Author: MANIRAGUHA Ladisilas

Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, BRALIRWA rwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2025 rwungutse Miliyari 18,4 Frw. Amafaranga yungutswe na BRALIRWA muri ayo mezi yazamutseho 24,1 % kuko mu gihe nk’icyo mu 2024 yari yungutse miliyari 14,8 Frw. Muri rusange BRALIRWA yinjije miliyari 32 Frw, mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2025, avuye kuri miliyari 26 Frw yari yinjije mu mezi atandatu ya mbere ya 2024. Uru ruganda ruvuga ko kwiyongera kw’amafaranga rwinjiza byatewe n’impamvu zitandukanye zirimo kwiyongera kw’ingano y’ibicuruzwa bisembuye n’ibidasembuye rushyira ku isoko, guhindura ibiciro ngo birusheho kujyana n’isoko ndetse no gukundwa kw’ibinyobwa byarwo…

Read More

Ubu aho u Rwanda rugeze ntibigisaba kujya ibwotamasimbi ugiye gushaka serivisi z’ubuvuzi kuko n’izavugwaga ko zikomeye ubu i Kigali zisigaye zitangwa nta nkomyi. Mu bijyanye no kubaga ho u Rwanda rumaze kugera kure kuko ubu ushobora kubona serivisi zitandukanye zirimo nko kubaga ubwonko, umutima, kongerera amaraso umwana uri mu nda, gusimburiza abantu ingingo n’ibindi Noneho aho ubuvuzi bwacu bugaragariza ko bwakataje mu gutera imbere ni uko bwarenze kuvura indwara zisanzwe gusa ahubwo noneho umuntu asigaye anafashwa kugira imiterere ashaka. Si ubuvuzi bumenyerewe dore ko ibitaro bibukora bikiri mbarwa mu gihugu. Kubaga umuntu hagamijwe ubwiza ubu bikorerwa mu Bitaro Byitiriwe…

Read More

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko mbere y’umukino wa gicuti uzayihuza na Young Africans SC, hazaba undi mukino uzahuza abasaza b’iyi kipe “Inoubliable FC” n’indi kipe izatangazwa. Rayon Sports iri gutegura umunsi wayo wihariye uzwi nka “Rayon Sports 2025”, uzabera muri Stade Amahoro tariki ya 15 Kanama 2025. Mu kiganiro yagiranye na Radio 10 kuri uyu wa Kabiri, Perezida w’iyi kipe, Twagirayezu Thaddée, yavuze ko yifuzaga ko ikipe y’abagore na yo yakina umukino wa gicuti ku “Munsi w’Igikundiro”, ariko bihurirana n’uko hari undi mukino w’ikipe y’abasaza. Ati “Narabyifuje cyane ariko Rayon Sports igendana n’ubushobozi. Ntabwo byakunze ko…

Read More

Abasirikare batatu ba Uganda bapfiriye mu mpanuka y’imodoka yabareye mu mujyi wa Bunia, intara ya Ituri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abandi benshi barakomereka. Iyi mpanuka yabaye tariki ya 28 Nyakanga 2025, ubwo imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yageraga ku kiraro cya Ngando kiri ku muhanda uhuza santere ya Djugu na Masikini muri gurupoma ya Loranu. Abashinzwe umutekano basobanuye iyi mpanuka yatewe n’ikiraro kibi, kandi ko abapfuye n’abakomeretse bamaze gucyurwa banyujije mu gace ka Nebbi kari mu majyaruguru y’uburengerazuba bwa Uganda. Kuva mu Ugushyingo 2021, ingabo za Uganda ziri mu burasirazuba bwa RDC mu bikorwa…

Read More

Mu gihe umujyi wa Goma n’uwa Bukavu yari ikigenzurwa n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ntihashiraga icyumweru hatumvikanye inkuru ebyiri cyangwa eshatu z’abantu bishwe n’abagizi ba nabi, cyane cyane abacuruzi. Ibyo byatumaga Umunyarwanda cyangwa undi munyamahanga ajyayo yikandagira, kuko yabaga afite ubwoba ko ashobora kuba umwe muri izo nzirakarengane. Mu mujyi wa Goma hakorwaga umukwabu wahawe izina rya ‘Safisha Mji’ wari ugamije kurwanya amabandi. Intego yawo yari nziza ariko hari Abanyarwanda benshi bawufatiwemo barengana, barimo abagabo, abagore ndetse n’abana; ibyahuzwaga no kuba umubano wa RDC n’u Rwanda wari warazambye. Ku bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bava i Rubavu bajya…

Read More

Cambodia yashinjwe na Thailand kurenga ku mabwiriza y’agahenge ko guhagarika intambara yabigambiriye, mu gihe byari biteganyijwe ko kagomba kumara iminsi itanu. Iyi ntambara kuva yatangira imaze guhitana abagera kuri 33 abandi barenga ibihumbi bamaze kuva mu byabo bayihunga. Aka gahenge ko guhagarika iyi ntambara byari biteganyijwe ko kazamara iminsi itanu ariko ntabwo ari ko byagenze kubera ko Thailand yagaragaje ko igihugu cya Cambodia gikomeje kubagabaho ibitero bikomeye. Igisirikare cya Thailand cyatangaje ko mu ijoro ryo ku wa 28 Nyakanga ari bwo Cambodia yongeye kubura ibitero bitandukanye ndetse ko bimwe muri byo bagerageje kubihagarika kugeza mu gitondo cyo ku wa…

Read More