguru bavuze ko bungukiye byinshi muri iyi nteko rusange kandi ko bagiye kubishyira mu bikorwa mu rwego rwo kuzamura ishyaka rya bo buzuza Inshingano batorewe.

Ntihinyuka Rukundo yagize ati: “Kuba maze gutorerwa guhagararira urubyiruko rw’Ishaka Green Party mu ntara y’Amajyaruguru, binteye izindi mbaraga zo kurushishikariza gukoresha cyane ikoranabuhanga tukaribyaza umusaruro,bityo rukajyana n’iterambere. Nzarushishikariza kandi gukora ibikorwa byiza biteza imbere abaturage, kurukundisha igihugu n’ishyaka rya Green Party by’umwihariko cyane ko buri munyarwanda wese afite uburenganzira busesuye bwo kujya mu ishyaka yifuza, akarikoreramo mu bwisanzure no mu mutekano ripfa kiba ryemewe mu gihugu. Ikindi nuko tuzaharanira kubungabunga ibidukikije duteza imbere demokarasi no guharanira iterambere rirambye ry’abaturage.”

Mugenzi we Ingabire Julienne yagize ati: “Twasabwe kubaka inzego z’ishyaka ariko nk’uko twari dusanzwe tubikora tuzazubaka cyane ko tumaze kuzuza inzego z’Intara, tuzazikoresha rero ku buryo ubuyobozi bugomba kwegera abarwanashyaka cyane ko Komite nshya zatowe zigiye gukorana n’izari zisanzweho kugira ngo zirusheho kumenyekanisha ishyaka no gushyira mu bikorwa amahame n’intego byaryo.”

Perezida w’Ishyaka Green Party (DGPR), Hon. Senateri Dr. Frank Habineza, yavuze ko icyari kigamijwe mu gutegura iyi kongere ko kwari uguhugura abayobozi n’ishyaka bashya no kubategura neza mbere yo gukomeza kubaka inzego z’ishyaka kugeza ku rwego rw’imirenge.

Yagize ati: “Twahuje abayobozi batowe baturutse mu turere dutanu tugize Intara y’Amajyaruguru kugira ngo tubahugure, turebere hamwe uko bazuzuza inshingano zabo kandi tubategure gukomeza kubaka inzego z’ishyaka kugeza ku rwego rw’imirenge. Twabakanguriye kandi gutanga ibitekerezo ku miyoborere y’igihugu, kubungabunga ibidukikije, guteza imbere amahoro n’umutekano ndetse no kwimakaza isuku aho batuye. Twongeye kubibutsa gahunda yacu yo gutema igiti kimwe ugatera icumi, mu rwego rwo kurengera ibidukikije.”

Hon.Dr.Frank Habineza yakomeje asaba abayobozi batowe gukoresha neza icyizere bagiriwe, aho yagize ati: “Abayobozi bashya batowe n’abasanzwe mu nzego turabasaba kurushaho kubaka ubudahangarwa bw’ishyaka, basigasira ibyo igihugu cyagezeho, baharanira amahoro n’umutekano no kuba umusingi w’iterambere rirambye ry’abaturage n’igihugu muri rusange.”

Ishyaka Green Party ryashinzwe mu mwaka wa 2009 rifite abarwanashyaka bake cyane ariko ubu rikaba rifite abarwanashyaka benshi mu turere dutandukanye hirya no hino mu gihugu kubera ko rimaze kuba ubukombe.

Yanditswe na SETORA Janvier.

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

U Rwanda rwashoye miliyari 48 Frw muri nkunganire ku biciro bya peteroli

July 10, 2026

Ingabo za RDF zirwanira ku butaka zasoje amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru

July 10, 2026

GICUMBI: Hatangijwe ku mugaragaro imurikabikorwa ry’abafatanyabikorwa b’Akarere

July 9, 2026
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,698 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,474 Views

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026970 Views

BREAKING NEWS: Mukarere ka Burera umwarimu yasanzwe yapfuye birakekwako yiyahuye

September 15, 2025854 Views

Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100

By MANIRAGUHA LadisilasJuly 18, 20260

Hirya no hino mu gihugu, Leta ikangurira kandi ikaburira abaturage kureka kunywa inzoga nyinshi “Tunywe…

Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi

July 16, 2026

RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2

July 14, 2026

KARONGI: Imihanda yinjira mu mujyi igiye gushyirwamo ibihangano nyabugeni

July 14, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100

July 18, 2026

Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi

July 16, 2026

RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2

July 14, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.