Ku wa 15/10/2025 muri Kigali Conference and Exehibition Village hazwi nko muri Camp Kigali, habereye irushanwa mpuzamahanga CHENMO Cup 2025 kuri Program y’isomo ry’imibare rizwi nka ABACUS.
Ni irushanwa ritegurwa kandi rikanaterwa inkunga n’ikigo cy’abashinwa cyitwa SHENMO Education. ABACUS ni Program y’isomo rifasha abana bakiri bato, rikabatoza gukunda imibare. Ibi bibafasha gukariha mu bwenge, ibintu bibaha ubushobozi bwo gutekereza byihuse; Gukemura no gusubiza ibibazo ku buryo bwihuse. Abana bitabiriye iri rushanwa ni abana 300 bo mu bihugu 30 bya Afurika n’Ubushinwa, bari mu kigero cy’imyaka 4 na 14.
Ni amarushanwa yitabiriwe n’abana, baherekejwe n’ababyeyi babo; Abandi bana n’abarimu babo. Ni amarushanwa yarayobowe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi “REB”, hari abayobozi mu nzego zitandukanye: Ingabo; Police na Mayor wa Burera. Umushitsi mukuru yari Umunyamabanga mukuru muri Minisiteri y’Uburezi Madamu IRERE Claudette, mu ijambo rye yakanguriye abarezi mu bigo n’ababyeyi b’abana kwitabira program y’ABACUS igakwizwa no mu bindi bigo itarageramo.
Yagize ati: “Ndashimira ikigo cy’abashinwa CHENMO Education, cyazanye iyi Program mu bihugu byacu bya Afurika. Uyu mwanya kandi mbonereho nshimire ibigo n’ababyeyi bitabiriye iyi program bagashishikariza abana kuyikurikira, nsabe n’abandi kuyinjiza mu bigo byabo”. Yakomeje agira ati: “Byumwihariko, nsabe abarezi mu bigo ndetse n’ababyeyi gukangurira abana b’u Rwanda gukunda program ya ABACUS kuko ituma abana bakariha kandi bagakanguka mu bwenge, bakagira ubumenyi mu mibare; Bakagira ubushobozi bwo gutekereza byihuse no kubona igisubizo vuba. Ikindi abarimu bacu basangira ubumenyi n’abandi bo mu bindi bihugu, ibi akaba ari inyungu ku gihugu cyacu na Afurika muri rusange.”
Iri rushanwa ribaye ku nshuro ya gatatu: Ryatangijwe mu mwaka wa 2024, icyo gihe ryitabiriwe n’abana 220; Ryongera kuba muri Gicurasi 2025, ryitabirwa n’abana 243, kuri iyi nshuro ryitabiriwe n’abana basaga magana 300 bo mu bihugu mirongo 30. Kuri iyi nshuro ryagaragayemo umwihariko wo kubara imibare myinshi mu mutwe “Calcule mantal/ Mental calculation”, ibi bikorwa mu buryo bwo guteranya “+”; Gukuramo “_” no Gukuba “×” mu gihe gito, kitarenze amasogonda nk’atatu.
Amarushanwa mpuzamahanga ni meza ku bana kuko atuma batinyuka hakiri kare, bakazagira umuco wo guhatanira kwitez’imbere. Abitabiriye iri rushanwa bahawe ibihembo by’ishimo, birimo: Imidari; Certificates n’ibikapu byiza. Abana bahize abandi, babona n’ibikompe bya CHENMO Cup 2025.

